• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Sinach yanyuze abitabiriye igitaramo yakoreye i Kigali mu mvura ijojoba (Amafoto na Video)

Sinach yanyuze abitabiriye igitaramo yakoreye i Kigali mu mvura ijojoba (Amafoto na Video)

Ubwanditsi 02 Apr 2018 SHOWBIZ

Mu mvura ijojoba n’imbeho y’ubutita, umuhanzi Osinachi Joseph [Sinach] yataramiye ibihumbi by’abihebeye umuziki w’indirimbo zihimbaza Imana mu gitaramo cya Easter Celebration cyateguwe na Patient Bizimana cyabaye ku Cyumweru, tariki ya 1 Mata 2018.

Easter Celebration Pan African Chapter yahuriranye n’imvura yatangiye kugwa ubwo abahanzi bayitumiwemo bisuganyaga mbere yo kujya ku rubyiniro.

Abantu batangiye kugera aho igitaramo cyabereye mu Marembo ya Stade Amahoro ahagana saa munani ndetse mu mihanda y’i Remera hari urujya n’uruza rw’abacyerekezamo ndetse bamwe bafashe ibyicaro.

Ibicu bikimara kumanura imvura ahagana saa kumi na 29, abari bicaye banyarutse bashaka aho bikinga, bongera kuhagaruka nyuma y’isaha n’iminota 28 itangiye guhita. Nubwo ibicu byari bibuditse imvura, ntibyabujije abiganjemo abakinnyi, abahanzi, abavugabutumwa n’abandi kwitabira igitaramo cyanditse amateka yo kuba aricyo cya mbere mu biremereye mu muziki uhimbaza Imana cyabereye muri Parking ya Stade Amahoro.

Iki gitaramo cyari cyakoranyirije hamwe abakomeye mu muziki uhimbaza Imana mu Rwanda bayobowe na Patient Bizimana wagiteguye; Israel Mbonyi uri mu bakunzwe cyane na Uwimana Aimé ufatwa nk’inararibonye mu ndirimbo ziramya Imana. Aba bahanzi bari baherekejwe n’icyamamare, Sinach uri mu bakomeye muri Afurika ari nawe wasoje igitaramo.

Ahagana saa 18:08 nibwo Uwimana Aimé yageze ku rubyiniro, mu gihe abakunzi b’umuziki we bari bakiri kwisuganya bagaruka mu byicaro byabo.

Uyu muhanzi wishimiwe mu ndirimbo “Here I am to Worship”, “Nyibutsa” na ‘‘Akira amashimwe’’, yakurikiwe na Mbonyi Israel wongeye kwerekwa urukundo kubera ibihangano bye byururutsa imitima bikayiremamo ibyiringiro. Yahise akorerwa mu ngata na Patient Bizimana ari nawe wakiriye Sinach, wari witabwe n’imbaga.

Abahanzi bagaragaje ko bahagaze bwuma baherekezwaga n’amashyi y’urufaya nyuma yo kuririmba nk’ikimenyetso cy’uko abari mu gitaramo banyuzwe n’ubutumwa busasiwe n’amajwi agororotse n’umuziki uzira amakaraza.

Sinach yakuriwe ingofero i Kigali

Ibyishimo by’indunduro abitabiriye Easter Celebration babihawe n’Umunya-Nigeria Sinach ari nawe wasoje igitaramo.

Uyu muhanzi yageze ku rubyiniro ategerejwe n’amatsiko menshi, ahagana saa 20:39 nyuma y’iminota 19, itsinda rye rigenzura neza ibyuma byifashishijwe hacurangwa umuziki w’umwimerere unyura amatwi ya benshi.

 

Sinach yanyuze abitabiriye igitaramo yakoreye i Kigali mu mvura ijojoba

Sinach yahamagawe imvura iri kugwa ariko ntiyigeze ikangaranya abari mu mwuka wo kuramya kuko abenshi buriye intebe aho bamwitegera neza, bamuhanga ijisho.

Akigera imbere y’imbaga yahise asaba Abanyakigali guha Imana icyubahiro. Yagize ati “Ni bande Imana yakoreye ibikomeye muri mwe? Muyishime.”

Mu minota 89 yamaze aririmba adahagaze, buri ndirimbo yose yumvikanaga nk’imenyerewe mu matwi y’Abanyarwanda ndetse yateraga bakamwikiriza.

Yaririmbye indirimbo nyinshi yamenyekanyeho cyane zirimo “I stand amazed”, “Jesus is Alive”, ‘‘Rejoice’’, ‘‘Nothing is impossible’’, “Way maker” na ‘‘He did it again’’, ariko biba akarusho ageze kuri I Know who I am yari yabitse nk’urwibutso yasigiye abitabiriye igitaramo.

Uyu muhanzi yanyuzagamo akaganira n’abantu akomoza ku butumwa bubumbatiye agaciro k’umusaraba Yesu yabambweho. Ati ‘‘Ni bande muri mwe bazi ko yazutse (Yesu) ari mu bazima. Uburwayi, ubukene, ubwoba, ntibukwiye kugutera ubwoba kuko Yesu ari muri wowe. Ndabizi ko mufite inzozi. Mumenye ko abika isezerano kugeza arisohoje.’’

Sinach yakomoje ku bwiza bw’Abanyarwanda avuga ko bibitsemo impano yo kuramya Imana ndetse abahanurira ko imbere habo huje ituze.

Ati ‘‘Ndabahanurira ku hazaza hanyu. Ndategeka ahazaza. Vuga uti ibiganza byanjye, umuryango, ibyanjye byose bifite umugisha. Abavutse ubwa kabiri dufite umugisha.’’

Sinach yaririmbaga azenguruka urubyiniro rwose ndetse abyinana n’abakunzi b’izihimbaza Imana.

Yageze ku yitwa “I know who I am”, abantu bose barizihirwa ndetse abasaba gucana amatoroshi ya telefone zabo, bafatana urunana baririmba.

Iyi ndirimbo niyo yasorejeho saa 22:08, ahita anafata ifoto y’urwibutso rw’igitaramo yakoreye mu Mujyi wa Kigali.

Patient yaririmbye iziganjemo ubutumwa bwo gucungurwa

Patient Bizimana wageze imbere y’abitabye ubutumire bwe saa moya n’iminota 14 yakirizwa amashyi y’urufaya. Yanzitse na ‘‘Ubwo buntu’’, yateye yikirizwa n’urwunge rw’amajwi menshi.

Patient yaririmbye indirimbo ziganjemo ubutumwa bugaruka ku gucungurwa kw’abari mu Isi bihurirana n’Umunsi wa Pasika.

Yifashishije izirimo ‘‘Ni Muzima’’ ya Singiza Music n’iyitwa ‘‘Ibitambo’’ ya Dusabe Alexis. Byabaye akarusho ageze ku yitwa ‘‘Menye neza’’ iri mu zo yamenyekanyeho cyane yaririmbwe na buri wese mu bitabiriye igitaramo, ayiherekesha iyitwa ‘‘Andyohera cyane’’ nayo yashyize abantu mu mwuka.

 

Patient yaririmbye indirimbo ye nshya yise “Ikimenyetso” aho avuga uko i Gologota yahaboneye umudendezo w’agakiza k’ineza ya Yesu

Patient yasoreje ku ndirimbo zirimo ‘‘Ndaje’’ mu gihe imvura yarushagaho gukaza umuriri ari nako abafite imitaka bayiyegereza nubwo bitababuzaga gutera intambwe nto bakabyina birengagije imvura yari ibari ku bitugu.

Mu ijambo rito Patient Bizimana yashimiye abantu bose bitabiriye ubutumire mu gitaramo cye by’umwihariko ko batakanzwe n’imvura.

Yagize ati “Ndashima abantu mwese mwaje kwifatanya nanjye mu gitaramo. Mwakoze kwihanganira imvura. Ndabashimira mwese n’umubyeyi wanjye wihanganiye imvura y’amahindu.”

Israel Mbonyi yeretswe urukundo

Abakunzi b’umuziki uhimbaza Imana mu byiciro byose kuva mu bato, urubyiruko n’abakuze bagaragaje kunyurwa n’indirimbo za Israel Mbonyi, umunyempano wigaruriye imitima ya benshi.

Uyu muhanzi ukunzwe by’umwihariko amagambo ye yatumye ibihumbi by’abari mu marembo ya Stade Amahoro bagaragaza imbamutima zabo batangira kuramya ndetse baririmbana na we ijambo ku rindi.

Uyu musore yaririmbye “Nzibyo nibwira”, abantu batangira kunyeganyega bagaragaza gukorwaho n’ubutumwa buyirimo. Yakurikijeho “Ku marembo y’ijuru” yishimiwe bidasanzwe.

Mbonyi yasezeye abakunzi b’ibihangano bye mu yitwa “Sinzibagirwa”, yaje ari nk’umwambaro ufureba abari batangiye kwigunga kubera imbeho, ibinjiza mu munyenga wo gufashwa.

 

Israel Mbonyi aririmba ati “Hari ubuzima”, indirimbo yishimiwe na benshi

Iki gitaramo cyanditse amateka kuko usibye ubwinshi bw’imitaka yari mu kirere cy’aho cyabereye, abacyitabiriye bamaze hafi amasaha arenga atandatu bahagaze nta wicara.

Nubwo hari abatakanzwe n’imvura yaguye i Kigali, bakayihata ibitugu hari abavugiraga mu matamatama ko yadobeje igitaramo, mu gihe abandi bari banyuzwe ndetse banyotewe gukomeza kugaburirwa ijambo ry’Imana rinyuze mu ndirimbo.

Patient Bizimana utegura iki gitaramo cya ‘Easter Celebration’ mu mwaka wa 2019, yihaye intego yo kuzazana umuhanzi uzaturuka hanze ya Afurika mu 2019.

 

Itsinda ry’abaririmbyi babarizwa muri Worship Team yo muri Restoration Church Masoro nibo bari bagaragiye abahanzi

 

Yahanitse ijwi cyane aririmba ati “Victory belongs to Jesus”

 

Uwimana Aimé yafatanyije n’abitabiriye Easter Celebration kwizihiza Pasika

 

Uwimana yanyuzagamo akavuga ati “Turi hano kuvuga ko Imana yacu ikomeye”

 

Uyu muhanzi yishimiwe cyane mu ndirimbo ‘‘Akira amashimwe’’

 

Abenshi bari bitwaje imitaka irimo n’uw’Uruganda rwa Bralirwa yo kwikinga imvura

 

Iki gitaramo cyagaragayemo abacuranzi bafite ubumenyi bw’umuziki

 

Umuziki wacurangiwe muri iki gitaramo wari inyuramatwi

 

 

Yakirigise imirya ya gitari, benshi barizihirwa

 

Abakunzi b’indirimbo zihimbaza Imana ntibakanzwe n’imvura bitabiriye igitaramo ari benshi

 

Mbonyi yageze ku rubyiniro aririmba iyitwa “Nzi ibyo nibwira”

 

Israel Mbonyi yongeye kwerekwa urukundo ruhebuje

 

Mbonyi ni umunyempano wigaruriye imitima ya benshi

 

Yakoresheje indirimbo ze zizwe yasohoye kuri album ye ya mbere ‘‘Number One’’ n’iya kabiri yise ‘‘Intashyo’’

 

Mbonyi yaririmbye, abantu benshi batangira guhembuka

 

Mbonyi yasezeye abakunzi b’ibihangano bye mu yitwa “Sinzibagirwa”

 

Mbonyi yasezeye abakunzi b’ibihangano bye mu yitwa “Sinzibagirwa”

 

 

Patient Bizimana yataramiye abakunzi b’ibihangano bye

 

Yaririmbye indirimbo zirimo ubutumwa buvuga ku musaraba

 

 

 

 

Bizimana Patient yashimiye abitabiriye igitaramo cye mu mvura y’amahindu

 

Patient ati “Ibitambo by’intama sibyo byaducunguye”

 

Patient Bizimana akoresha imbaraga nyinshi mu bitaramo bye

 

Bizimana yizihiwe asimbuka ajya mu bicu

 

 

Pasiteri Lydia Masasu yasengeye abemeye kwihana, bakava mu byaha

 

Munyaribanje Leonard ubyara Patient Bizimana yasusurukije abitabiriye igitaramo abaririmbira

 

 

Sinach yashimangiye ko Abanyarwanda bafite impano yo kuramya Imana

 

Umuhanzi w’icyamamare mu muziki w’indirimbo zihimbaza Imana muri Afurika, Osinachi Joseph yamamaye mu ndirimbo zirimo “I know who I am”

 

Sinach ari mu bahanzi bafite ubuhanga bwihariye mu muziki wo guhimbaza Imana

 

Sinach yizihije Pasika ataramana n’Abanyarwanda

 

Sinach yatuye amagambo meza ku bitabiriye igitaramo ndetse n’imiryango yabo

 

 

Benshi bari banyotewe kubona Sinach aririmba indirimbo ze bakunze cyane

 

Yabasabye gucana amatoroshi ya telefone

 

Sinach n’itsinda ry’abaje bamuherekeje bacuranze umuziki wuje ubuhanga

 

Yanyuzagamo akababaza ati “Kigali muzi abo muri bo?”, bose ibyishimo bikabasaga

 

 

Sinach ni umuririmbyi, umwanditsi w’indirimbo ndetse akaba n’umuramyi uyobora abandi [worship leader] muri Christ Embassy i Lagos muri Nigeria

 

Mu 2016, Sinach yahawe igihembo cyitwa African Achievers’ Award for Global Excellence, icy’umuhanzi wahize abandi muri Afurika y’Uburengerazuba yahawe na Groove Awards yo muri Kenya

 

Bizimana Patient yashimiye Sinach wemeye ubutumire bwe, akaza kwizihizanya Pasika n’Abanyarwanda

Source : IGIHE

2018-04-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuhanzi Sengabo Jodas yashyize hanze indirimbo irimo ubutumwa bukwiriye umwana w’Umunyarwanda ndetse inahwitura ababyeyi

Umuhanzi Sengabo Jodas yashyize hanze indirimbo irimo ubutumwa bukwiriye umwana w’Umunyarwanda ndetse inahwitura ababyeyi

Ubwanditsi 12 Mar 2021
The Soldiers of Christ mu gitaramo cyo kuramya Imana bakoresheje imibyimba

The Soldiers of Christ mu gitaramo cyo kuramya Imana bakoresheje imibyimba

Ubwanditsi 08 Dec 2017
Ndimbati wari wasinyiye kwamamaza Sky Drop Industries yayiteye umugongo amasezerano atarangiye yamamaza Ingufu Gin

Ndimbati wari wasinyiye kwamamaza Sky Drop Industries yayiteye umugongo amasezerano atarangiye yamamaza Ingufu Gin

Ubwanditsi 26 Feb 2023
Jimmy Gatete yagarutse mu Rwanda azanywe no gufungura inyubako y’imyidagaduro yiswe “Kigali Universe”

Jimmy Gatete yagarutse mu Rwanda azanywe no gufungura inyubako y’imyidagaduro yiswe “Kigali Universe”

Ubwanditsi 07 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko rwatesheje agaciro ubujurire bw’umunyamakuru Mugabe Robert, uregwa gusambanya Abana kugahato
ITOHOZA

Urukiko rwatesheje agaciro ubujurire bw’umunyamakuru Mugabe Robert, uregwa gusambanya Abana kugahato

Ubwanditsi 02 Apr 2019
Uganda: Abarundi batatu mu bantu basaga 100 bafatiwe mu mukwabu ku Musigiti wa Usafi
ITOHOZA

Uganda: Abarundi batatu mu bantu basaga 100 bafatiwe mu mukwabu ku Musigiti wa Usafi

Ubwanditsi 07 May 2018
Ingabo za Congo Kinshasa zimaze kwirukanwa mu butumwa bw’amahoro bwa Loni
Mu Rwanda

Ingabo za Congo Kinshasa zimaze kwirukanwa mu butumwa bw’amahoro bwa Loni

Ubwanditsi 11 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru