• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Murenzi Abdallah yongeye gutorerwa kuyobora FERWACY, Kiyovu SC yasinyishije abanya Sudani babiri, Gasogi United yatandukanye na Iddy Museremu

Murenzi Abdallah yongeye gutorerwa kuyobora FERWACY, Kiyovu SC yasinyishije abanya Sudani babiri, Gasogi United yatandukanye na Iddy Museremu

Ubwanditsi 11 Jun 2022 Amakuru, IMIKINO

Kuri uyu wa gatandatu muri Hilltop Hotel i Remera habereye amatora y’inzego ziyobora Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda, FERWACY mu gihe cya manda y’imyaka ine iri imbere nk’uko amategeko y’irishyirahamwe abiteganya.


Muri aya matora byari biteganyijwe ko hatorwa Komite Nyobozi ndetse na komite ngenzuzi kimwe kandi na komite nkemurampaka, muri ayo matora ubwo yabaga hagaragaye ko uwari usanzwe ayobora iri shyirahamwe Murenzi Abdallah ariwe ugiye gukomeza kuyobora.


Murenzi Abdallah wahataniraga kuyobora iri shyirahamwe nk’umukandida rukumbi bivuze ko ntawe bari bahanganye yatowe ku majwi 10 kuri 11 kuko muri aya matora hagaragayemo imfabusa imwe.


Mu yindi myanya y’abatowe, Karangwa François yatowe nka Visi Perezida wa mbere, akaba yatowe ku majwi 11/11, Kayirebwa Liliane yatorewe kuba Visi Perezida wa Kabiri n’amajwi 11/11, Munyankindi Benoït yatorewe kuba umunyamabanga mukuru naho Ingabire Assia yongeye gutorerwa kuba umubitsi wa FERWACY.


Aba bose batowe muri iri shyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda, FERWACY, bafite manda yo kuyobora kugeza muri 2026, ibi bivuze ko bafite imyaka ine bayobora iri shyirahamwe.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu, tariki ya 10 Kamena 2022 nibwo ubuyobozi bw’ikipe ya Kiyovu Sport Club yatangaje ko yagiranyea masezerano n’abakinnyi babiri bakomoka mu gihugu cya Sudan aribo Sheiboub Sharaff na Mano John.

Nk’uko amakuru RUSHYASHYA yamenye ni uko aba bakinnyi bombi bakina mu gice gisatira izamu bahawe amasezerano y’imyaka ibiri bose bakinira ikipe y’Urucaca.


Sheiboub usanzwe akina ku ruhande rw’iburyo asatira, yanyuze mu makipe atandukanye azwi kuri uyu mugabane wa Afurika harimo SImba SC yo muri Tanzania, Almeriekh SC na Al Hilal zo muri Sudan, JSK na ASC zo muri Tunisia ndetse na CS Constatine yo muri Algeria.

Uyu kandi yanakiniye amakipe y’abato ba Sudan, harimo abari munsi y’imyaka 17, 20 ndetse na 23.
Usibye aba bakinnyi ikipe ya Kiyovu yamaze gutangaza, hari abandi bakinnyi basanzwe bakinira iyi kipe ngo bamaze kumvikana n’abandi bakinnyi batatu b’Abanyarwanda.


Gusa ibi Kiyovu irimo kubikora mu gihe bagitegereje ko umwaka w’imikino wa 2021-2022 utari warangira dore ko hasigaye imikino 2 ngo urangire ndetse iyi kipe ikaba igifite amahirwe yo kuba batwara igikombe cya Shampiyona igihanganiye na APR FC iyirusha amanota 2.


Binyuze ku rubuga rwa Twitter rw’ikipe ya Gasogi United, yaraye isezeye uwahoze ari rutahizamu wayo Iddy Museremu utarahiriwe n’iyi kipe, uyu rutahizamu ukomoka mu gihugu cy’u Burundi akigera mu Rwanda yari yahawe izina ry’Intare y’Akanwa Rwabwiga.

Kuri uyu wa gatandatu byari biteganyijwe ko imikino ibanza ya 1/2 cy’imikino yo mu kiciro cya kabiri, gusa ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ,FERWAFA, yaraye itangaje ko iyi mikino itari bukinwe mu mpera z’iki cy’umweru ahubwo ikaba izakinwa ku itariki ya 14 Kamena 2022.

 

2022-06-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred

Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred

RUSHYASHYA 05 Jul 2026
U Bubiligi bwandikiye amateka ku Buyapani, busanga Brazil muri ¼

U Bubiligi bwandikiye amateka ku Buyapani, busanga Brazil muri ¼

Ubwanditsi 03 Jul 2018
Mu Rwanda inzererezi zijyanwa mu bigo ngororamuco induru zikavuga, muri Kongo zakwicwa bigahabwa umugisha

Mu Rwanda inzererezi zijyanwa mu bigo ngororamuco induru zikavuga, muri Kongo zakwicwa bigahabwa umugisha

Ubwanditsi 16 Jan 2025
Tombola ya CAF Champions League isize APR FC izahura na US Monastir naho muri CAF Confederations Cup AS Kigali izahura na AS Ali Sabieh yo muri Djibouti

Tombola ya CAF Champions League isize APR FC izahura na US Monastir naho muri CAF Confederations Cup AS Kigali izahura na AS Ali Sabieh yo muri Djibouti

Ubwanditsi 09 Aug 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imyanzuro 7 yavuye mu nama y’ubuyobozi ya Mukura VS, irimo gutangaza abakinnyi bashya iyi kipe yahaye amasezerano ndetse yemeje ko ikipe y’abato yongera kwitabwaho
Amakuru

Imyanzuro 7 yavuye mu nama y’ubuyobozi ya Mukura VS, irimo gutangaza abakinnyi bashya iyi kipe yahaye amasezerano ndetse yemeje ko ikipe y’abato yongera kwitabwaho

Ubwanditsi 31 Aug 2021
Amafoto: Rayon Sports yunamiye imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 ishyinguwe mu rwibutso rwa Ntarama
Amakuru

Amafoto: Rayon Sports yunamiye imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 ishyinguwe mu rwibutso rwa Ntarama

Ubwanditsi 14 Apr 2022
Minisitiri w’intebe wa Congo yagaragaje akavuyo mu miyoborere y’igihugu cye ubwo yashinjaga u Rwanda kuyibuza kurwanya ihindagurika ry’ikirere
Amakuru

Minisitiri w’intebe wa Congo yagaragaje akavuyo mu miyoborere y’igihugu cye ubwo yashinjaga u Rwanda kuyibuza kurwanya ihindagurika ry’ikirere

Ubwanditsi 14 Nov 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru