• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»U Bubiligi bwandikiye amateka ku Buyapani, busanga Brazil muri ¼

U Bubiligi bwandikiye amateka ku Buyapani, busanga Brazil muri ¼

Ubwanditsi 03 Jul 2018 IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’u Bubiligi habuze gato ngo isezererwe n’u Buyapani muri 1/8 kuri uyu wa Mbere mu mukino yabanje gutsindwamo ibitego bibiri ku busa ariko ikaza kubyishyura ndetse igatsinda icya gatatu byatumye iba iya mbere ikoze ayo mateka mu myaka 52.

U Bubiligi bwavuye mu matsinda butsinze imikino yose harimo n’uwo bwahuye n’u Bwongereza byatumye abantu babwongerera icyizere mu makipe ashobora kugera kure muri iri rushanwa ariko habuze gato ngo butungurwe n’u Buyapani bwazamukiye ku mahirwe kuko bwanganyaga na Senegal ibintu byose bikaba ngombwa ko harebwa ku yahawe amakarita make.

U Buyapani buyobowe na Nishino nk’umutoza mukuru, bwagaragaje kwihagararaho mu gice cya mbere, bukina neza abakinnyi b’u Bubiligi yaba Kevin De Bruyne, Eden Hazard, Romelu Lukaku n’abandi bafite amazina akomeye ku mugabane w’u Burayi babura aho binjirira iminota 45 irangira ari ubusa ku busa.

Mu gice cya kabiri Abayapani bagarutse batinyutse bashaka ibitego, icya mbere bakibona ku munota wa 48 Genki Haraguchi ku ishoti yatereye hanze y’urubuga rw’amahina umunyezamu Thibaut Courtois ntabashe gukurikura, nyuma y’iminota ine gusa Takashi Inui atsinda icya kabiri cyashyize u Bubiligi mu mibare ikomeye.

Umutoza Roberto Martinez n’abo bafatanya barimo Thierry Henry basabye abakinnyi babo kudacika intege, ku munota wa 65 bakora impinduka ebyiri icya rimwe, Marouane Fellaini asimbura Dries Mertens naho Nacer Chadli afata umwanya wa Yannick Ferreira-Carrasco bihita bitanga n’umusaruro kuko nyuma y’iminota ine yabonye igitego cyo kwishyura cyatsinzwe na Jan Vertonghen.

U Bubiligi bwakomeje kotsa igitutu u Buyapani, butsinda igitego cya kabiri cya Marouane Fellaini ku munota wa 74 nk’ikipe nkuru ikomeza gushaka igitego cya gatatu, ikibona habura amasegonda ngo umukino urangire gitsinzwe na Nacer Chadli ikaba yahise isanga Brazil muri ¼.

Iyi kipe yabaye iya mbere mu myaka 52 ibashije kuva inyuma yatsinzwe ibitego 2-0 mu mikino yo gukuranamo (knockout) mu gikombe cy’Isi ikishyura ikanatsinda umukino bikaba baherukaga gukorwa na Portugal mu 1966 itsinda Korea.

Amakipe abiri agomba kwerekeza muri ¼ cy’iri rushanwa agomba kumenyekana kuri uyu wa Kabiri, saa 16h00 Suede ikaza kwisobanura n’u Busuwisi zishakamo ikomeza, saa 20h00 hakaza kuba undi mukino w’ishiraniro hagati ya Colombia n’u Bwongereza. Abiri akomeza niyo azahura muri ¼.

2018-07-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Police HC yinjiye muri 1/2 cy’irushanwa Nyafurika y’i Burasirazuba imaze gutsinda Nyuki HC

Police HC yinjiye muri 1/2 cy’irushanwa Nyafurika y’i Burasirazuba imaze gutsinda Nyuki HC

Ubwanditsi 03 Dec 2021
Areruya ni we Munyarwanda washoboye gusoza Tour de Vendée

Areruya ni we Munyarwanda washoboye gusoza Tour de Vendée

Ubwanditsi 07 Oct 2018
Koffi Olimide yababarijwe i Kigali n’umufana we wishwe arashwe na Polisi

Koffi Olimide yababarijwe i Kigali n’umufana we wishwe arashwe na Polisi

Ubwanditsi 02 Jan 2017
Ngarambe Rafaél yatorewe kuba Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda.

Ngarambe Rafaél yatorewe kuba Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda.

Ubwanditsi 30 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 07 Jun 2023
Cristiano Ronaldo yesheje agahigo ko kuba ariwe rutahizamu umaze gutsinda ibitego byinshi mu mikino y’ikipe y’igihugu
Amakuru

Cristiano Ronaldo yesheje agahigo ko kuba ariwe rutahizamu umaze gutsinda ibitego byinshi mu mikino y’ikipe y’igihugu

Ubwanditsi 03 Sep 2021
Perezida Nkurunziza agiye guhura n’ibibazo bikomeye
POLITIKI

Perezida Nkurunziza agiye guhura n’ibibazo bikomeye

Ubwanditsi 15 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru