• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Sanchez Vergara Brayan Stiven yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2021 kavaga i Kigali kerekeza i Rwamagana, umunyarwanda wa hafi yabaye uwa 14.

Sanchez Vergara Brayan Stiven yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2021 kavaga i Kigali kerekeza i Rwamagana, umunyarwanda wa hafi yabaye uwa 14.

Ubwanditsi 02 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Guhera kuri iki Cyumweru tariki ya 2 kugeza ku ya 9 Gicurasi 2021, mu Rwanda hatangiye isiganwa rizenguruka igihugu “Tour du Rwanda” ririmo kuba ku nshuro yaryo ya 13 kuva ribaye mpuzamahanga, agace ka mbere kavaga i Kigalie kerekeza mu karere ka Rwamagana ku ntera y’ibilometero 115 na metero 600, aka gace kakaba kegukanywe n’umunya Columbia Sanchez Vergara Brayan Stiven.

Aka gace kahagurukiye kuri Kigali Arena ahagana mu masaha y’i saa yine nibwo abakinnyi baturutse mu makipe 15 yitabiriye iri siganwa bahagurutse, mu nzira bagenda bakaba bakomeje kugendana nk’igikundi cyagendaga cyigabanyamo ibice bitandukanye, gusa muri iyi nzira ikaba yihariwe cyane n’ikipe ya Medellin ihagarariye igihugu cya Columbia.

Abasiganwa bageze mu mujyi wa Rwamagana bakaba bagombaga kuzenguruka uyu mujyi incuro 10 zigongera ku ntera ya Kigali – Rwamagana, aba bakomeje n’ubundi kugendera mu gikundi kugeza ubwo bageze aho basoreza umugabo ukinira ikipe ya Medellin Sanchez Vergara Brayan Stiven ariwe wegukanye aka gace ka mbere n’ubwo abakinnyi 44 bakoresheje ibihe bingana.

Sanchez Vergara akaba yakoresheje igihe kingana n’amasaha abiri, iminota mirongo itatu n’itatu n’amasegonda mirongo ine n’itatu (2h33’43”), yakurikiwe kandi na Alex Hoehn ukinira ikipe ya Wildlife Generation Pro Cycling yo muri Leta z’Unze Ubumwe z’Amerika, ni mu gihe umwanya wa gatatu wo wegukanywe nanone n’umunya Columbia nawe ukinira ikipe ya Medellin Weimar Alfonso Roldán.

Ku bakinnyi b’abanyarwanda baje hafi, Hakizimana Seth ukinira ikipe ya Skol Adrien Cycling Academy, uyu akaba yje ku mwanya wa 13, Uhiriwe Byiza Renus ukinira Benediction Club yaje ku mwanya wa cumi na kane naho Byukusenge Patrick nawe bakinana muri Benediction yashoje ku mwanya wa mirongo itatu na gatatu.

Abakinnyi b’abanyarwanda barimo Mugisha Samuel, Nsengimana Jean Bosco batwaye Tour du Rwanda mu myaka ishize nabo bakaba bahagereye rimwe n’igikundi cyari kiyobowe na Sanchez Vergara.

Nyuma yo gusoreza i Rwamagana, abasiganwa bagomba kurara mu mujyi wa Kigali aho bitegura ko kuri uyu wa mbere tariki ya 3 Gicurasi 2021 bagomba guhagurukira ku nyubako ya MIC mu mujyi berekeza i Huye mu nta r’amajyepfo, abasiganwa bakaba bazakora urugendo rungana na Kilometero 120 na metero 500.

2021-05-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada

Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada

RUSHYASHYA 15 Jun 2026
“Simbuze aho kujya nyuma y’ iyi business ” Perezida Kagame

“Simbuze aho kujya nyuma y’ iyi business ” Perezida Kagame

Ubwanditsi 23 Jun 2017
Abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bahabwa umwanya wo kwikosora, bo bakabifata nko kubatinya. Kubajenjekera bizarangira ryari?

Abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bahabwa umwanya wo kwikosora, bo bakabifata nko kubatinya. Kubajenjekera bizarangira ryari?

Ubwanditsi 08 Mar 2021
Nkurunziza yagize icyo avuga ku Rwanda na Kagame

Nkurunziza yagize icyo avuga ku Rwanda na Kagame

Ubwanditsi 02 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ku munsi wa nyuma w’uruzinduko rw’abakinnyi ba PSG mu Rwanda, bahuye n’abana babarizwa mu irerero iyi kipe yashinze i Huye
Amakuru

Ku munsi wa nyuma w’uruzinduko rw’abakinnyi ba PSG mu Rwanda, bahuye n’abana babarizwa mu irerero iyi kipe yashinze i Huye

Ubwanditsi 03 May 2022
BNR yemeye igeragezwa ry’uburyo bwa ‘RIHA’ mu kwishyurana hifashishijwe ikoranabuhanga
IKORANABUHANGA

BNR yemeye igeragezwa ry’uburyo bwa ‘RIHA’ mu kwishyurana hifashishijwe ikoranabuhanga

Ubwanditsi 12 Oct 2018
AMAFOTO – Manchester United ndetse na Arsenal zo mu Bwongereza ziri mu makipe yageze mu mikino ya ½ cya Europa League.
Amakuru

AMAFOTO – Manchester United ndetse na Arsenal zo mu Bwongereza ziri mu makipe yageze mu mikino ya ½ cya Europa League.

Ubwanditsi 16 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru