• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»‘ IGISWAHILI ‘ Kunyungu z’Umunyarwanda

‘ IGISWAHILI ‘ Kunyungu z’Umunyarwanda

Ubwanditsi 21 Jul 2017 Mu Rwanda

Mu mwaka ushije 2016 Leta y’ u Rwanda yemeje Igiswahili nk’ururimi rwa kane rugomba gukoreshwa mu buzima bw’umunyarwanda. Kuva icyi cyemezo cyafatwa, abanyarwanda ndetse nabandi bose bakunda Igiswahili n’u Rwanda muri rusange ntabwo barasobanukirwa neza impamvu, uburyo, imiterere ndetse nukuntu icyo cyifuzo cyagerwaho n’igihe cyajya mu bikorwa ngo kibe impamo.

Abanyarwanda bamenyereye ko “imvugo ariyo ngiro” kandi nkuko biri mu ndirimbo yubahiriza igihugu bati “Ijabo ryawe riguhe ijambo”.

Abakurikiranira hafi Politiki y’u Rwanda haba mu karere rurimo cyangwa amahanga bemeza ko Perezida Paul Kagame afatwa nk’umukuru w’igihugu w’intangarugero muri byinshi no gushyira mu bikorwa icyo yavuze cyangwa yiyemeje, bemeza ko mu gihe gito Igiswahili mu Rwanda kizabera urugero rwiza ibindi bihugu mu bwisanzure bw’akarere k’umuryango w’ibihugu bya Afurika yuburasirazuba (EAC) na Afurika yose muri rusange ifata ururimi rw’Igiswahili nk’indangamuntu n’indangagaciro ye, mu kwiteza imbere mu buhahirane, mu bwisanzure, mu mibereho ya buri munsi, akazi, uburezi, ubucuruzi, ubukerarugendo nibindi abantu bahuriraho mu buzima.

Iki gikorwa rero cyo guteza imbere imikoreshereze y’ururimi mu Rwanda, mu karere no muri Afurika ntikigomba gucecekwa cyangwa ngo abantu bakibazeho byinshi bategereje ahubwo kigomba kuva mu madosiye, mu mvugo kikajya mu ngiro kugira ngo kigeze abanyarwanda ku iterambere n’ubwisanzure mu gihugu no mu karere kose.

Inshingano cyangwa ibikorwa byashingirwaho n’ibyagaragajwe mu bushakashatsi mu byindimi n’imyumvire y’abantu ni ibi bikurikira:

Gushyiraho itegeko rigasohoka mu igazeti ya Leta

Gukoresha ibiganiro mbwirwaruhame ku maradiyo, Televiziyo n’ibinyamakuru mu gusobanurira abanyarwanda inyungu n’impamvu zo kwiga no kumenya urwo rurimi.
Gushyiraho Komisiyo y’igihugu ishinzwe Igiswahili yo kumenyekanisha, gukangurira, gutegura no guteza imbere imyigire n’imikoreshereze y’urwo rurimi ku banyarwanda bose, abakuru n’abato, abize n’abatarize, mu mijyi no mu byaro n’ibindi…

Mu gihe cy’umwaka umwe gusa icyo cyemezo cya Leta gifashwe hari ibimaze gukorwa n’abantu ku giti cyabo bafite ubushake bwo gukorera igihugu n’abanyarwanda mu guteza imbere umuco, imyumvire, ururimi, ubufatanye n’ubwisanzure bwo mu karere n’iterambere rirambye ry’abanyarwanda nubwo Leta itaratanga icyerekezo gitomoye muri urwo rugamba, hari abafashe iya mbere bakaba bamaze gushyiraho:

Ihuriro ry’abanyamakuru bakoresha Igiswahili mu Rwanda.

Ihuriro ry’abarimu bigisha Igiswahili mu mashuli yisumbuye na za kaminuza.
Ubufatanye hagati y’umukomiseri w’umukorerabushake wa Komisiyo nyafurika y’indimi (ACALAN) na Kaminuza y’ubukerarugendo n’ubucuruzi (UTB), kwigisha ingeri zitandukanye n’abandi.

Gahunda zo kwandika ibitabo n’izindi mfashanyigisho n’ibindi…

Hari byinshi byavugiwe kandi birimo gukorwa mu mahuriro y’abanyeshuli n’abafatanyabikorwa n’impuguke mu by’ururimi rw’Igiswahili nka:

CHAUKIDU: Chama cha Ukuzaji wa Kiswahili Ulimwenguni (World Kiswahili development Association).

ACALAN: African Academy of Languages
EAKC: East African Kiswahili Commissioner
Bayreuth Kiswahili Colloquium (Germany)

Hari kandi igitekerezo cyo guhuza abafatanyabikorwa n’abakoresha Igiswahili bagahurizwa hamwe bakaganira ku cyakorwa ngo icyo cyemezo cya Leta cy’Igiswahili n’imikoreshereze yacyo ishyirwe mu bikorwa kibere Akarere n’amahanga urugero nkuko impuguke y’umunyakenya Prof. Ken Walibora, uzwi cyane mu karere kubera ubwanditsi n’ubunyamakuru yanditse muri The East African ati “mwitegure urugero rw’Igiswahili mu Rwanda ati kizakizwa no gutezwa imbere mu karere kose n’umugabo w’icyitegererezo mu buyobozi bwa Afurika Paul Kagame”.

Ni byiza ko abatuye akarere k’umugabane wa Afurika batega amaso kuri icyo cyemezo cyafashwe n’u Rwanda ku bijyanye n’Igiswahili ariko ni byiza ko nkuko uwahoze ari Perezida wa Amerika John Kennedy yavuze ati “Mbere yuko ubaza icyo Leta ikora, banza wibaze wowe ubwawe icyo wikorera nicyo ukorera bagenzi bawe”.

Reka buri wese akangukire no gukangurira mugenzi we ibyiza byo kwiga no kumenya gukoresha ururimi rw’Igiswahili mu iterambere ry’u Rwanda, Umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) na Afurika muri rusange.

Karibuni tujifunze Kiswahili kwa maendeleo endelevu.

-7330.jpg

Prof. Pacifique Malonga
Umushakashatsi mu by’indimi n’umunyamakuru wigenga.
E-mail: becos1@yahoo.fr

2017-07-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imwe mu mikino ndetse n’amarushanwa byari biteganyijwe mu mikino y’amaboko ya Volleyball na Basketball yasubitswe by’agateganyo.

Imwe mu mikino ndetse n’amarushanwa byari biteganyijwe mu mikino y’amaboko ya Volleyball na Basketball yasubitswe by’agateganyo.

Ubwanditsi 30 Jun 2021
Akanama k’umutekano ka LONI kagiye kwirebera uko byifashe  mu Burundi

Akanama k’umutekano ka LONI kagiye kwirebera uko byifashe mu Burundi

Ubwanditsi 19 Jan 2016
‘ La Palisse Hotel ‘ ishobora kuba mubo Perezida Kagame yabwiraga

‘ La Palisse Hotel ‘ ishobora kuba mubo Perezida Kagame yabwiraga

Ubwanditsi 29 Jun 2017
Bamwe mu banyeshuri barangije muri Kaminuza ya Kigali bararira ayo kwarika nyuma yaho batagaragariye ku rutonde rw’abahawe Impamyabumenyi.

Bamwe mu banyeshuri barangije muri Kaminuza ya Kigali bararira ayo kwarika nyuma yaho batagaragariye ku rutonde rw’abahawe Impamyabumenyi.

Ubwanditsi 13 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mecky Kayiranga yasohoye amashusho y’indirimbo ‘Garuka’ abwira umukunzi we kugaruka bakubaka -VIDEO
Amakuru

Mecky Kayiranga yasohoye amashusho y’indirimbo ‘Garuka’ abwira umukunzi we kugaruka bakubaka -VIDEO

Ubwanditsi 07 Jun 2021
Minisitiri Mukeshimana yasabye imbabazi ku ikosa ryo kwicisha inzara abashyitsi
Mu Mahanga

Minisitiri Mukeshimana yasabye imbabazi ku ikosa ryo kwicisha inzara abashyitsi

Ubwanditsi 16 Jun 2016
Yamen Zelfani utoza Rayon yageze mu Rwanda atangira imirimo, abazatoza APR FC bo barahagera kuwa kane
Amakuru

Yamen Zelfani utoza Rayon yageze mu Rwanda atangira imirimo, abazatoza APR FC bo barahagera kuwa kane

Ubwanditsi 18 Jul 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru