• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

  • Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma   |   09 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, AU, wahaye igihembo Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, AU, wahaye igihembo Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Ubwanditsi 19 Jul 2016 Mu Rwanda

Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, AU, wahaye igihembo Perezida w’u Rwanda Paul Kagame umushimira uruhare n’ubushake bwa Politiki igihugu cyagize mu guteza imbere umugore, “Gender Card Award’’.

Perezida Kagame Paul yashyikirijwe icyo igihembo n’umuyobozi wa Komisiyo ya AU, Dr Nkosazana Dlamini Zuma ku wa Mbere ku ya 18 Nyakanga, ubwo hasozwaga inama rusange ya 27

Ibindi bihugu byahawe ibihembo biri mu byiciro bitandukanye hashingiwe ku mirimo myiza bakoze mu birebana no guteza imbere umugore mu nzego zitandukanye, nko mu rwego rw’ubukungu, ni igihugu cy’Afurika y’Epfo na Algeria.

Mu kiganiro n’abanyamakuru mu gikorwa cyo gusoza inama ya 27 ya AU, Umukuru w’igihugu yagarutse ku ngingo irebana n’icyakorwa mu guhindura umuryango wa AU ikiraro cy’ubumwe bw’abanyafurika, asobanura ko, nk’umunyafurika agomba kuzuza inshingano afite, kuko ntawe ushobora kuzihunga.

Ati “Tugomba kuzuza inshingano dufite uko byagenda kose, kuko ntawazihunga, kandi inshingano zacu tukarushaho kuzikora neza, tukarinda umuryango wacu’’.

AU yashyizeho ikigega cyirwanya iterabwoba

-3339.jpg

Perezida Paul Kagame, Dr Nkosazana Dlamini Zuma na Perezida Idriss Debby

Umuyobozi wa AU , akaba na perezida wa Chad, Idriss Debby, asoza iyo nama yatangaje ko imwe mu myanzuro abakuru b’ibihugu bya Afurika bemeje ari ugushyiraho ikigega kidasanzwe kizafasha abatuye umugabane wa Afurika kurwanya ikibazo cy’iterabwoba kugeza ubu kibangamiye umugabane n’isi muri rusange.

Perezida wa Palestine, Mahmoud Abbas na we, witabiriye inama ya AU yasabye abakuru b’ibihugu bya Afurika gufatanyiriza hamwe kugira ngo ikibazo cy’iterabwoba kirangire burundu.

-3340.jpg

Perezida Kagame yakira igihembo “Gender Card Award”

2016-07-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yashyizwe ku mwanya wa kabiri muri Afurika, n’uwa 50 ku Isi mu zihagazeho

Polisi y’u Rwanda yashyizwe ku mwanya wa kabiri muri Afurika, n’uwa 50 ku Isi mu zihagazeho

Ubwanditsi 09 Nov 2017
MARASA Umubano Hotel Kigali wishes a Happy Birthday H.E. Paul Kagame

MARASA Umubano Hotel Kigali wishes a Happy Birthday H.E. Paul Kagame

Ubwanditsi 23 Oct 2017
Imyanzuro 7 yavuye mu nama y’ubuyobozi ya Mukura VS, irimo gutangaza abakinnyi bashya iyi kipe yahaye amasezerano ndetse yemeje ko ikipe y’abato yongera kwitabwaho

Imyanzuro 7 yavuye mu nama y’ubuyobozi ya Mukura VS, irimo gutangaza abakinnyi bashya iyi kipe yahaye amasezerano ndetse yemeje ko ikipe y’abato yongera kwitabwaho

Ubwanditsi 31 Aug 2021
Gen. Kabarebe yavuze kuri Bikindi waririmbaga ko Inkotanyi bazimaze

Gen. Kabarebe yavuze kuri Bikindi waririmbaga ko Inkotanyi bazimaze

Ubwanditsi 14 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Jackie Chandiru mu kigo ngororamuco
IMIKINO

Uganda: Jackie Chandiru mu kigo ngororamuco

Ubwanditsi 11 Mar 2016
Dr Kiiza Besigye arashinja Perezida Museveni kuba agirira ishyari perezida Paul Kagame
INKURU NYAMUKURU

Dr Kiiza Besigye arashinja Perezida Museveni kuba agirira ishyari perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 06 Mar 2018
Hatahuwe isano iri hagati ya RNC n’Urwego rw’Ubutasi rwa Uganda mu guhungabanya u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Hatahuwe isano iri hagati ya RNC n’Urwego rw’Ubutasi rwa Uganda mu guhungabanya u Rwanda

Ubwanditsi 04 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru