• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»RDC: Mu Kigo cya gisirikare cya FARDC hafatiwe intwaro zitazwi ndetse n’Abarundi n’Abanyarwanda

RDC: Mu Kigo cya gisirikare cya FARDC hafatiwe intwaro zitazwi ndetse n’Abarundi n’Abanyarwanda

Ubwanditsi 28 Jun 2018 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU

Imbunda 26 zo mu bwoko bwa AK-47, amasasu 382 na magazines 39 kuri uyu wa kabiri ushize byafatiwe mu mukwabu wakorewe mu kigo cya gisirikare cya Katindo muri Kivu y’Amajyaruguru, aho umukuru wa region ya 34 ya gisirikare, Gen Francois kamanzi avuga ko abari batunze ibi bikoresho babaga muri iki kigo cya gisirikare mu buryo bunyuranyije n’amategeko n’abagore n’abana babo. Ni mu gihe ubushize mu bafashwe harimo Abanyarwanda n’Abarundi baba mu kigo cya gisirikare cya FARDC.

“Icyo twabonye n’uko hari abasirikare bari batunze imbunda binyuranyije n’amategeko. Intwaro zose zigomba gutungwa byemewe n’amategeko kandi zikagenzurwa. Niba umusirikare atari mu kazi, intwaro zigomba kubikwa mu bubiko bw’intwaro,” ibi ni ibyatangajwe na Gen Kamanzi.

Iyi nkuru dukesha Radio Okapi ivuga ko region ya 34 y’igisirikare cya Congo, FARDC, yafunze ikigo cya katindo ku buryo nta muntu winjira cyangwa ngo asohoke ku bufatanye n’ubugenzuzi bwa gisirikare. Hafashwe ibiyobyabwenge byinshi birimo urumogi n’inzoga. Gen Kamanzi avuga ko ibi biyobyabwenge byahise bijyanwa n’ubugenzuzi bwa gisirikare (auditorat militaire).

Gen Kamanzi yaboneyeho guhamagarira abaturage gufatanya n’ingabo mu rwego rwo kuvumbura abantu batunze intwaro batabyemerewe.

Ati: “Abaturage bo mu mujyi wa Goma bagomba gukomeza kuduha amakuru. Dufite ibibazo by’abajura bitwaje intwaro. Aba bajura akenshi bica abaturage ariko bihisha mu baturage ndetse rimwe babika intwaro zabo mu baturage”.

Gen Francois kamanzi yakomeje avuga ko iki gikorwa kigiye no gukomereza mu duce tw’umujyi wa Goma, aho avuga ko nyuma yo gusukura mu kigo cya gisirikare n’ingo z’abaturage zigiye gushyirwa ku murongo.

Uyu muyobozi w’ingabo kandi avuga ko komanda w’ikigo cya gisirikare cya Katindo nawe Atari azi ko mu kigo ayoboye habamo abasivili. Gen Kamanzi ati: “Tugomba rero kumenya uko bageze hano. Si inshuro ya mbere. Ubushize, twafunze muri iki kigo n’ubundi, dufata Abarundi n’Abanyarwanda mu kigo cyacu cya gisirikare.”

Muri uwo mukwabu kandi ngo hafashwe agatsiko k’amabandi ane yari aherutse kwiba iduka rya Airtel Money ahitwa Kinyumba.

Umuntu akaba yakwibaza ukuntu aba Barundi n’Abanyarwanda bageze muri iki kigo cya gisirikare niba nta byitso bafitemo ndetse akibaza niba nta basubiyemo n’imigambi baba bari gupangira mu kigo cya gisirikare cy’igihugu kitari icyabo.

2018-06-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Nta mahoro ashoboka muri Kongo, igihe cyose hari Abakongomani bagifatwa nk’Abanyamahanga mu gihugu cyabo”. – Thabo Mbeki.

“Nta mahoro ashoboka muri Kongo, igihe cyose hari Abakongomani bagifatwa nk’Abanyamahanga mu gihugu cyabo”. – Thabo Mbeki.

Ubwanditsi 16 Mar 2024
Nyakwigendera Pierre Buyoya wigeze kuba Perezida w’u Burundi yashyinguwe I Bamako muri Mali, Nta ntumwa y’u Burundi yitabiriye uyu Muhango wo kumuherekeza

Nyakwigendera Pierre Buyoya wigeze kuba Perezida w’u Burundi yashyinguwe I Bamako muri Mali, Nta ntumwa y’u Burundi yitabiriye uyu Muhango wo kumuherekeza

Ubwanditsi 30 Dec 2020
Uganda yarekuye Mutarindwa, imutegeka kujya yitaba ubushinjacyaha

Uganda yarekuye Mutarindwa, imutegeka kujya yitaba ubushinjacyaha

Ubwanditsi 31 Mar 2020
Fred Ibingira wari Lt Gen, yagizwe Generali mu ngabo z’igihugu

Fred Ibingira wari Lt Gen, yagizwe Generali mu ngabo z’igihugu

Ubwanditsi 12 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu myaka 15 ishize ubwandu bushya bwa SIDA bwagabanutseho 50%.
Mu Rwanda

Mu myaka 15 ishize ubwandu bushya bwa SIDA bwagabanutseho 50%.

Ubwanditsi 09 May 2018
Perezida Kagame na Madamu bitabiriye Inama ya 28 ya AU  i Addis Ababa
Mu Rwanda

Perezida Kagame na Madamu bitabiriye Inama ya 28 ya AU i Addis Ababa

Ubwanditsi 28 Jan 2017
Mugisha Moïse yazamuye ibendera ry’U Rwanda, yegukana isiganwa rya Grand Prix Chantal Biya muri Cameroon 
Amakuru

Mugisha Moïse yazamuye ibendera ry’U Rwanda, yegukana isiganwa rya Grand Prix Chantal Biya muri Cameroon 

Ubwanditsi 22 Nov 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru