• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Rwanda Premier League yasinyanye amasezerano y’imyaka itatu na Skol afite agaciro ka miliyari 1 Frw ku mwaka   |   01 Jul 2026

  • Mupende wihishe urugamba yitwaza ko yarashwe ubugabo niwe wigize umuvuzi w’amacumu ku mbuga nkoranyambaga   |   30 Jun 2026

  • Ibimenyetso by’uko umubano w’umuhanzi Bruce Melodie na Coach Gael umufasha udahagaze neza   |   29 Jun 2026

  • PAC: Ikibazo cy’ibitabo bitagezwa mu mashuri cyabaye ingorabahizi   |   29 Jun 2026

  • Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba   |   28 Jun 2026

  • Umukiliya w’ibanze w’ibisahurano byibwa na FDLR ni MONUSCO; Col. BORA   |   28 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Hagati ya CMI na RNC imizinga iraza kuvamo imyibano ku ibura rya Ben Rutabana utagejejwe Imbere y’Ubucamanza bwa Uganda

Hagati ya CMI na RNC imizinga iraza kuvamo imyibano ku ibura rya Ben Rutabana utagejejwe Imbere y’Ubucamanza bwa Uganda

Ubwanditsi 28 Feb 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Muri Uganda, byari biteganijwe ko ku munsi w’ejo Ben Rutabana waburiye irengero mu kwezi kwa Cyenda umwaka ushize agezwa imbere y’Ubucamanza.

Byasabwe n’urukiko rukuru ku iratiki ya 20 uku kwezi. Umucamazca Esta Nambayo yasabye urwego rw’ubutasi rwa gisirikirae [ CMI ], kimwe n’urwego rushinzwe umutekano w’igihugu [ ISO ] , kwerekana Ben Rutabana.

Nkuko maitre David Mushabe umwunganira mu mategeko yabitangaje, Ben Rutabana ntiyagejejwe imbere y’Ubucamanza. Abakekwaho kuba bamufite bahawe ikindi cyumweru ndetse basabwe kumuzana mu rukiko ku itariki ya 5 z’ukwezi kwa gatatu.

Ben Rutabana, umwe mu bayobozi  b’umutwe witerabwoba wa RNC, yaburiwe irengero mu kwezi kwa cyenda umwaka ushize, ari muri Uganda, aho yageze ku itariki ya 5 z’ ukwa cyenda. Ibimenyetso bigaragaza ko  Ben Rutabana yagombaga kuva I Buruseli kuwa gatatu, itariki 04 Nzeri 2019 saa 21h45 mu ndege ya Emirates Airlines agiye I Entebbe muri Uganda. Yagombaga guca I Dubai mbere y’uko agera ku Kibuga cy’Indege cya Entebbe ku itariki 05 Nzeri 2019 ku isaha ya saa 13h50. Bivugwa ko muri Uganda Ben Rutabana yaba yarahuye na Pasiteri Deo Nyirigira I Mbarara ngo bategure uko Rutabana yakwerekeza mu burasirazuba bwa Congo. Rutabana ngo yaba atarishimiye uko ingabo zabo zari mu Minembwe zishwe izindi zigafatwa mpiri zabuze gifasha, akaba yarifuzaga kuyobora izacitse ku icumu bitagizwemo uruhare na Kayumba Nyamwasa, uregwa kuzitererena no kurya amafaranga yari agenewe kuzitunga, ariko we akayakoramo Business muri Mozambique.

Kayumba amaze kubimenya yahise yohereza intasi ye yizeye  Frank Ntwali ajya Uganda kureba koko niba Rutabana ariho ari. Ntwali I Kampala yahuye na Brig.Abel Kandiho  uyobora CMI amugezaho misiyo yari yahawe na Kayumba ndetse ayikora neza nkuko aya makuru dukura mu mbere muri RNC abivuga. Ntwali yabashije kugera aho Ben Rutabana yari acumbitse ahita amenyesha Kayumba ko yamubonye koko ari Uganda.

Kayumba yahise ategura byihuse operasiyo yo kumufata yifashishije abacuti be bakorana byahafi bo muri CMI. Ubwo Frank Ntwali yahawe inshingano [task] yo gukora no kuyobora iyo operation ndetse inagenda neza bafata Rutabana bamubika muri zimwe munzu [Safe house] za CMI hitaruye cyane umujyi wa Kampala. Amakuru avuga ko Rutabana yaje gupfira mu ibazwa n’iyicarubozo rya CMI.

2020-02-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingabire Victoire Umuhoza Yongeye Gukubitirwa Ahareba Inzega

Ingabire Victoire Umuhoza Yongeye Gukubitirwa Ahareba Inzega

RUSHYASHYA 27 Mar 2026
Umujenosideri Kabuga Felisiyani yavuniye ibiti mu matwi imbere y’abacamanza, nk’ amayeri yo gutinza urubanza ngo atazigera aburanishwa

Umujenosideri Kabuga Felisiyani yavuniye ibiti mu matwi imbere y’abacamanza, nk’ amayeri yo gutinza urubanza ngo atazigera aburanishwa

Ubwanditsi 12 Nov 2020
Umunyarwanda ushinjwa ibyaha bya Jenoside yafatiwe muri Cameroun

Umunyarwanda ushinjwa ibyaha bya Jenoside yafatiwe muri Cameroun

Ubwanditsi 06 Apr 2018
Umukobwa wacitse ku icumu rya Jenoside, wiyahuye asimbutse igorofa ryo kwa Makuza yapfuye

Umukobwa wacitse ku icumu rya Jenoside, wiyahuye asimbutse igorofa ryo kwa Makuza yapfuye

Ubwanditsi 07 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amayobera: Perezida Museveni yizeye Gen. kale Kayihura ariko ntiyizera urwego yamushinze
INKURU NYAMUKURU

Amayobera: Perezida Museveni yizeye Gen. kale Kayihura ariko ntiyizera urwego yamushinze

Ubwanditsi 17 Nov 2017
Umwuka mubi hagati ya Kongo- Kinshasa na Kenya wafashe indi ntera.
Amakuru

Umwuka mubi hagati ya Kongo- Kinshasa na Kenya wafashe indi ntera.

Ubwanditsi 17 Dec 2023
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa UNMISS zambitswe imidari
Mu Rwanda

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa UNMISS zambitswe imidari

Ubwanditsi 16 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru