• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umuryango wa Mageza wishwe n’iyicarubozo rya Uganda wasabye u Rwanda kuwufasha kugarura umurambo we
Abavandimwe ba Mageza, ubanza ibumoso ni Kagoyire ari kumwe na Safari

Umuryango wa Mageza wishwe n’iyicarubozo rya Uganda wasabye u Rwanda kuwufasha kugarura umurambo we

Ubwanditsi 11 Feb 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umuryango wa Emmanuel Mageza, Umunyarwanda waguye mu bitaro bya Butabika, bivura indwara zo mu mutwe i Kampala muri Uganda, uri mu marira kubera iyi nkuru y’akababaro.

Mageza yapfuye nyuma y’igihe kijya kungana n’umwaka ari mu ibohero ry’Urwego rushinzwe iperereza mu gisirikare cya Uganda (CMI), riri i Mbuya.

Umuryango we wamenye urupfu rwe urubwiwe n’abayobozi b’u Rwanda na bo babikuye mu itangazamakuru rya Uganda, ryanditse ko amakuru ryayakuye ku mwunganizi w’abanyarwanda benshi bafatiwe muri Uganda mu buryo butemewe n’amategeko witwa Eron Kiiza.

Abayobozi ba Uganda ntibigeze bamenyesha Ambasade y’u Rwanda i Kampala, ku ifatwa ry’umuturage wayo. Ntibigeze kandi banayimenyesha uko ubuzima bwe bwangiritse kugeza aho arwaye mu mutwe akajyanwa i Butabika, akaza no kuhapfira.

Uko kutamenyesha ibyabaye ambasade y’u Rwanda nk’uko amategeko mpuzamahanga abibategeka, ni kimwe mu muco wo kudakurikiza amategeko kwa Uganda.

Ntibigeze bamenyesha ambasade y’u Rwanda na rimwe ko abanyarwanda bafatiwe muri Uganda. Mu nshuro zitabarika ambasade yarabandikiye nyuma y’uko umunyarwanda yari yavuze ko yafashwe n’inzego z’umutekano, ariko abayobozi ba Uganda babitera utwatsi mu mvugo.

Ku butegetsi bwa Uganda, ni nk’aho amategeko mpuzamahanga n’amasezerano asigara mu nyandiko gusa nta gushyirwa mu bikorwa.

Ikibabaje cyane ku muryango wa Mageza ni uburyo yapfuye. Ibi babimenye nyuma y’amezi y’iyicarubozo mu ibohero, iri yicarubozo rituma arwara mu mutwe ari nabwo yaje gupfa.

Mushiki we Françoise Kagoyire ndetse n’abavandimwe be Safari, Bahati na Philbert, bose bari mu gahinda ubwo baganiraga n’itangazamakuru mu rugo rwa Nyina mu mudugudu wa Byimana ku Gisozi.

Kagoyire arira yagize ati “Ni iki musaza wanjye yakoze ku buryo akorerwa ibikorwa bya kinyamaswa nka biriya. Musaza wanjye yashakishaga amahirwe yo gucuruza”.

Mu marira menshi, yakomezaga asubiramo ati “Musaza wanjye, musaza wanjye!”.

Kagoyire wigisha kuri Kigali Parent’s School, yibajije impamvu Guverinoma ya Uganda ikorera inzirakarengane z’abanyarwanda ibikorwa bya kinyamaswa, mu gihe n’aho akora hari ‘abanya-Uganda benshi bigisha ariko nta n’umwe urabahungabanyiriza amahoro habe na gato’.

Umwana wa gatatu muri uyu muryango witwa Safari, nyuma ya Mageza na Kagoyire, yagaragaje umubabaro utagira ingano ubwo yibukaga umunsi wa nyuma yabonye mukuru we.

Ati “Ubwo yagendaga umwaka ushize namusezeyeho muri gare Nyabugogo. Sinamenye ko ari ubwa nyuma tumubonye”.

“Ubungubu ndumva ngo yishwe n’iyicarubozo?, Mukuru wanjye utarigeze ajya muri politiki? Ni gute yafatwa agakorerwa ibikorwa bya kinyamaswa, umuntu w’inzirakarengane?”.

Umuryango wa Mageza ukaba usaba Guverinoma y’u Rwanda kuwufasha umubiri we ukazanwa mu gihugu cye akaba ari ho ashyingurwa.

Mushiki we Kagoyire yagize ati “Ni cyo Guverinoma yacu yadufasha kuko nta n’umwe muri twe ushobora kujya muri Uganda”.

Mageza yafashwe n’abakozi ba CMI i Mbarara akuwe mu modoka yari imujyanye i Kampala. Yapfutswe igitambaro mu maso ajyanwa mu kigo cya gisirikare ahitwa Makenke muri Mbarara.

Aha hantu hahindutse ibwanzi kuko ari ho abanyarwanda bashimuswe bafungirwa bagakorerwa iyicarubozo nyuma bakajyanwa ku cyicaro cya CMI i Mbuya, aho noneho bakorerwa iyicarubozo ry’inkazi ribabaza umubiri.

Makenke hazwi nk’icyicaro cya Division ya Kabiri ya UPDF, ndetse n’aho ibikorwa byayo byo kurwanya ubutasi bw’urundi ruhande bikorerwa. Iki kigo kiyobowe na Maj. Mushambo nicyo gifungirwamo abanyarwanda benshi.

Babakoresha ibazwa ry’ubugome riherekejwe no gukubitwa ubudatuza. Abafashwe kandi bacucurwa utwabo turimo amafaranga, telefoni n’ibindi.

Abanyarwanda babiri Emmanuel Rwamucyo na Augustin Rutayisire ni abahamya ndetse n’abakorewe iyicarubozo mu kigo cya gisirikare cya Makenke ariko babashije kurihonoka.

Aba bacuruzi babiri bakaba n’inshuti, bafatanywe na Mukama Moses Kandiho, ukorera urwego rw’ubutasi muri ako gace akaba n’umuvandimwe wa Brig. Abel Kandiho uyobora CMI.

Aba bagabo bombi bacucuwe utwabo, aho Rwamucyo yibwe arenga ibihumbi 48 by’amadolari. Ibi kandi byanabaye kuri Mageza ubwo yajyanwaga Makenke.

Kuva ubutegetsi bwa Kampala bwatangira guhiga abanyarwanda no kubakorera iyicarubozo byose byihishwe inyuma n’umutwe w’iterabwoba wa Kayumba Nyamwasa, ndetse n’abandi barwanya u Rwanda, abanyarwanda b’inzirakarengane bagiye bafatwa ku mpamvu zitandukanye.

Bashimuta abana n’abandi bafite imbaraga bakabahatira kujya muri RNC, ababyanze bakorerwa iyicarubozo ry’inkazi.

Abahagarariye RNC bakorana bya hafi na CMI, mu gushaka abayoboke ngo batange imisanzu yo gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda. Iki nacyo benshi baracyanze babaza ikibi guverinoma y’u Rwanda yakoze. Ibi byatumye bisanga batawe muri yombi bagerekwaho ibyaha ndetse bakorerwa iyicarubozo.

Ibi byaha byabaga birimo; ubutasi, gutunga intwaro mu buryo butemewe, kwinjira muri Uganda bitemewe ndetse no gushimuta. Ntibigeze berekana igihamya cy’ikirego na kimwe cyangwa ngo bajyane abo bafashe mu rukiko biregure.

Abarwanya u Rwanda kandi bakoresha indi turufu yo guta muri yombi abo babona bafite ubushobozi kugira ngo babone icyuho cyo kubacucura. Ibi bikorwa na Moses Kandiho werekana abafite amafaranga, bakabiba, hanyuma bakabafunga babagerekaho gutunga imbunda no kuba intasi z’u Rwanda.

Mageza yarwaye mu mutwe nyuma y’iyicarubozo yakorewe i Mbuya. Abahonotse iri yicarubozo bavuga ko bakubitishijwe amashanyarazi, banyweshejwe amazi, kuryamishwa mu mazi, gukubitwa buri munsi n’ibindi.

Bivugwa ko ubusanzwe ukorewe iyicarubozo agatakaza ubwenge burundu CMI iramurasa ikajugunya umurambo. Gusa kuri Mageza, ntabwo ari ko byagenze kuko umunyamategeko Eron Kiiza, yahozaga ku nkeke CMI ngo imwerekane, byatumye imujyana Butabika batekereza ko ashobora gukira hanyuma akamubona.

Ntabwo ari ko byagenze kuko kuwa 21 Mutarama uyu mwaka yapfuye hanyuma CMI ifata igiye cyo guhimba inkuru izanyuza muri Daily Monitor, yahindutse umunwa w’ibinyoma by’uru rwego. Iki gitangazamakuru cyanditse inkuru iyobya kiyiha umutwe ugira uti “Umunyarwanda watawe muri yombi yagaragaye yapfuye”.

Umwe mu basomyi yatanze igitekerezo anenga, avuga ko byanditse nk’aho umunyarwanda yaguye agapfa.

2020-02-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Inkende Yurira cyane, niko ubwambure bwayo bugaragara: Ibyo mutamenye kuri Ignace Rusagara, ubu uvugira umutwe w’iterabwoba wa RNC.

Uko Inkende Yurira cyane, niko ubwambure bwayo bugaragara: Ibyo mutamenye kuri Ignace Rusagara, ubu uvugira umutwe w’iterabwoba wa RNC.

Ubwanditsi 18 Jan 2024
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashyizeho abasenateri bane barimo Uwizeyimana Evode na Prof Dusingizemungu wayoboraga Umuryango Ibuka

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashyizeho abasenateri bane barimo Uwizeyimana Evode na Prof Dusingizemungu wayoboraga Umuryango Ibuka

Ubwanditsi 16 Oct 2020
Abarokotse ibitero bya FLN babwiye urukiko inzira y’umusaraba banyuzemo mu ijoro ryo kuwa 15 Ukuboza 2018

Abarokotse ibitero bya FLN babwiye urukiko inzira y’umusaraba banyuzemo mu ijoro ryo kuwa 15 Ukuboza 2018

Ubwanditsi 16 Jun 2021
Minisitiri w’Intebe yashinje abayobozi guhimba imibare no gushyira imbere inyungu zabo bikadindiza igenamigambi

Minisitiri w’Intebe yashinje abayobozi guhimba imibare no gushyira imbere inyungu zabo bikadindiza igenamigambi

Ubwanditsi 27 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame azitabira ihuriro ry’abakuru b’ibihugu bigize ’Commonwealth’
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame azitabira ihuriro ry’abakuru b’ibihugu bigize ’Commonwealth’

Ubwanditsi 16 Apr 2018
Inyandiko zidasinye ‘tract’ zisebya ubutegetsi buriho mu Rwanda zasanzwe mu biro by’Intara y’Amajyepfo
INKURU NYAMUKURU

Inyandiko zidasinye ‘tract’ zisebya ubutegetsi buriho mu Rwanda zasanzwe mu biro by’Intara y’Amajyepfo

Ubwanditsi 14 May 2018
Rugg Timothy yegukanye agace ka Musanze-Karongi, Mugisha agumana umwenda w’umuhondo
IMIKINO

Rugg Timothy yegukanye agace ka Musanze-Karongi, Mugisha agumana umwenda w’umuhondo

Ubwanditsi 08 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru