• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uko umukungugu mu muhanda wa Ndera uteye ubwoba cyane

Uko umukungugu mu muhanda wa Ndera uteye ubwoba cyane

Ubwanditsi 01 Jun 2016 Mu Mahanga

Abaturage bo mu murenge wa Ndera bamaze imyaka n’imyaka basaba yuko umuhanda uva ahitwa kuri 15 ukanyura kubitaro by’abafite ubumuga bwo mu mutwe, ufata ku murenge ukanarengaho werekeza Musave no mu murenge wa Bumbogo washyirwamo kaburimbo ariko ntibikorwe kandi mu by’ukuri ubona byari bikwiye.

Muri bya bihe by’imvura tuvuyemo uyu muhanda warangiritse cyane, henshi hazamo ibinogo binini bituma imodoka zibisikana ku kaburembe. Abantu bamwe baje kugerageza gusiba ibyobo biri hafi y’aho batuye. Ibindi bigeragezwa gusibwa n’umuganda w’ubushize, naho ubuyobozi bw’umuremge burabunganira busiba hafi ibyobo byose byari byasigaye bidasibwe muri uwo muhanda.

Ibintu byakoreshejwe gusiba ibyo byobo n’ibitaka byagiye bikurwa ahantu hatandukanye.

Isibwa ry’ibyo byobo ryarafashije cyane kuko ubu abantu batakigenda bicekagura mu mamodoka kandi izo modoka zikabisikana neza. Ariko ibyo byobo byateje ikibazo gikomeye cy’umukungugu. Ubusanzwe uwo muhanda unyurwamo n’ibikamyo byinshi bya //ORIZON biba bigiye cyangwa bivuye gutunda ibitaka za Bumbogo cyimwe n’ibindi bikamyo bitunda amabuye.

Ibyo bikamyo uko byangiza uwo muhanda ni nako biba bitumura umukungugu mwinshi cyane ku buryo kigucaho kigasiga wabaye ivumbi gusa gusa, n’iyo giciye ku yindi modoka gisiga kiyihindanyije.

Uwo muhanda tuvuga uwusangamo amamoto cyangwa amagare menshi yunguruza abantu. Ariko ubu abantu benshi ntibagikunda kugendera kuri moto kubera uwo mukungungu. Uwo mu kungugu ni mwinshi cyane ku buryo umumotari cyangwa uwo ahetse bava nk’i Ndera mu gahoromani bakagera kuri kaburimbo (kuri 15) bahindutse umukungugu.

Uko babikora n’uko bajya kuri stasiyo ya essance, hahandi imodoka zishyirirwa mo umwuka mu mapine, bakishyura amafaranga 100 hanyuma bakabanza bakabahuha mbere yuko bakomeza urugendo.

-2832.jpg
Abaturage rero b’ako gace k’umurenge wa Ndera kimwe n’akandi gace ka Bumbogo bya bikamyo binyuramo baratabaza kuko iryo vumbi ribabangamiye cyane. Icyakorwa n’uko hashakishwa imodoka ikazajya imena amazi muri uwo muhanda. Ikindi na none cyakorwa n’uko habaho uburyo bw’uko ibyo bikamyo byagabanya umuvuduko, dore ko ibya //ORIZON byo byirukanka nk’ibiri mu marushanwa !

Kayumba Casmiry

2016-06-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umutekano mu Burundi, Perezida Ndayishimiye yagiye gupfundikira iby’abandi ibye bita imitemeri

Umutekano mu Burundi, Perezida Ndayishimiye yagiye gupfundikira iby’abandi ibye bita imitemeri

Ubwanditsi 26 Feb 2024
Babiri bafunzwe bakekwaho guha ruswa abayobozi b’inzego z’ibanze

Babiri bafunzwe bakekwaho guha ruswa abayobozi b’inzego z’ibanze

Ubwanditsi 12 Jan 2017
Nyuma yo gutwara igikombe cya CAF Confederations Cup kuri Raja Cassablanca, buri mukinnyi wayo yemerewe ibihumbi 12 by’amadorali nk’agahimbazamusyi

Nyuma yo gutwara igikombe cya CAF Confederations Cup kuri Raja Cassablanca, buri mukinnyi wayo yemerewe ibihumbi 12 by’amadorali nk’agahimbazamusyi

Ubwanditsi 12 Jul 2021
Ikipe y’igihugu ya Sierra Leone yabaye ikipe ya 24 yashimangiye kuzitabira igikombe cya Afurika cya 2021.

Ikipe y’igihugu ya Sierra Leone yabaye ikipe ya 24 yashimangiye kuzitabira igikombe cya Afurika cya 2021.

Ubwanditsi 16 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muhanga: Umuzamu yiciwe ku kabari yarindaga
Mu Rwanda

Muhanga: Umuzamu yiciwe ku kabari yarindaga

Ubwanditsi 15 Dec 2017
Umubare w’abarwayi ba COVID-19 mu Rwanda wiyongereyeho bane ugera kuri 54
HIRYA NO HINO

Umubare w’abarwayi ba COVID-19 mu Rwanda wiyongereyeho bane ugera kuri 54

Ubwanditsi 28 Mar 2020
Isomwa ry’urubanza rw’abo kwa  Rwigara ryasubitswe mu buryo butunguranye
ITOHOZA

Isomwa ry’urubanza rw’abo kwa Rwigara ryasubitswe mu buryo butunguranye

Ubwanditsi 20 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru