• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Imbogamizi ku kuvana muri Libya abimukira bakomeje gucuruzwa nk’abacakara

Imbogamizi ku kuvana muri Libya abimukira bakomeje gucuruzwa nk’abacakara

Ubwanditsi 04 Dec 2017 Mu Mahanga

Komiseri ushinzwe imibereho myiza mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), Amira El Fadil, yatangaje ko kuri uyu wa Mbere, i Addis Ababa muri Ethiopie, hateganyijwe inama bazahuriramo n’Umuryango w’Abibumbye n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), izacukumbura uburyo bwo kurangiza ikibazo cy’abimukira bari muri Libya.

Iki kibazo cy’abimukira b’abanyafurika bari muri Libya gihangayikishije ibihugu mu buryo bwihariye kuva ubwo CNN yashyiraga ahabona ko bari gucuruzwa nk’abacakara, mu minsi ishize.

Nk’uko RFI yabitangaje, Komiseri Amira El Fadil, mu kwezi gushize yasuye inkambi ya Tariq al-Matar irimo abimukira 3000. Yavuze ko yasanze bacucitse, abagore n’abana bari ukwabo ku buryo harimo n’abafite impinja.

Gutwara aba bimukira si ibizahita bikunda

Amira El Fadil yavuze ko kwimura abimukira bose bari muri Libya bishobora gutwara amezi atandatu, hakazaba harebwa uburyo AU ishobora gukorana n’ibihugu byemeye gutanga inkunga mu kwihutisha icyo gikorwa.

Mu nama izaba kuri uyu wa Mbere ngo hagomba kunozwa uburyo iyo gahunda izagenda ku buryo nibura uyu mwaka warangira himuwe abimukira ibihumbi15.

Yakomeje agira ati “Ubwami bwa Maroc bwemeye gutanga inkunga. Abayobozi ba Maroc bemeye gutanga ubufasha mu ngendo. Muzi ko izo ngendo zihenze cyane. Dutegereje nanone ibirambuye ku byo bemeye binyuze muri ambasade yabo Addis Abeba, ariko bagaragaje ubushake bwabo mu nama yabereye Abidjan.”

“U Rwanda rwavuze ko rwiteguye gutanga inkunga no kwakira abimukira batifuza gusubira mu bihugu byabo. Tunategereje inkunga y’ibihugu bigize uyu muryango bishobora kohereza intumwa muri Libya ngo bijye gusuzuma ubwenegihugu bw’abimukira bahari. Ni ikibazo gihari kuko abo bimukira nta byangombwa bafite, nta pasiporo bafite.”

U Rwanda ruheruka kugaragaza ubushake bwo rushobora kwakira abimukira bagera ku 30 000. Amira yavuze ko hakenewe ko ibihugu bigize AU byohereza abadipolomate babyo muri Libya ngo basuzume inkomoko z’abimukira, harebwa niba nta bakomoka muri ibyo bihugu.

Mu nama yabereye Abidjan muri Cote d’Ivoire muri iki cyumweru, ibihugu byabashije kumenyeshwa imyirondoro n’Umuryango Mpuzamahanga wita ku bimukira, OIM, byagaragaje ubushake bw’uko batahuka iwabo.

2017-12-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umukozi wa Banki ya Kigali wari wabuze ngo yari yagiye gusura inkumi bakundana

Umukozi wa Banki ya Kigali wari wabuze ngo yari yagiye gusura inkumi bakundana

Ubwanditsi 09 Jun 2016
Bujumbura  abafaransa bakomeje guhigwa bukware

Bujumbura abafaransa bakomeje guhigwa bukware

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Breaking News : Impinduka zitunguranye mu rwego rw’iperereza rya Gisilikare NISS

Breaking News : Impinduka zitunguranye mu rwego rw’iperereza rya Gisilikare NISS

Ubwanditsi 25 Mar 2016
Amakipe 12 yo ku mugabane w’i Burayi yishyize hamwe ashinga irushanwa rishya ryiswe Super League, FIFA na UEFA zitera utwatsi icyo gitekerezo.

Amakipe 12 yo ku mugabane w’i Burayi yishyize hamwe ashinga irushanwa rishya ryiswe Super League, FIFA na UEFA zitera utwatsi icyo gitekerezo.

Ubwanditsi 19 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame avuga kuri nyakwigendera Mucyo, ati  ‘yari umuyobozi utiremereza’
Amakuru

Perezida Kagame avuga kuri nyakwigendera Mucyo, ati ‘yari umuyobozi utiremereza’

Ubwanditsi 06 Oct 2016
U Bufaransa bwasoje iperereza ku ndege ya Habyarimana
ITOHOZA

U Bufaransa bwasoje iperereza ku ndege ya Habyarimana

Ubwanditsi 23 Dec 2017
Abarezwe hamwe n’abo kwa Rwigara babaye inzitizi mu Urubanza rusubikwa  bataburanye…
ITOHOZA

Abarezwe hamwe n’abo kwa Rwigara babaye inzitizi mu Urubanza rusubikwa bataburanye…

Ubwanditsi 22 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru