• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uganda: Abanyarwanda bakomeje kwegeranya amafaranga yo kubaka urwibutso muri Mpigi

Uganda: Abanyarwanda bakomeje kwegeranya amafaranga yo kubaka urwibutso muri Mpigi

Ubwanditsi 10 Apr 2018 Mu Mahanga

Abanyarwanda baba mu gihugu cya Uganda bakomeje gukusanya inkunga y’amafaranga ateganyirijwe kurangiza imirimo yo kubaka Urwibutso rwa jenoside yakorewe Abatutsi ruri kubakwa mu Karere ka Mpigi ruzatwara miliyari 3,7 z’Amashilingi.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Maj. Gen. Frank Mugambage akaba atangaza ko iki ari igitekerezo bagize mu rwego rwo gukomeza kuzirikana inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ibi ambasaderi Mugambage akaba yarabitangaje mu mpera z’icyumweru gishize ubwo Abanyarwanda baba muri Uganda batangiraga ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Maj. Gen Mugambage yavuze ko uru rwibutso ruzifashishwa nk’ikigo cy’inyigisho zigamije gusakaza ubutumwa bwo kurwanya ingengabitekerezo ya jenoside, no kuyihakana.

Uru rwibutso ruri kubakwa rusanga izindi nzibutso nk’uri Kasensero mu Karere ka Rakai ndetse n’urwa Lambu ruri mu Karere ka Masaka nk’uko iyi nkuru dukesha New Vision ikomeza ivuga.

Ni urwibutso ruzaba rurimo amafoto y’abazize jenoside, imyambaro ishaje ndetse rurimo n’amateka y’u Rwanda.

Ibikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu gihugu cya Uganda bikaba byaratangirijwe kuwa 07 Mata I Entebbe byitabiriwe n’abahagarariye guverinoma, abadipolomate n’Abanyarwanda.

Kuwa 11 mata muri Kaminuza ya Livingstone mu Karere ka Mbale, hateganyijwe ijoro ryo kwibuka rizitabirwa n’urubyiruko ruzaba riwgishwa ububi bwa jenoside, naho kuwa 14 Mata hazabe ikiganiro mbwirwaruhame muri Kaminuza Mpuzahanga ya Kampala muri campus ya Bushenyi, hazabeho ikindi kuwa 20 Mata kuri kaminuza yitiriwe Mutagatifu Lawrence ahitwa Mengo.

Kuwa 21 Mata, hazashyirwa indabyo ku rwibutso rwa Kasensero mu Karere ka Rakai ahashyinguye imibiri y’abazize jenoside yakorewe Abatutsi.

Ambasaderi Mugambage yibukije ko jenoside itatewe n’ihanurwa ry’indege nk’uko bamwe babivuga mu itangazamakuru.

Ati: “Jenoside ntibaho itunguranye, ni muvoma itegurwa yibasira ubwoko cyangwa itsinda ry’ubwoko ryihariye. Jenoside yo mu 1994 yabaye nyuma y’ibikorwa byari byaranabaye mu 1959, 1963 no mu 1973.”

Yakomeje asobanura ko jenoside itegurwa mu byiciro nko kubanza kwaka abantu ubumuntu, aho abishwe bafatwaga nk’ibimenyetso kandi badakwiye kubaho.

2018-04-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Habonetse umurambo w’uwahoze ari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’umuco wari waburiwe irengero

Burundi: Habonetse umurambo w’uwahoze ari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’umuco wari waburiwe irengero

Ubwanditsi 04 Oct 2019
Barack Obama niwe mugabo wishimirwa n’Abanyamerika

Barack Obama niwe mugabo wishimirwa n’Abanyamerika

Ubwanditsi 28 Dec 2017
Abasirikari ba Kenya bari baragiye mu butumwa bw’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba muri Kongo, batangiye kuva muri icyo gihugu

Abasirikari ba Kenya bari baragiye mu butumwa bw’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba muri Kongo, batangiye kuva muri icyo gihugu

Ubwanditsi 03 Dec 2023
Uganda: Abantu batatu bakekwaho Ebola batorotse ibitaro

Uganda: Abantu batatu bakekwaho Ebola batorotse ibitaro

Ubwanditsi 14 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyakomeje hibandwa ku icuruzwa ry’abantu
Mu Mahanga

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyakomeje hibandwa ku icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 14 Jun 2016
FDLR ni nka wa mupfu babwiye bati inzu irahiye, we ati nimusase turyame!
Amakuru

FDLR ni nka wa mupfu babwiye bati inzu irahiye, we ati nimusase turyame!

Ubwanditsi 30 Oct 2024
Uganda: Justine Bagyenda Mu Mazi Abira Nyuma Yo Kubangamira Igurishwa Rya Crane Bank, Museveni Yari Afitemo Inyungu
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Justine Bagyenda Mu Mazi Abira Nyuma Yo Kubangamira Igurishwa Rya Crane Bank, Museveni Yari Afitemo Inyungu

Ubwanditsi 04 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru