• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uganda: Abanyarwanda bakomeje kwegeranya amafaranga yo kubaka urwibutso muri Mpigi

Uganda: Abanyarwanda bakomeje kwegeranya amafaranga yo kubaka urwibutso muri Mpigi

Ubwanditsi 10 Apr 2018 Mu Mahanga

Abanyarwanda baba mu gihugu cya Uganda bakomeje gukusanya inkunga y’amafaranga ateganyirijwe kurangiza imirimo yo kubaka Urwibutso rwa jenoside yakorewe Abatutsi ruri kubakwa mu Karere ka Mpigi ruzatwara miliyari 3,7 z’Amashilingi.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Maj. Gen. Frank Mugambage akaba atangaza ko iki ari igitekerezo bagize mu rwego rwo gukomeza kuzirikana inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ibi ambasaderi Mugambage akaba yarabitangaje mu mpera z’icyumweru gishize ubwo Abanyarwanda baba muri Uganda batangiraga ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Maj. Gen Mugambage yavuze ko uru rwibutso ruzifashishwa nk’ikigo cy’inyigisho zigamije gusakaza ubutumwa bwo kurwanya ingengabitekerezo ya jenoside, no kuyihakana.

Uru rwibutso ruri kubakwa rusanga izindi nzibutso nk’uri Kasensero mu Karere ka Rakai ndetse n’urwa Lambu ruri mu Karere ka Masaka nk’uko iyi nkuru dukesha New Vision ikomeza ivuga.

Ni urwibutso ruzaba rurimo amafoto y’abazize jenoside, imyambaro ishaje ndetse rurimo n’amateka y’u Rwanda.

Ibikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu gihugu cya Uganda bikaba byaratangirijwe kuwa 07 Mata I Entebbe byitabiriwe n’abahagarariye guverinoma, abadipolomate n’Abanyarwanda.

Kuwa 11 mata muri Kaminuza ya Livingstone mu Karere ka Mbale, hateganyijwe ijoro ryo kwibuka rizitabirwa n’urubyiruko ruzaba riwgishwa ububi bwa jenoside, naho kuwa 14 Mata hazabe ikiganiro mbwirwaruhame muri Kaminuza Mpuzahanga ya Kampala muri campus ya Bushenyi, hazabeho ikindi kuwa 20 Mata kuri kaminuza yitiriwe Mutagatifu Lawrence ahitwa Mengo.

Kuwa 21 Mata, hazashyirwa indabyo ku rwibutso rwa Kasensero mu Karere ka Rakai ahashyinguye imibiri y’abazize jenoside yakorewe Abatutsi.

Ambasaderi Mugambage yibukije ko jenoside itatewe n’ihanurwa ry’indege nk’uko bamwe babivuga mu itangazamakuru.

Ati: “Jenoside ntibaho itunguranye, ni muvoma itegurwa yibasira ubwoko cyangwa itsinda ry’ubwoko ryihariye. Jenoside yo mu 1994 yabaye nyuma y’ibikorwa byari byaranabaye mu 1959, 1963 no mu 1973.”

Yakomeje asobanura ko jenoside itegurwa mu byiciro nko kubanza kwaka abantu ubumuntu, aho abishwe bafatwaga nk’ibimenyetso kandi badakwiye kubaho.

2018-04-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abatuye muri Rutsiro bakanguriwe kutangiza ibidukikije

Abatuye muri Rutsiro bakanguriwe kutangiza ibidukikije

Ubwanditsi 04 May 2016
Zimbabwe: Perezida Mugabe aracyafunze, abaturage bategereje igikurikiraho batuje

Zimbabwe: Perezida Mugabe aracyafunze, abaturage bategereje igikurikiraho batuje

Ubwanditsi 15 Nov 2017
“Nta gihe ntabwiye Perezida Tshisekedi ko gushinja u Rwanda ibinyoma ari uguhunga inshingano ze nk’Umukuru w’Igihugu”. – Perezida Paul Kagame.

“Nta gihe ntabwiye Perezida Tshisekedi ko gushinja u Rwanda ibinyoma ari uguhunga inshingano ze nk’Umukuru w’Igihugu”. – Perezida Paul Kagame.

Ubwanditsi 23 Jun 2022
Ruharwa Bagosora apfuye bamaze kumubaga umutima inshuro zirenze eshatu aho yari afungiye muri Mali

Ruharwa Bagosora apfuye bamaze kumubaga umutima inshuro zirenze eshatu aho yari afungiye muri Mali

Ubwanditsi 26 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi yafashe abashoferi 30 bakekwaho guha ruswa abapolisi mu gihugu hose
Mu Rwanda

Polisi yafashe abashoferi 30 bakekwaho guha ruswa abapolisi mu gihugu hose

Ubwanditsi 08 Dec 2017
Uganda: Perezida Museveni akomeje gukora impinduka zidasanzwe mu ngabo ze
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Perezida Museveni akomeje gukora impinduka zidasanzwe mu ngabo ze

Ubwanditsi 23 Dec 2017
Ubuzima n’amateka by’Intwari u Rwanda ruzirikana
POLITIKI

Ubuzima n’amateka by’Intwari u Rwanda ruzirikana

Ubwanditsi 01 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru