• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»– Akumiro! Uganda yahindutse intara ya RNC

– Akumiro! Uganda yahindutse intara ya RNC

Ubwanditsi 22 Nov 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Kimwe muri byinshi bidasanzwe mu mateka y’igihugu cyacu, ni uko itsinda ryo mu mahanga ryagize Uganda imwe mu ntara zaryo. Ibi bintu byakabaye biteye inkeke abambari ba Perezida Museveni, abarwanashyaka ba NRM ndetse n’ab’imbere muri ryo.

Iryo tsinda ni umutwe w’iterabwoba wa RNC ufite inkomoko mu Rwanda, udahwema gushinjwa iterabwoba n’imigambi yo guhungabanya umutekano warwo.

Umwe mu bankurikira kuri Twitter udahwema guterwa impungenge n’ibyo igihugu cyacu kirimo, yanyandikiye mu gikari arambaza ngo ‘Maxon, ni gute biriya byemererwa kubaho nta cyemezo cyangwa amabwiriza aturutse hejuru?’ Abanya-Uganda benshi bashobora gutanga ibisubizo bitandukanye kandi ndabasaba icyanjye kukizigamira ikindi gihe.

RNC yateguye inama yayo hagati ya tariki 12-13 Ugushyingo, itora komite nyobozi yayo nshya ikorera hano muri Uganda, aho abashyizweho ari umuhuzabikorwa, umuhuzabikorwa wungirije, umuhuzabikorwa wungirije wa kabiri, umunyamabanga mukuru, umubitsi, ba komiseri bashinzwe ubukangurambaga, itumanaho n’itangazamakuru, dipolomasi n’abandi.

Abanya-Uganda benshi bafite inkomoko mu Rwanda begerewe n’iri tsinda (RNC), mu bukangurambaga bw’agahato ndetse no kujyanwa mu gisirikare cyaryo, bavuga ko gutangaza Uganda nk’intara ya RNC no gushyiraho komite iyiyobora bidateje ikibazo gikomeye ku mutekano gusa ahubwo ari no kwangiza inyungu z’igihugu cyacu mu bihugu bituranye.

Kuwa 18 Ugushyingo nibwo Perezida Museveni yatangije inzira y’ibiganiro ku itegeko nshinga rihuriweho n’ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, nyuma y’iminsi itanu gusa RNC itangaje 15 bagize komite nyobozi yayo mu ntara ya Uganda.

Mu ijambo rye, Perezida Museveni yavuze ko ‘mu gihe uburumbuke bushobora kugerwaho binyuze mu kwihuza mu bukungu, umutekano biragoye kuwugeraho mu gihe twakomeza kuba nk’ibihugu bidashyize hamwe. Ukwihuza muri politiki biduha izingiro rikomeye’.

Ibi yabivuze hari abayobozi muri guverinoma ndetse n’abahagarariye ibihugu byabo muri Uganda, bayobowe na Ambasaderi w’u Rwanda, Gen Frank Mugambage.

Nyuma yo kureba iri tangizwa, naganiriye n’inshuti yanjye. Iyo nshuti yanjye ntiyemeranyaga nanjye ku byo yise ‘kunenga cyane Perezida Museveni’. Ariko nkunda kuganira nawe kuko ni umuntu w’ibanga (kubera umwanya we), ku buryo inzego zacu z’umutekano zikora mu gusuzugura u Rwanda.

Aba afite igisubizo kuri buri kimwe ariko naratangaye ubwo namubazaga icyo natekerezaga ko ari ikibazo cyoroshye, ariko nta gisubizo yakiboneye.

Ni gute Museveni yasubiza Gen Mugambage aramutse amubajije uko urugendo rw’ibiganiro ruzafasha mu gukemura ibibazo bya Uganda n’u Rwanda cyangwa ni gute yakwivuga nka perezida wa mbere witeze kugera ku bumwe muri politiki, mu gihe ahugiye mu guhungabanya umuturanyi akaba n’umunyamuryango? Museveni yatanga ikihe gisubizo, narabajije.

Igisubizo cy’inshuti yanjye cyaratinze. Yarasubije ati “urabizi muri dipolomasi ntabwo bishobora kwemerwa ko ibi bibazo bibazwa”. Ariko nagaragaje icyo ntekereza kandi yari abizi. Nari nzi neza ko nta n’umwe muri Uganda ushobora gusobanura cyangwa gushyigikira uko RNC yahinduye Uganda intara yayo.

Iyo inshuti yanjye, umufana ukomeye wa Museveni ananiwe kumushyigikira, ubwo Museveni byarangiye ndetse na RNC birumvikana.

Umusomyi-Uganda

2019-11-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imana ihora ihoze: Wa musenateri wo muri Amerika, Bob Menendez wahozaga u Rwanda ku nkeke yafatanywe igihanga cya ruswa.

Imana ihora ihoze: Wa musenateri wo muri Amerika, Bob Menendez wahozaga u Rwanda ku nkeke yafatanywe igihanga cya ruswa.

Ubwanditsi 17 Jul 2024
Amafoto – Perezida Paul Kagame yakiriye bamwe mu byamamare byitabiriye Trace Awards yabereye i Kigali

Amafoto – Perezida Paul Kagame yakiriye bamwe mu byamamare byitabiriye Trace Awards yabereye i Kigali

Ubwanditsi 23 Oct 2023
Impamvu Amashyaka atanu atavuga rumwe n’ubutegetsi yibumbiye mu ihuriro bise P5 yatinyutse kwandikira Perezida Kagame, asaba imishyikirano.

Impamvu Amashyaka atanu atavuga rumwe n’ubutegetsi yibumbiye mu ihuriro bise P5 yatinyutse kwandikira Perezida Kagame, asaba imishyikirano.

Ubwanditsi 20 Nov 2018
Imvano y’urwango rwa Museveni ku Banyarwanda

Imvano y’urwango rwa Museveni ku Banyarwanda

Ubwanditsi 14 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali:BAVUGAYABO yarashwe azira kurwanya inzego z’umutekano
Mu Rwanda

Kigali:BAVUGAYABO yarashwe azira kurwanya inzego z’umutekano

Ubwanditsi 14 Jan 2019
Ubutabera mpuzamahanga bwateye utwatsi ubusabe bw’abunganizi ba Kabuga Felisiyani basabaga ko urubanza rw’umukiliya wabo rukurwaho kuko ngo nta mbaraga agifite zo kuburana.
Amakuru

Ubutabera mpuzamahanga bwateye utwatsi ubusabe bw’abunganizi ba Kabuga Felisiyani basabaga ko urubanza rw’umukiliya wabo rukurwaho kuko ngo nta mbaraga agifite zo kuburana.

Ubwanditsi 02 Jun 2021
Burundi: Umuyoboke wa Agathon Rwasa yatawe muri yombi ashinjwa ubwicanyi
Mu Mahanga

Burundi: Umuyoboke wa Agathon Rwasa yatawe muri yombi ashinjwa ubwicanyi

Ubwanditsi 23 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru