• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»– Akumiro! Uganda yahindutse intara ya RNC

– Akumiro! Uganda yahindutse intara ya RNC

Ubwanditsi 22 Nov 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Kimwe muri byinshi bidasanzwe mu mateka y’igihugu cyacu, ni uko itsinda ryo mu mahanga ryagize Uganda imwe mu ntara zaryo. Ibi bintu byakabaye biteye inkeke abambari ba Perezida Museveni, abarwanashyaka ba NRM ndetse n’ab’imbere muri ryo.

Iryo tsinda ni umutwe w’iterabwoba wa RNC ufite inkomoko mu Rwanda, udahwema gushinjwa iterabwoba n’imigambi yo guhungabanya umutekano warwo.

Umwe mu bankurikira kuri Twitter udahwema guterwa impungenge n’ibyo igihugu cyacu kirimo, yanyandikiye mu gikari arambaza ngo ‘Maxon, ni gute biriya byemererwa kubaho nta cyemezo cyangwa amabwiriza aturutse hejuru?’ Abanya-Uganda benshi bashobora gutanga ibisubizo bitandukanye kandi ndabasaba icyanjye kukizigamira ikindi gihe.

RNC yateguye inama yayo hagati ya tariki 12-13 Ugushyingo, itora komite nyobozi yayo nshya ikorera hano muri Uganda, aho abashyizweho ari umuhuzabikorwa, umuhuzabikorwa wungirije, umuhuzabikorwa wungirije wa kabiri, umunyamabanga mukuru, umubitsi, ba komiseri bashinzwe ubukangurambaga, itumanaho n’itangazamakuru, dipolomasi n’abandi.

Abanya-Uganda benshi bafite inkomoko mu Rwanda begerewe n’iri tsinda (RNC), mu bukangurambaga bw’agahato ndetse no kujyanwa mu gisirikare cyaryo, bavuga ko gutangaza Uganda nk’intara ya RNC no gushyiraho komite iyiyobora bidateje ikibazo gikomeye ku mutekano gusa ahubwo ari no kwangiza inyungu z’igihugu cyacu mu bihugu bituranye.

Kuwa 18 Ugushyingo nibwo Perezida Museveni yatangije inzira y’ibiganiro ku itegeko nshinga rihuriweho n’ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, nyuma y’iminsi itanu gusa RNC itangaje 15 bagize komite nyobozi yayo mu ntara ya Uganda.

Mu ijambo rye, Perezida Museveni yavuze ko ‘mu gihe uburumbuke bushobora kugerwaho binyuze mu kwihuza mu bukungu, umutekano biragoye kuwugeraho mu gihe twakomeza kuba nk’ibihugu bidashyize hamwe. Ukwihuza muri politiki biduha izingiro rikomeye’.

Ibi yabivuze hari abayobozi muri guverinoma ndetse n’abahagarariye ibihugu byabo muri Uganda, bayobowe na Ambasaderi w’u Rwanda, Gen Frank Mugambage.

Nyuma yo kureba iri tangizwa, naganiriye n’inshuti yanjye. Iyo nshuti yanjye ntiyemeranyaga nanjye ku byo yise ‘kunenga cyane Perezida Museveni’. Ariko nkunda kuganira nawe kuko ni umuntu w’ibanga (kubera umwanya we), ku buryo inzego zacu z’umutekano zikora mu gusuzugura u Rwanda.

Aba afite igisubizo kuri buri kimwe ariko naratangaye ubwo namubazaga icyo natekerezaga ko ari ikibazo cyoroshye, ariko nta gisubizo yakiboneye.

Ni gute Museveni yasubiza Gen Mugambage aramutse amubajije uko urugendo rw’ibiganiro ruzafasha mu gukemura ibibazo bya Uganda n’u Rwanda cyangwa ni gute yakwivuga nka perezida wa mbere witeze kugera ku bumwe muri politiki, mu gihe ahugiye mu guhungabanya umuturanyi akaba n’umunyamuryango? Museveni yatanga ikihe gisubizo, narabajije.

Igisubizo cy’inshuti yanjye cyaratinze. Yarasubije ati “urabizi muri dipolomasi ntabwo bishobora kwemerwa ko ibi bibazo bibazwa”. Ariko nagaragaje icyo ntekereza kandi yari abizi. Nari nzi neza ko nta n’umwe muri Uganda ushobora gusobanura cyangwa gushyigikira uko RNC yahinduye Uganda intara yayo.

Iyo inshuti yanjye, umufana ukomeye wa Museveni ananiwe kumushyigikira, ubwo Museveni byarangiye ndetse na RNC birumvikana.

Umusomyi-Uganda

2019-11-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Malawi :Vincent Murekezi uregwa Jenoside yoherejwe mu Rwanda

Malawi :Vincent Murekezi uregwa Jenoside yoherejwe mu Rwanda

Ubwanditsi 28 Jan 2019
Amafoto – APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2023/2024 habura imikino 3 ngo irangire, kiba icya 5 itwaye yikurikiranya

Amafoto – APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2023/2024 habura imikino 3 ngo irangire, kiba icya 5 itwaye yikurikiranya

Ubwanditsi 20 Apr 2024
Umushinjacyaha Mukuru wa MICT yatsembeye abana ba Kabuga basaba gusubizwa imitungo yagwatiriwe kuko bayikoresha mu kugura abatangabuhamya

Umushinjacyaha Mukuru wa MICT yatsembeye abana ba Kabuga basaba gusubizwa imitungo yagwatiriwe kuko bayikoresha mu kugura abatangabuhamya

Ubwanditsi 01 Oct 2021
Urujijo ku maherezo ya Gen. Laurent Nkunda

Urujijo ku maherezo ya Gen. Laurent Nkunda

Ubwanditsi 10 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ntihazagire uwizera amareshyamugeni ya Perezida Yoweri K. Museveni , asaba guhagarika iyicarubozo rikorerwa Abanyarwanda, Burya abeshya kurusha uko ahumeka
Amakuru

Ntihazagire uwizera amareshyamugeni ya Perezida Yoweri K. Museveni , asaba guhagarika iyicarubozo rikorerwa Abanyarwanda, Burya abeshya kurusha uko ahumeka

Ubwanditsi 19 Aug 2021
Umuvugizi wa ADEPR Bishop Sibomana ntafunze, nta n’amatora yo kumusimbura yabaye
ITOHOZA

Umuvugizi wa ADEPR Bishop Sibomana ntafunze, nta n’amatora yo kumusimbura yabaye

Ubwanditsi 06 May 2017
Uko  Ingabo z’u Rwanda ziri gusuzumwa uko umubiri wazo uhagaze
INKURU NYAMUKURU

Uko Ingabo z’u Rwanda ziri gusuzumwa uko umubiri wazo uhagaze

Ubwanditsi 21 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru