• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Imvano y’urwango rwa Museveni ku Banyarwanda

Imvano y’urwango rwa Museveni ku Banyarwanda

Ubwanditsi 14 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Amateka agaragaza ko Perezida Yoweri Museveni aturuka mu bwoko buzwi nka Banyarwanda bwemewe muri Uganda, gusa amateka ashingiye ku nkomoko ye yamuteye kwiyoberanya ngo abashe kuramba muri politiki, mu gihe kuyinjiramo bitamubereye inzira iharuye.

Ayo mateka niyo asesengurwa agatanga ishusho y’imvano y’ugufatwa nabi kwa Banyarwanda muri Uganda, ndetse mu muri iyi minsi higanje ihohoterwa bakorerwa kuko gusa bakomoka mu kindi gihugu, u Rwanda.

Abo Banyarwanda baheruka no kugaragaza ko batorohewe n’ikibazo cyo kudahabwa ibyangombwa by’abajya mu mahanga, ibyo byose bikabazwa leta ya Uganda.

Dusubiye inyuma ahagana mu mwaka wa 1980 ubwo Museveni yatangiraga indoto za politiki, yahuye n’ikigeragezo ubwo yahataniraga kuba umudepite uhagarariye Mbarara y’Amajyaruguru ahanganye na Sam Kutesa, ubu ni Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Uganda, agatsindwa ndetse ntahite abyakira.

Imbere y’imbaga, Kutesa, yamusabye kwereka aho akomoka abo akeneye ko bazamutora, amushinja ko ari umwimukira w’Umunyarwanda. Kuri Museveni byabaye ikigeragezo kuko yari inzitizi ku nzozi ze nk’umunyapolitiki.

Kugira ngo akomeze indoto ze yiyemeje uburyo bwo gutura wa muzigo w’inkomoko ye kuko byari bimaze kugaragara ko ahazaza he muri politiki hatagishingiye ku kunyura mu nzira zo kwiyamamaza ugatorwa na rubanda.

Mu gitabo yiyandikiye yise “Sowing the Mustard Seed”, kuri paji ya 117 Museveni agaragaza ibitekerezo bye nyuma y’amatora ati “nashakaga kujya hanze ya politiki nkaguma mu gisirikare,” anagaragaza inkomanga aterwa n’inkomoko ye.

Nk’uko umwanditsi James Matsiko yabigaragaje mu nyandiko ye yasohoye kuri uyu wa Mbere tariki 13 Kanama 2018, uwari Perezida wa Uganda, Milton Obote, yigeze kuvuga ati “Museveni ntabwo yigeze ahisha ko adakunda imiyoborere ishingiye kuri demokarasi,” icyo gihe hari kuwa 21 Ukuboza 1981 mu ijambo yagejeje ku Nteko Ishinga amategeko.

Mu myaka yakurikiye, kuwa 9 Gashyantare 1985, ubwo yendaga gutsindwa intambara, Obote yashatse gukora nka Kutesa, abwirana uburakazi umunyamakuru wa BBC ko Museveni ari umuntu utazwi ku banya-Uganda, ‘impunzi’, atari umwenegihugu.

Icyo gihe byagaragariraga Abanya-Uganda ko Obote ari kwibasira inkomoko ya Museveni mu minsi ye ya nyuma ndetse nta kintu yari agihagazeho.

Nyuma y’umwaka umwe Museveni yari amaze kumusimbura ku butegetsi. Ibyo ariko ngo ntibyavanyeho ko yari akibitse ku mutima ko agomba gukemura iby’inkomoko ye kugira ngo abashe kugumana ubutegetsi.

Ngo byatumye yivayo ngo ashimishe abanya-Uganda mu ngeri zinyuranye haba mu guhindura imibereho yabo, ngo yigarurire icyizere maze yakirwe n’abaturage b’icyo gihugu.

Aho ngo ni naho hashibutsemo urwango ku Rwanda na Banyarwanda, mu myumvire yo kwibwira ngo “nta muntu numwe wazongera kumfata nk’Umunyarwanda kandi mba nagaragaje uburyo mbanga.”

Abahanga mu bijyanye n’inkomoko bagaragaza ko abasangiye isano hari ibyo bahuza ariko urwango Museveni yagiriye abo bahuje inkomoko, Banyarwanda, rwazanye umwihariko muri iyi myumvire.

Impamvu yabyo

Abakurikiranye iki kibazo bagaragaza ko kugira ngo agere ku ndoto ze muri politiki, inyota y’umuryango we n’abantu bawo ba hafi, Museveni yiyumvishije ko abantu barimo bene wabo bagomba kuba ibitambo by’umugambi we.

Mu gitabo yise “Black Skins White Masks” umuhanga Franz Fanon yagarutse ku buryo umuntu agerageza kwitandukanya n’uwo ari we wa nyawe, akenshi bigakorwa n’umuntu abigiriye amaronko runaka.

Ukwitandukanya n’inkomoko ye kwa Museveni kwari ukugira ngo agere ku nzozi z’ubwana bwe kandi ngo azikomereho ubuzima bwe bwose. Ni uko yiyemeje kwitandukanya byeruye na banyarwanda.

Ashingiye ku byamubayeho kubera Kutesa, yumvaga ko kwemerwa n’Abanya-Uganda bizashingira ku gutera umugongo inkomoko ye mu Banyarwanda.

Ibyo byose akabikora agamije ngo rubanda rumwemere nk’uko aheruka kuvugira mu nteko ishinga amategeko ya Uganda ati ‘Ntabwo ndi umwimukira uturuka ahandi,” nk’aho byari bikiri mu 1980 cyangwa se agihanganiye amajwi na Kutesa.

Ibyo byose kandi akabikora igihe yumva icyubahiro cye cyakozweho, nk’igihe aheruka imbere y’Inteko Ishinga amategeko ajyanwe no kuvuga ku bibazo by’umutekano muke bimaze iminsi muri Uganda, ariko abwira abadepite ko yaharanire kugarura “amahoro muri buri mfuruka yose y’igihugu.”

Mu gihe cyose icyizere afitiwe gihungabanye, habyuka cya kintu ko inkomoko ye ishobora kumubera ikibazo hagati ye n’ubutegetsi, hakabyuka umwuka wo kwirengera, wo kumva ngo “ntabwo naba Umunyarwanda kubera ko mbanga.”

Gusa mu gitabo cye, Fanon aburira abantu bagerageza kwitandukanya n’abo ari bo ko batabasha kubigeraho, kuko rimwe na rimwe biganisha ku kumva wisuzuguye maze ikibazo kigashakirwa ku bandi.

Gusa Museveni ngo ntiyari akwiye kwitandukanya n’uwo ari we kuko byari kugira amahengekero iyo abikora mu 1980 bitewe na politiki yariho, kuko byari icyaha kuba Umunyarwanda cyane ko abantu nka Obote babyuririragaho muri politiki.

Muri make ngo nk’umuntu wagizweho ingaruka na politiki y’ivangura, ntiyari akwiye kuyigarura ishingiye ku nkomoko, ahubwo yakagombye gutuza kubera ko ubwenegihugu bwe bwa Uganda buteganywa n’Itegeko Nshinga ryo mu 1995 ryemera ubwoko bwa banyarwanda nka we, bikamuhesha uburenganzira busesuye bw’abandi banya-Uganda burimo kuba no gukomeza kuba perezida.

2018-08-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Intambara y’ubutita hagati y’ubuyobozi bwa Museveni na Leta zunze ubumwe za Amerika- USA

Intambara y’ubutita hagati y’ubuyobozi bwa Museveni na Leta zunze ubumwe za Amerika- USA

Ubwanditsi 01 Oct 2019
Breaking news: Dr Musafiri Papias Malimba na Jean Philbert Nsengimana ntibakibarizwa muri Guverinoma

Breaking news: Dr Musafiri Papias Malimba na Jean Philbert Nsengimana ntibakibarizwa muri Guverinoma

Ubwanditsi 06 Dec 2017
I Kinshasa abantu 130 biciwe mu ikinamico ryiswe “kuburizamo itoroka ry’abanyururu”

I Kinshasa abantu 130 biciwe mu ikinamico ryiswe “kuburizamo itoroka ry’abanyururu”

Ubwanditsi 03 Sep 2024
Nyuma yo gucuruza imva kuri internet, ikiryabarezi Thomas Nahimana cyiyemeje gutanga pasiporo z’ibicupuri

Nyuma yo gucuruza imva kuri internet, ikiryabarezi Thomas Nahimana cyiyemeje gutanga pasiporo z’ibicupuri

Ubwanditsi 25 Jun 2022

4 Ibitekerezo

  1. CornerStone
    August 14, 201810:23 am -

    Iyi analyse ndayipinze, ahubwo nkuko Tito Rutaremera yabivuze, M7 afite complexe de supériorité, yibagiwe ko imfura ikura ikangana nase.
    Kuliwe nabagande azi ko ibyo abanyarwanda bagezeho babimukesha kuko yivugiye mu nteko yaba dépités ba EAC ngo niwe wavanyeho ubutegetsi bwa Habyara.
    Akibagirwa ko Iyo inkotanyi zitaba muli NRM ntaba yarateze kwicara kuntebe ariho.

    Umwanzuro : uyu M7 mubona akunda abamushimagiza, bati Mzei udufatiye runini Iyo utahaba nta herezo ryacu… aliko akibagirwa ko na Paul kagame alingabo kandi atarusha ipeti.
    Apu nta mugabo ucinyira inkoro undi mugabo utamutunze. Ajye yibuka Kikwete. …
    Aho namuvumburiye nuko ubona bariya ba RNC uhereye kuli Phd Himba himba himbara
    Uburyo amusingiza, ba rujugiro , ba nyene cubahiro Peter nkurunziza, …
    Ibyo byamuteye ubwibone kandi ameze nkumutiba wuzuye imungu. ..
    Jye Mufata M7 nk’inkingi igaragarira amaso ko ihagaze naho munsi mugitaka haramunzwe.
    Abanyarwanda, bali uganda kongeraho Fdlr, interahamwe bose bimukiye uganda bavuye mumashyamba ya kongo nibo bazamuhinduka.
    Abariyo ubu bararuta umubare abali yo mbere ya 1994.

    Subiza
    • Sunday
      August 14, 20185:59 pm -

      Stupid. Wait for the dance that will not last long before the job is accomplished

      Subiza
  2. Shimon
    August 14, 20184:21 pm -

    Aya i amatiku yo kwiyenza gusa gusa. Ndabona birenze

    Subiza
  3. nkotanyi
    August 14, 20188:37 pm -

    Aha museveni ajye avuga ibyo ashaka byose njye icyo nakongeraho nuko nta mugabo wigira ajye avuga ko yakuyeho habyarimana ariko nawe yibuke abamufashije kugera ku butegetsi muri Uganda. anabubahire kuba baramennye amaraso mu gihugu kitari icyabo none yirirwa acyurira ngo yaragifashe??? ntawe uhakana ibyo yakoze ninayo mpamvu igihugu cyacu cyamugeneye umudari. natureke rero twarakuze natwe twimenye. ikindi nuko bigorana rwose guhisha inkomoko yawe kwanga abanyarwanda sibyo bizatuma utaba weee. kandi niyo wowe wabihisha ariko abana bawe b’abuzukuru bizaba kurikirana mpaka.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Trump yatangaje ko ashobora kuzamura imisoro ku bindi bicuruzwa by’Abashinwa bya miliyari 200 $
Mu Mahanga

Perezida Trump yatangaje ko ashobora kuzamura imisoro ku bindi bicuruzwa by’Abashinwa bya miliyari 200 $

Ubwanditsi 19 Jun 2018
Ihuriro rya 7 ry’Abapolisikazi ryibanze ku guteza imbere ubumenyi bwabo
Mu Mahanga

Ihuriro rya 7 ry’Abapolisikazi ryibanze ku guteza imbere ubumenyi bwabo

Ubwanditsi 27 Feb 2016
Nyirabayazana y’Urupfu rwa Makuza ( Rwanda Foam )
Mu Mahanga

Nyirabayazana y’Urupfu rwa Makuza ( Rwanda Foam )

Ubwanditsi 03 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru