• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kuki u Burundi bukomeje kwiheza mu ruhando rw’amahanga?

Kuki u Burundi bukomeje kwiheza mu ruhando rw’amahanga?

Ubwanditsi 08 Oct 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Kuri uyu wa gatatu, tariki 07 Ukwakira 2020, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yagiranye inama na bagenzi be batatu, aribo Félix Tshisekedi wa RDC, Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda na Joao Lorenço wa Angola, bakaba baraganiriye cyane cyane ku mutekano wakomeje kuba ingume muri aka karere k’ibiyaga bigari.

Icyatangaje abakurikiranira hafi ibibera muri aka karere, ni ukubura kwa Perezida Evariste Ndayishimiye utaritabiriye ubutumire bwa mugenzi we wa RDC, kandi ibyasuzumwaga bireba n’u Burundi, buhora buteza ubwega ngo hari inyeshyamba zihungabanya umutekano wabwo. Iyi nama ubundi yagombaga kubera I Goma muri RCD, iza gusubikwa kubera kwirinda COVID-19, haza kwemezwa ko izaba hifashishijwe ikoranabuhanga mu itumanaho nk’uko byagenze kuri uyu wa gatatu.Inama ikimara gutumizwa muri Nzeri uyu mwaka, ibiro bya Perezida Ndayishimiye byavuze ko atazajya I Goma kubera akazi kenshi, ukibaza rero icyaba cyaratumye atitabira ibiganiro bitasabaga ko ava I Bujumbura.

Mu mpamvu u Burundi butanga hagaragayemo kwivuguruza, kuko hari n’ibaruwa yohererejwe Perezida Tchisekedi, ivuga ko uBurundi ngo bukeneye mbere na mbere ibiganiro hagati yabwo na RDC, ngo bikabanza bigakemura ikibazo bifitanye. Ubutegetsi bwa CNDD-FDD bushinja RDC gucumbikira umutwe uburwanya wa RED-Tabara, uwo mutwe ariko wo ukavuga ko ufite ibirindiro ku butaka bw’uBurundi.

Iyi myitwarire ya Bwana Ndayishimiye ishobora gushimangira urwikekwe ruri hagati y’ibihugu byombi, rukaba rwanafata indi ntera.Mu bagerageje gusesengura icyaba cyarabujije Ndayishimiye kuganira na bagenzi be, hari abibaza niba nawe atari batishimiye kuba uRwanda rufitanye umubano mwiza na RDC.
Twibuke ko Leta y’uBurundi yakomeje kuregwa gushyigikira imitwe nka FDLR na FLN ihungabanya umutekano w’uRwanda, ndetse ibimenyetso simusiga bigaragarizwa isi yose. Ese Jenerali”NEVA” ntiyaba yaratinye ko bagenzi be bamubaza iby’ubwo bushotoranyi? Uko byagenda kose ariko, abahanga muri politiki barahamya ko Ndayishimiye yakinnye ikarita ya cyana , kuko iyo baganiriye ikibazo kikureba udahari,kenshi ubihomberamo. Kwishyira mu kato kwa Leta y’uBurundi si ukwa none, kuko na Nyakwigendera Petero Nkurunziza atasohokaga mu Gihugu, ngo atinya ko ubutegetsi bwe bwatembagazwa.

Birasekeje ariko; mu gihe ubu isi yose ishyize imbere ubufatanye cyane cyane hagati y’ibihugu biri mu karere kamwe, uBurundi bwo burumva buzakomeza kwibera nyamwigendaho.Aho guhuza imbaraga n’abandi bo barahuzagurika. Iyi ni politiki y’inyigaguhuma.

2020-10-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

AMAFOTO – Manchester United ndetse na Arsenal zo mu Bwongereza ziri mu makipe yageze mu mikino ya ½ cya Europa League.

AMAFOTO – Manchester United ndetse na Arsenal zo mu Bwongereza ziri mu makipe yageze mu mikino ya ½ cya Europa League.

Ubwanditsi 16 Apr 2021
APR FC yatandukanye n’abakinnyi 3, yongerera amasezerano 5 barimo Djabel wahawe amasezerano y’imyaka 4 ndetse igura mu yandi makipe abakinnyi 6

APR FC yatandukanye n’abakinnyi 3, yongerera amasezerano 5 barimo Djabel wahawe amasezerano y’imyaka 4 ndetse igura mu yandi makipe abakinnyi 6

Ubwanditsi 13 Jul 2021
Perezida Kagame yasesekaye  muri Arménie ahagomba kwemerezwa niba Mushikiwabo azayobora OIF

Perezida Kagame yasesekaye muri Arménie ahagomba kwemerezwa niba Mushikiwabo azayobora OIF

Ubwanditsi 10 Oct 2018
Nyuma y’imyaka isaga itatu ari umunyamabanga wa FERWAFA, Uwayezu Francois Regis yeguye kuri uyu mwanya

Nyuma y’imyaka isaga itatu ari umunyamabanga wa FERWAFA, Uwayezu Francois Regis yeguye kuri uyu mwanya

Ubwanditsi 13 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Burundi, “Leta mbyeyi” yoretse igihugu!
Amakuru

Mu Burundi, “Leta mbyeyi” yoretse igihugu!

Ubwanditsi 13 May 2024
Nyuma y’igihe atumvikana Joseph Sebarenzi yatangaje uko yakiriye inkuru y’iyicwa ry’umuryango we muri jenoside
HIRYA NO HINO

Nyuma y’igihe atumvikana Joseph Sebarenzi yatangaje uko yakiriye inkuru y’iyicwa ry’umuryango we muri jenoside

Ubwanditsi 28 Sep 2018
Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro hoteli “Park Inn by Radisson Kigali” [ Amafoto ]
UBUKUNGU

Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro hoteli “Park Inn by Radisson Kigali” [ Amafoto ]

Ubwanditsi 16 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru