• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kuki u Burundi bukomeje kwiheza mu ruhando rw’amahanga?

Kuki u Burundi bukomeje kwiheza mu ruhando rw’amahanga?

Ubwanditsi 08 Oct 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Kuri uyu wa gatatu, tariki 07 Ukwakira 2020, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yagiranye inama na bagenzi be batatu, aribo Félix Tshisekedi wa RDC, Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda na Joao Lorenço wa Angola, bakaba baraganiriye cyane cyane ku mutekano wakomeje kuba ingume muri aka karere k’ibiyaga bigari.

Icyatangaje abakurikiranira hafi ibibera muri aka karere, ni ukubura kwa Perezida Evariste Ndayishimiye utaritabiriye ubutumire bwa mugenzi we wa RDC, kandi ibyasuzumwaga bireba n’u Burundi, buhora buteza ubwega ngo hari inyeshyamba zihungabanya umutekano wabwo. Iyi nama ubundi yagombaga kubera I Goma muri RCD, iza gusubikwa kubera kwirinda COVID-19, haza kwemezwa ko izaba hifashishijwe ikoranabuhanga mu itumanaho nk’uko byagenze kuri uyu wa gatatu.Inama ikimara gutumizwa muri Nzeri uyu mwaka, ibiro bya Perezida Ndayishimiye byavuze ko atazajya I Goma kubera akazi kenshi, ukibaza rero icyaba cyaratumye atitabira ibiganiro bitasabaga ko ava I Bujumbura.

Mu mpamvu u Burundi butanga hagaragayemo kwivuguruza, kuko hari n’ibaruwa yohererejwe Perezida Tchisekedi, ivuga ko uBurundi ngo bukeneye mbere na mbere ibiganiro hagati yabwo na RDC, ngo bikabanza bigakemura ikibazo bifitanye. Ubutegetsi bwa CNDD-FDD bushinja RDC gucumbikira umutwe uburwanya wa RED-Tabara, uwo mutwe ariko wo ukavuga ko ufite ibirindiro ku butaka bw’uBurundi.

Iyi myitwarire ya Bwana Ndayishimiye ishobora gushimangira urwikekwe ruri hagati y’ibihugu byombi, rukaba rwanafata indi ntera.Mu bagerageje gusesengura icyaba cyarabujije Ndayishimiye kuganira na bagenzi be, hari abibaza niba nawe atari batishimiye kuba uRwanda rufitanye umubano mwiza na RDC.
Twibuke ko Leta y’uBurundi yakomeje kuregwa gushyigikira imitwe nka FDLR na FLN ihungabanya umutekano w’uRwanda, ndetse ibimenyetso simusiga bigaragarizwa isi yose. Ese Jenerali”NEVA” ntiyaba yaratinye ko bagenzi be bamubaza iby’ubwo bushotoranyi? Uko byagenda kose ariko, abahanga muri politiki barahamya ko Ndayishimiye yakinnye ikarita ya cyana , kuko iyo baganiriye ikibazo kikureba udahari,kenshi ubihomberamo. Kwishyira mu kato kwa Leta y’uBurundi si ukwa none, kuko na Nyakwigendera Petero Nkurunziza atasohokaga mu Gihugu, ngo atinya ko ubutegetsi bwe bwatembagazwa.

Birasekeje ariko; mu gihe ubu isi yose ishyize imbere ubufatanye cyane cyane hagati y’ibihugu biri mu karere kamwe, uBurundi bwo burumva buzakomeza kwibera nyamwigendaho.Aho guhuza imbaraga n’abandi bo barahuzagurika. Iyi ni politiki y’inyigaguhuma.

2020-10-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bizimungu yanditse ibaruwa isezera yamenye ko Inteko yamukuyeho icyizere, yari yizeye Kayumba Nyamwasa nk’umucunguzi

Bizimungu yanditse ibaruwa isezera yamenye ko Inteko yamukuyeho icyizere, yari yizeye Kayumba Nyamwasa nk’umucunguzi

Ubwanditsi 17 Apr 2020
Uko hari hagiye kuvuka intambara hagati ya Uganda na Kenya kubera amakuru y’ikinyoma

Uko hari hagiye kuvuka intambara hagati ya Uganda na Kenya kubera amakuru y’ikinyoma

Ubwanditsi 24 May 2018
Abanyarwanda batunguwe n’ifungwa ry’umupaka wa Goma

Abanyarwanda batunguwe n’ifungwa ry’umupaka wa Goma

Ubwanditsi 30 Dec 2018
Amafoto – Rayon Sports WFC yasuye ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza, ibumurikira ibikombe bibiri yatwaye mu mwaka w’imikino wa 2023/24

Amafoto – Rayon Sports WFC yasuye ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza, ibumurikira ibikombe bibiri yatwaye mu mwaka w’imikino wa 2023/24

Ubwanditsi 08 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire
Amakuru

Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire

Ubwanditsi 08 Jul 2025
Ishyaka Rya J.Pierre Bemba Wakuwe Ku Rutonde Rw’abakandida Perezida Rigiye Kujurira
POLITIKI

Ishyaka Rya J.Pierre Bemba Wakuwe Ku Rutonde Rw’abakandida Perezida Rigiye Kujurira

Ubwanditsi 27 Aug 2018
Intara y’Iburasirazuba: Imikwabu itandukanye yafashe ibiyobyabwenge n’inzoga zitemewe mu Rwanda
Amakuru

Intara y’Iburasirazuba: Imikwabu itandukanye yafashe ibiyobyabwenge n’inzoga zitemewe mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru