• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abanyarwanda batunguwe n’ifungwa ry’umupaka wa Goma

Abanyarwanda batunguwe n’ifungwa ry’umupaka wa Goma

Ubwanditsi 30 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU

Imipaka ihuza u Rwanda na Congo mu karere ka Rubavu yafunzwe bitunguranye, kuko itangazo rya Komisiyo y’amatora muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ryari ryavuze ko imipaka irimo n’uwa Goma yo itazafungwa kuri uyu wa 30 Ukuboza 2018, mu gihe muri icyo gihugu bari kwitorera umukuru w’igihugu ugomba gusimbura Joseph Kabila ucyuye igihe.

Ni ibintu bidasanzwe ko umupaka uhuza Goma na Gisenyi ufungwa kuko benshi ari ho bakura imibereho.

Umupaka muto uhuza Goma na Gisenyi ni umupaka ukoreshwa n’ abantu ibihumbi 45 ku munsi, ukaba umupaka ukoreshwa cyane mu bucuruzi bwambukiranya imipaka, naho umupaka munini uzwi nka La Corniche ugakoreshwa n’ibimodoka binini n’abantu bakora ingendo mpuzamahanga.

Ni imipaka bidasanzwe ko ifungwa kubera uburyo ikoreshwa ariko kuri uyu wa 30 Ukuboza 2018 yafunzwe kubera amatora.

Kugeza twandika iyi nkuru nta muntu washoboye kwambuka, benshi mu Banyarwanda bari bamenyereye ko amatora aba mu Rwanda umupaka ugakora, ariko ku ruhande rwa Congo si ko byari bimeze kuko wafunzwe.

JPEG - 32.4 kb
Iri ni ryo tangazo CENI ari yo komisiyo y’amatora muri Congo yashyize hanze rivuga ko imipaka izaba ifunze uretse ine gusa harimo n’uwa Goma.

Aya makuru avuga ko Abakozi b’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka ku ruhande rw’u Rwanda bari mu myanya yabo ariko ntakazi karimo gukorwa.

Icyemezo cyo gufunga umupaka kije gishyirwa mu bikorwa nyuma y’itangazo leta ya Congo yashyize ahagaragara ko imipaka izafungwa ku munsi w’amatora uretse imipaka ine ari yo uwa N’djili – Luano – Bangboka – Goma na Mbujimayi ariko si ko byagenze i Goma kuko ho umupaka urafunze.

Ni umwanzuro utoroheye abatuye mu Karere ka Rubavu bakorera mu gihugu cya Congo umunsi ku wundi kuko bavuga ko hari ibyangirika.

Nyiramariza ucuruza amata mu mujyi wa Goma yabwiye KT  ati “ibyo gufunga umupaka sinari mbyiteze, nasize amata kandi nadacuruzwa arangirika, ubu igihombo ndakibonye.”

Benshi mu baturage bakora imirimo ya nyakabyizi bari bazi ko nyuma y’amatora umupaka ufungurwa ariko si ko bimeze. Hari uwagize ati “Ibi biratuma umwaka tuwusoza nabi, ubuse kuki batakoze nk’uko mu Rwanda tubigenza?”

Amatora mu gihugu cya Congo yatangiye ku isaha ya 6h n’ubwo abaturage atari benshi ariko hari abitabiriye.

Kuri uyu munsi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo baritorera umukuru w’igihugu ugomba gusimbura Perezida Kabila wari ku butegetsi kuva muri 2001, akaba yaratangiye kuyobora hashize iminsi icumi nyuma y’urupfu rwa se.

2018-12-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urubyiruko rw’Abahezanguni bahekuye u Rwanda rurakataje mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Urubyiruko rw’Abahezanguni bahekuye u Rwanda rurakataje mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 13 Jul 2018
Kwemerera Ingabire gukora politiki ye ni uguhembera Jenoside- Tom

Kwemerera Ingabire gukora politiki ye ni uguhembera Jenoside- Tom

Ubwanditsi 20 Sep 2018
JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

Ubwanditsi 20 Sep 2023
Abahoze muri RNC bararyoza Kayumba amaraso y’abanyarwanda akomeje kumenekera Minembwe-RD Congo

Abahoze muri RNC bararyoza Kayumba amaraso y’abanyarwanda akomeje kumenekera Minembwe-RD Congo

Ubwanditsi 06 Jul 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Btwenge
    December 30, 20182:57 pm -

    None se. Abanyekongo bo
    Barimo. barinjira murwand?
    Ndibaza yuko ari. uburenganzira
    Bwabo bwo gufunga imipaka yabo igihe babishakiye singombwa kubanza guteguza ibindi bihugu

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Thabo Mbeki yahishuye uko FPR yaburiye Afurika y’Epfo kutagurisha intwaro leta yakoze Jenoside
INKURU NYAMUKURU

Thabo Mbeki yahishuye uko FPR yaburiye Afurika y’Epfo kutagurisha intwaro leta yakoze Jenoside

Ubwanditsi 03 May 2019
Abakozi b’uruganda rw’icyayi rwa Rubaya bahawe ubumenyi ku kwirinda inkongi z’imiriro
Mu Mahanga

Abakozi b’uruganda rw’icyayi rwa Rubaya bahawe ubumenyi ku kwirinda inkongi z’imiriro

Ubwanditsi 13 Jul 2016
FERWAFA yemeje ko amakipe ya Al Merrikh, Al Hilal S.C na El Ahli SC Wad Medani yo muri Sudani atangira gukina shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

FERWAFA yemeje ko amakipe ya Al Merrikh, Al Hilal S.C na El Ahli SC Wad Medani yo muri Sudani atangira gukina shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 24 Oct 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru