• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abitwaje intwaro bahitanye 26 mu Burundi mbere y’icyumweru ngo hakorwe referendum

Abitwaje intwaro bahitanye 26 mu Burundi mbere y’icyumweru ngo hakorwe referendum

Ubwanditsi 13 May 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Itsinda ry’abantu bitwaje intwaro bikekwa ko ryaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryagabye igitero ahitwa Ruhagarika mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi, rihitana abantu 26, mu gihe abagera kuri barindwi bakomeretse.

Iki gitero cyagabwe mbere y’iminsi itanu ngo igihugu cyinjire mu matora ya referendum ashobora gufasha Perezida Nkurunziza Pierre gukomeza kuyobora igihugu kugeza mu 2034. Impirimbanyi za politiki zivuga ko cyaba gifitanye isano ya bugufi n’aya matora ateganyijwe ku wa 17 Gicurasi.

Minisitiri w’Umutekano mu Burundi, Alain Guillaume Bunyoni, yatangaje ko abantu 24 bishwe basanzwe mu ngo zabo mu ijoro ryo ku wa Gatanu, abandi babiri bapfa bagejejwe mu bitaro.

Yagize ati “Abitwaje intwaro baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bica abantu 26, banakomeretsa abandi barindwi, basubirayo.”

Umwe mu barokotse iki gitero utatangajwe amazina, yavuze ko “abakigabye bari bitwaje intwaro za gakondo n’imbunda binjiye mu nzu, zimwe barazitwika. Bamwe batemwe,abandi bararaswa, hari n’abatwitswe ari bazima.”

Umwe mu bategetsi bo mu nzego z’ibanze yabwiye AFP ko imiryango ine mu yagabweho igitero ari iy’abapolisi.

Yagize ati “Abo bicanyi baje ari kirimbuzi, bagenda urugo ku rundi, aho bageze bakabaca amajosi, abandi bakabahorahoza n’amasasu. Hari n’umuryango wose batwikiye mu nzu ari bazima.”

Perezida Pierre Nkurunziza, abinyujije ku rukuta rwa Twitter, yihanganishije imiryango y’abaguye muri iki gitero, anasaba Abarundi kurangwa n’ituze. Yavuze ko abakigabye bagomba gukurikiranwa bagahanwa.

Hari hashize iminsi Ingabo z’u Burundi zoherejwe hafi y’imipaka y’iki gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu rwego rwo kubuza ko hari ibitero by’inyeshyamba bishobora guturuka hanze bikarogoya ibikorwa by’amatora ya referendum.

Human Rights Watch iherutse kwikoma u Burundi ibushinja ko abasirikare babwo bakangisha abantu batazatora “Yego” muri Kamarampaka mu matora ateganyijwe ko bazicwa, abandi ngo bakaba banyweshwa itabi mu ruhame.

Perezidansi y’u Burundi kandi iherutse gusohora itegeko rigena igifungo kuva ku mwaka umwe kugeza ku myaka itatu ku muntu wese uzahirahira gukangurira Abarundi kwifata ntibajye mu bikorwa by’ayo matora.

Impuzamashyaka CNARED ihuriyemo imitwe ya Politiki itavuga rumwe na Leta y’u Burundi ikorera mu buhungiro, iherutse gukangurira Abarundi kutazitabira ayo matora yo igereranya no gushyingura Amasezerano y’Amahoro ya Arusha iki gihugu gisanzwe kigenderaho kuva mu mwaka wa 2006.

Perezida Nkurunziza ari ku butegetsi kuva mu 2005 ariko manda yatorewe mu 2015 yateje imvururu, aho abaturage barenga 1200 bishwe naho abasaga 400,000 bahungira mu bihugu by’ibituranyi birimo u Rwanda, Tanzania na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

2018-05-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ukuri kwa Corneille Nangaaa kuba FDLR isigaye irinda Tshisekedi gushobora kumusiga inyuma y’igihome nkuko byatangajwe na Muyaya

Ukuri kwa Corneille Nangaaa kuba FDLR isigaye irinda Tshisekedi gushobora kumusiga inyuma y’igihome nkuko byatangajwe na Muyaya

Ubwanditsi 18 Aug 2023
Umutwe wa FPB uravuga ko witeguye gutangiza urugamba rwo kubohora u Burundi

Umutwe wa FPB uravuga ko witeguye gutangiza urugamba rwo kubohora u Burundi

Ubwanditsi 12 Nov 2018
Perezida Kagame, avuga ko ushaka guhungabanya umutekano wacu ajye abanza atekereze kabiri

Perezida Kagame, avuga ko ushaka guhungabanya umutekano wacu ajye abanza atekereze kabiri

Ubwanditsi 10 May 2019
U Burundi bwafunze ibiganiro bya BBC n’Ijwi ry’Amerika

U Burundi bwafunze ibiganiro bya BBC n’Ijwi ry’Amerika

Ubwanditsi 05 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Abakinnyi b’u Rwanda U20 binjiye mu mwiherero wa CECAFA
Amakuru

Amafoto – Abakinnyi b’u Rwanda U20 binjiye mu mwiherero wa CECAFA

Ubwanditsi 23 Sep 2024
Minisitiri Sezibera yahishuye imvano y’amakuru  y’impuha amaze iminsi avugwa ku buzima bwe
INKURU NYAMUKURU

Minisitiri Sezibera yahishuye imvano y’amakuru y’impuha amaze iminsi avugwa ku buzima bwe

Ubwanditsi 03 Sep 2019
Amakipe ahagarariye u Rwanda mu mikino ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’i Burasirazuba yatangiranye intsinzi
Amakuru

Amakipe ahagarariye u Rwanda mu mikino ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’i Burasirazuba yatangiranye intsinzi

Ubwanditsi 22 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru