• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umutwe wa FPB uravuga ko witeguye gutangiza urugamba rwo kubohora u Burundi

Umutwe wa FPB uravuga ko witeguye gutangiza urugamba rwo kubohora u Burundi

Ubwanditsi 12 Nov 2018 INKURU NYAMUKURU

Mu gihugu cy’u Burundi haravugwa umutwe witwa Forces Populaires du Burundi – Urunani rw’Abanyagihugu, uvuga ko witeguye gutangiza urugamba rwo kubohoza igihugu hakoreshejwe intambara.

Ni nyuma y’aho uyu mutwe muri 2017 wari watangaje ko ugiye guhangana n’ubutegetsi bwa CNDD-FDD kubera imiyoborere yayo.

Mu kiganiro Bogora Uburundi cyatambutse kuri radio Intwari Ijwi rya FPB y’uyu mutwe kuri iki Cyumweru, itariki 11 Ugushyingo, hagarutswe kuri uru rugamba rumaze imyaka rutegurwa rugamije gukuraho ubutegetsi bwa Perezida Nkurunziza n’abo bafatanyije.

Uyu mutwe wavuze ko wamenye ko ingabo z’igihugu zigomba kuba zihuriyemo Abarundi bose, akaba ari yo mpamvu bifatanyije n’abandi bafite umutima wo kurwanira no kurinda igihugu n’abaturage bagakora ihuriro bise ‘Urunani rw’Abanyagihugu’.

Icyifuzo cy’umutwe kuva washingwa ngo ni uko ingufu zashyirwa hamwe kugirango intsinzi izabashe kuboneka nk’uko byatangajwe na Gen. Major Jeremie Ntiranyibagira mu ijambo rye ryo gutangiza no gushyira ku mugaragaro umutwe wa FPB.

Icyo gihe Gen Ntiranyibagira akaba yaragize ati: “Umutwe wa FPB usabye abaturage bose gufatanya nta n’umwe uvuyemo, bakirinda ababatandukanya muri iki gihe igihugu cyacu kirimo guca mu bihe bigoye. Dufatanye mu nda tuzatsinda”.

Uyu mutwe ukomeza uvuga ko uzi neza ko Perezida Nkurunziza n’itsinda bafatanyije bamaze kuba ibinani kandi bateguye kuva kera kwangiza.

Bati: “Kugirango tubateshe, ingufu z’abanyagihugu bose zirakenewe ari nayo mpamvu muri FPB twabitahuye kare twemera gushyira hamwe n’abandi duhuje icyerekezo n’umugambi wo kubohoza igihugu tukakijyana mu nzira y’iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’umuntu wese no mu iterambere ridakumira, bityo habe gusaranganya ubutunzi bw’igihugu kuri bose nk’uko umucunguzi wa demokarasi Merchior Ndadaye yabyifuzaga ndetse n’uko umucunguzi w’ubwigenge, Louis Rwagasore yabyifuzaga.”

2018-11-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Ubwanditsi 20 Jul 2023
Umuhanda wa gari ya moshi Isaka – Kigali uratangira kubakwa uyu mwaka

Umuhanda wa gari ya moshi Isaka – Kigali uratangira kubakwa uyu mwaka

Ubwanditsi 14 Jan 2018
“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

Ubwanditsi 18 Jul 2024
Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda

Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda

RUSHYASHYA 12 Aug 2026

2 Ibitekerezo

  1. RUGENDO
    November 12, 20184:31 pm -

    INTAMBARA NI NTAMBARA !!KURWANA NUKURWANA
    UMUNTU YISHIMA ARUKO AYITSE NIZEREKO
    AZOHEREZA ABANABE BWAMBWE KURUGAMBA
    ATAZABAGUNGIKA BRUXELLES OU PARIS!!

    Subiza
  2. Dudu
    November 13, 201812:42 pm -

    Ndabona barashishuye!FPR n’iriya ntare barayishishuye muri FPR!
    FRONT PATRIOTIC RWANDAIS / FORCE POPULAIRE BURUNDAIS FPB

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rudasingwa Theogene, umubeshyi kabuhariwe n’impuguke mu kugoreka amateka
INKURU NYAMUKURU

Rudasingwa Theogene, umubeshyi kabuhariwe n’impuguke mu kugoreka amateka

Ubwanditsi 28 Dec 2018
Perezida Museveni yafatanywe igihanga kigaragaza uburyo yibye amatora aho mu biro by’itora bigera kuri 348 yagize 100% nta mfabusa nta nuwasibye
Amakuru

Perezida Museveni yafatanywe igihanga kigaragaza uburyo yibye amatora aho mu biro by’itora bigera kuri 348 yagize 100% nta mfabusa nta nuwasibye

Ubwanditsi 30 Jan 2021
CHAN2016: Ikipe ya RDC yatangiye inyagira iya Ethiopia ibitego 3 – 0
IMIKINO

CHAN2016: Ikipe ya RDC yatangiye inyagira iya Ethiopia ibitego 3 – 0

Ubwanditsi 17 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru