• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kuki Col. Luc Marshal yitabira gahunda z’abarwanya Leta y’u Rwanda.

Kuki Col. Luc Marshal yitabira gahunda z’abarwanya Leta y’u Rwanda.

Ubwanditsi 26 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Ntibitangaje kuba Col. Luc Marshal yitabira imigambi y’abarwanya Leta y’u Rwanda kuko Marshal afite ikintu ahuje n’abarwanya Leta bari bari muri iyo gahunda: Luc Marshal asangiye n’abarwanya Leta y’u Rwanda gahunda barimo yo kwifatanya na FDLR n’interahanwe bagamije guhungabanya u Rwanda, gukwirakirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, kuyipfobya no kuyihakana n’ibindi.  

By’umwihariko Luc Marshal ni umuntu ufitiye urwango umuryango wa FPR Inkotanyi. Urwo rwango yatangiye kurugaragaza muri 1993 igihe abasirikare 600 ba RPA/RPF bazaga muri CND. Icyo gihe akaba yarifuzaga ko ngo baza muri CND imbokoboko batitwaje intwaro. Mu by’ukuri akaba yarifuzaga ko baza Inzirabwoba zigahita zibica zikabamara. Ibyo Luc Marshal yifuzaga ngo yabishingiraga ko muri MINUAR yari ashinzwe gutuma zone ya Kigali itarangwamo intwaro.

Luc Marshal yari icyitso cy’interahamwe n’ubutegetsi bwa Habyalimana kuko muri 1993, ubwo Interahamwe zitozaga zitegura gukora genocide, Luc Marshal yasabwe n’abari bamukuriye muri MINUAR kuzisenya no guhagarika ibikorwa byazo arabyanga. Ibi yabyanze kandi MINUAR yari ifite amakuru yizewe yari yaratanzwe n’umutangabuhamya wiswe “Jean Pierre” abagaragariza ko ubutegetsi bwa Habyarimana n’interahamwe biteguraga gushyira mu bikorwa jenoside.

Mu kazi yakoze k’igirikare haba mu Bubiligi, Zaire no mu Rwanda, Luc Marchal yakunze kurangwa n’ubugwari no kuba inshuti y’ibigwari. Urugero Isi yose izi ko urupfu rw’aba paracomando icumi (10) b’ababiligi bapfuye bishwe ba EXFAR n’interahanwe bazize Luc Marshal kubera kutamenya icyo gukora nk’uwari ukuriye abasirikare b’ababiligi akaba yari n’umuyobozi wungirije wa MINUAR.

Uretse kwicisha abasirikare b’ababiligi yari ayoboye, Luc Marshall akaba ari nawe watanze amabwiri ku basirikare b’ababiligi bari muri ETO yo gusiga abatutsi bari bari muri ETO bakabasiga mu maboko y’interahamwe zikabica.

Luc Marshall akunda kuba mu nkiko ashinjura abagize uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi cyane cyane abahoze ari abasirikare bakuru ba EX FAR

Ibyo rero nibyo byamuviriyemo kuba inshuti n’abarwanya leta y’ u Rwanda akaba yaraniyunze nabo hamwe na FDLR mu rwego rwo guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Nkuko twabikomojeho,  n’ubwo Luc Marshal ubu yasezerewe mu ngabo umuntu yakwibaza niba ibikorwa afatanya n’abarwanya Leta y’u Rwanda abikora ku giti cye cyangwa niba abikora mw’izina ry’Ingabo z’Ububiligi zavuye ku rugerero.

2018-02-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta zunze ubumwe z’Amerika zasabiye ibihano abayobozi bakuru b’ingabo za Uganda

Leta zunze ubumwe z’Amerika zasabiye ibihano abayobozi bakuru b’ingabo za Uganda

Ubwanditsi 12 Dec 2020
Patrick Mazimhaka yasezeweho mu cyubahiro

Patrick Mazimhaka yasezeweho mu cyubahiro

Ubwanditsi 30 Jan 2018
Udushya mutamenye mu ruzinduko rwa Perezida Tshisekedi mu Bwongereza, abasirikari babiri bamurinda baracyafungiwe muri icyo gihugu

Udushya mutamenye mu ruzinduko rwa Perezida Tshisekedi mu Bwongereza, abasirikari babiri bamurinda baracyafungiwe muri icyo gihugu

Ubwanditsi 21 Oct 2022
Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Ubwanditsi 16 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amatora ya Perezida 2017 atangiye kwiteguranwa akabaraga n’abafite ubumuga
Mu Mahanga

Amatora ya Perezida 2017 atangiye kwiteguranwa akabaraga n’abafite ubumuga

Ubwanditsi 21 Sep 2016
Abagore ba FPR Inkotanyi baravuga imyato Perezida Kagame wabahaye ijambo
INKURU NYAMUKURU

Abagore ba FPR Inkotanyi baravuga imyato Perezida Kagame wabahaye ijambo

Ubwanditsi 02 Dec 2017
Imikoranire iteye inkeke hagati y’ inzego z’ iperereza za Uganda na RNC
ITOHOZA

Imikoranire iteye inkeke hagati y’ inzego z’ iperereza za Uganda na RNC

Ubwanditsi 25 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru