• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kuki Col. Luc Marshal yitabira gahunda z’abarwanya Leta y’u Rwanda.

Kuki Col. Luc Marshal yitabira gahunda z’abarwanya Leta y’u Rwanda.

Editorial 26 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Ntibitangaje kuba Col. Luc Marshal yitabira imigambi y’abarwanya Leta y’u Rwanda kuko Marshal afite ikintu ahuje n’abarwanya Leta bari bari muri iyo gahunda: Luc Marshal asangiye n’abarwanya Leta y’u Rwanda gahunda barimo yo kwifatanya na FDLR n’interahanwe bagamije guhungabanya u Rwanda, gukwirakirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, kuyipfobya no kuyihakana n’ibindi.  

By’umwihariko Luc Marshal ni umuntu ufitiye urwango umuryango wa FPR Inkotanyi. Urwo rwango yatangiye kurugaragaza muri 1993 igihe abasirikare 600 ba RPA/RPF bazaga muri CND. Icyo gihe akaba yarifuzaga ko ngo baza muri CND imbokoboko batitwaje intwaro. Mu by’ukuri akaba yarifuzaga ko baza Inzirabwoba zigahita zibica zikabamara. Ibyo Luc Marshal yifuzaga ngo yabishingiraga ko muri MINUAR yari ashinzwe gutuma zone ya Kigali itarangwamo intwaro.

Luc Marshal yari icyitso cy’interahamwe n’ubutegetsi bwa Habyalimana kuko muri 1993, ubwo Interahamwe zitozaga zitegura gukora genocide, Luc Marshal yasabwe n’abari bamukuriye muri MINUAR kuzisenya no guhagarika ibikorwa byazo arabyanga. Ibi yabyanze kandi MINUAR yari ifite amakuru yizewe yari yaratanzwe n’umutangabuhamya wiswe “Jean Pierre” abagaragariza ko ubutegetsi bwa Habyarimana n’interahamwe biteguraga gushyira mu bikorwa jenoside.

Mu kazi yakoze k’igirikare haba mu Bubiligi, Zaire no mu Rwanda, Luc Marchal yakunze kurangwa n’ubugwari no kuba inshuti y’ibigwari. Urugero Isi yose izi ko urupfu rw’aba paracomando icumi (10) b’ababiligi bapfuye bishwe ba EXFAR n’interahanwe bazize Luc Marshal kubera kutamenya icyo gukora nk’uwari ukuriye abasirikare b’ababiligi akaba yari n’umuyobozi wungirije wa MINUAR.

Uretse kwicisha abasirikare b’ababiligi yari ayoboye, Luc Marshall akaba ari nawe watanze amabwiri ku basirikare b’ababiligi bari muri ETO yo gusiga abatutsi bari bari muri ETO bakabasiga mu maboko y’interahamwe zikabica.

Luc Marshall akunda kuba mu nkiko ashinjura abagize uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi cyane cyane abahoze ari abasirikare bakuru ba EX FAR

Ibyo rero nibyo byamuviriyemo kuba inshuti n’abarwanya leta y’ u Rwanda akaba yaraniyunze nabo hamwe na FDLR mu rwego rwo guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Nkuko twabikomojeho,  n’ubwo Luc Marshal ubu yasezerewe mu ngabo umuntu yakwibaza niba ibikorwa afatanya n’abarwanya Leta y’u Rwanda abikora ku giti cye cyangwa niba abikora mw’izina ry’Ingabo z’Ububiligi zavuye ku rugerero.

2018-02-26
Editorial

IZINDI NKURU

Kizito Mihigo yitabye Imana yiyahuye

Kizito Mihigo yitabye Imana yiyahuye

Editorial 17 Feb 2020
DFID yateye utwatsi ibyatangajwe n’ikinyamakuru cyo mu Bwongereza ku bufatanye bw’u Rwanda na Arsenal

DFID yateye utwatsi ibyatangajwe n’ikinyamakuru cyo mu Bwongereza ku bufatanye bw’u Rwanda na Arsenal

Editorial 13 Jun 2018
Leta ya Uganda mu bindi bikorwa byo gutera inkunga imitwe ya M23 na RUD-Urunana

Leta ya Uganda mu bindi bikorwa byo gutera inkunga imitwe ya M23 na RUD-Urunana

Editorial 07 Oct 2019
Perezida Kagame yaje mu baperezida batatu muri Afurika bavuga rikumvikana mu 2017

Perezida Kagame yaje mu baperezida batatu muri Afurika bavuga rikumvikana mu 2017

Editorial 08 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru