• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kuki Col. Luc Marshal yitabira gahunda z’abarwanya Leta y’u Rwanda.

Kuki Col. Luc Marshal yitabira gahunda z’abarwanya Leta y’u Rwanda.

Ubwanditsi 26 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Ntibitangaje kuba Col. Luc Marshal yitabira imigambi y’abarwanya Leta y’u Rwanda kuko Marshal afite ikintu ahuje n’abarwanya Leta bari bari muri iyo gahunda: Luc Marshal asangiye n’abarwanya Leta y’u Rwanda gahunda barimo yo kwifatanya na FDLR n’interahanwe bagamije guhungabanya u Rwanda, gukwirakirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, kuyipfobya no kuyihakana n’ibindi.  

By’umwihariko Luc Marshal ni umuntu ufitiye urwango umuryango wa FPR Inkotanyi. Urwo rwango yatangiye kurugaragaza muri 1993 igihe abasirikare 600 ba RPA/RPF bazaga muri CND. Icyo gihe akaba yarifuzaga ko ngo baza muri CND imbokoboko batitwaje intwaro. Mu by’ukuri akaba yarifuzaga ko baza Inzirabwoba zigahita zibica zikabamara. Ibyo Luc Marshal yifuzaga ngo yabishingiraga ko muri MINUAR yari ashinzwe gutuma zone ya Kigali itarangwamo intwaro.

Luc Marshal yari icyitso cy’interahamwe n’ubutegetsi bwa Habyalimana kuko muri 1993, ubwo Interahamwe zitozaga zitegura gukora genocide, Luc Marshal yasabwe n’abari bamukuriye muri MINUAR kuzisenya no guhagarika ibikorwa byazo arabyanga. Ibi yabyanze kandi MINUAR yari ifite amakuru yizewe yari yaratanzwe n’umutangabuhamya wiswe “Jean Pierre” abagaragariza ko ubutegetsi bwa Habyarimana n’interahamwe biteguraga gushyira mu bikorwa jenoside.

Mu kazi yakoze k’igirikare haba mu Bubiligi, Zaire no mu Rwanda, Luc Marchal yakunze kurangwa n’ubugwari no kuba inshuti y’ibigwari. Urugero Isi yose izi ko urupfu rw’aba paracomando icumi (10) b’ababiligi bapfuye bishwe ba EXFAR n’interahanwe bazize Luc Marshal kubera kutamenya icyo gukora nk’uwari ukuriye abasirikare b’ababiligi akaba yari n’umuyobozi wungirije wa MINUAR.

Uretse kwicisha abasirikare b’ababiligi yari ayoboye, Luc Marshall akaba ari nawe watanze amabwiri ku basirikare b’ababiligi bari muri ETO yo gusiga abatutsi bari bari muri ETO bakabasiga mu maboko y’interahamwe zikabica.

Luc Marshall akunda kuba mu nkiko ashinjura abagize uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi cyane cyane abahoze ari abasirikare bakuru ba EX FAR

Ibyo rero nibyo byamuviriyemo kuba inshuti n’abarwanya leta y’ u Rwanda akaba yaraniyunze nabo hamwe na FDLR mu rwego rwo guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Nkuko twabikomojeho,  n’ubwo Luc Marshal ubu yasezerewe mu ngabo umuntu yakwibaza niba ibikorwa afatanya n’abarwanya Leta y’u Rwanda abikora ku giti cye cyangwa niba abikora mw’izina ry’Ingabo z’Ububiligi zavuye ku rugerero.

2018-02-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Meya w’umujyi wa Paris wo mu Bufaransa, Anne Hidalgo yasabye Polisi gukumira igitaramo cya Maître Gims

Meya w’umujyi wa Paris wo mu Bufaransa, Anne Hidalgo yasabye Polisi gukumira igitaramo cya Maître Gims

Ubwanditsi 26 Mar 2025
Addis Ababa : Perezida Kagame yitabiriye Ihuriro Nyafurika ry’Abashoramari n’Abikorera

Addis Ababa : Perezida Kagame yitabiriye Ihuriro Nyafurika ry’Abashoramari n’Abikorera

Ubwanditsi 30 Jan 2018
Amateka Mwasangiye n’abandi kugirango ahinduke abanyarwanda bose bagomba kubigiramo Uruhare

Amateka Mwasangiye n’abandi kugirango ahinduke abanyarwanda bose bagomba kubigiramo Uruhare

RUSHYASHYA 25 Mar 2026
Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga

Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga

Ubwanditsi 05 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Simba SC yo muri Tanzania yatandukanye n’umutoza wayo Didier Gomes Da Rosa isigaranwa n’umunyarwanda Thierry Hitimana nk’umutoza mukuru
Amakuru

Simba SC yo muri Tanzania yatandukanye n’umutoza wayo Didier Gomes Da Rosa isigaranwa n’umunyarwanda Thierry Hitimana nk’umutoza mukuru

Ubwanditsi 27 Oct 2021
Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage kuba maso kubera inkongi z’imiriro
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage kuba maso kubera inkongi z’imiriro

Ubwanditsi 18 Mar 2016
Shema Ngoga Fabrice yatorewe kuyobora ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA mu gihe cy’Imyaka ine iri imbere
Amakuru

Shema Ngoga Fabrice yatorewe kuyobora ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA mu gihe cy’Imyaka ine iri imbere

Ubwanditsi 30 Aug 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru