• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Abaturiye umupaka bokeje igitutu leta basaba ubutaka bwometswe ku Rwanda

Uganda: Abaturiye umupaka bokeje igitutu leta basaba ubutaka bwometswe ku Rwanda

Ubwanditsi 10 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU

Abaturage basaga 100 bo mu gace ka Kamwezi mu karere ka Rukiga, basabye Leta ingurane y’ubutaka bavuga ko bwometswe ku Rwanda mu gihe havugururwaga umupaka ugabanya ibihugu byombi.

Kuvugurura ibiranga umupaka wa Uganda n’u Rwanda byatangiye muri Werurwe 2014 ababikoraga bashyiraho inkingi nshya.

Gusa abasaba ingurane bavuga ko iyo mipaka yigijwe muri Uganda ho metero 100 ugereranyije n’uko byari byarakozwe n’abakoloni, bityo ngo ubutaka n’ibihingwa byabo bijya mu Rwanda.

Bavuga ko umupaka wo ku mugezi wa Kizinga uva kuwa Kagitumba na wo wamaze kuba uw’u Rwanda.

Muri Gicurasi aba baturage bandikiye Minisitiri wa Uganda ushinzwe ubutaka, imiturire n’iterambere ry’imijyi, bamubaza niba abagiye muri ako gace katanzwe barabaye Abanyarwanda.

Bati “Niba ubutaka bw’abaturage buhindutse ubw’u Rwanda, ba nyira bwo babutunze imyaka 100 ishize bazabubona bate, bazabukoresha bate? Ingo z’abantu bagiye muri icyo gice cyometswe ku Rwanda bazahinduka Abanyarwanda? Niba ari byo se, byaba byisunze irihe tegeko?”

Aba baturage bakomeza babaza uzabaha ingurane ku butaka bwabo mu gihe batakwifuza kuba Abanyarwanda, igihe bizabera ndetse n’igihe imitungo yabo yahangirikiye izabarirwa agaciro ngo yishyurwe.

Manzi Tumubweine wahoze ari umunyamabanga wa Leta, akanagira isambu muri icyo gice yabwiye Daily Monitor ko nta gisubizo kuri iki kibazo bigeze bahabwa.

Amavugurura y’imipaka ahagarariwe na Eugène Ngoga ku Ruhande rw’u Rwanda na John Vianney Lutaaya. Agamije kurandura burundu amakimbirane ashingiye ku butaka hagati y’abantu baturiye umupaka w’ibi bihugu.

Bivugwa ko inkingi za mbere zagaragazaga imipaka zasenywe n’abaturage bakekaga ko harimo amabuye y’agaciro ahenze.

Komiseri ushinzwe ikarita n’imipaka muri Uganda, Wilson Ogalo yavuze ko gusiburura umupaka ureshya na kilometero 200 hagati y’u Rwanda na Uganda bizerekana neza imipaka mpuzamahanga bikanarinda amakimbirane ashingiye ku mipaka.

Yongeyeho ati “Mu gihe ubutaka bw’abaturage bugiye mu kindi gihugu, nta ngurane izatangwa, buzakomeza bube ubwabo bakurikize amategeko y’imikoreshereze yabwo muri icyo gihugu.”

Yanavuze ko izo nkingi atari urukuta hagati y’abahatuye ahubwo ari ukoroshya uburyo bw’imiyoborere.

Gusa ubuyobozi bw’akarere ka Rukiga buvuga ko nta cyahindutse kinini, ndetse ngo nubwo abaturage bavuga ko ubutaka bwabo bwatwawe, ngo no ku ruhande rw’u Rwanda imidugudu ya Bweya, Ryeru na Rugarama yisanze muri Uganda.

Emmy Ngabirano uyobora aka karere avuga ko bashyingirana kandi hari abaturage benshi b’akarere ke bahoze bahinga mu Rwanda na mbere, bityo ko bikwiye gukorwa mu mahoro.

Abasiburura uyu mupaka bifashiha ikoranabuhanga ndangahantu rya GPS birinda gushidikanya ku hantu nyakuri imipaka yahoze.

Ni igikorwa cyatewe inkunga n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, gihagarikwa bitunguranye muri Nzeri 2015, ariko muri Gashyantare 2018 cyongera gusubukurwa.

2018-09-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda:  Undi mugabo ufite inkomoko mu Rwanda yaburiwe irengero nyuma yo gushimutwa

Uganda: Undi mugabo ufite inkomoko mu Rwanda yaburiwe irengero nyuma yo gushimutwa

Ubwanditsi 24 Dec 2017
Amafaranga yakusanyijwe na Rusesabagina ashenye FLN aho kuyubaka

Amafaranga yakusanyijwe na Rusesabagina ashenye FLN aho kuyubaka

Ubwanditsi 26 Nov 2020
Hagati ya CMI na RNC imizinga iraza kuvamo imyibano ku ibura rya Ben Rutabana utagejejwe Imbere y’Ubucamanza bwa Uganda

Hagati ya CMI na RNC imizinga iraza kuvamo imyibano ku ibura rya Ben Rutabana utagejejwe Imbere y’Ubucamanza bwa Uganda

Ubwanditsi 28 Feb 2020
Perezida João Lourenço wari umuhuza mu kibazo cya Kongo arayamanitse kubera amananiza ya Tshisekedi

Perezida João Lourenço wari umuhuza mu kibazo cya Kongo arayamanitse kubera amananiza ya Tshisekedi

Ubwanditsi 14 Feb 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Mu rugo rw’uwahoze mu ngabo za Amerika hafatiwe ibikoresho bya gisirikare yari atunze rwihishwa
HIRYA NO HINO

Uganda: Mu rugo rw’uwahoze mu ngabo za Amerika hafatiwe ibikoresho bya gisirikare yari atunze rwihishwa

Ubwanditsi 12 Feb 2018
Rubavu: Abanyekongo babiri basanganwe indwara ya kolera
Mu Rwanda

Rubavu: Abanyekongo babiri basanganwe indwara ya kolera

Ubwanditsi 09 Jul 2017
Abarezwe hamwe n’abo kwa Rwigara babaye inzitizi mu Urubanza rusubikwa  bataburanye…
ITOHOZA

Abarezwe hamwe n’abo kwa Rwigara babaye inzitizi mu Urubanza rusubikwa bataburanye…

Ubwanditsi 22 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru