• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Police FC yasinyishije abakinnyi batanu bashya icyarimwe, inatangaza Rutsindura Antoine nk’umuyobozi mushya wa Tekiniki   |   03 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rwanda Premier League yasinyanye amasezerano y’imyaka itatu na Skol afite agaciro ka miliyari 1 Frw ku mwaka   |   01 Jul 2026

  • Mupende wihishe urugamba yitwaza ko yarashwe ubugabo niwe wigize umuvuzi w’amacumu ku mbuga nkoranyambaga   |   30 Jun 2026

  • Ibimenyetso by’uko umubano w’umuhanzi Bruce Melodie na Coach Gael umufasha udahagaze neza   |   29 Jun 2026

  • PAC: Ikibazo cy’ibitabo bitagezwa mu mashuri cyabaye ingorabahizi   |   29 Jun 2026

  • Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba   |   28 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Abaturiye umupaka bokeje igitutu leta basaba ubutaka bwometswe ku Rwanda

Uganda: Abaturiye umupaka bokeje igitutu leta basaba ubutaka bwometswe ku Rwanda

Ubwanditsi 10 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU

Abaturage basaga 100 bo mu gace ka Kamwezi mu karere ka Rukiga, basabye Leta ingurane y’ubutaka bavuga ko bwometswe ku Rwanda mu gihe havugururwaga umupaka ugabanya ibihugu byombi.

Kuvugurura ibiranga umupaka wa Uganda n’u Rwanda byatangiye muri Werurwe 2014 ababikoraga bashyiraho inkingi nshya.

Gusa abasaba ingurane bavuga ko iyo mipaka yigijwe muri Uganda ho metero 100 ugereranyije n’uko byari byarakozwe n’abakoloni, bityo ngo ubutaka n’ibihingwa byabo bijya mu Rwanda.

Bavuga ko umupaka wo ku mugezi wa Kizinga uva kuwa Kagitumba na wo wamaze kuba uw’u Rwanda.

Muri Gicurasi aba baturage bandikiye Minisitiri wa Uganda ushinzwe ubutaka, imiturire n’iterambere ry’imijyi, bamubaza niba abagiye muri ako gace katanzwe barabaye Abanyarwanda.

Bati “Niba ubutaka bw’abaturage buhindutse ubw’u Rwanda, ba nyira bwo babutunze imyaka 100 ishize bazabubona bate, bazabukoresha bate? Ingo z’abantu bagiye muri icyo gice cyometswe ku Rwanda bazahinduka Abanyarwanda? Niba ari byo se, byaba byisunze irihe tegeko?”

Aba baturage bakomeza babaza uzabaha ingurane ku butaka bwabo mu gihe batakwifuza kuba Abanyarwanda, igihe bizabera ndetse n’igihe imitungo yabo yahangirikiye izabarirwa agaciro ngo yishyurwe.

Manzi Tumubweine wahoze ari umunyamabanga wa Leta, akanagira isambu muri icyo gice yabwiye Daily Monitor ko nta gisubizo kuri iki kibazo bigeze bahabwa.

Amavugurura y’imipaka ahagarariwe na Eugène Ngoga ku Ruhande rw’u Rwanda na John Vianney Lutaaya. Agamije kurandura burundu amakimbirane ashingiye ku butaka hagati y’abantu baturiye umupaka w’ibi bihugu.

Bivugwa ko inkingi za mbere zagaragazaga imipaka zasenywe n’abaturage bakekaga ko harimo amabuye y’agaciro ahenze.

Komiseri ushinzwe ikarita n’imipaka muri Uganda, Wilson Ogalo yavuze ko gusiburura umupaka ureshya na kilometero 200 hagati y’u Rwanda na Uganda bizerekana neza imipaka mpuzamahanga bikanarinda amakimbirane ashingiye ku mipaka.

Yongeyeho ati “Mu gihe ubutaka bw’abaturage bugiye mu kindi gihugu, nta ngurane izatangwa, buzakomeza bube ubwabo bakurikize amategeko y’imikoreshereze yabwo muri icyo gihugu.”

Yanavuze ko izo nkingi atari urukuta hagati y’abahatuye ahubwo ari ukoroshya uburyo bw’imiyoborere.

Gusa ubuyobozi bw’akarere ka Rukiga buvuga ko nta cyahindutse kinini, ndetse ngo nubwo abaturage bavuga ko ubutaka bwabo bwatwawe, ngo no ku ruhande rw’u Rwanda imidugudu ya Bweya, Ryeru na Rugarama yisanze muri Uganda.

Emmy Ngabirano uyobora aka karere avuga ko bashyingirana kandi hari abaturage benshi b’akarere ke bahoze bahinga mu Rwanda na mbere, bityo ko bikwiye gukorwa mu mahoro.

Abasiburura uyu mupaka bifashiha ikoranabuhanga ndangahantu rya GPS birinda gushidikanya ku hantu nyakuri imipaka yahoze.

Ni igikorwa cyatewe inkunga n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, gihagarikwa bitunguranye muri Nzeri 2015, ariko muri Gashyantare 2018 cyongera gusubukurwa.

2018-09-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Paul Kagame yavuze ko Abanyarwanda bafite akazi gakomeye ko kwihanaguraho inenge basigiwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Perezida Paul Kagame yavuze ko Abanyarwanda bafite akazi gakomeye ko kwihanaguraho inenge basigiwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Ubwanditsi 09 Jul 2019
Parimehutu yapfushije umwana, uRwanda rupfusha umwanzi

Parimehutu yapfushije umwana, uRwanda rupfusha umwanzi

Ubwanditsi 04 Mar 2022
Uganda: Ubuzima bwa Gen Kale Kayihura bwaba butifashe neza aho afungiye

Uganda: Ubuzima bwa Gen Kale Kayihura bwaba butifashe neza aho afungiye

Ubwanditsi 29 Jun 2018
Agahuru k’imbwa karahiye: Umudepite mu nteko ishinga amategeko y’ Ubwongereza yasabye igihugu cye guta muri yombi abagabo 5 bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko asanga ari igisebo kuba kigicumbikiye abajenosideri

Agahuru k’imbwa karahiye: Umudepite mu nteko ishinga amategeko y’ Ubwongereza yasabye igihugu cye guta muri yombi abagabo 5 bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko asanga ari igisebo kuba kigicumbikiye abajenosideri

Ubwanditsi 09 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakipe ya Forefront Volleyball Club y’abagabo n’abagore yegukanye  irushanwa ryo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel wayoboye GSOB
Amakuru

Amakipe ya Forefront Volleyball Club y’abagabo n’abagore yegukanye irushanwa ryo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel wayoboye GSOB

Ubwanditsi 06 Mar 2023
ADEPR : Uko Usabwimana Samuel  yahunze  Igihugu n’Impamvu zabyo [ Yavuguruwe ]
ITOHOZA

ADEPR : Uko Usabwimana Samuel yahunze Igihugu n’Impamvu zabyo [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 14 Mar 2017
Bobi Wine yashyizwe  ku rutonde rw’abayobozi basaga 15 bazicwa na Museveni
ITOHOZA

Bobi Wine yashyizwe ku rutonde rw’abayobozi basaga 15 bazicwa na Museveni

Ubwanditsi 24 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru