• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Abaturiye umupaka bokeje igitutu leta basaba ubutaka bwometswe ku Rwanda

Uganda: Abaturiye umupaka bokeje igitutu leta basaba ubutaka bwometswe ku Rwanda

Ubwanditsi 10 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU

Abaturage basaga 100 bo mu gace ka Kamwezi mu karere ka Rukiga, basabye Leta ingurane y’ubutaka bavuga ko bwometswe ku Rwanda mu gihe havugururwaga umupaka ugabanya ibihugu byombi.

Kuvugurura ibiranga umupaka wa Uganda n’u Rwanda byatangiye muri Werurwe 2014 ababikoraga bashyiraho inkingi nshya.

Gusa abasaba ingurane bavuga ko iyo mipaka yigijwe muri Uganda ho metero 100 ugereranyije n’uko byari byarakozwe n’abakoloni, bityo ngo ubutaka n’ibihingwa byabo bijya mu Rwanda.

Bavuga ko umupaka wo ku mugezi wa Kizinga uva kuwa Kagitumba na wo wamaze kuba uw’u Rwanda.

Muri Gicurasi aba baturage bandikiye Minisitiri wa Uganda ushinzwe ubutaka, imiturire n’iterambere ry’imijyi, bamubaza niba abagiye muri ako gace katanzwe barabaye Abanyarwanda.

Bati “Niba ubutaka bw’abaturage buhindutse ubw’u Rwanda, ba nyira bwo babutunze imyaka 100 ishize bazabubona bate, bazabukoresha bate? Ingo z’abantu bagiye muri icyo gice cyometswe ku Rwanda bazahinduka Abanyarwanda? Niba ari byo se, byaba byisunze irihe tegeko?”

Aba baturage bakomeza babaza uzabaha ingurane ku butaka bwabo mu gihe batakwifuza kuba Abanyarwanda, igihe bizabera ndetse n’igihe imitungo yabo yahangirikiye izabarirwa agaciro ngo yishyurwe.

Manzi Tumubweine wahoze ari umunyamabanga wa Leta, akanagira isambu muri icyo gice yabwiye Daily Monitor ko nta gisubizo kuri iki kibazo bigeze bahabwa.

Amavugurura y’imipaka ahagarariwe na Eugène Ngoga ku Ruhande rw’u Rwanda na John Vianney Lutaaya. Agamije kurandura burundu amakimbirane ashingiye ku butaka hagati y’abantu baturiye umupaka w’ibi bihugu.

Bivugwa ko inkingi za mbere zagaragazaga imipaka zasenywe n’abaturage bakekaga ko harimo amabuye y’agaciro ahenze.

Komiseri ushinzwe ikarita n’imipaka muri Uganda, Wilson Ogalo yavuze ko gusiburura umupaka ureshya na kilometero 200 hagati y’u Rwanda na Uganda bizerekana neza imipaka mpuzamahanga bikanarinda amakimbirane ashingiye ku mipaka.

Yongeyeho ati “Mu gihe ubutaka bw’abaturage bugiye mu kindi gihugu, nta ngurane izatangwa, buzakomeza bube ubwabo bakurikize amategeko y’imikoreshereze yabwo muri icyo gihugu.”

Yanavuze ko izo nkingi atari urukuta hagati y’abahatuye ahubwo ari ukoroshya uburyo bw’imiyoborere.

Gusa ubuyobozi bw’akarere ka Rukiga buvuga ko nta cyahindutse kinini, ndetse ngo nubwo abaturage bavuga ko ubutaka bwabo bwatwawe, ngo no ku ruhande rw’u Rwanda imidugudu ya Bweya, Ryeru na Rugarama yisanze muri Uganda.

Emmy Ngabirano uyobora aka karere avuga ko bashyingirana kandi hari abaturage benshi b’akarere ke bahoze bahinga mu Rwanda na mbere, bityo ko bikwiye gukorwa mu mahoro.

Abasiburura uyu mupaka bifashiha ikoranabuhanga ndangahantu rya GPS birinda gushidikanya ku hantu nyakuri imipaka yahoze.

Ni igikorwa cyatewe inkunga n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, gihagarikwa bitunguranye muri Nzeri 2015, ariko muri Gashyantare 2018 cyongera gusubukurwa.

2018-09-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikibazo cy’iterabwoba Perezida Kagame akibona nk’icyakemuka ngo n’ubwo gikomeye

Ikibazo cy’iterabwoba Perezida Kagame akibona nk’icyakemuka ngo n’ubwo gikomeye

Ubwanditsi 28 Jan 2018
Ingamba z’Ubwirinzi z’u Rwanda ni Ntayegayezwa Interahamwe n’Abambari bazo Bishengura Bazimanike

Ingamba z’Ubwirinzi z’u Rwanda ni Ntayegayezwa Interahamwe n’Abambari bazo Bishengura Bazimanike

RUSHYASHYA 18 Feb 2026
Uganda : Uko Museveni yahinduye gahunda yo kwigenga kw’ibigo bya leta nyuma y’imyaka 33

Uganda : Uko Museveni yahinduye gahunda yo kwigenga kw’ibigo bya leta nyuma y’imyaka 33

Ubwanditsi 22 May 2019
Umurambo w’Umunyarwanda warasiwe i Nyagatare yambukana Magendu ukajyanwa muri Uganda wagaruwe mu Rwanda [ Yavuguruwe ]

Umurambo w’Umunyarwanda warasiwe i Nyagatare yambukana Magendu ukajyanwa muri Uganda wagaruwe mu Rwanda [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 27 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gakenke: Umwarimu  yatawe muri yombi  akekwaho gukubita umunyeshuri agapfa
ITOHOZA

Gakenke: Umwarimu yatawe muri yombi akekwaho gukubita umunyeshuri agapfa

Ubwanditsi 15 Jun 2017
Itangazamakuru mu marembera : Abasimbuye Murama mu nama nkuru y’itangazamakuru urwishe yanka ruracyayirimo
Mu Mahanga

Itangazamakuru mu marembera : Abasimbuye Murama mu nama nkuru y’itangazamakuru urwishe yanka ruracyayirimo

Ubwanditsi 20 Mar 2016
Hatangiye igenzura ku mpunzi z’Abanye-Congo zifuza gutaha
Mu Rwanda

Hatangiye igenzura ku mpunzi z’Abanye-Congo zifuza gutaha

Ubwanditsi 11 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru