• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame, avuga ko ushaka guhungabanya umutekano wacu ajye abanza atekereze kabiri

Perezida Kagame, avuga ko ushaka guhungabanya umutekano wacu ajye abanza atekereze kabiri

Ubwanditsi 10 May 2019 INKURU NYAMUKURU

Ubwo yasozaga uruzinduko rw’iminsi itatu yakoreraga mu ntara y’Amajyaruguru n’Uburengerazuba, Perezida Kagame yabwiye abatuye Rubavu na Rutsiro ko umutekano uhari ndetse ko uwashaka kuwuhungabanya akwiye kubanza agatekereza neza kuko bishobora kurangira abyicuza.


Perezida Kagame yavuze ibi nyuma yo kuganiriza abatuye aka karere gafite amahirwe yo kuba gaturanye n’ibice bitandukanye birimo n’igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ibintu byatuma banoza ubucuruzi bwacu, bakareka gukora ubucuruzi buto gusa.

Yagize ati “Iyo ukora business; iyo business igirira abantu benshi akamaro. Ni ukuvuga ngo muri abo bantu benshi ushyiramo ubushobozi, nibo bazagaruka bakagura ibyo ucuruza. Naho kuba wishoboye, ugakora business n’abantu bake cyangwa ibintu bike ukaba ari byo ucuruza, ugakura inyungu nini ku tuntu duke; ubwo wahenze abantu, ibintu byabuze ntibabibone nk’uko bakwiye, ntabwo ari byo.”

Perezida Kagame yagarutse no ku ibara ry’umugezi wa Sebeya usa nabi cyane, avuga ko hakwiye kugira igikorwa ngo ubutaka bw’abaturage bukwiye kuba bubagirira akamaro budakomeza gutwara n’amazi.

Ati “Ubundi ntabwo ari kuriya amazi asa. Ntabwo wamenya niba ari amazi cyangwa ari ubutaka bugendamo amazi. Biriya nabyo ntabwo twabana nabyo kuriya gusa ngo duterere iyo.”

Perezida Kagame yagarutse kandi ku by’amavuriro, imihanda, amashanyarazi, itumanaho n’ibindi, avuga ko bikwiye gukemuka cyane ko hari ibimaze ighie kinini kandi atishimira ko bihora bigaruka. Ati “ibyo nabyo turaza kubihagurukira ariko ntabwo numva merewe neza kubivuga gutyo, kuko hari ibigarutse kenshi.”
Perezida Kagame yavuze ko atari butinde cyane ku mutekano w’igihugu, avuga ko ntawe ufite uburenganzira bwo guhungabanya u Rwanda, ndetse ko uwabitekereza atakwihanganirwa.

Ati “Uwashaka guhungabanya umutekano wacu we, ngirango ajye atekereza kabiri mbere y’uko ashaka kubijyamo. Ababitekereza bagarukira mu mvugo gusa, barasakuza kurusha uko bashobora kubikora. Uko twubaka igihugu cyacu, uko tubanisha abaturage, amateka yacu aho tuva n’aho tujya turabizi.”

Kuri iyo mpamvu, yasabye abaturage guhugira mu bijyanye n’iterambere ryabo n’igihugu muri rusange aho kurangazwa n’abavuga gusa ariko badafite ubushobozi bwo guhagarika umurongo igihugu gifite. 

Ati “Ubutabera burakora hano mugihugu, hari bumwe tumenyereye bukurikiza amategeko, hari n’ubundi butabera iyo wigize urutare tubagezaho. Nabwo turabufite. Abantu bareke kurangara rero dukore ibishoboka twiteze imbere, twikorere dukorere hamwe igihugu cyacu gikomeze kibe intangarugero, kuko henshi kimaze kuba intangarugero mu gutera imbere.”

Perezida Kagame yavuze kandi ku burezi, ubuzima, avuga ko amavuriro yagaragajwe hari uburyo ashobora kuzamurwa agatezwa imbere, ati “byose turashaka kubikurikirana duhereye kubyo dufite hari ikiza gukorwa.”

Yasoje agaruka ku kibazo cyagaragajwe mu myaka yashize cy’abana bata amashuri bakajya mu mirimo itabagenewe, avuga ko bidakwiye ndetse uzafatirwa mu makosa yo gukoresha abana azabibazwa haherewe ku bayobozi bakwiye kuba babikurikirana.

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Prof Shyaka Anastase, yibukije ko ibijyanye n’iterambere rya Rubavu bihabwa agaciro na guverinoma kuko muri uyu mwaka aka karere kagenewe agera kuri miliyari 9,5, mu gihe myaka ine ishize yari miliyari eshatu.

2019-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Congo-Kinshasa: FDLR yagabye igitero muri Rutshuru, abayobozi barasaba ingabo za Congo gukaza umutekano

Congo-Kinshasa: FDLR yagabye igitero muri Rutshuru, abayobozi barasaba ingabo za Congo gukaza umutekano

Ubwanditsi 01 Sep 2019
Ibivugwa ko u Rwanda rugiye kwikebera igice cya DR Congo nta shingiro bifite – Minisitiri Biruta

Ibivugwa ko u Rwanda rugiye kwikebera igice cya DR Congo nta shingiro bifite – Minisitiri Biruta

Ubwanditsi 08 Jan 2020
Bombori bombori muri RNC: Lea Karegeya, Jean Paul Turayishimiye, Emile Rutagengwa n’abandi.. bahaye integuza Kayumba Nyamwasa bamusaba kwegura, amazi atararenga inkombe

Bombori bombori muri RNC: Lea Karegeya, Jean Paul Turayishimiye, Emile Rutagengwa n’abandi.. bahaye integuza Kayumba Nyamwasa bamusaba kwegura, amazi atararenga inkombe

Ubwanditsi 23 Jan 2020
“Akanama ka Loni gashinzwe Amahoro ntigashyira mu gaciro, Icyemezo byako ni icyuka.-Antonio Guterres

“Akanama ka Loni gashinzwe Amahoro ntigashyira mu gaciro, Icyemezo byako ni icyuka.-Antonio Guterres

Ubwanditsi 22 Feb 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bombori bombori : Muri RNC ishaje  havutse igice cya gatatu kiyobowe na Gervais Condo
ITOHOZA

Bombori bombori : Muri RNC ishaje havutse igice cya gatatu kiyobowe na Gervais Condo

Ubwanditsi 06 Sep 2016
Kiyovu yazanye umunya-Afurika y’Epfo, Rutahizamu w’umunya-Nigeria Nanbur Gabriel na Eloundou Ngono uvuye muri Cameroon basinyiye Gasogi United
Amakuru

Kiyovu yazanye umunya-Afurika y’Epfo, Rutahizamu w’umunya-Nigeria Nanbur Gabriel na Eloundou Ngono uvuye muri Cameroon basinyiye Gasogi United

Ubwanditsi 04 Aug 2022
U Bwongereza  bwatangiye iperereza ku banyarwanda batanu bakekwaho uruhare muri Jenoside
ITOHOZA

U Bwongereza bwatangiye iperereza ku banyarwanda batanu bakekwaho uruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 09 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru