• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame, avuga ko ushaka guhungabanya umutekano wacu ajye abanza atekereze kabiri

Perezida Kagame, avuga ko ushaka guhungabanya umutekano wacu ajye abanza atekereze kabiri

Ubwanditsi 10 May 2019 INKURU NYAMUKURU

Ubwo yasozaga uruzinduko rw’iminsi itatu yakoreraga mu ntara y’Amajyaruguru n’Uburengerazuba, Perezida Kagame yabwiye abatuye Rubavu na Rutsiro ko umutekano uhari ndetse ko uwashaka kuwuhungabanya akwiye kubanza agatekereza neza kuko bishobora kurangira abyicuza.


Perezida Kagame yavuze ibi nyuma yo kuganiriza abatuye aka karere gafite amahirwe yo kuba gaturanye n’ibice bitandukanye birimo n’igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ibintu byatuma banoza ubucuruzi bwacu, bakareka gukora ubucuruzi buto gusa.

Yagize ati “Iyo ukora business; iyo business igirira abantu benshi akamaro. Ni ukuvuga ngo muri abo bantu benshi ushyiramo ubushobozi, nibo bazagaruka bakagura ibyo ucuruza. Naho kuba wishoboye, ugakora business n’abantu bake cyangwa ibintu bike ukaba ari byo ucuruza, ugakura inyungu nini ku tuntu duke; ubwo wahenze abantu, ibintu byabuze ntibabibone nk’uko bakwiye, ntabwo ari byo.”

Perezida Kagame yagarutse no ku ibara ry’umugezi wa Sebeya usa nabi cyane, avuga ko hakwiye kugira igikorwa ngo ubutaka bw’abaturage bukwiye kuba bubagirira akamaro budakomeza gutwara n’amazi.

Ati “Ubundi ntabwo ari kuriya amazi asa. Ntabwo wamenya niba ari amazi cyangwa ari ubutaka bugendamo amazi. Biriya nabyo ntabwo twabana nabyo kuriya gusa ngo duterere iyo.”

Perezida Kagame yagarutse kandi ku by’amavuriro, imihanda, amashanyarazi, itumanaho n’ibindi, avuga ko bikwiye gukemuka cyane ko hari ibimaze ighie kinini kandi atishimira ko bihora bigaruka. Ati “ibyo nabyo turaza kubihagurukira ariko ntabwo numva merewe neza kubivuga gutyo, kuko hari ibigarutse kenshi.”
Perezida Kagame yavuze ko atari butinde cyane ku mutekano w’igihugu, avuga ko ntawe ufite uburenganzira bwo guhungabanya u Rwanda, ndetse ko uwabitekereza atakwihanganirwa.

Ati “Uwashaka guhungabanya umutekano wacu we, ngirango ajye atekereza kabiri mbere y’uko ashaka kubijyamo. Ababitekereza bagarukira mu mvugo gusa, barasakuza kurusha uko bashobora kubikora. Uko twubaka igihugu cyacu, uko tubanisha abaturage, amateka yacu aho tuva n’aho tujya turabizi.”

Kuri iyo mpamvu, yasabye abaturage guhugira mu bijyanye n’iterambere ryabo n’igihugu muri rusange aho kurangazwa n’abavuga gusa ariko badafite ubushobozi bwo guhagarika umurongo igihugu gifite. 

Ati “Ubutabera burakora hano mugihugu, hari bumwe tumenyereye bukurikiza amategeko, hari n’ubundi butabera iyo wigize urutare tubagezaho. Nabwo turabufite. Abantu bareke kurangara rero dukore ibishoboka twiteze imbere, twikorere dukorere hamwe igihugu cyacu gikomeze kibe intangarugero, kuko henshi kimaze kuba intangarugero mu gutera imbere.”

Perezida Kagame yavuze kandi ku burezi, ubuzima, avuga ko amavuriro yagaragajwe hari uburyo ashobora kuzamurwa agatezwa imbere, ati “byose turashaka kubikurikirana duhereye kubyo dufite hari ikiza gukorwa.”

Yasoje agaruka ku kibazo cyagaragajwe mu myaka yashize cy’abana bata amashuri bakajya mu mirimo itabagenewe, avuga ko bidakwiye ndetse uzafatirwa mu makosa yo gukoresha abana azabibazwa haherewe ku bayobozi bakwiye kuba babikurikirana.

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Prof Shyaka Anastase, yibukije ko ibijyanye n’iterambere rya Rubavu bihabwa agaciro na guverinoma kuko muri uyu mwaka aka karere kagenewe agera kuri miliyari 9,5, mu gihe myaka ine ishize yari miliyari eshatu.

2019-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Nkurunziza yemerewe kuyobora u Burundi kugeza mu 2034, Agathon Rwasa arateganya kwitabaza inkiko

Perezida Nkurunziza yemerewe kuyobora u Burundi kugeza mu 2034, Agathon Rwasa arateganya kwitabaza inkiko

Ubwanditsi 22 May 2018
Raporo ya Loni yemejeko ingabo za Kayumba Nyamwasa na Wilson Irategeka zakubiswe inshuro na FARDC, inagaragaza ko abarwanyi ba P5 banyura mu Burundi

Raporo ya Loni yemejeko ingabo za Kayumba Nyamwasa na Wilson Irategeka zakubiswe inshuro na FARDC, inagaragaza ko abarwanyi ba P5 banyura mu Burundi

Ubwanditsi 12 Jun 2020
Perezida wa RDC Félix Tshisekedi Yitabiriye inama mpuzamahanga y’abayobozi b’ibigo bikomeye (African CEOs Forum) ibera i Kigali

Perezida wa RDC Félix Tshisekedi Yitabiriye inama mpuzamahanga y’abayobozi b’ibigo bikomeye (African CEOs Forum) ibera i Kigali

Ubwanditsi 25 Mar 2019
Icyizere cy’uko Jenoside itazongera kubaho mu Rwanda, nticyivuze ko abayigizemo uruhare cyangwa ababashyigikiye, baretse umugambi wo kurimbura u Rwanda

Icyizere cy’uko Jenoside itazongera kubaho mu Rwanda, nticyivuze ko abayigizemo uruhare cyangwa ababashyigikiye, baretse umugambi wo kurimbura u Rwanda

Ubwanditsi 07 Apr 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’urugomo muri Zambia, Abanyarwanda bahungiye kuri ambasade
Mu Mahanga

Nyuma y’urugomo muri Zambia, Abanyarwanda bahungiye kuri ambasade

Ubwanditsi 20 Apr 2016
Uko Col Aloys Simba wari umujyanama wa Habyarimana yarekuwe mu ibanga rikomeye
ITOHOZA

Uko Col Aloys Simba wari umujyanama wa Habyarimana yarekuwe mu ibanga rikomeye

Ubwanditsi 17 Jan 2019
Uganda: Abasirikare 2 ba UPDF bakorewe iyicarubozo ku munsi w’umurimo
Mu Rwanda

Uganda: Abasirikare 2 ba UPDF bakorewe iyicarubozo ku munsi w’umurimo

Ubwanditsi 05 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru