• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Bizimungu yanditse ibaruwa isezera yamenye ko Inteko yamukuyeho icyizere, yari yizeye Kayumba Nyamwasa nk’umucunguzi
Bizimungu Pasteur na Kayumba Nyamwasa

Bizimungu yanditse ibaruwa isezera yamenye ko Inteko yamukuyeho icyizere, yari yizeye Kayumba Nyamwasa nk’umucunguzi

Ubwanditsi 17 Apr 2020 INKURU NYAMUKURU

Tariki ya 17 Mata 2000, abagize Inteko Ishinga Amategeko na Guverinoma batoye Perezida Kagame kuyobora igihugu ku bwiganze bw’amajwi 81/86 naho Dr Charles Muligande abona amajwi 5/86. Aya matora yabaye nyuma yuko uwari Perezida Bizimungu Pasteur akuriweho icyizere n’Inteko ishinga amategeko kubera ibyaha binyuranye harimo ruswa gusuzugura Guverinoma n’ibindi.

Ubwo Inteko ishinga amategeko yarahizaga Bernard Makuza nka Minisitiri w’intebe asimbuye Petero Celesitini Rwigema tariki ya 8 Werurwe 2000, Perezida Bizimungu yagaragaje imyitwarire idasanzwe ubwo yatukaga Inteko Ishinga Amategeko, noneho atumizwa tariki ya 22 Werurwe 2000 ngo yisobanure ariko abadepite bo muri RPF Inkotanyi bamukuyeho icyizere, kandi bari bafite ubwiganze bw’amajwi; hagiye  gutorwa umwanzuro wo kumukuraho icyizere, abadepite bakira ibaruwa ngufi ko Perezida Bizimungu yeguye ku mpamvu ze bwite. Tariki ya 25 Werurwe 2000, Urukiko rw’ikirenga rwemeje ko Paul Kagame wari Visi Perezida aba abaye Perezida w’agateganyo nuko atorwa ku mugaragaro tariki ya 17 Mata 2000 ngo arangize Manda y’inzibacyuho yagombaga kurangira muri 2003.

Bizimungu Pasteur yabaye Perezida atanzwe n’Umuryango wa FPR Inkotanyi, ariko guhera mu mwaka wa 1998 yagaragaje imyitwarire igayitse atera umugongo FPR atangira kubaka akazu ke bwite arwanyako abaminisitiri babazwa ibyo bakora (accountability) agamije kubiyegereza no kubiba amacakubiri. Umuryango wakomeje kumurwazarwaza ariko birangira umukuyeho icyizere. Ibi byose yabikoraga abishyigikiwemo na Kayumba Nyamwasa wari umukuru w’Ingabo icyo gihe.

Mu nama zinyuranye Bizimungu yateguraga zaberaga iwe I Gikondo, Kayumba Nyamwasa yarazitabiraga ndetse nizaberaga kwa Charles Ntakirutinka aho yari atuye mu Cyahafi. Amaze kuva ku mwanya wa Perezida, Bizimungu ntiyicaye hamwe ahubwo yazamuye imbaraga zo kubaka ishyaka rishingiye ku bwoko aryita PDR Ubuyanja. Pasteur yagiranye ikiganiro na Jeune Afrique mu mwaka wa 2004 avugako abahutu bazongera bakirukankana Abatutsi.  Aya magambo rutwitsi ari mu byatumye Bizimungu afatwa arafungwa nyuma arekurwa ku mbabazi za Perezida Kagame akanamushimira mu mwaka wa 2007.

Ibi byose Bizimungu yabikoraga, Kayumba Nyamwasa abireberera amushyigikiye kuko yaraziko ariyo nzira azifashisha akagera ku butegetsi dore ko ibyo Bizimungu yaregwaga bari babisangiye.  Kayumba Nyamwasa amaze kubona umugambi umupfubanye ninabwo yishakiye Bourse ajya kwiga mu Bwongereza ngo azagaruke ari umwami. Byaranze urugendo rumubana rurerure kugeza ahunze agashinga RNC afatanyije n’abandi bahunze kubera amakosa yabo. Imyaka 10 amaze ashinze iryo shyaka, ibyagezweho ni ugushwana hagati yabo kuko ntawaritangije ukirimo ahubwo abayoboke be bamuvuguruza arabicisha aha twavuga nka Ben Rutabana n’abandi.

Urugendo rwa RNC mu myaka 10 ishize, rugizwe n’ibitero by’iterabwoba, gushinga imitwe yitwaje intwaro, gutikurana, ubwicanyi mu bagize RNC n’ibindi, bishingiye kuri Kayumba Nyamwasa ubwe bikaba binagaragaza kamere ye;  akaba arinabyo yashakaga gukoresha ashaka ubutegetsi mu nzira yihuse mu Rwanda. Muri iki gihe ushaka kumenya neza Kayumba Nyamwasa wamubaza abahoze muri RNC aribo Jean Paul Turayishimye, Madamu Karegeya, Rudasingwa, Gahima, Musonera, Ngarambe…..urutonde ni rurerure.

2020-04-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Maj. Gen. Muganga yasimbuye Gen Ibingira nk’Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara

Maj. Gen. Muganga yasimbuye Gen Ibingira nk’Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara

Ubwanditsi 20 Nov 2018
Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose

Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose

RUSHYASHYA 11 Mar 2026
Ingabire Victoire Umuhoza ni  Bagosora Théoneste w’umugore.

Ingabire Victoire Umuhoza ni  Bagosora Théoneste w’umugore.

Ubwanditsi 26 Sep 2022
U Rwanda na RD-Congo basinyanye amasezerano yo gutwara abantu n’ibintu mu kirere hagati y’ibihugu byombi

U Rwanda na RD-Congo basinyanye amasezerano yo gutwara abantu n’ibintu mu kirere hagati y’ibihugu byombi

Ubwanditsi 21 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igitambaro cya kapiteni Cristiano Ronaldo yataye mu kibuga mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2022, Portugal yanganyijemo na Serbia ibitego 2-2, kigiye gucungura ubuzima bw’umwana w’Umunya-Serbia
Amakuru

Igitambaro cya kapiteni Cristiano Ronaldo yataye mu kibuga mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2022, Portugal yanganyijemo na Serbia ibitego 2-2, kigiye gucungura ubuzima bw’umwana w’Umunya-Serbia

Ubwanditsi 01 Apr 2021
Uganda imaze guhomba miliyoni 454 z’amadolari kubera umubano mubi n’abaturanyi
POLITIKI

Uganda imaze guhomba miliyoni 454 z’amadolari kubera umubano mubi n’abaturanyi

Ubwanditsi 28 Jan 2020
Perezida Kagame yashimye intambwe imaze guterwa mu mubano wa Afurika n’u Burayi
UBUKUNGU

Perezida Kagame yashimye intambwe imaze guterwa mu mubano wa Afurika n’u Burayi

Ubwanditsi 18 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru