• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Itwikwa ry’urugo rwa Kabila ni ukumugaragariza yuko ubuze inda yica umujyi

Itwikwa ry’urugo rwa Kabila ni ukumugaragariza yuko ubuze inda yica umujyi

Ubwanditsi 27 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Inkuru y’uko mu gicuku cy’umunsi wa Noheli urugo rwa Perezida Joseph Kabila muri Kivu y’Epfo rwahawe inkongi y’umuriro rugashya rugakongoka bishobora kumvikana nk’ibisanzwe muri kiriya gihugu cy’akavuyo, ariko ntabwo bisanzwe ahubwo ni byabindi by’ubuze inda yica umujyi.

Amakuru y’ibitangazamakuru bitandukanye ahamya yuko mbere yo gutwika urwo rugo rw’umukuru w’igihugu rwabanje gusahurwa. Iyo biza gusahura gusa umuntu yagapfuye kuvuga yuko ari ibisanzwe muri DRC, nubwo nabyo bidasanzwe ku nyubako y’umukuru w’igihugu, ariko kuba harajemo no kuyitwika bigaragaza yuko harimo n’urwango.

Ikindi kandi nubwo ayo makuru avuga yuko habanje isahura mbere yitwikwa, nta gihamya yuko koko iryo sahura ryabayeho. Ikigaragarira buri wese n’uko iyo nyubako yatwitswe, igashya igakongoka n’umurambo umwe w’umupolisi wari mu bari baharinze ukaba waragaragaye ! Icyo gikorwa kibi cyo gutwika urugo bwite rwa Kabila Kabange kikaba kigaragara kuba icy’urwango aho kuba icy’ubusahuzi.Niba se washoboye gusahura, urajya mubyo gutwika ngo bikungure iki ?

Iryo twikwa ry’urugo rwa Kabila rije ribanziriza umunsi opozisiyo yari yahamagariye abaturage ba DRC gutangira imyigaragambyo si musiga yo kugira ngo Kabila ave ku butegetsi mbere yuko uyu mwaka  wa 2017 urangira. Abo barwanya ubutegetsi bwa Kabila bari batangaje yuko iyo myigaragambyo yo gushaka ko Perezida ahita ava ku butegetsi  itangira uyu munsi tariki 26/12/2017.

Joseph Kabila yabaye Perezida wa Congo (DRC) muri 2001, nyuma y’urupfu rwa se, Laurent Desire Kabila. Yaje gutorwa kuba Perezida w’icyo gihugu ku buryo bwemewe n’amategeko muri 2006, atorerwa manda ya kabiri ari nayo yari kuba iya nyuma muri 2011.

Iyo manda ya nyuma ya Kabila yarangiye m’Ukuboza 2016 ariko amatora ntiyakorwa ngo haboneke umusimbura. Itegeko nshinga rya DRC riteganya yuko Perezida atava ku butegetsi hatabonetse uwabutorewe agomba kubusigira, Kabila abigira urwitwazo rwo kutarekura ubwo butegetsi binagaragara yuko atazanaburekura !

Kabila kwanga kurekura ubutegetsi mu mpera z’umwaka ushize byateje umwuka mubi, wabonaga yuko wabyara intambara.

Inama y’abasenyeri(CENCO) ariko iza kuhagoboka, leta n’abatavuga rumwe nayo bemeranya yuko Kabila yategeka kugeza mu mpera z’uyu mwaka hakazakorwa amatora ariko Kabila atemerewe kwiyamamaza.

Hagati muri uyu mwaka ubutegetsi bwa Kabila bwaje gutangaza yuko uyu mwaka amatora atari gushoboka kubera impamvu ebyiri zikomeye. Iya mbere ngo n’uko nta mafaranga yari ahari kuba yakoreshwa mu matora, naho iya kabiri ikaba iy’uko lisiti y’itora yari itaranozwa neza. Leta isinyira yuko byanze bikunze amatora azakorwa tariki 23/12/2018. Ibihugu nka Amerika n’ubumwe bw’ibihugu by’u Bulayi byarangije kwemeza yuko koko amatora yakorwa Ukuboza umwaka utaha, ariko opozisiyo yo ntabwo ibikozwa !

Opozisiyo ivuga yuko uyu mwaka utararangira hagomba kuba haragiyeho nibura guverinoma y’inzibacyuho, ariko Kabila atayirimo. Ikaba ariyo mpamvu iyo opozisiyo yarahiye gukoresha inzira zose zishoboka ngo Kabila ananirwe gutegeka. Muri izo nzira hagomba kuba harimo n’iyo yaraye ikozwe yo kumutwikira. Batwitse iyo nyubako ye kuko ariyo bashoboye, iyo baza kumugeraho nta kuntu batari ku mumira bunguru !

Casmiry Kayumba

2017-12-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kayumba ni umuhemu”…”yaguze amapeti”

Kayumba ni umuhemu”…”yaguze amapeti”

Ubwanditsi 05 Sep 2019
Umujenosideri Twahirwa yakatiwe burundu, Basabose Pierre baburaniraga hamwe ajyanwa ku gahato mu kigo kivura indwara zo mu mutwe.

Umujenosideri Twahirwa yakatiwe burundu, Basabose Pierre baburaniraga hamwe ajyanwa ku gahato mu kigo kivura indwara zo mu mutwe.

Ubwanditsi 22 Dec 2023
Mu bayoboke 40 b’Itorero rya ADEPR rikorera Kibuye- Kampala, bafashwe na CMI, harimo 9 ba RNC  

Mu bayoboke 40 b’Itorero rya ADEPR rikorera Kibuye- Kampala, bafashwe na CMI, harimo 9 ba RNC  

Ubwanditsi 05 Aug 2019
U Rwanda rwongeye kuza ku mwanya wa  mbere mu karere k’Afrika y’Iburasirazuba mu gukumira no kurwanya  ruswa n’akarengane, ruza ku mwanya wa 4 muri Afrika yose!

U Rwanda rwongeye kuza ku mwanya wa  mbere mu karere k’Afrika y’Iburasirazuba mu gukumira no kurwanya  ruswa n’akarengane, ruza ku mwanya wa 4 muri Afrika yose!

Ubwanditsi 28 Jan 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Perezida Paul Kagame yitabiriye siporo rusange , aboneraho gusura ibice bitandukanye birimo Biryogo
Amakuru

Amafoto – Perezida Paul Kagame yitabiriye siporo rusange , aboneraho gusura ibice bitandukanye birimo Biryogo

Ubwanditsi 01 May 2022
Akavuyo mu miryango mpuzamahanga ikorera mu Burundi kubera iturufu y’amoko mu kugena abakozi
ITOHOZA

Akavuyo mu miryango mpuzamahanga ikorera mu Burundi kubera iturufu y’amoko mu kugena abakozi

Ubwanditsi 24 Jan 2019
Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye muri Village Urugwiro ku wa gatanu tariki ya 03/02/2017
Mu Mahanga

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye muri Village Urugwiro ku wa gatanu tariki ya 03/02/2017

Ubwanditsi 06 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru