• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Itwikwa ry’urugo rwa Kabila ni ukumugaragariza yuko ubuze inda yica umujyi

Itwikwa ry’urugo rwa Kabila ni ukumugaragariza yuko ubuze inda yica umujyi

Ubwanditsi 27 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Inkuru y’uko mu gicuku cy’umunsi wa Noheli urugo rwa Perezida Joseph Kabila muri Kivu y’Epfo rwahawe inkongi y’umuriro rugashya rugakongoka bishobora kumvikana nk’ibisanzwe muri kiriya gihugu cy’akavuyo, ariko ntabwo bisanzwe ahubwo ni byabindi by’ubuze inda yica umujyi.

Amakuru y’ibitangazamakuru bitandukanye ahamya yuko mbere yo gutwika urwo rugo rw’umukuru w’igihugu rwabanje gusahurwa. Iyo biza gusahura gusa umuntu yagapfuye kuvuga yuko ari ibisanzwe muri DRC, nubwo nabyo bidasanzwe ku nyubako y’umukuru w’igihugu, ariko kuba harajemo no kuyitwika bigaragaza yuko harimo n’urwango.

Ikindi kandi nubwo ayo makuru avuga yuko habanje isahura mbere yitwikwa, nta gihamya yuko koko iryo sahura ryabayeho. Ikigaragarira buri wese n’uko iyo nyubako yatwitswe, igashya igakongoka n’umurambo umwe w’umupolisi wari mu bari baharinze ukaba waragaragaye ! Icyo gikorwa kibi cyo gutwika urugo bwite rwa Kabila Kabange kikaba kigaragara kuba icy’urwango aho kuba icy’ubusahuzi.Niba se washoboye gusahura, urajya mubyo gutwika ngo bikungure iki ?

Iryo twikwa ry’urugo rwa Kabila rije ribanziriza umunsi opozisiyo yari yahamagariye abaturage ba DRC gutangira imyigaragambyo si musiga yo kugira ngo Kabila ave ku butegetsi mbere yuko uyu mwaka  wa 2017 urangira. Abo barwanya ubutegetsi bwa Kabila bari batangaje yuko iyo myigaragambyo yo gushaka ko Perezida ahita ava ku butegetsi  itangira uyu munsi tariki 26/12/2017.

Joseph Kabila yabaye Perezida wa Congo (DRC) muri 2001, nyuma y’urupfu rwa se, Laurent Desire Kabila. Yaje gutorwa kuba Perezida w’icyo gihugu ku buryo bwemewe n’amategeko muri 2006, atorerwa manda ya kabiri ari nayo yari kuba iya nyuma muri 2011.

Iyo manda ya nyuma ya Kabila yarangiye m’Ukuboza 2016 ariko amatora ntiyakorwa ngo haboneke umusimbura. Itegeko nshinga rya DRC riteganya yuko Perezida atava ku butegetsi hatabonetse uwabutorewe agomba kubusigira, Kabila abigira urwitwazo rwo kutarekura ubwo butegetsi binagaragara yuko atazanaburekura !

Kabila kwanga kurekura ubutegetsi mu mpera z’umwaka ushize byateje umwuka mubi, wabonaga yuko wabyara intambara.

Inama y’abasenyeri(CENCO) ariko iza kuhagoboka, leta n’abatavuga rumwe nayo bemeranya yuko Kabila yategeka kugeza mu mpera z’uyu mwaka hakazakorwa amatora ariko Kabila atemerewe kwiyamamaza.

Hagati muri uyu mwaka ubutegetsi bwa Kabila bwaje gutangaza yuko uyu mwaka amatora atari gushoboka kubera impamvu ebyiri zikomeye. Iya mbere ngo n’uko nta mafaranga yari ahari kuba yakoreshwa mu matora, naho iya kabiri ikaba iy’uko lisiti y’itora yari itaranozwa neza. Leta isinyira yuko byanze bikunze amatora azakorwa tariki 23/12/2018. Ibihugu nka Amerika n’ubumwe bw’ibihugu by’u Bulayi byarangije kwemeza yuko koko amatora yakorwa Ukuboza umwaka utaha, ariko opozisiyo yo ntabwo ibikozwa !

Opozisiyo ivuga yuko uyu mwaka utararangira hagomba kuba haragiyeho nibura guverinoma y’inzibacyuho, ariko Kabila atayirimo. Ikaba ariyo mpamvu iyo opozisiyo yarahiye gukoresha inzira zose zishoboka ngo Kabila ananirwe gutegeka. Muri izo nzira hagomba kuba harimo n’iyo yaraye ikozwe yo kumutwikira. Batwitse iyo nyubako ye kuko ariyo bashoboye, iyo baza kumugeraho nta kuntu batari ku mumira bunguru !

Casmiry Kayumba

2017-12-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Yozefu Matata yamaganwe n’abakomoka ku Banyapolitiki bishwe na Habyarimana ubwo yafataga ubutegetsi muri 1973

Yozefu Matata yamaganwe n’abakomoka ku Banyapolitiki bishwe na Habyarimana ubwo yafataga ubutegetsi muri 1973

Ubwanditsi 10 Jul 2020
RDC: Umutwe Wa M23 Witeguye Kubura Imirwano

RDC: Umutwe Wa M23 Witeguye Kubura Imirwano

Ubwanditsi 14 Aug 2018
Uganda : Bombori bombori mu kazu k’abahima bayoboye Uganda, Lt Gen Tumukunde yafashwe n’ingabo zihuriweho na Polisi n’ingabo ziki gihugu

Uganda : Bombori bombori mu kazu k’abahima bayoboye Uganda, Lt Gen Tumukunde yafashwe n’ingabo zihuriweho na Polisi n’ingabo ziki gihugu

Ubwanditsi 12 Mar 2020
Abaturage ba Kenya baramagana umugambi mubisha wa Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni, wo gutobera ubutegetsi bw’Igihugu cyabo.

Abaturage ba Kenya baramagana umugambi mubisha wa Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni, wo gutobera ubutegetsi bw’Igihugu cyabo.

Ubwanditsi 06 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rukomeje kuyobora urutonde rwa Afurika rw’ibihugu bifite abaminisitiri benshi b’abagore
Mu Rwanda

U Rwanda rukomeje kuyobora urutonde rwa Afurika rw’ibihugu bifite abaminisitiri benshi b’abagore

Ubwanditsi 13 Sep 2019
Abantu 15 barimo Umunyamerika, bamaze kugwa mu gitero cya Al-Shabaab muri Kenya
ITOHOZA

Abantu 15 barimo Umunyamerika, bamaze kugwa mu gitero cya Al-Shabaab muri Kenya

Ubwanditsi 16 Jan 2019
Kuki Kutesa ateza urujijo ku byo u Rwanda rushinja Uganda
INKURU NYAMUKURU

Kuki Kutesa ateza urujijo ku byo u Rwanda rushinja Uganda

Ubwanditsi 18 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru