• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ishyaka Rya J.Pierre Bemba Wakuwe Ku Rutonde Rw’abakandida Perezida Rigiye Kujurira

Ishyaka Rya J.Pierre Bemba Wakuwe Ku Rutonde Rw’abakandida Perezida Rigiye Kujurira

Ubwanditsi 27 Aug 2018 POLITIKI

Ishyaka rya Jean Bemba wahoze ari umukuru w’inyeshyamba akaba na Visi-Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ku wa Gatandatu tariki ya 25 Kanama 2018, ryatangaje ko rizajuririra icyemezo cy’akanama k’amatora cyo ku mukuru ku rutonde rw’abakandida perezida.

Mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 24 Kanama, akanama gashinzwe amatora kakuye Bemba kuri urwo rutonde gashingiye ku kuba “yarakatiwe n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha” mu kwezi kwa Gatatu muri uyu mwaka wa 2018 ku cyaha cyo guha ruswa abatangabuhamya.

Icyo gihe urukiko rwamukatiye gufungwa umwaka umwe ndetse acibwa n’amande y’ibihumbi 300 by’amayero.

Ariko uru rukiko rufite icyicaro i La Haye mu Buholandi, rwisubiyeho ku mwanzuro waryo wari wahamije Bemba ibyaha by’intambara, nuko asubira mu murwa mukuru wa Kongo, Kinshasa, mu kwezi kwa munani amaze kugirwa umwere.

Kubera icyo cyemezo cyo ku wa Gatanu nijoro cy’akanama k’amatora ka Congo, abashyigikiye Bemba babwiye ibiro ntaramakuru by’Abafaransa AFP ko bazifatanya n’uyu muyobozi wabo bagatanga ikirego cy’ubujurire mu rukiko rushinzwe kubungabunga ubusugire bw’itegeko-nshinga, bitarenze ku wa kabiri w’iki cyumweru tariki ya 28 Kanama 2018.

Eve Bazaiba, umunyamabanga mukuru w’ishyaka, yagize ati “Tuzakoresha uburyo bw’amategeko bwose dufite turwane kuri kandidatire ya Jean-Pierre Bemba mu matora ya perezida.”

Mbere yuko akanama gashinzwe amatora gatangaza urutonde rwa nyuma ry’abakandida-perezida, amatsinda y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi yari yashinje leta ya Perezida Joseph Kabila gushaka “kuburizamo” abakandida benshi batavuga rumwe na leta.

Mu itangazo ayo matsinda yasohoye ryashyizweho umukono na Bwana Bemba ndetse na Moïse Katumbi na Félix Tshisekedi, bashishikarije Perezida Kabila gushyira ubwisanzure mu gikorwa cy’amatora ndetse “akareka amategeko aha akanama k’amatora.”

Izindi kandidatire z’abakandida batanu zanzwe

Hamwe na Bemba, abandi bakandida-perezida batanu  mu bakandida perezida 25 bose hamwe bangiwe n’akanama k’amatora ka Congo kuziyamamaza mu matora yimirije.

Batatu muri bo bahoze ari ba Minisitiri b’Intebe muri Leta ya Kabila. Abo ni Samy Badibanga, Adolphe Muzito na Antoine Gizenga.  Amatora ateganyijwe ku itariki ya 23 Ukuboza 2018

2018-08-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless

Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless

Ubwanditsi 08 May 2025
Komisiyo y’Amatora yamaganye abiyita abakandida basaba inkunga abaturage

Komisiyo y’Amatora yamaganye abiyita abakandida basaba inkunga abaturage

Ubwanditsi 17 Apr 2017
Rwanda women Convention ya mbere izateranira i Montreal muri Canada hagati y’amataliki 16-17 Nzeri 2016.

Rwanda women Convention ya mbere izateranira i Montreal muri Canada hagati y’amataliki 16-17 Nzeri 2016.

Ubwanditsi 29 Aug 2016
Umuryango w’Abavoka batagira Umupaka wahagaritse ibikorwa byawo mu Burundi

Umuryango w’Abavoka batagira Umupaka wahagaritse ibikorwa byawo mu Burundi

Ubwanditsi 17 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyarwanda batandatu bigaga muri Kampala International University baguye mu mpanuka y’imodoka
Amakuru

Abanyarwanda batandatu bigaga muri Kampala International University baguye mu mpanuka y’imodoka

Ubwanditsi 05 Nov 2017
Kigali : Abayobozi basaga 2000 bateraniye mu inama y’Umushyikirano
Mu Mahanga

Kigali : Abayobozi basaga 2000 bateraniye mu inama y’Umushyikirano

Ubwanditsi 15 Dec 2016
Uganda: Christine Mbabazi Wari Ihabara Rya Kaweesi Arasaba Uburenganzira Bwo Kwidegembya
ITOHOZA

Uganda: Christine Mbabazi Wari Ihabara Rya Kaweesi Arasaba Uburenganzira Bwo Kwidegembya

Ubwanditsi 11 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru