• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Uganda imaze guhomba miliyoni 454 z’amadolari kubera umubano mubi n’abaturanyi

Uganda imaze guhomba miliyoni 454 z’amadolari kubera umubano mubi n’abaturanyi

Ubwanditsi 28 Jan 2020 POLITIKI

Ibibazo by’umubano biri hagati y’u Rwanda na Uganda bimaze guhombya Uganda nibura miliyoni 75 z’amadolari kuko ibyo Uganda yoherezaga mu Rwanda umwaka ushize byageze kuri miliyoni 173 z’amadolari zivuye kuri miliyoni 250 mu mwaka wa 2018.

Muri rusange, ibibazo bijyanye n’ubucuruzi Uganda imazemo iminsi n’ibihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba, umwaka ushize byayihombeje miliyoni z’amadolari 454.7 kubyo yohereza hanze nkuko biri mu mibare ya Banki Nkuru ya Uganda, Ikigo cya Uganda gishinzwe imisoro n’amahoro n’Ikigo gishinzwe iterambere ry’ubucuruzi bw’ikawa muri icyo gihugu.

Imibare igaragaza ko Uganda yahombeye cyane kubyo yoherezaga muri Kenya n’u Rwanda ugereranyije n’ibindi bihugu byo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, nkuko Daily Monitor yabitangaje.

By’umwihariko, miliyoni z’amadolari 75.6 Uganda yahombye byatewe no kugabanyuka kwa sima y’uruganda rwa Hima Cement yoherezwaga mu Rwanda, kugabanyuka kw’ibicuruzwa by’uruganda rwa Movit, amabati n’ibindi.

Ibyoherezwa muri Kenya nabyo byaragabanyutse kuko byavuye kuri miliyoni z’amadolari 825 yabonetse mu 2018, zikaba miliyoni 535 mu 2019.

Bivuze ko nibura hari ibicuruzwa bya miliyoni z’amadolari 290 byahombye cyane cyane bivuye ku makenga abanyakenya bagize ku bigori biva muri Uganda, isukari, inyama n’ibikomoka ku bworozi bw’inkoko.

Nubwo Kenya ifite ikibazo cyo kubura ibigori, yatanze umuburo ku bigori byaturukaga muri Uganda, ivuga ko birimo uburozi bwa Aflatoxins bushobora gutera indwara buturuka ku ruhumbu.

Kenya kandi ntiravanaho burundu akato yashyizemo ibikomoka ku nkoko zo muri Uganda guhera mu 2018.

Uganda na Kenya kandi bimaze iminsi mu ntambara y’ubucuruzi bw’amata, ku buryo no mu minsi ishize amata ya Uganda afite agaciro ka miliyari y’amashilingi ya Uganda yangiwe kwinjira ku isoko rya Kenya nkuko bitangazwa n’urugaga rw’abikorera muri Uganda.

Uganda kandi ibyo yohereza muri Tanzania byaragabanyutse, cyane ko Tanzania itarakuraho akato yashyize ku isukari iva muri Uganda.

Ibyo Uganda yohereza muri Tanzania byavuye kuri miliyoni 91 z’amadolari mu 2018, bigera kuri miliyoni 83 mu 2019.

Icyakora, imibare y’ikigo gishinzwe ibyoherezwa hanze muri Uganda igaragaza ko amafaranga ava mubyo icyo gihugu cyohereza hanze muri rusange yiyongereye akava kuri miliyari 13.4 z’amashilingi yabonetse mu 2018 akaba miliyari 13.8 mu 2019.

Ibi bavuga ko byavuye mu kongera ubucuruzi icyo gihugu gikorana n’ibihugu nka Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Aziya no mu Burasirazuba bwo hagati.

Umubano wa Uganda n’u Rwanda wajemo agatotsi kubera ibirego icyo gihugu gishinjwa birimo gutoteza abanyarwanda bajyayo, gukorana n’imitwe ishaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda no kubangamira ubucuruzi bw’u Rwanda.

Muri Werurwe umwaka ushize, u Rwanda rwagiriye inama abaturage barwo kutajya muri Uganda, mu gihe icyo gihugu kidahagaritse kubatoteza.

2020-01-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Ndigabo” ya Ramaphosa itumye abasirikari igihumbi ba SADC bahera mu biganza bya M23

“Ndigabo” ya Ramaphosa itumye abasirikari igihumbi ba SADC bahera mu biganza bya M23

Ubwanditsi 17 Feb 2025
Uganda: Minisitiri avuga ko ’igisirikare kizasyonyora’ ishyaka rya Bobi Wine

Uganda: Minisitiri avuga ko ’igisirikare kizasyonyora’ ishyaka rya Bobi Wine

Ubwanditsi 30 Oct 2019
Abahagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Abanya-Israel n’abahagarariye Afurika bahuriye mu Rwanda mu nama yiga ku mutekano ‘The Security Summit’.

Abahagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Abanya-Israel n’abahagarariye Afurika bahuriye mu Rwanda mu nama yiga ku mutekano ‘The Security Summit’.

RUSHYASHYA 23 Feb 2026
Gutsinda urugamba rwo kwibohora bisaba kwima amatwi ba mpatsibihugu

Gutsinda urugamba rwo kwibohora bisaba kwima amatwi ba mpatsibihugu

Ubwanditsi 26 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Peter wahoze muri P Square mu nzira yerekeza i Kigali mu gitaramo gikomeye
Mu Rwanda

Peter wahoze muri P Square mu nzira yerekeza i Kigali mu gitaramo gikomeye

Ubwanditsi 28 Apr 2018
Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma
Amakuru

Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma

RUSHYASHYA 26 May 2026
Umucamanza Theodor Meron arasabwa kwitondera gufungura Ngeze Hassan na bagenzi be
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umucamanza Theodor Meron arasabwa kwitondera gufungura Ngeze Hassan na bagenzi be

Ubwanditsi 07 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru