• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Uganda imaze guhomba miliyoni 454 z’amadolari kubera umubano mubi n’abaturanyi

Uganda imaze guhomba miliyoni 454 z’amadolari kubera umubano mubi n’abaturanyi

Ubwanditsi 28 Jan 2020 POLITIKI

Ibibazo by’umubano biri hagati y’u Rwanda na Uganda bimaze guhombya Uganda nibura miliyoni 75 z’amadolari kuko ibyo Uganda yoherezaga mu Rwanda umwaka ushize byageze kuri miliyoni 173 z’amadolari zivuye kuri miliyoni 250 mu mwaka wa 2018.

Muri rusange, ibibazo bijyanye n’ubucuruzi Uganda imazemo iminsi n’ibihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba, umwaka ushize byayihombeje miliyoni z’amadolari 454.7 kubyo yohereza hanze nkuko biri mu mibare ya Banki Nkuru ya Uganda, Ikigo cya Uganda gishinzwe imisoro n’amahoro n’Ikigo gishinzwe iterambere ry’ubucuruzi bw’ikawa muri icyo gihugu.

Imibare igaragaza ko Uganda yahombeye cyane kubyo yoherezaga muri Kenya n’u Rwanda ugereranyije n’ibindi bihugu byo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, nkuko Daily Monitor yabitangaje.

By’umwihariko, miliyoni z’amadolari 75.6 Uganda yahombye byatewe no kugabanyuka kwa sima y’uruganda rwa Hima Cement yoherezwaga mu Rwanda, kugabanyuka kw’ibicuruzwa by’uruganda rwa Movit, amabati n’ibindi.

Ibyoherezwa muri Kenya nabyo byaragabanyutse kuko byavuye kuri miliyoni z’amadolari 825 yabonetse mu 2018, zikaba miliyoni 535 mu 2019.

Bivuze ko nibura hari ibicuruzwa bya miliyoni z’amadolari 290 byahombye cyane cyane bivuye ku makenga abanyakenya bagize ku bigori biva muri Uganda, isukari, inyama n’ibikomoka ku bworozi bw’inkoko.

Nubwo Kenya ifite ikibazo cyo kubura ibigori, yatanze umuburo ku bigori byaturukaga muri Uganda, ivuga ko birimo uburozi bwa Aflatoxins bushobora gutera indwara buturuka ku ruhumbu.

Kenya kandi ntiravanaho burundu akato yashyizemo ibikomoka ku nkoko zo muri Uganda guhera mu 2018.

Uganda na Kenya kandi bimaze iminsi mu ntambara y’ubucuruzi bw’amata, ku buryo no mu minsi ishize amata ya Uganda afite agaciro ka miliyari y’amashilingi ya Uganda yangiwe kwinjira ku isoko rya Kenya nkuko bitangazwa n’urugaga rw’abikorera muri Uganda.

Uganda kandi ibyo yohereza muri Tanzania byaragabanyutse, cyane ko Tanzania itarakuraho akato yashyize ku isukari iva muri Uganda.

Ibyo Uganda yohereza muri Tanzania byavuye kuri miliyoni 91 z’amadolari mu 2018, bigera kuri miliyoni 83 mu 2019.

Icyakora, imibare y’ikigo gishinzwe ibyoherezwa hanze muri Uganda igaragaza ko amafaranga ava mubyo icyo gihugu cyohereza hanze muri rusange yiyongereye akava kuri miliyari 13.4 z’amashilingi yabonetse mu 2018 akaba miliyari 13.8 mu 2019.

Ibi bavuga ko byavuye mu kongera ubucuruzi icyo gihugu gikorana n’ibihugu nka Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Aziya no mu Burasirazuba bwo hagati.

Umubano wa Uganda n’u Rwanda wajemo agatotsi kubera ibirego icyo gihugu gishinjwa birimo gutoteza abanyarwanda bajyayo, gukorana n’imitwe ishaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda no kubangamira ubucuruzi bw’u Rwanda.

Muri Werurwe umwaka ushize, u Rwanda rwagiriye inama abaturage barwo kutajya muri Uganda, mu gihe icyo gihugu kidahagaritse kubatoteza.

2020-01-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abaturage Kaniga ngo’ RPF – Inkotanyi ‘ iri hafi guhindura aho batuye  paradizo

Abaturage Kaniga ngo’ RPF – Inkotanyi ‘ iri hafi guhindura aho batuye paradizo

Ubwanditsi 14 Jul 2017
Congo-Kinshasa: AFC/M23 yatangaje ibikenewe byose mbere y’uko Ikibuga cy’Indege cya Goma gifungurwa

Congo-Kinshasa: AFC/M23 yatangaje ibikenewe byose mbere y’uko Ikibuga cy’Indege cya Goma gifungurwa

RUSHYASHYA 27 Nov 2025
Amakuru twacukumbuye ku buryo buhagije, arahamya ko kimwe mu bikomerezwa bya FDLR, Gen. Appolinaire Hakizimana alias Poète, atagihumeka umwuka w’abazima

Amakuru twacukumbuye ku buryo buhagije, arahamya ko kimwe mu bikomerezwa bya FDLR, Gen. Appolinaire Hakizimana alias Poète, atagihumeka umwuka w’abazima

Ubwanditsi 03 Jan 2025
Ni nde uzasimbura Mitali k’ubuyobozi bwa PL

Ni nde uzasimbura Mitali k’ubuyobozi bwa PL

Ubwanditsi 26 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu kwitegura amatora, Tshisekedi yiteze umutego uzamushibukana, ashyira Bemba na Kamerhe muri guverinoma.
Amakuru

Mu kwitegura amatora, Tshisekedi yiteze umutego uzamushibukana, ashyira Bemba na Kamerhe muri guverinoma.

Ubwanditsi 28 Mar 2023
Isesengura; Komite nshya ya RNC Uganda, ikimenyetso simusiga cyuko RNC yabaye nkaya nkende ishaje yananiwe kurizwa igiti yiyurizaga
INKURU NYAMUKURU

Isesengura; Komite nshya ya RNC Uganda, ikimenyetso simusiga cyuko RNC yabaye nkaya nkende ishaje yananiwe kurizwa igiti yiyurizaga

Ubwanditsi 22 Nov 2019
Ingabire Victoire Umuhoza ngo azasubiza u Rwanda muri Jenoside niba adahawe ubutegetsi. Ese   kuki “IVU” ridashyirwa mu kimpoteri  nk’indi myanda yose, rigakomeza gutumukira abantu?
Amakuru

Ingabire Victoire Umuhoza ngo azasubiza u Rwanda muri Jenoside niba adahawe ubutegetsi. Ese   kuki “IVU” ridashyirwa mu kimpoteri  nk’indi myanda yose, rigakomeza gutumukira abantu?

Ubwanditsi 24 Aug 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru