• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon yegukanye igikombe 10 cy’amahoro

Rayon yegukanye igikombe 10 cy’amahoro

Ubwanditsi 04 Jul 2016 IMIKINO

Ikipe ya Rayon Sports yegukanye igikombe cya 10 cy’amahoro mu mateka yayo, itsinze ikipe ya APR FC igitego 1 ku 0, cyatsinzwe n’umunya Mali, Ismaila Diarra, ku munota wa nyuma.

-3167.jpg

Igice cya mbere cy’umukino kihariwe bigaragara n’ikipe ya Rayon Sports. APR FC yaje mu kibuga, ubona ko umuzamu Nizar Khanfir afite gahunda yo gufunga izamu kurusha kuba yasatira.

-3169.jpg

Hakiri kare, ku mupira Savio yafashe akinjiza mu rubuga rw’amahina, yaje gukorerwa ikosa na Rugwiro Herve na Rwatubyaye, ariko umusifuzi Louis Hakizimana ntiyatanga penaliti.

Rayon Sports yotsaga igitutu bigaragara ikipe ya APR FC, muri iyi minota ya mbere y’umukino.

-3170.jpg

Emery Bayisenge umutoza yari yahisemo ko akina imbere ya ba myugariro, yakoraga amakosa menshi, wabonaga ko yagowe n’abakinnyi ba Rayon Sports, bakina hagati.

-3171.jpg

Uyu musore wakoraga amakosa menshi, yaje kubona ikarita y’umuhondo, aza no gusunikana benshi bakeka ko agiye kubona ikarita ya 2, ariko Louis Hakizimana, ntiyamuha ikarita ya 2.

Umutoza Nizar wabonaga uyu musore akomeza gukora amakosa menshi, yamukuyemo ku munota wa 24, yinjiza mu kibuga Benedata Janvier.

Kwinjira mu kibuga kwa Janvier, APR FC yatangiye guhererekanya neza mu kibuga, ni ubwo wabonaga igihunga ku bakinnyi ba APR FC.

Rayon Sports yarushaga APR FC cyane, ikabona koruneli na coup franc nyinshi, ari nako abakinnyi bayo bakomezaga kubona amakarita, nka Rwatubyaye Abdoul, azira gukubita umupira mu mutwe Ismaila Diarra.

Ni ubwo Rayon Sports yakinaga neza hagati mu kibuga, ntiyageraga imbere y’izamu rya APR kenshi, wabonaga umupira uguma cyane hagati.

-3173.jpg

Mbere gato y’uko igice cya mbere cy’umukino kirangira, Issa Bigirimana yatunguye Bakame, atera ishoti riremereye ariko rica hejuru y’izamu. Igice cya mbere kirangira nta kipe ibashije kureba mu izamu.

Amakipe agarutse ava mu rwambariro, Rayon Sports yatangiye neza, ibona koruneli 2, ariko ntizatanga umusaruro.

Nizar Khanfir yafashe icyemezo cyo gukuramo Yannick Mukunzi utakinaga neza, yinjiza Ndahinduka Michel ngo akomeze ubusatirizi, anashake ubwinyagamburo hagati mu kibuga.

APR FC yatangiye gukina neza hagati mu kibuga, irusha Rayon Sports guhererekanya umupira, wabonaga ko mu minota nka 60, yakiniraga kuri za contre attaque, inakoresha amakosa abakinnyi ba APR FC.

Rayon Sports yabonye Coup franc iri hafi y’urubuga rw’amahina, itewe na Kwizera Pierrot, awutera mu rukuta rw’abakinnyi ba APR FC.

APR FC yacishagamo igahererekanya neza, yacishagamo ikotsa igitutu abakinnyi ba Rayon Sports, batangira gukora nabo. Mugheni Fabrice yaje kubona ikarita y’umuhondo, akiniye nabi Rusheshangoga.

Rayon Sports yakuyemo Djabel, yinjiza mu kibuga Muhire Kevin, Masudi ashaka uko yakongera imbaraga mu busatirizi bw’ikipe ye.

Diarra yaje guhabwa umupira mwiza na Manzi Thierry, ashatse kuwurenza umuzamu wa APR FC, Kwizera Olivier, ntibyamuukundira.
-3180.jpg
Amakipe yakomeje gusatirana, ariko igitego cyorabura. Iranzi yabonyue ikarita y’umuhondo akiniye nabi Tubane James . Ku munota wa 2 w’inyongera, ku minota 4 yari yongeweho, benedata yatakaje umupira, ufatwa na Mugheni wawuhaye Pierrot, atera ishoti rikomeye, Kwizera ananirwa kuwufata, Diarra asubizamo, umupira ujya mu rushundura.

Abakinnyi babanje mu kibuga ku mpande zombi :

APR FC : Kwizera Olivier, Rusheshangoga Michel, Ngabo Albert, Rwatubyaye Abdoul, Rugwiro Herve, Bayisenge Emery (24’, Benedata Janvier), Mukunzi Yannick (52’ Ndahinduka Michel), Djihad Bizimana, Buteera Andrew, Iranzi Jean Claude, Issa Bigirimana.

Abasimbura : Ntaribi Steven, Rutanga Eric, Ntaluhanga Tumaine, Usengimana faustin, Nshutiyamagara Ismael.

Rayon Sports : Ndayishimiye Eric, Manzi Thierry, Imanishimwe Emmanuel , Tubane James, Munezero Fiston, Niyonzima Seif, Mugheni Fabrice, Kwizera Pierrot, Manishimwe Djabel (74, Muhire Kevin), Ismaila Diarra, Nshuti Savio Dominique.

Abasimbura : Bashunga Abouba, Niyonkuru Djuma, Mugisha Francois, Mugenzi Cedric, Irambona Eric, Niyonkuru Vivien.

2016-07-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Police FC yatsinze APR FC 2-1, ubwo bakinaga umukino wa gicuti hitegurwa umwaka w’imikino wa 2025-2026

Police FC yatsinze APR FC 2-1, ubwo bakinaga umukino wa gicuti hitegurwa umwaka w’imikino wa 2025-2026

Ubwanditsi 04 Aug 2025
Umunsi w’abakundana  ‘Valentine’s Day’  wijihijwe gitore

Umunsi w’abakundana ‘Valentine’s Day’ wijihijwe gitore

Ubwanditsi 14 Feb 2017
Shampiyona y’igihugu cy’u Bwongereza yatanze abakinnyi 40 mu gikombe cya Afurika2021, ni abakinnyi bavuye mu makipe 16 ya Premier League

Shampiyona y’igihugu cy’u Bwongereza yatanze abakinnyi 40 mu gikombe cya Afurika2021, ni abakinnyi bavuye mu makipe 16 ya Premier League

Ubwanditsi 03 Jan 2022
Uko Messi yafashije FC Barcelone kwegukana igikombe cya shampiyona ya Espagne

Uko Messi yafashije FC Barcelone kwegukana igikombe cya shampiyona ya Espagne

Ubwanditsi 29 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Burundi: Umuyobozi mu Mbonerakure yishwe acibwa umutwe
ITOHOZA

U Burundi: Umuyobozi mu Mbonerakure yishwe acibwa umutwe

Ubwanditsi 20 Sep 2018
Madamu Jeannette Kagame yitabiriye Walk to Remember
INKURU NYAMUKURU

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye Walk to Remember

Ubwanditsi 08 Apr 2018
Kuki Kutesa ateza urujijo ku byo u Rwanda rushinja Uganda
INKURU NYAMUKURU

Kuki Kutesa ateza urujijo ku byo u Rwanda rushinja Uganda

Ubwanditsi 18 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru