• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Mu Budage abakinnyi bemeye kugabanyirizwa umushahara kubera Coronavirus, aba FC Barcelone ntibabivugaho rumwe

Mu Budage abakinnyi bemeye kugabanyirizwa umushahara kubera Coronavirus, aba FC Barcelone ntibabivugaho rumwe

Ubwanditsi 26 Mar 2020 IMIKINO

Abakinnyi ba Bayern Munich na Borussia Dortmund bemeranyije n’abayobozi b’amakipe yabo ko bakatwa umushahara by’agateganyo muri iki gihe Isi yugarijwe na Coronavirus.

Aya makipe abiri akomeye yo mu Budage yafashe iki cyemezo cyo kugabanyiriza abakinnyi umushahara kugira ngo afashe abandi bakozi bayo ubusanzwe bagiraga icyo babona ari uko hari imikino yabaye.

Muri iki gihe nta mikino iri kuba, amakipe amwe ari gushaka ibisubizo byo kugira ngo atazagwa mu gihombo kubera gukomeza kwishyura abakinnyi amafaranga y’umurengera.

Abakinnyi ba Union Berlin, ya 11 muri Shampiyona y’u Budage, batangaje ko bemeye guhara imishahara yabo.

Itangazo ryashyizwe hanze n’ikipe yabo ku wa Gatatu tariki ya 25 Werurwe, rivuga ko “abakinnyi bose bo mu ikipe ya mbere, bemeye guhara imishahara yabo. Abandi bakozi b’ikipe bemeye gukomeza gukora amasaha make, bakazahabwa igice cy’umushahara.”

Mu cyumweru gishize, abakinnyi ba Borussia Monchengladbach na bo bari batangaje ko batazasaba imishahara.

Abo muri Bayern Munich bazagabanyirizwa ho 20% by’imishahara bahabwaga mu gihe abo muri Borussia Dortmund, bazahara igice cy’ayo bahembwaga.

Kugeza ku wa Gatatu, mu Budage habarurwaga abantu 31 554 bamaze kwandura Coronavirus mu gihe 149 aribo bahitanywe n’icyo cyorezo.

Abakinnyi barimo Leroy Sane, Robert Lewandowski, Leon Goretzka na Joshua Kimmich batanze inkunga yo kurwanya icyo cyorezo.

Muri FC Barcelone, abakinnyi ntibabivugaho rumwe

Mu cyumweru gishize nibwo muri FC Barcelone hafashwe icyemezo cyo kugabanyiriza abakinnyi imishahara kuko ikipe itagifite aho ikura muri iyi minsi imikino yose yahagaze.

Ubuyobozi bwari bwiteze ko abakinnyi bashobora gufata iya mbere, bakemera ko bagabanyirizwa imishahara bitewe n’icyorezo cya Coronavirus.

Imishahara y’abakinnyi b’ikipe yayo ya mbere isaga 70% by’imishahara yose y’ikipe. Barcelone yishyura miliyoni 593£ ku makipe yayo yose, aho miliyoni 468 £ zihabwa ikipe y’Umupira w’amaguru, akaba ari yo izarebwaho ngo igabanyirizwe imishahara mu rwego rwo kuziba icyuho cy’ayo iyi kipe itari kwinjiza.

SPORT yo muri Espagne, yatangaje ko abakinnyi ba FC Barcelone bacitsemo ibice bitatu kubera kutumvikana kuri iyo ngingo yo kugabanyirizwa imishahara.

Itsinda rya mbere, ni abakinnyi bateye utwatsi icyo cyemezo, aho bavuga ko batumva impamvu bagabanyirizwa imishahara nyamara ikipe yabo yarapfushije ubusa amafaranga igura abakinnyi batagize icyo bayimariye.

Bivugwa ko iri tsinda ririmo abakinnyi bahembwa menshi, aho bumva ko mu gihe bagabanyirizwa ari bo baba babihombeyemo kurusha abandi.

Itsinda rya kabiri bivugwa ko ririmo bamwe mu bakinnyi bakomeye mu ikipe, rishyigikiye iyo gahunda, ndetse ngo ni ryo ririmo Lionel Messi uheruka gutanga miliyoni 1€ yo kurwanya Coronavirus muri Barcelone na Argentine mu gihe irya gatatu ryo ritegereje kureba icyemezo cya nyuma cyizafatwa.

Abahagarariye amakipe baherutse kugira ibiganiro n’ubuyobozi bwa La Liga ndetse bivugwa ko bemeranyijwe ko abakinnyi bose bo muri Espagne bakwigomwa 10% by’imishahara yabo kuko nta mikino iri kuba.

FC Barcelone ishingiye ku kugurisha amatike, abasuye inzu ndangamurage no kugurisha imyambaro, ariko byose kugeza ubu byarahagaze mu gihe kandi byitezwe ko n’abaterankunga bamwe na bamwe bashobora kutishyura mu rwego rwo kwirinda ko bahura n’ibibazo by’ubukungu.

Iyi kipe ivuga ko gusubika umukino wari kuyihuza na Napoli mu cyumweru gishize, kwayihombeje miliyoni 6€ ndetse kugeza ubu Stade yayo irafunze.

Mu mwaka ushize w’imikino, inzu ndangamurage ya FC Barcelone yinjije hafi miliyoni 60€ mu gihe iduka ryayo ryinjije miliyoni 86€.

Abakinnyi ba Borussia Dortmund na Bayern Munich bemeye kugabanyirizwa umushahara kubera icyorezo cya Coronavirus

Muri FC Barcelone, abakinnyi ntibavuga rumwe ku ngingo yo kugabanyirizwa umushahara.
Inkuru ya IGIHE

2020-03-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kiyovu SC yatsinze As Kigali isanga APR FC ku mwanya wa mbere yo yanganyije na Gasogi United

Kiyovu SC yatsinze As Kigali isanga APR FC ku mwanya wa mbere yo yanganyije na Gasogi United

Ubwanditsi 16 Apr 2023
Young Africans sc ya Haruna Niyonzima yasezerewe muri Confederations Cup

Young Africans sc ya Haruna Niyonzima yasezerewe muri Confederations Cup

Ubwanditsi 14 Aug 2016
Amafoto – Gisagara VC mu bagabo ndetse na UVC mu bagore begukanye igice cya mbere cy’irushanwa rya Forzza VolleyBall tournament 2021

Amafoto – Gisagara VC mu bagabo ndetse na UVC mu bagore begukanye igice cya mbere cy’irushanwa rya Forzza VolleyBall tournament 2021

Ubwanditsi 13 Dec 2021
Amakipe ya APR Volleyball yegukanye ibikombe bya shampiyona hasozwa umwaka w’imikino wa 2024

Amakipe ya APR Volleyball yegukanye ibikombe bya shampiyona hasozwa umwaka w’imikino wa 2024

Ubwanditsi 27 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ku nshuro ya Gatatu, Umufaransa David Lappartient yongeye gutorerwa kuyobora impuzamashyirahamwe y’umukino w’Amagare ku Isi (UCI)
Amakuru

Ku nshuro ya Gatatu, Umufaransa David Lappartient yongeye gutorerwa kuyobora impuzamashyirahamwe y’umukino w’Amagare ku Isi (UCI)

Ubwanditsi 26 Sep 2025
Abarwanya Leta y’u Rwanda basize bakoze ibyaha mu Rwanda bateraniye mu bubiligi bishimira urupfu rwa Col. Karegeya.
INKURU NYAMUKURU

Abarwanya Leta y’u Rwanda basize bakoze ibyaha mu Rwanda bateraniye mu bubiligi bishimira urupfu rwa Col. Karegeya.

Ubwanditsi 18 Feb 2018
Police FC yanganyije na Vision 0-0, ikomeza kuyobora urutonde rwa Shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

Police FC yanganyije na Vision 0-0, ikomeza kuyobora urutonde rwa Shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 30 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru