• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Amateka yabereye i Kigali: Ibihugu 44 byemeje ishyirwaho ry’isoko rusange rya Afurika

Amateka yabereye i Kigali: Ibihugu 44 byemeje ishyirwaho ry’isoko rusange rya Afurika

Ubwanditsi 24 Mar 2018 POLITIKI

Ibihugu 44 bihurira mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, byashyize umukono ku masezerano ashyiraho isoko rusange ry’ibi bihugu, AfCFTA, ariko byose ntibyabasha kumvikana ku ngingo zishyiraho urujya n’uruza rw’abantu kuko zasinyweho n’ibihugu 27.

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat yagize ati “Uyu munsi ni uw’amateka. Nyuma ya Addis Ababa muri Gicurasi 1963, Abuja muri Kamena 1991, Durban muri Nyakanga 2002, Kigali muri uku kwezi kwa Werurwe ishyize indi ntambwe ku rugendo rwacu rugana ku kwishyira hamwe gusesuye n’Ubumwe. “

Itora kuri aya masezerano y’amateka ryabereye muri Kigali Convention Centre. Mbere yo gutangira, Mahamat, yavuze ko hari ibihugu 40 byemeye gusinya amasezerano y’isoko rusange n’ibindi bisaga 20 byemeye gusinya amasezerano ku rujya n’uruza.

Mbere y’uko byemerwa ko abantu basanzwe binjira muri iyi nama ya 10 y’Abakuru b’Ibihugu bigize AU abakuru b’ibihugu na za guverinoma babanje kuganirira mu muhezo kuko ngo abemeraga gusinya bari muri 30, umuhango wo gusinya ugera byiyongereye.

Abahagarariye ibihugu byabo bagombaga gushyira umukono ku masezerano ashyiraho isoko rusange, ingingo zishyiraho urujya n’uruza rw’abantu n’inyandiko y’ibyemerejwe i Kigali cyangwa Kigali Declaration (yemejwe n’abihugu 43), bigakorwa mu ndimi enye zemewe muri AU.

Umuhango wo gusinya wayobowe na Namira Negm ushinzwe amategeko muri AU, atangirira kuri Perezida Mahamadou Issoufou wa Niger ari na we urangaje imbere iyi gahunda y’isoko rusange, ahita ahabwa amashyi y’urufaya kubera umuhigo yesheje.

Hakurikiyeho Perezida Paul Kagame wakiriye inama unayoboye AU muri uyu mwaka wa 2018, haza Perezida wa Tchad, Idriss Déby Itno bose basinya ku masezerano ashyiraho isoko rusange, ingingo zishyiraho urujya n’uruza rw’abantu na ‘Kigali Declaration’.

Urutonde rwo gusinya rwahise rutangira gukurikizwa hagendewe ku buryo ibihugu byagiye byemera gusinya, haza Perezida Joao Manuel Gonçalves wa Angola; Faustin-Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique; Azali Assoumani w’Ibirwa bya Comores; Denis Sassou-Nguesso wa Repubulika ya Congo, bose basinya inyandiko uko ari eshatu.

Gusa Ismaïl Omar Guelleh wa Djibouti ntiyasinye ku yemeza urujya n’uruza kimwe na Nana Akufo-Addo wa Ghana. Ibindi bihugu byifashe ku rujya n’uruza ni nka Tunisia, Repubulika ya Sahara, Algeria, Maroc, Tunisia, Cabo Verde, Libya, Mauritius, Ethiopie na Misiri.

Ibihugu byo mu karere nka Tanzania yari ihagarariwe na Minisitiri w’Intebe Kassim Majaliwa, Uganda yari ihagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Sam Kutesa na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yari ihagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Léonard She Okitundu bazisinya zose.

Ibihugu bitasinye birimo u Burundi butari buhagarariwe muri iyi nama, Nigeria, Guinee Bissau, Sierra Leone na Eritrea.

Perezida Paul Kagame yabwiye abakuru b’ibihugu ko muri uku gusinya basezeranyije Abanyafurika uburumbuke kuko mu gushyiraho Isoko Rimwe ndetse no kubemerera gutembera ku mugabane wabo ntacyo bishisha, ari guharanira ubuhahirane ‘bw’iby’iwacu muri Afurika’.

Yakomeje agira ati “Icyo duharanira hano ni agaciro n’imibereho myiza by’abaturage bacu, ari abahinzi, abikorera, ba rwiyemezamirimo, urubyiruko, abagore n’abandi.”

Muri uyu muhango hanashimiwe abantu bitanze ngo iki gikorwa gishoboke barimo Nkosazana Dlamini Zuma uheruka kurangiza manda nka Perezida wa Komisiyo ya AU, Fatima Haram Acyl wasoje manda nka komiseri wa AU ushinzwe ubucuruzi na Mariam Omoro wakurikiranaga iyi gahunda, witabye Imana kuwa 24 Ukuboza 2017.

Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma muri Afurika berecyeza aho inama ibera

Perezida wa Djibouti, Ismaïl Omar Guelleh asuhuzanya na Kagame

Perezida Kagame aganira na mugenzi we Kenya, Uhuru Kenyatta

Perezida Macky Sall wa Senegal aganira na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame

Olusegun Obasanjo wahoze ari Perezida wa Nigeria (iburyo) aganira na Perezida wa Congo, Denis Sassou-Nguesso

Perezida wa Zimbabwe, Emmerson Mnangagwa

Inama y’abakuru b’ibihugu bigize AU, yemerejwemo amasezerano y’isoko rusange yari yitabiriwe n’abatari bake

Perezida Mohamed Ould Abdel Aziz wa Mauritanie

Perezida wa Repubulika ya Congo, Denis Sassou-Nguesso

Perezida Filipe Nyusi wa Mozambique

Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta

Perezida Ismaïl Omar Guelleh wa Djibouti

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Uganda, Sam Kutesa

Perezida Mahamadou Issoufou wa Niger, ashyira umukono ku masezerano

Perezida Paul Kagame yabwiye abakuru b’ibihugu ko muri uku gusinya basezeranyije Abanyafurika uburumbuke

Perezida wa Angola, João Lourenço ashyira umukono ku masezerano

Perezida wa Tchad, Idriss Déby Itno asinya ku masezerano ashyiraho isoko rusange

Perezida wa wa Repubulika ya Congo, Denis Sassou-Nguesso ashyira umukono ku masezerano ashyiraho isoko rusange

Abakuru b’ibihugu na za guverinoma bitabiriye Inama ya AU yasinyiwemo amasezerano ashyiraho isoko rusange

Amafoto: Village Urugwiro

2018-03-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’itsinda rimufasha mu mavugurura ya AU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’itsinda rimufasha mu mavugurura ya AU

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Mugabe wayoboraga Zimbabwe yanze kwitaba Inteko Ishinga Amategeko

Mugabe wayoboraga Zimbabwe yanze kwitaba Inteko Ishinga Amategeko

Ubwanditsi 24 May 2018
Umuhango w’irahira rya Macky Sall, Kagame n’abandi baperezida 18 bitabiriye irahira rye

Umuhango w’irahira rya Macky Sall, Kagame n’abandi baperezida 18 bitabiriye irahira rye

Ubwanditsi 02 Apr 2019
Afurika y’Epfo yagennye Ambasaderi mushya wayo mu Rwanda

Afurika y’Epfo yagennye Ambasaderi mushya wayo mu Rwanda

Ubwanditsi 27 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igisobanuro cy’Ifoto yabonywe n’Abanyamakuru  Perezida Kagame   agenda ku igare i Rubavu
Mu Rwanda

Igisobanuro cy’Ifoto yabonywe n’Abanyamakuru Perezida Kagame agenda ku igare i Rubavu

Ubwanditsi 12 Sep 2017
Impamvu Uganda yatangiye kurekura bamwe mu Banyarwanda yari ifunze, Kayumba nawe yemera ko akorana na Museveni
INKURU NYAMUKURU

Impamvu Uganda yatangiye kurekura bamwe mu Banyarwanda yari ifunze, Kayumba nawe yemera ko akorana na Museveni

Ubwanditsi 21 Sep 2019
Imodoka 73 zafatiwe imikoreshereze mibi y’utugabanyamuvuduko
Mu Rwanda

Imodoka 73 zafatiwe imikoreshereze mibi y’utugabanyamuvuduko

Ubwanditsi 26 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru