• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»RPF irangije kongere mu munezero naho ANC itangiye iyayo mu bushyamirane

RPF irangije kongere mu munezero naho ANC itangiye iyayo mu bushyamirane

Ubwanditsi 16 Dec 2017 POLITIKI

RPF-Inkotanyi na ANC ni amashyaka afite byinshi ahuriyeho kandi yombi akaba yaranakoze kongre yayo, ku rwego rw’igihugu, mu matariki yegeranye muri uku kwezi k’Ukuboza 2017.

Aya mashyaka cyangwa imitwe ya politike yombi ahuriye ku kuba yombi ari ku butegetsi mu bihugu byayo, RPF iri ku butegetsi mu Rwanda naho ANC ikaba ku butegetsi muri Afurika y’Epfo. Ayo mashyaka yombi kandi akaba ariyo akiri ku butegetsi kuva buri rimwe ryabohora igihugu cyaryo mu mwaka umwe w’i 1994.

Muri Mata 1994 nibwo ANC yabohoye Afurika y’Epfo kuva ku butegetsi bw’ivangura (Apartheid) naho muri Nyakanga uwo mwaka w’i 1994 RPF ibohora u Rwanda kuva ku butegetsi bw’abajenosideri.

Nubwo ubugome bwa Apartheid butarimo jenoside nk’iyo Abatutsi bakorewe ha no mu Rwanda ariko yari ivangura ubutegetsi bw’abazungu bwakoreraga abirabura bikaba byari biteye akababaro n’umujinya cyane.

Abirabura ntabwo bari bemerewe gutura mu midugudu imwe n’abazungu, kwiga mu mashuli amwe n’abazungu, gutega imodoka z’abagenzi zigenewe abazungu n’ibindi nko kuba batari bemerewe no kujya mu gisirikare.

 Na hano mu Rwanda ubutegetsi bwa Habyarimana ntabwo bwerereraga abatutsi kujya mu gisirikare cyangwa ngo Umututsikazi abe yarongorwa n’umuwofisiye mu gisirikare. Amahirwe Abatutsi barushaga Abirabura muri Afurika y’Epfo n’uko hari Umututsi wajijishaga akiyita Umuhutu bigashoboka, ariko nta mwirabura muri Afurika y’Epfo wari kujijisha ngo yiyite umuzungu bishoboke !

 Ikindi RPF itandukaniyeho na ANC n’uko mu mavuko RPF ifite imyaka mike cyane y’amavuko kurusha ANC ariko  bikaba byaratwaye RPF imyaka mike cyane ku rugamba rwo kubohora u Rwanda, naho ANC bikaba byarayitwaye myinshi cyane kubohora Afurika y’Epfo.

 Ubu RPF irizihiza imyaka 30 y’amavuko kuko yatangijwe mu 1987, naho ANC ikaba yizihiza imyaka 105 y’amavuko kuko yatangijwe mu 1912. RPF na ANC zombi zifite imyaka ingana ku butegetsi, ariko aho bitandukaniye n’uko RPF ikiri ikintu kimwe naho ANC ikaba isigaye irangwa n’amacakubiri ku buryo nihataba aho abagabo iyi kongere yayo yatangiye uyu munsi tariki 16/12/2017 yazarangira ishyaka risenyutse.

Nubwo ANC yari isanzwe itorohewe ariko ikiyikomereye cyane muri iyi kongere yayo n’uko hazaba harimo amatora ya Perezida wayo ku rwego rw’igihugu. Uazashobora gutorerwa uwo mwanya niwe biteganyijwe yuko umwaka utaha yasimbura Jacob Zuma ku mwanya w’umkuru w’igihugu. Ikaba ariyo iyi kongere irimo ayo matora ari ishiraniro.

Abahabwa amahirwe yo kuba ba kweguna uwo mwanya ni Cyril Ramaphosa wari usanzwe ari visi Perezida na Nkosazana Dlamini Zuma wigeze kuba Perezida wa African Union n’ugore wakera wa Perezida Zuma.

 Perezida Zuma ashyigikiye byimazeyo Nkosazana babanye imyaka 14 nk’umugore n’umugabo kandi akaba yizera yuko abaye Perezida yamurinda kuba yatwarwa mu nkiko kubera amanyanga menshi akurikiranyweho. Kubera ayo manyanga Perezida Zuma yakomeje kuvugwa muri ANC bakomeje bagerageza kuba bamukura ku butegetsi ariko bigakomeza kunanirana. Abifuzaga kumukura kubutegetsi bashakaga kwerekana yuko ANC idashyigikira abajura n’abategeka nabi. Abo rero nibo bifuza yuko hatatorwa uwo wigeze kuba umugore we ahubwo hagatorwa Ramaphosa !

Iyi kongere ya ANC igizwe n’abantu 6000, bazaba bafite uburenganzira bwo gutora. Haba ku ruhande rwa Dlamin cyangwa urwa Ramaphosa rwatangiye gukora imibare, rureba ushobora kuba uwabo !

Umunsi umwe mbere yuko iyo kongere y’itora itangira, urukiko rubishinzwe muri Afurki y’Epfo rwatesheje agaciro amazina y’abantu 100 ko batemerewe kuzaba bari muri iyo Kongere ngo babe batora. Urukiko rwafashe uwo mwanzuro ngo kuko rwasanze abo bantu uturere twabo twarabagennye kujya muri iyo kongere mu buryo bw’u buriganya. Abashyigikiye Dlamin Zuma bakavuga yuko urukiko rwabogamye ngo kuko byari bizwi yuko abo bantu batari bashyigikiye Ramaphosa. Ejo bavugaga ngo ntabwo bazabyemera kandi kongere bucya ngo itangire !

Casmiry Kayumba

 

2017-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu itorero higishirizwa byinshi byiza kandi mu bwenge buhanitse

Mu itorero higishirizwa byinshi byiza kandi mu bwenge buhanitse

Ubwanditsi 04 May 2017
Kuva Perezida Tshisekedi yaburirwa irengero, ubutegetsi muri kongo bwandaraye mu mayirabiri.

Kuva Perezida Tshisekedi yaburirwa irengero, ubutegetsi muri kongo bwandaraye mu mayirabiri.

Ubwanditsi 12 Apr 2024
Moïse Katumbi yasesekaye i Lubumbashi

Moïse Katumbi yasesekaye i Lubumbashi

Ubwanditsi 20 May 2019
Umuryango wa Col Ruhinda umeze neza mu Rwanda nyuma yuko ibigarasha bikwirakwije ibinyoma ko waburiwe irengero 

Umuryango wa Col Ruhinda umeze neza mu Rwanda nyuma yuko ibigarasha bikwirakwije ibinyoma ko waburiwe irengero 

RUSHYASHYA 29 Oct 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Itsinda ry’Abakaraza 21, batorotse igihugu kubera “umutekano muke”.
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Itsinda ry’Abakaraza 21, batorotse igihugu kubera “umutekano muke”.

Ubwanditsi 29 Aug 2018
BURUNDI : Gihamya ko FDLR iri ku bwinshi mu barinda Perezida Pierre Nkunziza (Yavuguruwe)
INKURU NYAMUKURU

BURUNDI : Gihamya ko FDLR iri ku bwinshi mu barinda Perezida Pierre Nkunziza (Yavuguruwe)

Ubwanditsi 13 Jun 2019
Ubuyobozi bukuru bwa Polisi y’u Rwanda bwamurikiwe ibyagezweho mu mikino uyu mwaka
Mu Rwanda

Ubuyobozi bukuru bwa Polisi y’u Rwanda bwamurikiwe ibyagezweho mu mikino uyu mwaka

Ubwanditsi 12 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru