• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Abakekwaho kunyereza umutungo wa Leta bagiye kujya batabwa muri yombi bagikorerwa ubugenzuzi

Abakekwaho kunyereza umutungo wa Leta bagiye kujya batabwa muri yombi bagikorerwa ubugenzuzi

Ubwanditsi 05 Apr 2018 POLITIKI

Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Bushingye, yatangaje ko mu kuvugurura igitabo cy’amategeko ahana, hateganyijwemo ibihano ku bantu bamaze kugira umuco wo guhisha inyandiko zikemangwamo amakosa, iyo bumvise ko umugenzuzi w’Imari ya leta agiye gukurikirana ikoreshwa ry’umutungo mu bigo bayobora.

Kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri Busingye yagejeje ibisobanuro mu magambo ku badepite, ku bibazo byagaragaye muri raporo ya Komisiyo ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu (PAC) ku isesengura rya raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka wa 2015/2016. Iyo raporo yashyikirijwe Inteko Ishinga Amategeko ku wa 3 Mutarama 2018.

Perezida wa PAC, Depite Kusi Juvenal, yakomoje ku bibazo birimo icyo Ubushinjacyaha bwagaragaje nk’inzitizi y’ibimenyetso bitemerwa mu rukiko, ugasanga abakurikiranyweho kunyereza umutungo bagizwe abere.

Minisitiri Busingye yavuze ko usanga iki kibazo gishingira ku kuba umuntu akurikiranyweho kunyereza amafaranga kuko hari inyandiko aba ataragaragarije Umugenzuzi w’Imari ya leta ariko ubugenzacyaha bwajya mu iperereza bakazerekana.

Yavuze ko habamo ikibazo cy’uko raporo y’umugenzuzi w’imari ya leta igaragaza ibimenyetso bimwe ariko ubugenzacyaha bwajya gucukumbura bugasanga ibimenyetso bitakimeze uko umugenzuzi w’imari ya leta yabisanze.

Yagize ati “Nk’urugero, aho umugenzuzi yagiye asanga impapuro runaka zidashobora kuboneka ariko ubushinjacyaha n’ubugenzacyaha bwajya gukora iperereza bugasanga izo mpapuro umugenzi w’imari atabonye zihari. Twasanze icyo ari ikibazo ndetse gishobora no gutanga icyuho cyo gusibanganya ibimenyetso cyangwa guhimba ikintu kitari kiriho.”

Minisitiri Busingye yavuze ko mu gitabo cy’amategeko ahana kiri kunozwa, hateganyijwe ko niba umugenzuzi w’imari atarashoboye kubona ibintu yaje kugenzura, ‘igihe umugenzacyaha aje akabibona hakwiye kubazwa aho byari byaragiye’.

Minisitiri Busingye yavuze ko hari no kurebwa uburyo Umugenzuzi w’Imari ya leta yakorana n’ubugenzacyaha, ku buryo igihe abonye ikibazo yajya ahita amenyesha ubugenzacyaha bitarindiriye ko asohora raporo ngo agaragaze ibyo bibazo.

Yakomeje agira ati “Ni ikintu cyakomeje kudakorwa ariko ubu nagira ngo mbizeze ko bitazongera, igihe umugenzuzi azajya akora igenzura tuzakora ku buryo ubushinjacyaha n’ubugenzacyaha buzajya buba buri hafi aho ku buryo batazajya bategereza ko raporo ikorwa.”

Minisiteri y’ubutabera ivuga ko imaze kuzamura igipimo ubushinjacyaha butsindiraho imanza zirebana n’ibyaba bimunga ubukungu bw’igihugu, kuko hagati ya 2014-2018 zavuye kuri 68 % zikaba zigeze kuri 84.1% mu mwaka ushize.

2018-04-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga Abanyarwanda ubwabo bagomba kwikebuka, bakigaya cyane kuko aribo bisenyeye ubumwe n’ Igihugu muw’1994, aho gukomeza gushakira impamvu ku banyamahanga.

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga Abanyarwanda ubwabo bagomba kwikebuka, bakigaya cyane kuko aribo bisenyeye ubumwe n’ Igihugu muw’1994, aho gukomeza gushakira impamvu ku banyamahanga.

Ubwanditsi 01 May 2021
Ikimwaro ntikica ariko kigira mubi

Ikimwaro ntikica ariko kigira mubi

Ubwanditsi 24 Feb 2025
Tshisekedi yirashe amano yibwira ko agabye igitero ku Rwanda

Tshisekedi yirashe amano yibwira ko agabye igitero ku Rwanda

Ubwanditsi 05 Aug 2023
Uganda: Batangiye inzira yo gukuraho imyaka y’amavuko ntarengwa ku mukuru w’igihugu

Uganda: Batangiye inzira yo gukuraho imyaka y’amavuko ntarengwa ku mukuru w’igihugu

Ubwanditsi 10 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Ndayishimiye yohereje Batayo ya 9 muri congo,  gusimbura iya 7 yashiriye kurugamba barwanamo na M23.
Amakuru

Perezida Ndayishimiye yohereje Batayo ya 9 muri congo, gusimbura iya 7 yashiriye kurugamba barwanamo na M23.

Ubwanditsi 07 Feb 2024
Imbonerakure mu Burundi zikomeje imyitozo ya gisirikare, zitegura kujya kwiyahura mu ntambara na M23.
Amakuru

Imbonerakure mu Burundi zikomeje imyitozo ya gisirikare, zitegura kujya kwiyahura mu ntambara na M23.

Ubwanditsi 19 Aug 2024
U Rwanda rwegukanye igikombe cy’Afurika muri Sitting Volleyball babona itike y’imikino Pararempike 2024
Amakuru

U Rwanda rwegukanye igikombe cy’Afurika muri Sitting Volleyball babona itike y’imikino Pararempike 2024

Ubwanditsi 03 Feb 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru