• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Abakekwaho kunyereza umutungo wa Leta bagiye kujya batabwa muri yombi bagikorerwa ubugenzuzi

Abakekwaho kunyereza umutungo wa Leta bagiye kujya batabwa muri yombi bagikorerwa ubugenzuzi

Ubwanditsi 05 Apr 2018 POLITIKI

Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Bushingye, yatangaje ko mu kuvugurura igitabo cy’amategeko ahana, hateganyijwemo ibihano ku bantu bamaze kugira umuco wo guhisha inyandiko zikemangwamo amakosa, iyo bumvise ko umugenzuzi w’Imari ya leta agiye gukurikirana ikoreshwa ry’umutungo mu bigo bayobora.

Kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri Busingye yagejeje ibisobanuro mu magambo ku badepite, ku bibazo byagaragaye muri raporo ya Komisiyo ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu (PAC) ku isesengura rya raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka wa 2015/2016. Iyo raporo yashyikirijwe Inteko Ishinga Amategeko ku wa 3 Mutarama 2018.

Perezida wa PAC, Depite Kusi Juvenal, yakomoje ku bibazo birimo icyo Ubushinjacyaha bwagaragaje nk’inzitizi y’ibimenyetso bitemerwa mu rukiko, ugasanga abakurikiranyweho kunyereza umutungo bagizwe abere.

Minisitiri Busingye yavuze ko usanga iki kibazo gishingira ku kuba umuntu akurikiranyweho kunyereza amafaranga kuko hari inyandiko aba ataragaragarije Umugenzuzi w’Imari ya leta ariko ubugenzacyaha bwajya mu iperereza bakazerekana.

Yavuze ko habamo ikibazo cy’uko raporo y’umugenzuzi w’imari ya leta igaragaza ibimenyetso bimwe ariko ubugenzacyaha bwajya gucukumbura bugasanga ibimenyetso bitakimeze uko umugenzuzi w’imari ya leta yabisanze.

Yagize ati “Nk’urugero, aho umugenzuzi yagiye asanga impapuro runaka zidashobora kuboneka ariko ubushinjacyaha n’ubugenzacyaha bwajya gukora iperereza bugasanga izo mpapuro umugenzi w’imari atabonye zihari. Twasanze icyo ari ikibazo ndetse gishobora no gutanga icyuho cyo gusibanganya ibimenyetso cyangwa guhimba ikintu kitari kiriho.”

Minisitiri Busingye yavuze ko mu gitabo cy’amategeko ahana kiri kunozwa, hateganyijwe ko niba umugenzuzi w’imari atarashoboye kubona ibintu yaje kugenzura, ‘igihe umugenzacyaha aje akabibona hakwiye kubazwa aho byari byaragiye’.

Minisitiri Busingye yavuze ko hari no kurebwa uburyo Umugenzuzi w’Imari ya leta yakorana n’ubugenzacyaha, ku buryo igihe abonye ikibazo yajya ahita amenyesha ubugenzacyaha bitarindiriye ko asohora raporo ngo agaragaze ibyo bibazo.

Yakomeje agira ati “Ni ikintu cyakomeje kudakorwa ariko ubu nagira ngo mbizeze ko bitazongera, igihe umugenzuzi azajya akora igenzura tuzakora ku buryo ubushinjacyaha n’ubugenzacyaha buzajya buba buri hafi aho ku buryo batazajya bategereza ko raporo ikorwa.”

Minisiteri y’ubutabera ivuga ko imaze kuzamura igipimo ubushinjacyaha butsindiraho imanza zirebana n’ibyaba bimunga ubukungu bw’igihugu, kuko hagati ya 2014-2018 zavuye kuri 68 % zikaba zigeze kuri 84.1% mu mwaka ushize.

2018-04-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Abantu nka Ingabire[ Victoire] urabareka ikibi kibarimo kikaba aricyo kibagiraho ingaruka” – Paul Kagame.

“Abantu nka Ingabire[ Victoire] urabareka ikibi kibarimo kikaba aricyo kibagiraho ingaruka” – Paul Kagame.

Ubwanditsi 14 Jul 2024
AMAHEREZO Y’ABABILIGI N’ABARUNDI MU BIBAZO BYA DRC NI AYAHE ? 

AMAHEREZO Y’ABABILIGI N’ABARUNDI MU BIBAZO BYA DRC NI AYAHE ? 

Ubwanditsi 29 May 2025
Prezida ni muntu ki?

Prezida ni muntu ki?

Ubwanditsi 01 Nov 2016
RDC: Inyeshyamba za CNRD ziyomoye kuri FDLR zirashinjwa kwiba abaturage

RDC: Inyeshyamba za CNRD ziyomoye kuri FDLR zirashinjwa kwiba abaturage

Ubwanditsi 23 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuririmbyi Chester Bennington wabarizwaga mu itsinda rya Linkin Park yapfuye yimanitse
Mu Rwanda

Umuririmbyi Chester Bennington wabarizwaga mu itsinda rya Linkin Park yapfuye yimanitse

Ubwanditsi 21 Jul 2017
Kicukiro: Umunyeshuri yafatanwe kashe 39 z’impimbano
Mu Mahanga

Kicukiro: Umunyeshuri yafatanwe kashe 39 z’impimbano

Ubwanditsi 17 Jan 2017
Kigali : Perezida Kagame yasabye abanyenganda gukora ibigurishwa ku giciro Abanyarwanda bibonamo
Mu Mahanga

Kigali : Perezida Kagame yasabye abanyenganda gukora ibigurishwa ku giciro Abanyarwanda bibonamo

Ubwanditsi 07 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru