• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Sena yahamagaje Minisitiri w’Ubuhinzi ngo asobanure ibibazo bikigaragara mu ihunikwa ry’imyaka

Sena yahamagaje Minisitiri w’Ubuhinzi ngo asobanure ibibazo bikigaragara mu ihunikwa ry’imyaka

Ubwanditsi 05 Apr 2018 POLITIKI

Inteko Rusange ya Sena yafashe umwanzuro wo gutumiza Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Gerardine Mukeshimana, ngo atange ibisobanuro ku bibazo bikigaragara mu ihunikwa ry’imyaka, cyane cyane ibinyampeke n’ibinyamisogwe.

Gahunda yo guhunika yashyizweho igamije guhangana n’ibibazo byiganjemo ibura ry’ibiribwa no gukumira ikibazo cy’abaturage bahura n’inzara bigatuma bajya gushakisha imibereho ahandi, gukumira izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa n’ibindi.

Raporo ya Komisiyo y’imari n’ubukungu yasobanuriwe Inteko rusange ya Sena kuri uyu wa 3 Mata 2018, yagaragaje ko muri gahunda yo guhunika hakirimo ibibazo bitandukanye bikeneye ko hagira uhagarariye guverinoma ubisobanura.

Muri ibyo bibazo, Raporo igaruka cyane ku kuba umusaruro ugomba guhunikwa ukiri muke ugeranyije n’ibigega biri mu gihugu, uburyo bwo guhungira no kuwumisha budakora neza n’ibindi nk’uko Perezida wa Komisiyo, Senateri Muhongayire Jacqueline yabisobanuye.

Yagize ati “Umusaruro uracyari mucye kuri hegitari, umusaruro utujuje ubuziranenge, kotsa imyaka no kuyigurisha ikimara kwera, imihindagurikire y’ikirere ya hato na hato ituma ibihembwe by’ihinga bigongana. Igihembwe A gihura n’igihembwe B kigwamo imvura nyinshi bigatuma umusaruro utakara.”

Yongeyeho ati “Abahinzi nta bumenyi buhagije bafite bwo gufata neza umusaruro. Imiti yo guhungira imyaka iracyari mike kandi ntiboneka mu masoko yegereye abahinzi.”

Abasenateri batanze ibitekerezo, bagarukaga ku cyifuzo cyo gutumiza Minisitiri kugira ngo abahe ibisobanuro birambuye ku bibazo biri muri urwo rwego.

Senateri Ntawukuriryayo Jean Damascène yagize ati “Iyo nta musaruro uhari kandi ugakomeza kuvuga ngo urubaka ibigega, ntabwo dukeneye ubushobozi. Icya kabiri mbona bagishyize mu mpamvu ituma Minisitiri aza kwisonura mu Nteko rusange, kuko icyo gihe tuzaba tugiye mu bugenzuzi bw’ibikorwa bya Guverinoma, ubwanikiro igihe basaruye, abantu bikorera bihutira kujya kugura imyaka y’abaturage bakajya guhunika hahandi ariko bategereje kuzabigarura ku isoko kugira ngo bihende abanyarwanda.”

Senateri Ntawukuriryayo yakomeje asaba ko icyo kintu cyumvikana neza kuko ari cyo Leta y’u Rwanda idashaka, naho kuvuga ngo hazakomeza kubaho ubufatanye n’abikorera mu kubaka ibigega kandi n’ibihari bidakoreshwa ntacyo byaba bimaze.

Nyuma yo kungurana ibitekerezo, Abasenateri 20 muri 24 bari bitabiriye Inteko rusange bemeje ko Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, atumizwa akazatanga ibisobanuro mu magambo kuri ibyo bibazo byagaragajwe na Raporo ya Komisiyo.

Imibare igaragaza ko ibigega byubatswe bihunitswemo ku kigero cya 32%, mu gihe Guverinoma yihaye intego yo guhunika byibuze toni ibihumbi 200 z’ibinyampeke n’ibinyamisogwe mu 2017, ndetse ko buri mwaka hazajya hiyongeraho toni zisaga ibihumbi 100, mu gihe mu 2010, hahunikwaga toni ibihumbi bisaga 40 gusa.

2018-04-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urukundo Interahamwe zize gukunda Kizito, zitamukunze zica abe muri Jenoside zakoreye Abatutsi zirukura he?

Urukundo Interahamwe zize gukunda Kizito, zitamukunze zica abe muri Jenoside zakoreye Abatutsi zirukura he?

RUSHYASHYA 19 Feb 2026
William Gelling wari Ambasaderi w’u Bwongereza yasezeye Perezida Kagame

William Gelling wari Ambasaderi w’u Bwongereza yasezeye Perezida Kagame

Ubwanditsi 11 Jan 2018
Ubutinganyi ntabwo buraba ikibazo ku Rwanda – Perezida Kagame

Ubutinganyi ntabwo buraba ikibazo ku Rwanda – Perezida Kagame

Ubwanditsi 25 Sep 2016
Kwiyamamariza kuyobora OIF kwa Mushikiwabo bisobanuye iki ku Rwanda mu mubano n’u Bufaransa?

Kwiyamamariza kuyobora OIF kwa Mushikiwabo bisobanuye iki ku Rwanda mu mubano n’u Bufaransa?

Ubwanditsi 21 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Gen Kabarebe wangaga abasirikari urunuka yarwanye n’intare, akinjira mu gisirikari
ITOHOZA

Uko Gen Kabarebe wangaga abasirikari urunuka yarwanye n’intare, akinjira mu gisirikari

Ubwanditsi 02 Nov 2016
Ikoreshwa ry’imihanda kuri uyu wa gatanu
Mu Mahanga

Ikoreshwa ry’imihanda kuri uyu wa gatanu

Ubwanditsi 15 Jul 2016
Ongera Umenye Abana b’Interahamwe mu Ihuriro ry’urwango JAMBO ASBL
Amakuru

Ongera Umenye Abana b’Interahamwe mu Ihuriro ry’urwango JAMBO ASBL

Ubwanditsi 21 Aug 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru