• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Sena yahamagaje Minisitiri w’Ubuhinzi ngo asobanure ibibazo bikigaragara mu ihunikwa ry’imyaka

Sena yahamagaje Minisitiri w’Ubuhinzi ngo asobanure ibibazo bikigaragara mu ihunikwa ry’imyaka

Ubwanditsi 05 Apr 2018 POLITIKI

Inteko Rusange ya Sena yafashe umwanzuro wo gutumiza Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Gerardine Mukeshimana, ngo atange ibisobanuro ku bibazo bikigaragara mu ihunikwa ry’imyaka, cyane cyane ibinyampeke n’ibinyamisogwe.

Gahunda yo guhunika yashyizweho igamije guhangana n’ibibazo byiganjemo ibura ry’ibiribwa no gukumira ikibazo cy’abaturage bahura n’inzara bigatuma bajya gushakisha imibereho ahandi, gukumira izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa n’ibindi.

Raporo ya Komisiyo y’imari n’ubukungu yasobanuriwe Inteko rusange ya Sena kuri uyu wa 3 Mata 2018, yagaragaje ko muri gahunda yo guhunika hakirimo ibibazo bitandukanye bikeneye ko hagira uhagarariye guverinoma ubisobanura.

Muri ibyo bibazo, Raporo igaruka cyane ku kuba umusaruro ugomba guhunikwa ukiri muke ugeranyije n’ibigega biri mu gihugu, uburyo bwo guhungira no kuwumisha budakora neza n’ibindi nk’uko Perezida wa Komisiyo, Senateri Muhongayire Jacqueline yabisobanuye.

Yagize ati “Umusaruro uracyari mucye kuri hegitari, umusaruro utujuje ubuziranenge, kotsa imyaka no kuyigurisha ikimara kwera, imihindagurikire y’ikirere ya hato na hato ituma ibihembwe by’ihinga bigongana. Igihembwe A gihura n’igihembwe B kigwamo imvura nyinshi bigatuma umusaruro utakara.”

Yongeyeho ati “Abahinzi nta bumenyi buhagije bafite bwo gufata neza umusaruro. Imiti yo guhungira imyaka iracyari mike kandi ntiboneka mu masoko yegereye abahinzi.”

Abasenateri batanze ibitekerezo, bagarukaga ku cyifuzo cyo gutumiza Minisitiri kugira ngo abahe ibisobanuro birambuye ku bibazo biri muri urwo rwego.

Senateri Ntawukuriryayo Jean Damascène yagize ati “Iyo nta musaruro uhari kandi ugakomeza kuvuga ngo urubaka ibigega, ntabwo dukeneye ubushobozi. Icya kabiri mbona bagishyize mu mpamvu ituma Minisitiri aza kwisonura mu Nteko rusange, kuko icyo gihe tuzaba tugiye mu bugenzuzi bw’ibikorwa bya Guverinoma, ubwanikiro igihe basaruye, abantu bikorera bihutira kujya kugura imyaka y’abaturage bakajya guhunika hahandi ariko bategereje kuzabigarura ku isoko kugira ngo bihende abanyarwanda.”

Senateri Ntawukuriryayo yakomeje asaba ko icyo kintu cyumvikana neza kuko ari cyo Leta y’u Rwanda idashaka, naho kuvuga ngo hazakomeza kubaho ubufatanye n’abikorera mu kubaka ibigega kandi n’ibihari bidakoreshwa ntacyo byaba bimaze.

Nyuma yo kungurana ibitekerezo, Abasenateri 20 muri 24 bari bitabiriye Inteko rusange bemeje ko Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, atumizwa akazatanga ibisobanuro mu magambo kuri ibyo bibazo byagaragajwe na Raporo ya Komisiyo.

Imibare igaragaza ko ibigega byubatswe bihunitswemo ku kigero cya 32%, mu gihe Guverinoma yihaye intego yo guhunika byibuze toni ibihumbi 200 z’ibinyampeke n’ibinyamisogwe mu 2017, ndetse ko buri mwaka hazajya hiyongeraho toni zisaga ibihumbi 100, mu gihe mu 2010, hahunikwaga toni ibihumbi bisaga 40 gusa.

2018-04-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Canada yirukanye ambasaderi wa Venezuela ku butaka bwayo yihimura

Canada yirukanye ambasaderi wa Venezuela ku butaka bwayo yihimura

Ubwanditsi 27 Dec 2017
U Rwanda rwashimiye u Bushinwa ku bufasha buri guha abanyarwanda 155 bari mu gace karimo Coronavirus

U Rwanda rwashimiye u Bushinwa ku bufasha buri guha abanyarwanda 155 bari mu gace karimo Coronavirus

Ubwanditsi 01 Feb 2020
Bemba agiye kujuririra igifungo yakatiwe na ICC

Bemba agiye kujuririra igifungo yakatiwe na ICC

Ubwanditsi 19 Sep 2018
Ishyaka DGPR rirasaba Leta y’u Rwanda  guhagarika abakora ibikorwa bigira ingaruka mbi kubidukikije

Ishyaka DGPR rirasaba Leta y’u Rwanda guhagarika abakora ibikorwa bigira ingaruka mbi kubidukikije

Ubwanditsi 05 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nimwiza Meghan ni we Miss Rwanda 2019
HIRYA NO HINO

Nimwiza Meghan ni we Miss Rwanda 2019

Ubwanditsi 27 Jan 2019
Umukinnyi Bukuru Christopher yirukanywe mu mwiherero w’ikipe ya APR FC azira imyitwarire mibi.
Amakuru

Umukinnyi Bukuru Christopher yirukanywe mu mwiherero w’ikipe ya APR FC azira imyitwarire mibi.

Ubwanditsi 16 May 2021
Minisiteri ya siporo yatangaje ko bikorwa bya siporo u Rwanda rwakiriye byinjije asaga miliyari 30 Frw ugereranyije na Miliyari 6,7 Frw yashowe
Amakuru

Minisiteri ya siporo yatangaje ko bikorwa bya siporo u Rwanda rwakiriye byinjije asaga miliyari 30 Frw ugereranyije na Miliyari 6,7 Frw yashowe

Ubwanditsi 10 Aug 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru