• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: Bobi Wine yacitse polisi yashakaga kumuta muri yombi

Uganda: Bobi Wine yacitse polisi yashakaga kumuta muri yombi

Ubwanditsi 17 Dec 2018 ITOHOZA

Depite Robert Kyagulanyi, uzwi ku mazina y’ubuhanzi ya Bobi Wine yatangaje ko yabashije gucika Polisi ya Uganda yari yagose hoteli yari arimo ishaka kumuta muri yombi.

Ibi byabaye ku mugoroba wo ku wa Gatandatu, ubwo yiteguraga gukorera igitaramo mu gace ka Jinja, kari muri bilometero 80 uvuye mu Mujyi wa Kampala.

Abinyujije kuri Twitter, Bobi Wine yavuze ko polisi yagose hoteli yararimo, benshi mu bagize itsinda rye bagatabwa muri yombi, ariko we akabasha kubaca mu rihumye.

Ati “Polisi yategetse itsinda ryanjye kuva muri Jinja ibatunze imbunda ibageza Lugazi. Bamwe bakubiswe, abandi batwarwa mu modoka za polisi bajyanwa ahantu hatazwi kandi nta cyaha bakoze.”

Uyu muhanzi yavuze ko yirinze kwiyerekana kuko ataribagirwa ibyabereye mu gace ka Arua, aho yashinjwe gutera amabuye imodoka ya Perezida Yoweri Museveni, hakaba imvururu zaguyemo benshi barimo n’umushoferi we.

Uyu muhanzi ariko avuga ko abifashijwemo n’abaturage ba Jinja yabashije gutaha iwe mu rugo mu Mujyi wa Kampala amahoro.

Mu itangazo yashyize ahagarara umwunganizi we Robert Amsterdam, yavuze ko ibyakozwe na polisi ari igikorwa gifitanye isano na politiki cyakozwe hagamijwe guhonyora uburenganzira bwa Bobi Wine.

Ati “Ihohotera n’iterabwoba bikoreshwa na Guverinoma ya Uganda ku baturage bubahiriza amategeko, bikorwa hagamijwe kubangamira uburenganzira bwabo bwo guhura no gutanga ibitekerezo.”

Yakomeje avuga ko bagiye gukusanya ibikorwa byose binyuranyije n’amategeko byakozwe na polisi n’abayikuriye, kandi bazashakisha ubutabera bifashishije urubuga mpuzamahanga.

Ibyo gushaka guta Bobi Wine muri yombi bibaye mu gihe mu ntangiriro z’uku kwezi polisi yaburijemo igitaramo yagombaga gukorera mu karere ka Gulu, ivuga ko atigeze abisabira uburenganzira.

Bobi Wine yavuze ko abaturage ba Jinja aribo bamufashije gucika polisi

Inzego z’umutekano zashakaga guta muri yombi Bobi Wine azica mu rihumye

Polisi yagose hotel Bobi Wine yarimo yitegura gukorera igitaramo mu gace ka Jinja

Bamwe mu bagize itsinda rimufasha mu muziki batawe muri yombi

 

2018-12-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kagame yakomoje ku mpamvu yatumye Bizimungu yivumbura, agata akazi

Kagame yakomoje ku mpamvu yatumye Bizimungu yivumbura, agata akazi

Ubwanditsi 12 Jun 2019
Abarwanyi 5 ba M23 bafashwe bagiye kwinjira mu Rwanda

Abarwanyi 5 ba M23 bafashwe bagiye kwinjira mu Rwanda

Ubwanditsi 01 Jul 2017
Umunyamakuru Ntamuhanga Cassien yatorotse Gereza ya Mpanga

Umunyamakuru Ntamuhanga Cassien yatorotse Gereza ya Mpanga

Ubwanditsi 04 Nov 2017
Ntaganda Bernard wokamwe n’amacakubiri nawe ngo nagirwe “Umuziranenge”.

Ntaganda Bernard wokamwe n’amacakubiri nawe ngo nagirwe “Umuziranenge”.

Ubwanditsi 27 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mozambique : Perezida Kagame yunamiye intwari,  anaganira n’abacuruzi
Mu Rwanda

Mozambique : Perezida Kagame yunamiye intwari, anaganira n’abacuruzi

Ubwanditsi 25 Oct 2016
Mu Rwanda abakandida bigenga basabwa sinyatire 600 naho muri Kenya bagasabwa 48,000
Mu Rwanda

Mu Rwanda abakandida bigenga basabwa sinyatire 600 naho muri Kenya bagasabwa 48,000

Ubwanditsi 19 Jun 2017
CAN2023: U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Mozambique,  Benin na  Senegal mu guhatanira itike y’igikombe cya Afurika 2023
Amakuru

CAN2023: U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Mozambique,  Benin na  Senegal mu guhatanira itike y’igikombe cya Afurika 2023

Ubwanditsi 19 Apr 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru