• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Hagati ya leta ya CNDD-FDD n’ Inshuti yayo Mkapa harimo utavugisha ukuri

Hagati ya leta ya CNDD-FDD n’ Inshuti yayo Mkapa harimo utavugisha ukuri

Ubwanditsi 23 Feb 2017 Mu Rwanda

Kuva tariki 16 kugeza 18 z’uku kwezi abatavuga rumwe mu bibazo by’u Burundi bahuriye Arusha ariko leta y’icyo gihugu ntabwo yarimo, kuko ku munota wa nyuma yatangaje y’uko idashobora kujyayo, naho umuhuza akavuga yuko itari yatumiwe !

-5796.jpg

Uwari Perezida wa Tanzania Benjamin Mkapa

Umuhuza w’Abarundi, Benjamin Mkapa, ubusanzwe n’ inshuti y’ishyaka riri kubutegetsi mu Burundi, kuko mugihe Mkapa yari Perezida wa Tanzania yafashije cyane inyeshyamba za CNDD-FDD zari ziyobowe na Petero Nkurunziza, bityo kuba Perezida Museveni yaragennye Mkapa nk’umuhuza kukibazo cy’u Burundi, abantu barwanya Leta ya Nkurunziza n’abasesengura ibya Politiki y’u Burundi babona ko ntacyo iyi mishyikirano izagereaho.

-5795.jpg

-5794.jpg

Petero Nkurunziza yiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu

N’ubwo umuhuza avuga yuko ari ngombwa kwihutisha ibyo biganira bigamije kugarura amahoro arambye mu Burundi, kugira ngo nibura amasezerano azava mu mishyikirano azabe yashyizweho umukono bitarenze Kamena uyu mwaka. Kuko Kamena itari kure birumvikana impamvu Mkapa,yiyemeje gushyiraho umwete ngo ibintu bive mu inzira ari nayo mpamvu yagerageje gutumira imitwe ya politike n’izindi nzego zitandukanye zishobora kugira umusanzu zatanga ngo amahoro agaruke mu Burundi !

Ibiganiro nk’ibyo by’Abarundi biherutse na none kubera Arusha tariki 16 z’ukwezi gushize ariko imitwe ya politike ikomeye muri Opozisiyo y’u Burundi yanga kubyitabira bashinja Mkapa yuko abogamiye kuri leta y’u Burundi, bakaba bari barafashe icyemezo cyo kutazongera kumwemera nk’umuhuza !

Iyo mitwe ikomeye muri Opozisiyo y’u Burundi yibumbiye mu ihuriro ryitwa CNARED, hafi ya bose mu bayigize bakaba bari mu buhungiro hanze y’igihugu. Muri ibyo biganiro byo mu kwezi gushize Mkapa yari yatumiye abantu 24 kuva muri CNARED ariko ubwo butumire bwitabirwa n’abantu batandatu gusa, nabo badakomeye muri iryo huririro, bashobora kuba barikurikiriye amafaranga ofisi y’umuhuza igenera abaje muri izo mishyikirano !

-5797.jpg

Opozisiyo y’u Burundi yibumbiye mu ihuriro ryitwa CNARED

Umuhuza nawe arabizi yuko nta CNARED, nta biganiro bifatika byaba. Amakuru dufite n’uko CNARED yakomeje kotswa igitutu n’abaterankunga bayo ngo ntizongere kunangira yanga kujya mu mishyikirano ngo kuko byayigaragaza nk’ihuriro ry’abanyapolitike badashobotse. Iyo niyo mpamvu nini yatumye CNARED yemera kwitabira imishyikira yatangiye Arusha uyu munsi, ikazarangira ejobundi tariki 18 z’uku.

Kuva ku izima kwa kwa CNARED ikemeza yuko izaba iri muri iyo mishyikirano Arusha bigomba kuba byaratunguye cyane ubutegetsi bwa Petero Nkurunziza, bugomba kuba bwarifuzaga yuko yakomeza kwanga kwitabira imishyikirano, amahanga akayifata yuko ari yo itifuza yuko u Burundi bwagira amahoro !

Ibi bigaragazwa n’itangazo ritunguranye leta y’u Bundi yasohoye, ivuga yuko idashobora kuba iri muri ibyo biganiro bya Arusha, ariko imishyikirano iri hafi gutangira Mkapa atangaza yuko leta y’u Burundi itari yatumiwe ngo ahubwo hatumiwe ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD kandi koko abarihagarariye bashoboye kugera Arusha !

Ibi byateye urujijo mu bantu bibaza uwaba avuga ukuri cyangwa ibinyoma hagati ya leta y’u Burundi cyangwa umuhuza ariko washishoza ugasanga Mkapa yarakinaga Diplomasi kugira ngo habeho umwuka mwiza mu mishyikirano, naho ubundi leta yari yatumiwe ahubwo koko yanga kujyayo !

-5798.jpg

Fillipo Nzobonariba

Umuvugizi w’iyo leta y’u Burundi, Fillipo Nzobonariba, yatangaje yuko Bujumbura idashobora kwitabira ibiganiro byatumiwemo bamwe mu bakoze kudeta igapfuba muri Gicurasi 2015, ngo kuko abo bantu aho kujya mu biganiro ahubwo bashyikirizwa inkiko mu Burundi zikabacira imanza ngo kuko icyo cyaha gikomeye cyane !

Iryo tangazo ryashyizwe ahagaragara n’uwo muvugizi, Phillipo Nzobonariba, rigaragaza yuko leta y’u Burundi yateye indi ntambwe ikomeye igambiriye kuburizamo burundu iyo mishyikirano ihagarikiwe n’umuryango w’ibihugu byo mu burasirazuba bwa Afurika (EAC) ariko ikaba ishyigikiwe n’umuryango mpuzamahanga.

Nzobonariba yavuze yuko leta y’u Burundi itanabona n’impamvu zituma iyo mishyikirano ibera hanze y’igihugu nko mui Tanzania. Ubutegetsi bwa Nkurunziza bukavuga yuko iyo mishyikirano y’Abarundi igomba kuzajya ibera mu Burundi, bukizeza yuko buri muntu wayitabiriye azacungirwa neza umutekano we cyane yuko ngo mu Burundi ubu ari amahoro. Ukuri ariko uko kumeze n’uko nta muntu wo muri opozisiyo nya opoziyio wava aho ari mu buhungiro ngo agiye gushyikirana mu Burundi, kuko uwo yaba ntacyo yahunze !

Iyi ngingo ya leta y’u Burindi yo gukora ibishoboka byose kwica iyo mishyikirano igomba kuba ari gahunda ndende kandi y’igihe kirekire kuko umunyamabanga mukuru w’iryo shyaka riri ku butegesi, CNDD-FDD, amaze iminsi avuga yuko bitabaho gushyikirana n’abantu bakoze kudeta igapfuba !

-5799.jpg

Evariste Ndayishimiye

Uwo munyamabanga mukuru, Evariste Ndayishimiye, anavuga kandi yuko nta gushyikirana n’abantu badafite ingufu za gisirikare. Ndayishimiye aharutse kubwira ijwi rya America (VOA) yuko leta zishyikirana n’imitwe ya gisirikare yigaruriye uduce runaka tw’igihugu ariko ngo abarwanya ubutegetsi mu Burundi ntacyo bafite cyatuma ubaha uburemere.

Ukurikije rero iyo myumvire ya Ndayishimiye, ubona yuko ubutegetsi mu Burundi busa nk’ubwarangije kwikura mu mishyikirano ! Ubu igisabwa n’uko EAC n’amahanga bashyiraho akabo. Nubwo CNDD-FDD yagiye Arusha muri iyo mishyikira ariko intumwa zayo zanze kwicara mu cyumba kikwe n’abo muri CNARED bibangombwa yuko umuhuza abonanira na bamwe ahabo n’abandi ahabo !

Bujumbura kandi yari yashyikirije leta ya Tanzania impapuro mpuzamahanga zo guta muri yombi abo bo muri CNARED bari Arusha ariko ubutegetsi bwa Perezida Pombe Magufuri ntibwaha agaciro ubwo busabe bw’u Burundi nk’uko n’Ububiligi bwabikoze mu mpera z’umwaka ushize, bigatuma u Burundi bubibwangira !

Casmiry Kayumba

2017-02-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro

Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 28 Apr 2022
AMAFOTO – Police FC yasinyishije abakinnyi batanu bashya icyarimwe, inatangaza Rutsindura Antoine nk’umuyobozi mushya wa Tekiniki

AMAFOTO – Police FC yasinyishije abakinnyi batanu bashya icyarimwe, inatangaza Rutsindura Antoine nk’umuyobozi mushya wa Tekiniki

RUSHYASHYA 03 Jul 2026
Icyamamare mu mibyinire  Sommizi Mhlongo aratwite nyuma yo kwibagisha inda ibyara

Icyamamare mu mibyinire Sommizi Mhlongo aratwite nyuma yo kwibagisha inda ibyara

Ubwanditsi 17 Feb 2017
Kigali yabaye ihuriro ry’ibitaramo mpuzamahanga bitewe n’ibikorwaremezo ndetse n’abakunzi ba Muzika bahari

Kigali yabaye ihuriro ry’ibitaramo mpuzamahanga bitewe n’ibikorwaremezo ndetse n’abakunzi ba Muzika bahari

Ubwanditsi 05 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kivu y’Amajyepfo: Inyeshyamba z’Abarundi ziragenda zigarurira imitima y’abaturage
INKURU NYAMUKURU

Kivu y’Amajyepfo: Inyeshyamba z’Abarundi ziragenda zigarurira imitima y’abaturage

Ubwanditsi 31 May 2018
Mozambique: Umunyarwanda yarasiwe mu iduka yitaba Imana
ITOHOZA

Mozambique: Umunyarwanda yarasiwe mu iduka yitaba Imana

Ubwanditsi 23 Sep 2017
Kwa NEVA ngo ibigega birafigije, mu gihe amagana y’Abarundi asuhukira muri Zambiya kubera inzara
Amakuru

Kwa NEVA ngo ibigega birafigije, mu gihe amagana y’Abarundi asuhukira muri Zambiya kubera inzara

Ubwanditsi 08 Jan 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru