• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Hagati ya leta ya CNDD-FDD n’ Inshuti yayo Mkapa harimo utavugisha ukuri

Hagati ya leta ya CNDD-FDD n’ Inshuti yayo Mkapa harimo utavugisha ukuri

Ubwanditsi 23 Feb 2017 Mu Rwanda

Kuva tariki 16 kugeza 18 z’uku kwezi abatavuga rumwe mu bibazo by’u Burundi bahuriye Arusha ariko leta y’icyo gihugu ntabwo yarimo, kuko ku munota wa nyuma yatangaje y’uko idashobora kujyayo, naho umuhuza akavuga yuko itari yatumiwe !

-5796.jpg

Uwari Perezida wa Tanzania Benjamin Mkapa

Umuhuza w’Abarundi, Benjamin Mkapa, ubusanzwe n’ inshuti y’ishyaka riri kubutegetsi mu Burundi, kuko mugihe Mkapa yari Perezida wa Tanzania yafashije cyane inyeshyamba za CNDD-FDD zari ziyobowe na Petero Nkurunziza, bityo kuba Perezida Museveni yaragennye Mkapa nk’umuhuza kukibazo cy’u Burundi, abantu barwanya Leta ya Nkurunziza n’abasesengura ibya Politiki y’u Burundi babona ko ntacyo iyi mishyikirano izagereaho.

-5795.jpg

-5794.jpg

Petero Nkurunziza yiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu

N’ubwo umuhuza avuga yuko ari ngombwa kwihutisha ibyo biganira bigamije kugarura amahoro arambye mu Burundi, kugira ngo nibura amasezerano azava mu mishyikirano azabe yashyizweho umukono bitarenze Kamena uyu mwaka. Kuko Kamena itari kure birumvikana impamvu Mkapa,yiyemeje gushyiraho umwete ngo ibintu bive mu inzira ari nayo mpamvu yagerageje gutumira imitwe ya politike n’izindi nzego zitandukanye zishobora kugira umusanzu zatanga ngo amahoro agaruke mu Burundi !

Ibiganiro nk’ibyo by’Abarundi biherutse na none kubera Arusha tariki 16 z’ukwezi gushize ariko imitwe ya politike ikomeye muri Opozisiyo y’u Burundi yanga kubyitabira bashinja Mkapa yuko abogamiye kuri leta y’u Burundi, bakaba bari barafashe icyemezo cyo kutazongera kumwemera nk’umuhuza !

Iyo mitwe ikomeye muri Opozisiyo y’u Burundi yibumbiye mu ihuriro ryitwa CNARED, hafi ya bose mu bayigize bakaba bari mu buhungiro hanze y’igihugu. Muri ibyo biganiro byo mu kwezi gushize Mkapa yari yatumiye abantu 24 kuva muri CNARED ariko ubwo butumire bwitabirwa n’abantu batandatu gusa, nabo badakomeye muri iryo huririro, bashobora kuba barikurikiriye amafaranga ofisi y’umuhuza igenera abaje muri izo mishyikirano !

-5797.jpg

Opozisiyo y’u Burundi yibumbiye mu ihuriro ryitwa CNARED

Umuhuza nawe arabizi yuko nta CNARED, nta biganiro bifatika byaba. Amakuru dufite n’uko CNARED yakomeje kotswa igitutu n’abaterankunga bayo ngo ntizongere kunangira yanga kujya mu mishyikirano ngo kuko byayigaragaza nk’ihuriro ry’abanyapolitike badashobotse. Iyo niyo mpamvu nini yatumye CNARED yemera kwitabira imishyikira yatangiye Arusha uyu munsi, ikazarangira ejobundi tariki 18 z’uku.

Kuva ku izima kwa kwa CNARED ikemeza yuko izaba iri muri iyo mishyikirano Arusha bigomba kuba byaratunguye cyane ubutegetsi bwa Petero Nkurunziza, bugomba kuba bwarifuzaga yuko yakomeza kwanga kwitabira imishyikirano, amahanga akayifata yuko ari yo itifuza yuko u Burundi bwagira amahoro !

Ibi bigaragazwa n’itangazo ritunguranye leta y’u Bundi yasohoye, ivuga yuko idashobora kuba iri muri ibyo biganiro bya Arusha, ariko imishyikirano iri hafi gutangira Mkapa atangaza yuko leta y’u Burundi itari yatumiwe ngo ahubwo hatumiwe ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD kandi koko abarihagarariye bashoboye kugera Arusha !

Ibi byateye urujijo mu bantu bibaza uwaba avuga ukuri cyangwa ibinyoma hagati ya leta y’u Burundi cyangwa umuhuza ariko washishoza ugasanga Mkapa yarakinaga Diplomasi kugira ngo habeho umwuka mwiza mu mishyikirano, naho ubundi leta yari yatumiwe ahubwo koko yanga kujyayo !

-5798.jpg

Fillipo Nzobonariba

Umuvugizi w’iyo leta y’u Burundi, Fillipo Nzobonariba, yatangaje yuko Bujumbura idashobora kwitabira ibiganiro byatumiwemo bamwe mu bakoze kudeta igapfuba muri Gicurasi 2015, ngo kuko abo bantu aho kujya mu biganiro ahubwo bashyikirizwa inkiko mu Burundi zikabacira imanza ngo kuko icyo cyaha gikomeye cyane !

Iryo tangazo ryashyizwe ahagaragara n’uwo muvugizi, Phillipo Nzobonariba, rigaragaza yuko leta y’u Burundi yateye indi ntambwe ikomeye igambiriye kuburizamo burundu iyo mishyikirano ihagarikiwe n’umuryango w’ibihugu byo mu burasirazuba bwa Afurika (EAC) ariko ikaba ishyigikiwe n’umuryango mpuzamahanga.

Nzobonariba yavuze yuko leta y’u Burundi itanabona n’impamvu zituma iyo mishyikirano ibera hanze y’igihugu nko mui Tanzania. Ubutegetsi bwa Nkurunziza bukavuga yuko iyo mishyikirano y’Abarundi igomba kuzajya ibera mu Burundi, bukizeza yuko buri muntu wayitabiriye azacungirwa neza umutekano we cyane yuko ngo mu Burundi ubu ari amahoro. Ukuri ariko uko kumeze n’uko nta muntu wo muri opozisiyo nya opoziyio wava aho ari mu buhungiro ngo agiye gushyikirana mu Burundi, kuko uwo yaba ntacyo yahunze !

Iyi ngingo ya leta y’u Burindi yo gukora ibishoboka byose kwica iyo mishyikirano igomba kuba ari gahunda ndende kandi y’igihe kirekire kuko umunyamabanga mukuru w’iryo shyaka riri ku butegesi, CNDD-FDD, amaze iminsi avuga yuko bitabaho gushyikirana n’abantu bakoze kudeta igapfuba !

-5799.jpg

Evariste Ndayishimiye

Uwo munyamabanga mukuru, Evariste Ndayishimiye, anavuga kandi yuko nta gushyikirana n’abantu badafite ingufu za gisirikare. Ndayishimiye aharutse kubwira ijwi rya America (VOA) yuko leta zishyikirana n’imitwe ya gisirikare yigaruriye uduce runaka tw’igihugu ariko ngo abarwanya ubutegetsi mu Burundi ntacyo bafite cyatuma ubaha uburemere.

Ukurikije rero iyo myumvire ya Ndayishimiye, ubona yuko ubutegetsi mu Burundi busa nk’ubwarangije kwikura mu mishyikirano ! Ubu igisabwa n’uko EAC n’amahanga bashyiraho akabo. Nubwo CNDD-FDD yagiye Arusha muri iyo mishyikira ariko intumwa zayo zanze kwicara mu cyumba kikwe n’abo muri CNARED bibangombwa yuko umuhuza abonanira na bamwe ahabo n’abandi ahabo !

Bujumbura kandi yari yashyikirije leta ya Tanzania impapuro mpuzamahanga zo guta muri yombi abo bo muri CNARED bari Arusha ariko ubutegetsi bwa Perezida Pombe Magufuri ntibwaha agaciro ubwo busabe bw’u Burundi nk’uko n’Ububiligi bwabikoze mu mpera z’umwaka ushize, bigatuma u Burundi bubibwangira !

Casmiry Kayumba

2017-02-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umubyeyi wa nyakwigendera Christine Nyatanyi yitabye Imana

Umubyeyi wa nyakwigendera Christine Nyatanyi yitabye Imana

Ubwanditsi 17 Jul 2017
Umuyobozi wa FERWAFA yasabye imbabazi Abanyarwanda

Umuyobozi wa FERWAFA yasabye imbabazi Abanyarwanda

Ubwanditsi 24 Mar 2017
Kwiyita impirimbanyi za demukarasi, kwigira abasazi no kwiyicisha inzara byafasha iki abanyabyaha bari mu maboko y’ubutabera?

Kwiyita impirimbanyi za demukarasi, kwigira abasazi no kwiyicisha inzara byafasha iki abanyabyaha bari mu maboko y’ubutabera?

Ubwanditsi 19 Sep 2021
Igisirikare cy’u Rwanda n’icya Tanzania mu nzira zo gukaza ubufatanye mu by’ubwirinzi

Igisirikare cy’u Rwanda n’icya Tanzania mu nzira zo gukaza ubufatanye mu by’ubwirinzi

Ubwanditsi 19 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ko hari ibimenyetso simusiga byerekana itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi , Ingabire Victoire na bagenzi be ko batazana ibya “jenoside yakorewe Abahutu” baririmba?
Amakuru

Ko hari ibimenyetso simusiga byerekana itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi , Ingabire Victoire na bagenzi be ko batazana ibya “jenoside yakorewe Abahutu” baririmba?

Ubwanditsi 09 Sep 2024
Muhadjiri wari Kapiteni w’Amavubi, Muhozi Fred yabonye igitego, Danny Usengimana yatsinze igitego nyuma y’imyaka isaga 4, ibyaranze umukino Amavubi yatsinzemo Guine 3-0
Amakuru

Muhadjiri wari Kapiteni w’Amavubi, Muhozi Fred yabonye igitego, Danny Usengimana yatsinze igitego nyuma y’imyaka isaga 4, ibyaranze umukino Amavubi yatsinzemo Guine 3-0

Ubwanditsi 04 Jan 2022
Bamwe mu banyeshuri barangije muri Kaminuza ya Kigali bararira ayo kwarika nyuma yaho batagaragariye ku rutonde rw’abahawe Impamyabumenyi.
Mu Rwanda

Bamwe mu banyeshuri barangije muri Kaminuza ya Kigali bararira ayo kwarika nyuma yaho batagaragariye ku rutonde rw’abahawe Impamyabumenyi.

Ubwanditsi 13 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru