• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gakenke: Urubyiruko rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo gukangurira abandi kwirinda ibiyobyabwenge

Gakenke: Urubyiruko rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo gukangurira abandi kwirinda ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 10 Jul 2017 Mu Rwanda

Urubyiruko rw’Itorero rya Pantekote mu Rwanda (ADEPR) mu karere ka Gakenke rurenga 200 rwo muri Paruwase ya Rushashi, ku itariki 8 z’uku kwezi rwakoze urugendo rwo gukangurira ibyiciro byose by’abantu kwirinda kwishora mu biyobyabwenge.

Urwo rugendo rureshya na kilometero eshatu rwarukoreye mu kagari ka Rwankuba, ho mu murenge wa Rushashi.

Rwarutangiriye ku kibuga cy’umupira w’amaguru cya Rushashi, runyura mu isantere y’ubucuruzi ya Rushashi; hanyuma rurusoreza kuri Paruwase ya ADEPR ya Rushashi; aho Polisi y’u Rwanda muri aka karere yaruganirije ku bubi bw’ibiyobyabwenge n’ingaruka zo kubyishoramo.

Ubwo rwakoraga urwo rugendo, urwo rubyiruko rwari rwitwaje ibyapa byanditseho ubutumwa bwakanguriraga abantu bose kubyirinda no gufatanya kurwanya ikoreshwa n’icuruzwa ryabyo. Bagaragazaga kandi ko biyemeje kubyirinda no kugira uruhare mu kurwanya iyinjizwa ryabyo mu gihugu.

Umushumba wa Paruwase ya ADEPR ya Rushashi, Niyibizi Alexis ari mu bitabiriye urwo rugendo ndetse n’ibyo biganiro. Amagana y’abaturage bitabiriye ibyo biganiro babwiwe ingaruka zo kwishora mu biyobyabwene, banasabwa kubyirinda.

Umwofisiye wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe imikoranire yayo n’abaturage ndetse n’izindi nzego mu karere ka Gakenke, Inspector of Police (IP) Justin Murenzi yashimye urwo rubyiruko ndetse n’Itorero rya ADEPR muri rusange ku bw’icyo gikorwa cyo gufatanya gukangurira umuryango nyarwanda kwirinda ibiyobyabwenge.

Yabwiye urubyiruko rwari aho ko kunywa Urumogi, Kanyanga, Mayirungi, Muriture, Chief Warage, Suzie n’ibindi biyobyabwenge, cyangwa guhumeka Kole ndetse na Lisansi bishobora gutuma bishora mu busambanyi bukurikirwa n’ingaruka zirimo kwandura zimwe mu ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, gutwara inda zitateganyijwe no kureka ishuri.

IP Murenzi yakomeje abwira abitabiriye ibyo biganiro ati,”Ibiyobyabwenge bitera uwabinyoye gukora ibyaha birimo gukubita no gukomeretsa, gufata ku ngufu, gusambanya abana n’ihohotera rishingiye ku gitsina. Izindi ngaruka zo kubyishoramo harimo igifungo no gucibwa ihazabu.”

Yagize kandi ati,”Kwishora mu biyobyabwenge ni ukwitera igihombo kubera ko iyo bifashwe birangizwa. Ikindi ni uko kubinywa bidatuma umuntu yibagirwa ibibazo asanganywe nk’uko bamwe bibwira cyagwa babeshwa; ahubwo bimwongerera ibindi birushijeho gukomera.

Itorero rya ADEPR rigira uruhare runini mu gukangurira Umuryango nyarwanda kwirinda ibiyobyabwenge binyuze mu bikorwa bitandukanye birimo ubukangurambaga nk’ubu bukorwa hirya no hino mu gihugu n’Abayoboke baryo b’urubyiruko; Polisi y’u Rwanda ikaba ibirishimira.

Na none ku itariki 8 z’uku kwezi Polisi y’u Rwanda mu karere ka Nyanza yaganirije urubyiruko rw’Idini ya Isilamu rwo muri aka karere rurenga 480 ku bubi bw’ibiyobyabwenge, inabakangurira kwirinda kubyishoramo no kuba abafatanyabikorwa mu kurwanya icuruzwa n’ikoreshwa ryabyo.

Ubu butumwa babuhawe na IP Emmanuel Murindangabo. Ikiganiro yagiranye na bo cyabereye mu kagari ka Kavumu, mu murenge wa Busasamana.

Usibye kubakangurira kwirinda ibiyobyabwenge, yanabasabye kwirinda ingengabitekerezo y’ubutagondwa n’ubuhezanguni no gutungira agatoki Polisi abo bayikekaho.

-7176.jpg

Ku bufatanye n’izindi nzego ndetse n’abaturage, Polisi y’u Rwanda mu karere ka Musanze mu cyumweru gishize yafashe inzoga zitemewe mu Rwanda z’ubwoko butandukanye. Ku itariki 7 z’uku kwezi habaye ibikorwa byo kubyangiza; abaturage babyitabiriye bakaba barakanguriwe kwirinda kubyishoramo.

Ibikorwa byo kubyangiza byabereye kuri Sitasiyo za Polisi za Muhoza, Cyuve na Kinigi. Hangijwe amaduzeni 110 n’amasashe 2,783 bya Blue Sky, amaduzeni abiri n’amasashe 11 bya Kitoko , amasashe 60 ya Coffee Warage , amasashe 24 ya Host Waragi, amasashe 17 ya Coffee Spirit , amasashe 7 ya Bond Seven, na litiro 8 za Gargazoc.

Source : RNP

2017-07-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imikino yo kwishyura y’intoki mu irushanwa rya BK Basketball League mu gice cyo kwishyura mu bagabo irakomeza mu mpera z’iki cyumweru

Imikino yo kwishyura y’intoki mu irushanwa rya BK Basketball League mu gice cyo kwishyura mu bagabo irakomeza mu mpera z’iki cyumweru

Ubwanditsi 17 Sep 2021
Ntabwo u Rwanda rukennye nk’uko tubivuga, rukeneshejwe n’abana barwo-Ingabire M. Immaculée

Ntabwo u Rwanda rukennye nk’uko tubivuga, rukeneshejwe n’abana barwo-Ingabire M. Immaculée

Ubwanditsi 05 Apr 2018
” Tuzabavuna” ko yahahamuye Ingabire Victoire, yaba akeka ko ariwe uzavunwa mbere?

” Tuzabavuna” ko yahahamuye Ingabire Victoire, yaba akeka ko ariwe uzavunwa mbere?

Ubwanditsi 02 Jul 2024
APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere

APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere

Ubwanditsi 29 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafaranga yakusanyijwe na Rusesabagina ashenye FLN aho kuyubaka
Amakuru

Amafaranga yakusanyijwe na Rusesabagina ashenye FLN aho kuyubaka

Ubwanditsi 26 Nov 2020
Amafoto : Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa yitabiriye irushanwa rya Mako Sharks Sprint Gla 2022, ryegukanywe na Maniraguha Eloi na Omoro Samiyah
Amakuru

Amafoto : Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa yitabiriye irushanwa rya Mako Sharks Sprint Gla 2022, ryegukanywe na Maniraguha Eloi na Omoro Samiyah

Ubwanditsi 12 Sep 2022
Amafoto: Rayon Sports yunamiye imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 ishyinguwe mu rwibutso rwa Ntarama
Amakuru

Amafoto: Rayon Sports yunamiye imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 ishyinguwe mu rwibutso rwa Ntarama

Ubwanditsi 14 Apr 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru