• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»U Rwanda na Congo Brazzaville bigiye gutangira guhererekanya abanyabyaha

U Rwanda na Congo Brazzaville bigiye gutangira guhererekanya abanyabyaha

Ubwanditsi 14 Aug 2017 Mu Rwanda

U Rwanda na Repubulika ya Congo bigiye kujya byohererezanya abakekwaho ibyaha n’abahamwe nabyo, nyuma y’uko Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yemeje burundu amasezerano yo kohererezanya abanyabyaha hagati y’ibihugu byombi.

Aya masezerano yashyirizweho umukono i Brazzaville muri Repubulika ya Congo, ku wa 9 Ugushyingo 2013, ariko amategeko abigena agateganya ko iryo hererekanya ry’abanyabyaha ribanza kwemezwa mu nteko z’ibyo bihugu.

Nkuko The East African yabyanditse, Umushinjacyaha mukuru w’u Rwanda, Jean Bosco Mutangana, yatangaje ko kwemeza aya masezerano ari intambwe nziza iganisha ku bufatanye mu by’amategeko hagati y’ibihugu byombi by’umwihariko mu guhangana n’abanyabyaha.

Yagize ati “Mu myaka 10 ishize twohereje ibirego n’ubusabe bwo kutwoherereza abakekwaho ibyaha 15 muri Congo, turizera ko aya masezerano azabyihutisha.”
Akomeza avuga ko ubusabe bwose batanze ari ubw’abantu bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Evode Uwizeyimana, yavuze ko bizafasha u Rwanda cyane cyane mu kwihutisha kuzana abakekwaho ibyaha bya Jenoside bari muri Repubulika ya Congo.

Yagize ati “U Rwanda rufitemo inyungu cyane cyane muri aya masezerano kuko nk’uko mubizi, hari abantu tugishakisha bakoze ibyaha bya Jenoside hano mu Rwanda na n’ubu bakihishahisha hirya no hino mu bindi bihugu, muri byo harimo na Congo.”

Aya masezerano azakuraho inzitizi z’amategeko zajyaga zibaho, aho hari aho bajyaga bashaka kuzana abakekwaho ibyaha cyangwa abashaka kurangiriza ibihano byabo mu Rwanda cyangwa muri Congo ariko bikabangamirwa n’uko nta masezeraho yo guhererekanya abanyabyaha ariho.

Ibihugu bitandukanye byanze kohereza mu Rwanda abakekwaho Jenoside ku mpamvu zirimo ko nta masezerano bifitanye na rwo agenga icyo gikorwa.

Imibare ya Minisiteri ishinzwe ibiza no gucyura impunzi (Midimar), igaragaza ko muri Congo habarurwa impunzi z’abanyarwanda bagera ku bihumbi 10.

Kugeza ubu Congo nta wukekwaho ibyaha bya Jenoside irohereza mu Rwanda cyangwa ngo imuburanishe, icyakora yataye muri yombi babiri bashakishwaga n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (TPIR).

Abo ni Jean-Baptiste Gatete wahoze ari Burugumesitiri wa Komini Murambi mu yahoze ari Byumba na Ildephonse Hategekimana wahoze ari umusirikare mu ngabo zatsinzwe bombi bakatiwe gufungwa burundu.

Abategetsi ba Repubulika ya Congo bigeze gutangaza ko barimo gushaka Protais Mpiranya wahoze ari umuyobozi w’umutwe warindaga Habyarimana.

-7602.jpg


Umushinjacyaha mukuru w’u Rwanda, Jean Bosco Mutangana, yatangaje ko kwemeza aya masezerano ari intambwe nziza iganisha ku bufatanye mu by’amategeko hagati y’ibihugu byombi by’umwihariko mu guhangana n’abanyabyaha

2017-08-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yaho ikipe ya Rayon Sports itsindiye Rutsiro FC, umutoza wayo wungirije Pedro Miguel yasubiye mu gihugu cya Portugal

Nyuma yaho ikipe ya Rayon Sports itsindiye Rutsiro FC, umutoza wayo wungirije Pedro Miguel yasubiye mu gihugu cya Portugal

Ubwanditsi 18 Feb 2022
Imiryango y’abishwe na FLN n’abo yakoreye ubundi bugome bakwiye kugirana umubonano na Antony Blinken

Imiryango y’abishwe na FLN n’abo yakoreye ubundi bugome bakwiye kugirana umubonano na Antony Blinken

Ubwanditsi 29 Jul 2022
Abakuru b’ibihugu by’Afrika 5 mu Burundi

Abakuru b’ibihugu by’Afrika 5 mu Burundi

Ubwanditsi 27 Feb 2016
Polisi y’u Rwanda yasobanuye  iby’ ihohoterwa ryavuzwe ku banyamakuru bagiye gutara inkuru  murugo kwa Rwigara

Polisi y’u Rwanda yasobanuye iby’ ihohoterwa ryavuzwe ku banyamakuru bagiye gutara inkuru murugo kwa Rwigara

Ubwanditsi 04 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugore wise Perezida Museveni ikibuno yangiwe kurekurwa by’agateganyo
Mu Rwanda

Umugore wise Perezida Museveni ikibuno yangiwe kurekurwa by’agateganyo

Ubwanditsi 12 Apr 2017
Kayumba Nyamwasa mu mugambi wo guhitana Jean Paul na Maj Micombero
INKURU NYAMUKURU

Kayumba Nyamwasa mu mugambi wo guhitana Jean Paul na Maj Micombero

Ubwanditsi 10 Oct 2019
Kiyovu SC yahakanye amakuru avuga ko umutoza mukuru wayo Karekezi Olivier yaba yirukanywe .
Amakuru

Kiyovu SC yahakanye amakuru avuga ko umutoza mukuru wayo Karekezi Olivier yaba yirukanywe .

Ubwanditsi 02 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru