• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»U Rwanda na Congo Brazzaville bigiye gutangira guhererekanya abanyabyaha

U Rwanda na Congo Brazzaville bigiye gutangira guhererekanya abanyabyaha

Ubwanditsi 14 Aug 2017 Mu Rwanda

U Rwanda na Repubulika ya Congo bigiye kujya byohererezanya abakekwaho ibyaha n’abahamwe nabyo, nyuma y’uko Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yemeje burundu amasezerano yo kohererezanya abanyabyaha hagati y’ibihugu byombi.

Aya masezerano yashyirizweho umukono i Brazzaville muri Repubulika ya Congo, ku wa 9 Ugushyingo 2013, ariko amategeko abigena agateganya ko iryo hererekanya ry’abanyabyaha ribanza kwemezwa mu nteko z’ibyo bihugu.

Nkuko The East African yabyanditse, Umushinjacyaha mukuru w’u Rwanda, Jean Bosco Mutangana, yatangaje ko kwemeza aya masezerano ari intambwe nziza iganisha ku bufatanye mu by’amategeko hagati y’ibihugu byombi by’umwihariko mu guhangana n’abanyabyaha.

Yagize ati “Mu myaka 10 ishize twohereje ibirego n’ubusabe bwo kutwoherereza abakekwaho ibyaha 15 muri Congo, turizera ko aya masezerano azabyihutisha.”
Akomeza avuga ko ubusabe bwose batanze ari ubw’abantu bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Evode Uwizeyimana, yavuze ko bizafasha u Rwanda cyane cyane mu kwihutisha kuzana abakekwaho ibyaha bya Jenoside bari muri Repubulika ya Congo.

Yagize ati “U Rwanda rufitemo inyungu cyane cyane muri aya masezerano kuko nk’uko mubizi, hari abantu tugishakisha bakoze ibyaha bya Jenoside hano mu Rwanda na n’ubu bakihishahisha hirya no hino mu bindi bihugu, muri byo harimo na Congo.”

Aya masezerano azakuraho inzitizi z’amategeko zajyaga zibaho, aho hari aho bajyaga bashaka kuzana abakekwaho ibyaha cyangwa abashaka kurangiriza ibihano byabo mu Rwanda cyangwa muri Congo ariko bikabangamirwa n’uko nta masezeraho yo guhererekanya abanyabyaha ariho.

Ibihugu bitandukanye byanze kohereza mu Rwanda abakekwaho Jenoside ku mpamvu zirimo ko nta masezerano bifitanye na rwo agenga icyo gikorwa.

Imibare ya Minisiteri ishinzwe ibiza no gucyura impunzi (Midimar), igaragaza ko muri Congo habarurwa impunzi z’abanyarwanda bagera ku bihumbi 10.

Kugeza ubu Congo nta wukekwaho ibyaha bya Jenoside irohereza mu Rwanda cyangwa ngo imuburanishe, icyakora yataye muri yombi babiri bashakishwaga n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (TPIR).

Abo ni Jean-Baptiste Gatete wahoze ari Burugumesitiri wa Komini Murambi mu yahoze ari Byumba na Ildephonse Hategekimana wahoze ari umusirikare mu ngabo zatsinzwe bombi bakatiwe gufungwa burundu.

Abategetsi ba Repubulika ya Congo bigeze gutangaza ko barimo gushaka Protais Mpiranya wahoze ari umuyobozi w’umutwe warindaga Habyarimana.

-7602.jpg


Umushinjacyaha mukuru w’u Rwanda, Jean Bosco Mutangana, yatangaje ko kwemeza aya masezerano ari intambwe nziza iganisha ku bufatanye mu by’amategeko hagati y’ibihugu byombi by’umwihariko mu guhangana n’abanyabyaha

2017-08-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda irishimira ko umutekano wagenze neza mu gihe cy’irahira rya Perezida wa Repubulika

Polisi y’u Rwanda irishimira ko umutekano wagenze neza mu gihe cy’irahira rya Perezida wa Repubulika

Ubwanditsi 20 Aug 2017
Kigali: Abasore batinda kurongora bahorana impamvu nyinshi

Kigali: Abasore batinda kurongora bahorana impamvu nyinshi

Ubwanditsi 24 Mar 2017
Dr Raymond DUSABE azashyingurwa i Rusororo kuri uyu wa kabiri

Dr Raymond DUSABE azashyingurwa i Rusororo kuri uyu wa kabiri

Ubwanditsi 20 Jan 2018
Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?

Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?

Ubwanditsi 20 May 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports itsinze Mukura VS, APR FC igwa miswi na Kiyovu SC mu mikino ya 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro
Amakuru

Rayon Sports itsinze Mukura VS, APR FC igwa miswi na Kiyovu SC mu mikino ya 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 10 May 2023
APR FC irashyikirizwa igikombe cya shampiyona ya 2019-2020 ku mukino wa mbere wo gusubukura shampiyona ya 2020-2021.
Amakuru

APR FC irashyikirizwa igikombe cya shampiyona ya 2019-2020 ku mukino wa mbere wo gusubukura shampiyona ya 2020-2021.

Ubwanditsi 01 May 2021
“Nshingukaho,winshingaho” indirimbo nshya ya Ama-G The Black na Neg G The General
SHOWBIZ

“Nshingukaho,winshingaho” indirimbo nshya ya Ama-G The Black na Neg G The General

Ubwanditsi 14 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru