• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli yo muri Libya yari amazemo umwaka, Hakim Sahabo mu nzira zimujyana mu Bugereki   |   31 Jan 2026

  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Traffic Police : Ubu imashini ni yo izajya yandika “Contrevention” mu muhanda

Traffic Police : Ubu imashini ni yo izajya yandika “Contrevention” mu muhanda

Editorial 14 Dec 2016 Mu Mahanga

Muri iki gitondo Police y’u Rwanda yamuritse ikoranabuhanga rishya mu kunoza servisi z’umutekano mu muhanda. Ubu buryo bushya buzatuma umupolisi atongera kuba ari we wandikira umushoferi wakoze icyaha ahubwo imashini afite niyo izajya ibikora.

Commissioner of Police (CP) George Rumanzi ushinzwe ishami ryo mu muhanda yasobanuriye itangazamakuru na Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye ko iri koranabuhanga riri kwifashishwa ngo bimwe byihute.

Ibyuma by’ikoranabuhanga bigiye gukoreshwa ngo bizafasha mu gukusanya amakuru ku bibera mu muhanda batagombye kujya mu mpapuro.

CP Rumanzi yavuze ko iri koranabuhanga rizatuma ntawuzongera kubeshya ku ndangamuntu mu gihe cyo gukoresha ibizamini by’impushya z’agateganyo kuko umukandida indangamuntu ye izajya icishwa mu cyuma byihuse birebe niba ari iy’umwimerere. Ibintu ubundi byafataga umwanya munini bikabamo n’uburiganya bwinshi.

Abapolisi ku muhanda bandikiraga abantu ku mpapuro hakazamo ibibazo binyuranye, ubu hazifashishwa utwuma mu gihe bahagaritse utwaye ikinyabiziga niba afite ikosa aryerekwe, aka kuma gasohore agapapuro kariho icyaha n’amande.

Uwahanwe ngo azajya ashobora kwishyura ako kanya yifashishije Mobile Money, Visa Card cyangwa kujya kuri Bank, yishyure bijye muri system akomeze.

Mu gihe atishyuye imodoka ye (permis ye na plaque z’imodoka) izajya muri system nk’imodoka ifite ibyaha.

Iyi modoka izajya ikurikiranwa n’iri koranabuhanga ibe yabonwa n’uburyo bwitwa Automatic Number Plate Recognition bwifashishije Camera, ikinyabiziga kibe cyagaragara mu kiri kongera ibyaha n’amande.

Ndetse n’ahandi umupolisi yagufata akanyuza permis yawe muri cya cyuma azajya abona andi makosa wakoze mbere, niba warishyuye amande cyangwa utarayishyuye.

Aho basuzumira ibinyabiziga naho bazifashisha ikoranabuhanga rishya mu guha abayigana gahunda biciye kuri Online wanishyuye Online ukagenda ku isaha baguhaye.

CP Rumanzi avuga ko iri koranabuhanga rizakusanya amakuru yose ku binyabiziga, kuko bazakorana n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, (RRA) kumenya nyiri ikinyabiziga, bakorane na NIDA na za Banki kumenya niba ikinyabiziga gifite assurance yanditse kuri nyiracyo.

Iri koranabuhanga Minisitiri w’Ubutabera yaryise “milestone”, avuga ko ari intambwe ikomeye cyane kuba Polisi iri kuva ku gukoresha impapuro ikajya mu gukoresha ikoranabuhanga.

Minisitiri Johnston Busingye yavuze ko igikorwa nk’iki ari ingirakamaro cyane mu kugabanya ibyaha n’impfu z’abantu mu mpanuka.

Yemeza ko igikorwa nk’iki kizanagabanya cyane urwikekwe na ruswa byavugwaga muri izi serivisi wasangaga zikorwa cyane n’abantu, ubu ikoranabuhanga rikaba ari ryo rizaba rikora cyane kurusha abantu.

Umuhate wa Police ngo watumye impanuka zivamo impfu zaragabanutseho 12% hagati ya 2015 na 2016. Naho mu mezi atandatu ashize muri uyu mwaka izi mpanuka zagabanutseho 37%.

Asoza, Minisitiri Busingye yavuze ko ibi ari ibikorwa kugira ngo igihugu kirusheho kugendera ku mategeko.

Johnston Busingye ati “Umunyarwanda ufite ubwenge namuha inama yo kubahiriza amategeko kuko inzira yo kutayubahiriza ni yo izamugora kandi ikamuvuna.”

-5023.jpg

-5022.jpg

-5021.jpg

-5020.jpg

-5019.jpg

2016-12-14
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Abanyarwanda bakomeje kwegeranya amafaranga yo kubaka urwibutso muri Mpigi

Uganda: Abanyarwanda bakomeje kwegeranya amafaranga yo kubaka urwibutso muri Mpigi

Editorial 10 Apr 2018
Abasirikari benshi b’Afrika y’Epfo baba barishyize mu maboko ya M23!

Abasirikari benshi b’Afrika y’Epfo baba barishyize mu maboko ya M23!

Editorial 03 Apr 2024
Imodoka yibwe muri Uganda yasubijwe nyirayo

Imodoka yibwe muri Uganda yasubijwe nyirayo

Editorial 04 Feb 2016
Igiswahili kiziye igihe-Malonga

Igiswahili kiziye igihe-Malonga

Editorial 14 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Besigye yatawe muri yombi ashinjwa kugerageza ubwicanyi
Mu Mahanga

Uganda: Besigye yatawe muri yombi ashinjwa kugerageza ubwicanyi

Editorial 20 Oct 2017
Abanyeshuri ba CIESK biyemeje kurwanya ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Abanyeshuri ba CIESK biyemeje kurwanya ibiyobyabwenge

Editorial 02 May 2016
Burundi : Gen. Gaciyubwenge arahigwa bukware
Mu Mahanga

Burundi : Gen. Gaciyubwenge arahigwa bukware

Editorial 06 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru