• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Traffic Police : Ubu imashini ni yo izajya yandika “Contrevention” mu muhanda

Traffic Police : Ubu imashini ni yo izajya yandika “Contrevention” mu muhanda

Ubwanditsi 14 Dec 2016 Mu Mahanga

Muri iki gitondo Police y’u Rwanda yamuritse ikoranabuhanga rishya mu kunoza servisi z’umutekano mu muhanda. Ubu buryo bushya buzatuma umupolisi atongera kuba ari we wandikira umushoferi wakoze icyaha ahubwo imashini afite niyo izajya ibikora.

Commissioner of Police (CP) George Rumanzi ushinzwe ishami ryo mu muhanda yasobanuriye itangazamakuru na Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye ko iri koranabuhanga riri kwifashishwa ngo bimwe byihute.

Ibyuma by’ikoranabuhanga bigiye gukoreshwa ngo bizafasha mu gukusanya amakuru ku bibera mu muhanda batagombye kujya mu mpapuro.

CP Rumanzi yavuze ko iri koranabuhanga rizatuma ntawuzongera kubeshya ku ndangamuntu mu gihe cyo gukoresha ibizamini by’impushya z’agateganyo kuko umukandida indangamuntu ye izajya icishwa mu cyuma byihuse birebe niba ari iy’umwimerere. Ibintu ubundi byafataga umwanya munini bikabamo n’uburiganya bwinshi.

Abapolisi ku muhanda bandikiraga abantu ku mpapuro hakazamo ibibazo binyuranye, ubu hazifashishwa utwuma mu gihe bahagaritse utwaye ikinyabiziga niba afite ikosa aryerekwe, aka kuma gasohore agapapuro kariho icyaha n’amande.

Uwahanwe ngo azajya ashobora kwishyura ako kanya yifashishije Mobile Money, Visa Card cyangwa kujya kuri Bank, yishyure bijye muri system akomeze.

Mu gihe atishyuye imodoka ye (permis ye na plaque z’imodoka) izajya muri system nk’imodoka ifite ibyaha.

Iyi modoka izajya ikurikiranwa n’iri koranabuhanga ibe yabonwa n’uburyo bwitwa Automatic Number Plate Recognition bwifashishije Camera, ikinyabiziga kibe cyagaragara mu kiri kongera ibyaha n’amande.

Ndetse n’ahandi umupolisi yagufata akanyuza permis yawe muri cya cyuma azajya abona andi makosa wakoze mbere, niba warishyuye amande cyangwa utarayishyuye.

Aho basuzumira ibinyabiziga naho bazifashisha ikoranabuhanga rishya mu guha abayigana gahunda biciye kuri Online wanishyuye Online ukagenda ku isaha baguhaye.

CP Rumanzi avuga ko iri koranabuhanga rizakusanya amakuru yose ku binyabiziga, kuko bazakorana n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, (RRA) kumenya nyiri ikinyabiziga, bakorane na NIDA na za Banki kumenya niba ikinyabiziga gifite assurance yanditse kuri nyiracyo.

Iri koranabuhanga Minisitiri w’Ubutabera yaryise “milestone”, avuga ko ari intambwe ikomeye cyane kuba Polisi iri kuva ku gukoresha impapuro ikajya mu gukoresha ikoranabuhanga.

Minisitiri Johnston Busingye yavuze ko igikorwa nk’iki ari ingirakamaro cyane mu kugabanya ibyaha n’impfu z’abantu mu mpanuka.

Yemeza ko igikorwa nk’iki kizanagabanya cyane urwikekwe na ruswa byavugwaga muri izi serivisi wasangaga zikorwa cyane n’abantu, ubu ikoranabuhanga rikaba ari ryo rizaba rikora cyane kurusha abantu.

Umuhate wa Police ngo watumye impanuka zivamo impfu zaragabanutseho 12% hagati ya 2015 na 2016. Naho mu mezi atandatu ashize muri uyu mwaka izi mpanuka zagabanutseho 37%.

Asoza, Minisitiri Busingye yavuze ko ibi ari ibikorwa kugira ngo igihugu kirusheho kugendera ku mategeko.

Johnston Busingye ati “Umunyarwanda ufite ubwenge namuha inama yo kubahiriza amategeko kuko inzira yo kutayubahiriza ni yo izamugora kandi ikamuvuna.”

-5023.jpg

-5022.jpg

-5021.jpg

-5020.jpg

-5019.jpg

2016-12-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Igicumbi” cy’ abacumbagira mu mitekerereze gitandukaniye he n’icukiro ry’imyanda?

“Igicumbi” cy’ abacumbagira mu mitekerereze gitandukaniye he n’icukiro ry’imyanda?

Ubwanditsi 02 Aug 2021
RDC: Imirwano ikomeye mu Kiyaga cya Kivu yaguyemo batatu

RDC: Imirwano ikomeye mu Kiyaga cya Kivu yaguyemo batatu

Ubwanditsi 24 May 2018
Nyuma y’amezi 13 gusa, Umutoza w’umunyarwanda Andre Cassa Mbungo yatandukanye na Bandari FC yo muri Kenya azira umusaruro muke

Nyuma y’amezi 13 gusa, Umutoza w’umunyarwanda Andre Cassa Mbungo yatandukanye na Bandari FC yo muri Kenya azira umusaruro muke

Ubwanditsi 21 Feb 2022
Umubiligi yangiwe kuba intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi muri aka karere kubera politiki mbi y’igihugu cye

Umubiligi yangiwe kuba intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi muri aka karere kubera politiki mbi y’igihugu cye

Ubwanditsi 24 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Barasabwa gukomeza kwandika kuri Jenoside yakorewe Abatutsi
Mu Mahanga

Barasabwa gukomeza kwandika kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 13 Apr 2016
Amahoro muri Kongo aracyari kure nk’ukwezi: Aho gusenya FDLR imunga ayo mahoro,Tshisekedi arayishakira amaboko.
Amakuru

Amahoro muri Kongo aracyari kure nk’ukwezi: Aho gusenya FDLR imunga ayo mahoro,Tshisekedi arayishakira amaboko.

Ubwanditsi 16 Sep 2024
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Igikomangoma cy’Ubwongereza
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Igikomangoma cy’Ubwongereza

Ubwanditsi 24 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru