• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Loni ni nka Bihehe bavugiriza induru, iti “ngizi impundu mporana”. Uko yamaganwa, niko irushaho gushyigikira abajenosideri.

Loni ni nka Bihehe bavugiriza induru, iti “ngizi impundu mporana”. Uko yamaganwa, niko irushaho gushyigikira abajenosideri.

Ubwanditsi 09 Aug 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Ubwo Jenoside yakorerwaga Abatutsi mu Rwanda, Loni yari ihafite abasirikari benshi ngo bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro, nyamara aho gutabara abicwaga, babarekeye mu mikaka y’interahamwe, bafumyamo baritahira. Amateka azakomeza kuryoza izo ngabo za Loni zari mu Rwanda, MINUAR, ubugwari n’ubugome bwo gutererana abari mu kaga.

Ingabo zari iza FPR-Inkotanyi zimaze gukubita iz’akabwana Leta y’abicanyi, zikanahagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, igice kinini cy’izo nkoramaraso cyahungiye muri Zayire (Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo y’iki gihe), ndetse umuryango mpuzamahanga, n’iyo Loni irimo, barekera abo bajenosideri intwaro zabo, yewe banabatuza iruhande neza rw’umupaka w’u Rwanda, birengagije amategeko mpuzamahanga, uwo muryango wishyiriyeho ubwawo, arebana n’imyitwarire y’impunzi.

Uko gusigasira abajenosideri byari ukubaha ubutumwa bwumvikana, bugira buti:” Nimwongere mwisuganye, muhumure tuzabafasha gusoza umugambi mucikirije”.

Ibyo kugaruka mu Rwanda guhirika ubutegetsi no gusoza umugambi wa Jenoside babigerageje kenshi, babifashijwemo n’ubutegetsi uko bwagiye busimburana muri Kongo, ariko Ingabo z’u Rwanda zikomeza kubereka ko jenoside itazongera ukundi mu Rwanda.

Ibitero ALIR/PALIR/ FDLR/ RUD-Urunana, n’abandi bicanyi bagabye mu Rwanda byavaga muri Kongo, kandi Loni ihafite ingabo zabanje kwitwa MONUC, mbere y’uko witwa MONUSCO mu mwaka wa 2010, ariko ubugambanyi no kwitwara nk’abacanshuro byo bikomeza kuba bya bindi.

Twibutse ko MONUSCO ariwo mutwe ugizwe n’ingabo n’abakozi benshi( hafi 20.000), kurusha ahandi hose ku isi Loni ifite ibirindiro. Birumvikana ko ari nawo utwara imari itabarika, kuko imibare yerekana ko MONUSCO ikoresha hejuru ya miliyari y’amadolari y’Amerika buri mwaka, arasaga kure tiriyari ugerageje kuvunja mu manyarwanda!

Ikibazo nyamukuru ariko si ubwinshi bw’umutungo ugenda kuri MONUSCO, ahubwo igiteye impungenge ni umusaruro w’ubutumwa yoherejwemo.

Uretse kurebera ibikorwa by’abajenosideri bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda, nta n’icyo MONUSCO yakoze ngo itabare Abakongomani, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, babuzwa amahwemo n’abajenosideri bo mu mutwe wa FDLR. Nguko uko ababarirwa mu bihumbi ijana(100.000) bamaze imyaka isaga 25 mu nkambi z’impunzi mu Rwanda, abandi benshi kurushaho bakaba banyanyagiye hirya no hino mu bihugu byo muri aka karere.

Aho guhashya imitwe yitwaje intwaro nk’uko byari mu nshingano za MONUSCO kandi, ahubwo yarushijeho kuvuka, ubu isaga 250 ikaba yica igakiza mu burasirazuba bwa Kongo. Imyinshi muri iyo yashinzwe inashyigikiwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa.

Loni imaze kubona ko imikorere ya MONUSCO ikabije gutera ikimwaro, yatoye umwanzuro ko ubutumwa bwayo bushyirwaho akadomo.
Nyamara gutahura abasirikari bayo birakorwa biguruntege, bigaragara ko bananiwe kuvirira akaryoshye bakomora muri Kongo.

Mu mayeri rero yo kuguma muri Kongo ariko bitwikiriye undi mutaka, ubu Akanama ka Loni gashinzwe Amahoro ku Isi(UNSC)kamaze gutora umwanzuro wemeza ko ibyagenerwaga MONUSCO birazwe abasirikari ba SADC bari muri Kongo. Mu by’ukuri ni uguhindura icupa, ariko uburozi burimo bukiri bwa bundi.

Kuva SADC yagera muri Kongo mu mpera z’umwaka ushize, yashinjwe gukorana n’abajenosideri ba FDLR kimwe n’indi mitwe y’iterabwoba ikorana n’igisirikari cya Kongo, FARDC. Nubwo bitabujije FARDC, SADC, FDLR, Wazalendo, ingabo z’Abarundi, abacanshuro ba Wagner, n’indi mitwe itabarika irwana ku ruhande rwa Leta ya Kongo, kwamburwa ibirindiro, bikigarurirwa na M23, Abatutsi bo mu duce tukigenzurwa n’urwo ruhande rushyigikiye Leta bakomeje kwicwa no gusahurwa, abagore bakomeza gusambanywa ku ngufu.

Ibyegeranyo by’imiryango mpuzamahanga, abanyamakuru n’ ubuhamya bw’abaturage bo muri utwo duce, bigaragaza ko FDLR iri ku isonga mu guhohotera abo Banyekongo, bafatwa nk’Abanyarwanda n’ibyitso bya M23.

Icyegeranyo cy’Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Madamu Alice Wairimu Nderitu ushinzwe ibikorwa byo kurwanya Jenoside, nawe yatangaje kenshi ko ihohoterwa rikorerwa Abatutsi b’Abakongomani rishobora kuvamo Jenoside nk’iyakorewe Abatutsi mu Rwanda, ndetse anatunga agatoki FARDC na FDLR, bafatanya mu kwibasira izo nzirakarengane.

Niba se FARDC iregwa gukorana n’abajenosideri ba FDLR, ubwo SADC ishyigikiye FARDC yo nta bufatanyacyaha ikwiye kuryozwa ? Loni se yo yegurira SADC ibikoresho n’abakozi byari ibya MONUSCO, ubwo yo amategeko ntazayigaragaza nk’ umufatanyabikorwa mu mahano SADC n’abandi bari ku ruhande rwa Leta ya Kongo bakorera abaturage?

Mu nama yatoye umwanzuro wa Loni wo gushyigikira SADC muri Kongo, intumwa ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yagaragaje impungenge ko gukomeza gushyira imbere ibikorwa bya gisirikari bishobora gutuma ibintu birushaho kudogera mu burasirazuba bwa Kongo. Byaba ari ukwiyerurutsa cyangwa kuvuga ikimuri ku mutima, abari mu nama ntibabihaye agaciro. Ntibazanatinda kubona ko bibeshye.

Wasobanura ute ko ushyigikiye inzira y’ibiganiro, nk’uko bikubiye mu myanzuro za Luanda na Nairobi igamije kurangiza intambara mu burasirazuba bwa Kongo, kandi ukomeza kurunda ibitwaro kuri rumwe mu mpande zishyamiranye?

Loni izabeshye abandi, ntishyigikiye ko amahoro agaruka muri Kongo, ahubwo irifuza ko ibintu birushaho kudogera ngo ikomeze isarurire mu nduru.

Ngo Loni ishyigikiye imyanzuro ya Nairobi na Luanda ye! Gute se itarigeze yamagana Tshisekedi wirukanye ingabo z’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba zari zagiye gushyira mu bikorwa iyo myanzuro, ahubwo iyo Loni igashyigikira SADC yo ishyize imbere intambara?

Loni iragayirwa imyitwarire mibi haba mu Rwanda, haba no muri Kongo, aho gukosora amakosa, ikamera nka Bihehe bavugiriza induru, ikitakuma iti:” Ngizi impundu mporana”!

2024-08-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gakenke: Umuforomokazi yatawe muri yombi nyuma yo guhambira uruhisha akaboko kugeza kabyimbye

Gakenke: Umuforomokazi yatawe muri yombi nyuma yo guhambira uruhisha akaboko kugeza kabyimbye

Ubwanditsi 04 Jan 2017
Ibyihebe by’abanyarwanda 25 bashyizwe ku rutonde kubera gushyigikira iterabwoba

Ibyihebe by’abanyarwanda 25 bashyizwe ku rutonde kubera gushyigikira iterabwoba

RUSHYASHYA 16 Oct 2025
Uganda: Hatangijwe Amasengesho Adasanzwe Yo Gusabira Gen Kale Kayihura Wahoze Akuriye Igipolisi

Uganda: Hatangijwe Amasengesho Adasanzwe Yo Gusabira Gen Kale Kayihura Wahoze Akuriye Igipolisi

Ubwanditsi 13 Aug 2018
Imyitwarire ya Perezida Cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo mu kibazo cya Kongo, ihabanye n’amateka y’irondabwoko yazahaje igihugu cye

Imyitwarire ya Perezida Cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo mu kibazo cya Kongo, ihabanye n’amateka y’irondabwoko yazahaje igihugu cye

Ubwanditsi 29 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kizito Mihigo yitabye Imana yiyahuye
INKURU NYAMUKURU

Kizito Mihigo yitabye Imana yiyahuye

Ubwanditsi 17 Feb 2020
Mu Gihugu cya Santrafrika ( Centre Afrique), Umupasteri w’Umufaransa yasabye imbabazi ku byo Ubufaransa bwakoze muricyo gihugu..
MULTIMEDIA

Mu Gihugu cya Santrafrika ( Centre Afrique), Umupasteri w’Umufaransa yasabye imbabazi ku byo Ubufaransa bwakoze muricyo gihugu..

Ubwanditsi 07 Nov 2016
CNLG iramagana umwunganizi wa Victoire Ingabire wabaye imbata yo guhakana Jenoside
Mu Mahanga

CNLG iramagana umwunganizi wa Victoire Ingabire wabaye imbata yo guhakana Jenoside

Ubwanditsi 12 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru