• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Zimbabwe: Umugore wa Robert Mugabe akurikiranyweho ubucuruzi butemewe bw’amahembe y’inzovu

Zimbabwe: Umugore wa Robert Mugabe akurikiranyweho ubucuruzi butemewe bw’amahembe y’inzovu

Ubwanditsi 26 Mar 2018 Mu Mahanga

Polisi muri Zimbabwe iri gukora iperereza ku mugore wa Robert Mugabe wahoze ayobora iki gihugu, Grace Mugabe, ushinjwa gucuruza amahembe y’inzovu mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ubuyobozi bufite pariki n’inyamaswa mu nshingano zabwo, nibwo bwashyikirije Polisi inyandiko zigaragaza ko Grace Mugabe yagize uruhare mu bucuruzi butemewe bw’amahembe y’inzovu mu bihugu birimo u Bushinwa, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Leta Zunze Ubumwe za Amerika hamwe no mu bindi byerekezo by’Isi.

Umuvugizi wa Polisi muri Zimbabwe, Charity Charamba, yatangaje ko bakiriye iyo raporo ariko yirinda kuyiva imuzi ngo avuge ibiyirimo.

Ibinyamakuru byo muri Zimbabwe byatangaje ko iyo raporo ivuga ko Grace Mugabe yategetse abayobozi muri iki gihugu kumuha ibyemezo bimwemerera kujyana hanze amahembe y’inzovu nk’impano ku bayobozi mu bihugu bitandukanye.

Ngo izi mpano iyo zamaraga gusohoka igihugu, zajyanwaga ku masoko zigacuruzwa.

Umwe mu bayobozi bo hejuru mu biro by’Umukuru w’Igihugu muri Zimbabwe, Christopher Mutsvangwa, yabwiye Sunday Mail ko Guverinoma yahawe aya makuru n’umuntu utatangajwe amazina.

Ati “Polisi n’umutangabuhamya baguye gitumo uwo bikekwa ko yakoranaga na Grace Mugabe. Ukekwako yarafashwe, uko niko iperereza ryatangiye. Ubwo twamuhataga ibibazo dukoresheje ibimenyetso byinshi, nta buryo twari dufite bwo kubyirengagiza.

Iki kinyamakuru cyatangaje ko mu gihe cya vuba Grace Mugabe ashobora kuzahatwa ibibazo na Polisi.

Grace Mugabe yahabwaga amahirwe yo gusimbura umugabo we Robert Mugabe ariko ubutegetsi aza kubuvaho mu buryo butari bwiza bufatwa na Emmerson Mnangagwa.

Uyu mugore mu gihugu cye yahawe akazina ka “Gucci Grace” kubera uburyo aba mu buzima buhenze.

Hagati aho, Zimbabwe yakunze guhura n’ikibazo cya ba rushimusi bibasira inzovu aho amahembe yazo yifashishwa mu gukora imirimbo n’imiti.

Hagati ya 2013 na 2015, nibura inzovu 400 zapfuye zishwe n’uburozi muri Pariki ya Hwange, imwe mu nini Zimbabwe ifite.

2018-03-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ivan Minnaert watozaga Rayon Sports yerekanwe muri Al-Ittihad yo muri Libya

Ivan Minnaert watozaga Rayon Sports yerekanwe muri Al-Ittihad yo muri Libya

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Ruswa ikomeje guhagama bamwe mu Badepite bo mu Burayi.

Ruswa ikomeje guhagama bamwe mu Badepite bo mu Burayi.

Ubwanditsi 03 Feb 2023
FDLR IBUZE UMUBYEYI, AMAHORO AKIZE UMWANZI

FDLR IBUZE UMUBYEYI, AMAHORO AKIZE UMWANZI

Ubwanditsi 24 Jan 2025
Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Ubwanditsi 07 Feb 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imyigaragambyo yari yateguwe muri Tanzania ntiyabaye abantu bariruhutsa
Mu Rwanda

Imyigaragambyo yari yateguwe muri Tanzania ntiyabaye abantu bariruhutsa

Ubwanditsi 01 Sep 2016
Banki y’Isi yagurije u Rwanda miliyoni 80 $ zo kongera inkunga zihabwa abatishoboye
UBUKUNGU

Banki y’Isi yagurije u Rwanda miliyoni 80 $ zo kongera inkunga zihabwa abatishoboye

Ubwanditsi 23 Dec 2017
U Rwanda rwatorewe kuyobora AU muri 2018
POLITIKI

U Rwanda rwatorewe kuyobora AU muri 2018

Ubwanditsi 04 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru