• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»U Bufaransa bwakomeje muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi, Argentine yo iri mu marembera

U Bufaransa bwakomeje muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi, Argentine yo iri mu marembera

Ubwanditsi 22 Jun 2018 IMIKINO

Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa yakatishije itike yo gukomeza mu mikino ya 1/8 cy’Igikombe cy’Isi nyuma yo gutsinda Peru igitego kimwe ku busa, Argentine inyagirwa na Croatia 3-0, biyishyira mu mazi abira yo gusezererwa itarenze umutaru.

Kuri uyu wa 21 Kamena 2018, imikino y’Igikombe cy’Isi yakomeje hakinwa iyo mu itsinda C yabimburiwe n’uwa Denmark na Australia zanganyije igitego 1-1.

Uyu mukino wakurikiwe n’uw’u Bufaransa “Les Bleus” bwatsinze igitego kimwe cya rutahizamu Kylian Mbappé Lottin ukinira Paris Saint Germain, cyabonetse ku munota wa 34. Iki gitego rukumbi cyahesheje Abafaransa gukomeza mu cyiciro gikurikiyeho muri 1/8 cy’irangiza nyuma yo gutsinda imikino ibiri aho bufite amanota atandatu.

Mbappé w’imyaka 19 wari utaravuka ubwo u Bufaransa ubwo bwatwaraga Igikombe cy’Isi mu 1998, yabaye umukinnyi muto utsindiye igihugu cye igitego muri iyi mikino.

Umukino wari witezwe n’abakunzi benshi b’umupira w’amaguru ni uwahuje Argentine ya kizigenza Lionel Messi yakinaga na Croatia ya Luka Modrić. Ikipe yo muri Amerika y’Epfo ntiyahiriwe kuko yatsindiwe ku kibuga cya Nizhy Novgorod cyarimo abafana 43,319 ibitego bitatu ku busa.

Ibitego bya Croatia byatsinzwe na Ante Rebic (53), Luka Modrić (80) na Ivan Rakitic washyizemo agashinguracumu ku munota wa 90, ihita ikomeza muri 1/8.

Argentine yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’isi cyo mu 2014 cyabereye muri Brazil igatsindwa n’u Budage, ishobora gusezererwa itarenze umutaru kuko mu mikino ibiri imaze gukina ifitemo inota rimwe yabonye inganya na Iceland, icyo gihe Messi yarase penaliti.

Argentine itozwa na Jorge Sampaoli yatengushywe n’umunyezamu wayo Willy Caballero watsinzwe igitego kitavuzweho rumwe, itegereje umukino wa nyuma wo mu itsinda uzayihuza na Nigeria ku wa Kabiri w’icyumweru gitaha mu Mujyi wa St Petersburg.

Mu gihe Iceland yatsinda Nigeria, izaba ikeneye kunganya na Croatia mu mukino wa nyuma uzabera Rostov ngo ikomeze.

Imikino iteganyijwe ku wa Gatanu, tariki ya 22 Kamena 2018

- Nigeria vs Iceland (17:00 Pm)

- Brazil vs Costa Rica (14:00 Pm)

- Serbia vs U Busuwisi (20:00 Pm)

 

Rutahizamu wa Paris Saint-Germain na mugenzi we wa Atletico Madrid, Antoine Griezmann bishimira igitego

 

Mbappe yanditse amateka yo kuba umukinnyi muto utsindiye u Bufaransa igitego mu Gikombe cy’isi

 

Stade zo mu Burusiya zirimo abafana benshi

 

Abakinnyi b’Abafaransa bari bafite ibyishimo

 

Kylian Mbappe yatsinze igitego cyahesheje igihugu cye itike yo gukomeza mu kindi cyiciro

 

Umunyezamu wa Argentina Wilfredo Caballero akuramo umupira watewe na Perisic

 

Messi yari yacitse intege nyuma y’umukino

 

Maradona ari mu barebye uyu mukino

 

Abafana ba Argentine bari bifitiye icyizere mbere y’umukino

 

2018-06-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CAF yahagaritse umutoza n’abakinnyi babiri ba Costa de Sol izakina na Rayon Sports

CAF yahagaritse umutoza n’abakinnyi babiri ba Costa de Sol izakina na Rayon Sports

Ubwanditsi 05 Apr 2018
APR FC, Police FC, Musanze na Rayon Sports zigiye guhatanira Miliyoni 6 mu irushanwa ry’gikombe cy’Intwari 2024

APR FC, Police FC, Musanze na Rayon Sports zigiye guhatanira Miliyoni 6 mu irushanwa ry’gikombe cy’Intwari 2024

Ubwanditsi 26 Jan 2024
Manchester City yegukanye igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza, ibyaranze umwaka w’imikino wa English Premier League 2023-204

Manchester City yegukanye igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza, ibyaranze umwaka w’imikino wa English Premier League 2023-204

Ubwanditsi 20 May 2024
Impamvu umuririmbyi GABY KAMANZI  yangiwe gukandagiza  ikirenge  k’ubutaka bw’Amerika agasubizwa i Kigali

Impamvu umuririmbyi GABY KAMANZI yangiwe gukandagiza ikirenge k’ubutaka bw’Amerika agasubizwa i Kigali

Ubwanditsi 08 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Mende arashinja umukandida Fayulu gushaka kuzahungabanya amatora
POLITIKI

RDC: Mende arashinja umukandida Fayulu gushaka kuzahungabanya amatora

Ubwanditsi 17 Dec 2018
Perezida Kagame yahaye ipeti rya Sous-Lieutenant abasirikare ba Ofisiye 478
Mu Mahanga

Perezida Kagame yahaye ipeti rya Sous-Lieutenant abasirikare ba Ofisiye 478

Ubwanditsi 23 Feb 2017
Ibihugu byaviriye inda imwe ku Burusiya, byirukanye abadipolomate babwo barenga 100
POLITIKI

Ibihugu byaviriye inda imwe ku Burusiya, byirukanye abadipolomate babwo barenga 100

Ubwanditsi 27 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru