• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»U Bufaransa bwakomeje muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi, Argentine yo iri mu marembera

U Bufaransa bwakomeje muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi, Argentine yo iri mu marembera

Ubwanditsi 22 Jun 2018 IMIKINO

Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa yakatishije itike yo gukomeza mu mikino ya 1/8 cy’Igikombe cy’Isi nyuma yo gutsinda Peru igitego kimwe ku busa, Argentine inyagirwa na Croatia 3-0, biyishyira mu mazi abira yo gusezererwa itarenze umutaru.

Kuri uyu wa 21 Kamena 2018, imikino y’Igikombe cy’Isi yakomeje hakinwa iyo mu itsinda C yabimburiwe n’uwa Denmark na Australia zanganyije igitego 1-1.

Uyu mukino wakurikiwe n’uw’u Bufaransa “Les Bleus” bwatsinze igitego kimwe cya rutahizamu Kylian Mbappé Lottin ukinira Paris Saint Germain, cyabonetse ku munota wa 34. Iki gitego rukumbi cyahesheje Abafaransa gukomeza mu cyiciro gikurikiyeho muri 1/8 cy’irangiza nyuma yo gutsinda imikino ibiri aho bufite amanota atandatu.

Mbappé w’imyaka 19 wari utaravuka ubwo u Bufaransa ubwo bwatwaraga Igikombe cy’Isi mu 1998, yabaye umukinnyi muto utsindiye igihugu cye igitego muri iyi mikino.

Umukino wari witezwe n’abakunzi benshi b’umupira w’amaguru ni uwahuje Argentine ya kizigenza Lionel Messi yakinaga na Croatia ya Luka Modrić. Ikipe yo muri Amerika y’Epfo ntiyahiriwe kuko yatsindiwe ku kibuga cya Nizhy Novgorod cyarimo abafana 43,319 ibitego bitatu ku busa.

Ibitego bya Croatia byatsinzwe na Ante Rebic (53), Luka Modrić (80) na Ivan Rakitic washyizemo agashinguracumu ku munota wa 90, ihita ikomeza muri 1/8.

Argentine yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’isi cyo mu 2014 cyabereye muri Brazil igatsindwa n’u Budage, ishobora gusezererwa itarenze umutaru kuko mu mikino ibiri imaze gukina ifitemo inota rimwe yabonye inganya na Iceland, icyo gihe Messi yarase penaliti.

Argentine itozwa na Jorge Sampaoli yatengushywe n’umunyezamu wayo Willy Caballero watsinzwe igitego kitavuzweho rumwe, itegereje umukino wa nyuma wo mu itsinda uzayihuza na Nigeria ku wa Kabiri w’icyumweru gitaha mu Mujyi wa St Petersburg.

Mu gihe Iceland yatsinda Nigeria, izaba ikeneye kunganya na Croatia mu mukino wa nyuma uzabera Rostov ngo ikomeze.

Imikino iteganyijwe ku wa Gatanu, tariki ya 22 Kamena 2018

- Nigeria vs Iceland (17:00 Pm)

- Brazil vs Costa Rica (14:00 Pm)

- Serbia vs U Busuwisi (20:00 Pm)

 

Rutahizamu wa Paris Saint-Germain na mugenzi we wa Atletico Madrid, Antoine Griezmann bishimira igitego

 

Mbappe yanditse amateka yo kuba umukinnyi muto utsindiye u Bufaransa igitego mu Gikombe cy’isi

 

Stade zo mu Burusiya zirimo abafana benshi

 

Abakinnyi b’Abafaransa bari bafite ibyishimo

 

Kylian Mbappe yatsinze igitego cyahesheje igihugu cye itike yo gukomeza mu kindi cyiciro

 

Umunyezamu wa Argentina Wilfredo Caballero akuramo umupira watewe na Perisic

 

Messi yari yacitse intege nyuma y’umukino

 

Maradona ari mu barebye uyu mukino

 

Abafana ba Argentine bari bifitiye icyizere mbere y’umukino

 

2018-06-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR VC na Police WVC zegukanye “Tax Payers Appreciation Volleyball Tournament 2023”

APR VC na Police WVC zegukanye “Tax Payers Appreciation Volleyball Tournament 2023”

Ubwanditsi 13 Nov 2023
Amafoto: Hasojwe umwiherero ugamije gutoranya abazajya mu makipe y’igihugu y’abakiri bato bakina umukino wa Handball

Amafoto: Hasojwe umwiherero ugamije gutoranya abazajya mu makipe y’igihugu y’abakiri bato bakina umukino wa Handball

Ubwanditsi 16 Apr 2022
Mutsinzi Ange Jimmy yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Clube Desportivo Trofense yo mu cyiciro cya Kabiri mu gihugu cya Portugal, aboneraho gushimira ubuyobozi bwa APR FC

Mutsinzi Ange Jimmy yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Clube Desportivo Trofense yo mu cyiciro cya Kabiri mu gihugu cya Portugal, aboneraho gushimira ubuyobozi bwa APR FC

Ubwanditsi 24 Aug 2021
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino ikipe ya Arsenal yanganyijemo na Tottenham

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino ikipe ya Arsenal yanganyijemo na Tottenham

Ubwanditsi 25 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko umubare w’Abanyarwanda waba ungana kose, ntibizigera bibaho ko Umunyarwanda aba impunzi kandi afite igihugu cye. “Paul Kagame”
Amakuru

Uko umubare w’Abanyarwanda waba ungana kose, ntibizigera bibaho ko Umunyarwanda aba impunzi kandi afite igihugu cye. “Paul Kagame”

Ubwanditsi 24 Jun 2024
Gicumbi: Ubukene, ubujiji n’indwara byarindimukanye n’ubutegetsi bubi cyane
Amakuru

Gicumbi: Ubukene, ubujiji n’indwara byarindimukanye n’ubutegetsi bubi cyane

Ubwanditsi 10 Jul 2024
‘Intego yacu ntiyagerwaho tudakoreye hamwe, tukaguma mu kwihugiraho mu bidutanya ‘ -Perezida Kagame
Mu Rwanda

‘Intego yacu ntiyagerwaho tudakoreye hamwe, tukaguma mu kwihugiraho mu bidutanya ‘ -Perezida Kagame

Ubwanditsi 10 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru