• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»DRC: Opozisiyo isaba Loni kwirinda amayeri ya Kabila mu kuburizamo amatora

DRC: Opozisiyo isaba Loni kwirinda amayeri ya Kabila mu kuburizamo amatora

Ubwanditsi 08 Oct 2018 POLITIKI

Mu gihe kuwa 23 Ukuboza 2018,muri Repubulika Iharanira Demokrasi ya congo biteguye amatora ya Perezida wa Repubulika opozisiyo irasaba Loni kutagwa mu mutego wa Perezida Joseph Kabila.

Aba banyapolitiki bahanganye n’ ishyaka PPRD ya Joseph Kabila wamaze kwemeza ko ataziyamamaza, bakomeje kugira impungenge ko hari umugambi ukomeye ugamije kuburizamo amatora ya perezida wa Repubulika.

Abayobozi barindwi ba opozisiyo muri Congo-Kinshasa (Matungulu, Fayulu, Tshisekedi, Katumbi, Kamerhe, Muzito na Bemba) bifuza ko amatora yaba mu mucyo,mu mudendezo ndetse no m’ ubwisanzure.

Nubwo bifuza ko byarushaho kugenda neza, abatavuga rumwe na Leta ya Perezida Kabila berekana impungenge ndetse bakanemeza ko nta cyizere bafitiye imyiteguro y’ amatora iyobowe na Leta ya Joseph Kabila na Komisiyo y’ amatora (CENI).

Banakomeza bavuga ko mu gihe cyose aya matora atateguwe neza cyangwa se agende neza bishobora kuzagira ingaruka zikomeye k’ umutekano wose w’ Ibihugu by’ Akarere k’ Ibiyaga Bigali.

Zimwe mu ngingo zerekana ko amatora atazagenda neza

Abahagarariye opozisiyo batanga zimwe mu ngingo zerekana ko amatora ateganyijwe kuwa 23 Ukuboza 2018 atazaba mu mucyo cyangwa se akaburizwamo.

Ku ruhande rumwe, ingengo y’ Imari itasobanutse, ubushake buke bwa Leta, kuvugurura no gukoresha igisirikare ku nyungu za Leta, kubuza Moïse Katumbi gutaha mu gihugu, kwangira Bemba na Muzito gutanga kandidatire ni bimwe mu byo opozisiyo yitwaza mu kwerekana ko amatora atazagenda neza.

Ku rundi ruhande, kuba Leta ya Joseph Kabila itagaragaza ubushobozi buhagije bw’ amafaranga bwo gutegura amatora bishobora gutuma iki gikorwa kitaba. Opozisiyo yifuza ko Leta kuraho uburyo bwa tekiniki bwo gutoresha(voiting machine), nk’ uko bikubiye mu masezerano ya Saint Sylvestre muri Afurika y’ Epfo.

Kuwa 6 Ukwakira 2018, I Kinshasa nibwo abanyapolitiki barindwi bayoboye opozisiyo basabye Intumwa za kanama ka Loni gashinzwe Umutekano kubahiriza imyanzuro ya 2348 na 2409 mu rwego rwo gukumira umugambi wa Joseph Kabila wifuza ko Monusco itongererwa manda kugira ngo amatora arusheho guhungabana ndetse no kuburizwamo.

Opozisiyo yasabye Loni kuba maso kuko sibwo bwa mbere Perezida Joseph Kabila yemera ko agiye kurekura ubutegetsi ariko bikarangira atabyubahirije kuko no muri 2016 ni uko byagenze.

2018-10-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Nkurunziza yemerewe akayabo ka miliyari y’Amarundi n’inzu y’akataraboneka

Burundi: Nkurunziza yemerewe akayabo ka miliyari y’Amarundi n’inzu y’akataraboneka

Ubwanditsi 23 Jan 2020
U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye

U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye

Ubwanditsi 28 Dec 2025
RDC: Inyeshyamba za CNRD ziyomoye kuri FDLR zirashinjwa kwiba abaturage

RDC: Inyeshyamba za CNRD ziyomoye kuri FDLR zirashinjwa kwiba abaturage

Ubwanditsi 23 Jan 2020
Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP

Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP

RUSHYASHYA 06 Jul 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igihe Imperuka Izabera Ntibivugwaho Rumwe Hagati Ya Paster Mpyisi, Musenyeli Philippe Ndetse na John Mugabo
Mu Rwanda

Igihe Imperuka Izabera Ntibivugwaho Rumwe Hagati Ya Paster Mpyisi, Musenyeli Philippe Ndetse na John Mugabo

Ubwanditsi 26 Jan 2018
Impinduka mu birori byo gufungura FESPAD n’Umuganura, Yemi Alade na Angelique Kidjo ntibakije hazaza Sauti Sol na Zao Zoba
SHOWBIZ

Impinduka mu birori byo gufungura FESPAD n’Umuganura, Yemi Alade na Angelique Kidjo ntibakije hazaza Sauti Sol na Zao Zoba

Ubwanditsi 26 Jul 2018
Tanzania yirukanye abimukira barimo Abanyarwanda
INKURU NYAMUKURU

Tanzania yirukanye abimukira barimo Abanyarwanda

Ubwanditsi 10 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru