• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umunsi wa gatanu wa shampiyona usize Marines FC , APR FC na AS Kigali mu makipe asohotse mu matsinda, AS Muhanga, Etincelles na Mukura zigomba guhatanira kutamanuka.

Umunsi wa gatanu wa shampiyona usize Marines FC , APR FC na AS Kigali mu makipe asohotse mu matsinda, AS Muhanga, Etincelles na Mukura zigomba guhatanira kutamanuka.

Ubwanditsi 15 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ubwo hakinwaga umunsi wa gatanu wa shampiyona y’u Rwanda amakipe atatu amaze kwizera ko azakomeza mu makipe 8 ahatanira gutwara igikombe ariyo APR FC, AS Kigali na Marines, ni mugihe ikipe nka AS Muhanga itarabona inota na rimwe mu mikino itanu, Etincelles na Mukura zo zigomba guhatanira kudasubira mu kiciro cya kabiri.

Mu mikino yaraye ibaye kuri uyu wa gatanu, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Kiyovu Sport igitego kimwe kuri kimwe, ni umukino wabereye i Nyamata mu karere ka Bugesera, muri uyu mukino Kiyovu SC niyo yatangiye neza ubwo hari ku munota wa 29 w’umukino myugariro Mbogo Ali yatsinze igitego cya mbere cy’urucaca kiza kwishyura na Sugira Ernest ku munota wa 68.

Muri iri tsinda rya B undi mukino wahuje ikipe ya Rutsiro FC yari yakiriye kuri Sitade Umuganda yo mu Karere ka Rubavu, uyu mukino warangiye ikipe ya Gasogi United yitwaye neza itsinda igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na Yamini Salumu ku munota wa 23 w’umukino.

Kugeza ubu ku munsi wa gatanu muri iri tsinda ikipe ya Rayon Sports irariyoboye n’amanota 8, Kiyovu SC iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 7 inganya na Gasogi United naho ikipe ya Rutsiro yo iri ku mwanya wa kane n’amanota 5.

Mu itsinda A , kuri uyu wa Gatanu nabwo ikipe ya APR FC yaraye itsinze ikipe ya AS Muhanga ibitego bitatu kuri kimwe, ni ibitego byatsinzwe na Manishimwe Djabel ku munota wa 27 w’umukino ndetse na Tuyisenge Jacques watsinze bibiri ku munota wa 62 ndetse na 67, kimwe cya AS Muhanga cyatsinzwe na Duru ku munota wa 32.

I Bugesera ho ikipe ya Bugesera FC ytsindaga ibitego bibiri ku busa ikipe ya Gorilla FC, ni ibitego yatsindiwe na Bacca ndetse na Rucogoza Djihad.

Kugeza ubu muri iri tsinda ikipe ya APR FC irariyoboye n’amanota 15, irakurikirwa na Gorilla FC ifite amanota icyenda, ni mu gihe Bugesera FC ifite amanota atatu ariko ikaba isigaje imikino ibiri mu gihe andi makipe yo asigaranye umukino umwe, ku mwanya wa kane hari ikipe ya AS Muhanga yo nta nota narimwe ifite ikaba igomba kurwana no kutamanuka.

Ibyo wamenya byaranze umunsi wa Gatanu wa shampiyona y’u Rwanda:

Hinjijwe ibitego 19, byatsinzwe n’abakinnyi 18,

Hatsinze abanyamahanga 5, batsinze ibitego 5,

Abanyarwanda 13 batsinze ibitego 14 harimo icyo bitsinze,

Ibitego 10 byinjiye mu gice cya mbere, 09 mu cya 2,

Habonetse Penaliti 3,
Mu mikino 8 habonetse intsinzi 7, harimo 4 z’amakipe yakiriye, 3 z’ayasohotse no kunganya 1,

Amakipe yari iwayo yinjije ibitego 11 ayari yasohotse yinjiza 8,

Jacques Tuyisenge niwe mukinnyi watsinze ibitego 2 mu mukino,

Habonetse amakarita ane (4) y’umutuku:
Dushimumugenzi Jean (Musanze FC) Osomba Olivier (Etincelles),

Aimable Nsabimana (Police FC) ,

Raphaël Osaluwe (Bugesera FC) ,

Nyuma yo gutsinda muri buri mukino, mu mikino ine yabanje Robert Saba ntiyigeze abona izamu kuri uyu munsi ,

Jacques Tuyisenge abaye umukinnyi wa 10 utsindiye APR FC kuva iyi shampiyona yatangira, APR imaze kwinjiza ibitego 14,
Umunsi wa gatanu ushize amakipe 3 (APR FC,
Marines FC & AS Kigali) zimaze kwizera kuzamuka mu 8 zihatanira igikombe,

Uyu munsi kandi usoze andi makipe 3 (AS Muhanga, Etincelles na Mukura VS) zimenye ko zizahatanira kutamanuka,

AS Muhanga ntirabona inota na rimwe ,

Houssein Shaban Tshabalala wa AS Kigali ayoboye ba Rutahizamu n’ibitego bitandatu,

Yaphes Mubiru Rutahizamu wa Sunrise yatsinze penaliti ya 3 (ibitego 3 byose amaze gutsinda ni penaliti).

2021-05-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ubwanditsi 21 May 2025
Bernard Makuza aremeza ko Paul Kagame ari we soko y’ibikorwa byose mu Rwanda [ VIDEO ]

Bernard Makuza aremeza ko Paul Kagame ari we soko y’ibikorwa byose mu Rwanda [ VIDEO ]

Ubwanditsi 30 Jul 2017
Senegal yabaye ikipe ya mbere ya Afurika igeze muri 1/8 cy’igikombe cy’isi 2022, ikaba izahura n’u Bwongereza berekeza muri 1/4

Senegal yabaye ikipe ya mbere ya Afurika igeze muri 1/8 cy’igikombe cy’isi 2022, ikaba izahura n’u Bwongereza berekeza muri 1/4

Ubwanditsi 30 Nov 2022
Gorilla FC yayobotse isoko ry’i Burundi izana Cédrick Mavugo wa Vitalo’o na Irakoze Darcy wa Olympic Star

Gorilla FC yayobotse isoko ry’i Burundi izana Cédrick Mavugo wa Vitalo’o na Irakoze Darcy wa Olympic Star

Ubwanditsi 22 Jun 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ukuntu Perezida wa Green Party yanga abamuvuga ibyo adashaka atowe yavamo umunyagitugu
POLITIKI

Ukuntu Perezida wa Green Party yanga abamuvuga ibyo adashaka atowe yavamo umunyagitugu

Ubwanditsi 12 Jul 2017
Abayobozi babiri b’ibanze bafungiwe kwaka no kwakira ruswa
Mu Rwanda

Abayobozi babiri b’ibanze bafungiwe kwaka no kwakira ruswa

Ubwanditsi 22 Sep 2017
Muhanga: Polisi yafashe umuyobozi w’umudugudu akekwaho kunyuranya n’amabwiriza ya gahunda ya Gir’inka
Mu Mahanga

Muhanga: Polisi yafashe umuyobozi w’umudugudu akekwaho kunyuranya n’amabwiriza ya gahunda ya Gir’inka

Ubwanditsi 12 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru