• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umunsi wa gatanu wa shampiyona usize Marines FC , APR FC na AS Kigali mu makipe asohotse mu matsinda, AS Muhanga, Etincelles na Mukura zigomba guhatanira kutamanuka.

Umunsi wa gatanu wa shampiyona usize Marines FC , APR FC na AS Kigali mu makipe asohotse mu matsinda, AS Muhanga, Etincelles na Mukura zigomba guhatanira kutamanuka.

Ubwanditsi 15 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ubwo hakinwaga umunsi wa gatanu wa shampiyona y’u Rwanda amakipe atatu amaze kwizera ko azakomeza mu makipe 8 ahatanira gutwara igikombe ariyo APR FC, AS Kigali na Marines, ni mugihe ikipe nka AS Muhanga itarabona inota na rimwe mu mikino itanu, Etincelles na Mukura zo zigomba guhatanira kudasubira mu kiciro cya kabiri.

Mu mikino yaraye ibaye kuri uyu wa gatanu, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Kiyovu Sport igitego kimwe kuri kimwe, ni umukino wabereye i Nyamata mu karere ka Bugesera, muri uyu mukino Kiyovu SC niyo yatangiye neza ubwo hari ku munota wa 29 w’umukino myugariro Mbogo Ali yatsinze igitego cya mbere cy’urucaca kiza kwishyura na Sugira Ernest ku munota wa 68.

Muri iri tsinda rya B undi mukino wahuje ikipe ya Rutsiro FC yari yakiriye kuri Sitade Umuganda yo mu Karere ka Rubavu, uyu mukino warangiye ikipe ya Gasogi United yitwaye neza itsinda igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na Yamini Salumu ku munota wa 23 w’umukino.

Kugeza ubu ku munsi wa gatanu muri iri tsinda ikipe ya Rayon Sports irariyoboye n’amanota 8, Kiyovu SC iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 7 inganya na Gasogi United naho ikipe ya Rutsiro yo iri ku mwanya wa kane n’amanota 5.

Mu itsinda A , kuri uyu wa Gatanu nabwo ikipe ya APR FC yaraye itsinze ikipe ya AS Muhanga ibitego bitatu kuri kimwe, ni ibitego byatsinzwe na Manishimwe Djabel ku munota wa 27 w’umukino ndetse na Tuyisenge Jacques watsinze bibiri ku munota wa 62 ndetse na 67, kimwe cya AS Muhanga cyatsinzwe na Duru ku munota wa 32.

I Bugesera ho ikipe ya Bugesera FC ytsindaga ibitego bibiri ku busa ikipe ya Gorilla FC, ni ibitego yatsindiwe na Bacca ndetse na Rucogoza Djihad.

Kugeza ubu muri iri tsinda ikipe ya APR FC irariyoboye n’amanota 15, irakurikirwa na Gorilla FC ifite amanota icyenda, ni mu gihe Bugesera FC ifite amanota atatu ariko ikaba isigaje imikino ibiri mu gihe andi makipe yo asigaranye umukino umwe, ku mwanya wa kane hari ikipe ya AS Muhanga yo nta nota narimwe ifite ikaba igomba kurwana no kutamanuka.

Ibyo wamenya byaranze umunsi wa Gatanu wa shampiyona y’u Rwanda:

Hinjijwe ibitego 19, byatsinzwe n’abakinnyi 18,

Hatsinze abanyamahanga 5, batsinze ibitego 5,

Abanyarwanda 13 batsinze ibitego 14 harimo icyo bitsinze,

Ibitego 10 byinjiye mu gice cya mbere, 09 mu cya 2,

Habonetse Penaliti 3,
Mu mikino 8 habonetse intsinzi 7, harimo 4 z’amakipe yakiriye, 3 z’ayasohotse no kunganya 1,

Amakipe yari iwayo yinjije ibitego 11 ayari yasohotse yinjiza 8,

Jacques Tuyisenge niwe mukinnyi watsinze ibitego 2 mu mukino,

Habonetse amakarita ane (4) y’umutuku:
Dushimumugenzi Jean (Musanze FC) Osomba Olivier (Etincelles),

Aimable Nsabimana (Police FC) ,

Raphaël Osaluwe (Bugesera FC) ,

Nyuma yo gutsinda muri buri mukino, mu mikino ine yabanje Robert Saba ntiyigeze abona izamu kuri uyu munsi ,

Jacques Tuyisenge abaye umukinnyi wa 10 utsindiye APR FC kuva iyi shampiyona yatangira, APR imaze kwinjiza ibitego 14,
Umunsi wa gatanu ushize amakipe 3 (APR FC,
Marines FC & AS Kigali) zimaze kwizera kuzamuka mu 8 zihatanira igikombe,

Uyu munsi kandi usoze andi makipe 3 (AS Muhanga, Etincelles na Mukura VS) zimenye ko zizahatanira kutamanuka,

AS Muhanga ntirabona inota na rimwe ,

Houssein Shaban Tshabalala wa AS Kigali ayoboye ba Rutahizamu n’ibitego bitandatu,

Yaphes Mubiru Rutahizamu wa Sunrise yatsinze penaliti ya 3 (ibitego 3 byose amaze gutsinda ni penaliti).

2021-05-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026

Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026

RUSHYASHYA 05 Jul 2026
Imyaka irenga 25 y’imfabusa kuri Ingabire Victoire

Imyaka irenga 25 y’imfabusa kuri Ingabire Victoire

Ubwanditsi 19 Sep 2022
Uban Boys ikoze amateka yo kuba itsinda ryambere ryegukanye Guma Guma kunshuro yayo ya 6 ibera hano mu Rwanda

Uban Boys ikoze amateka yo kuba itsinda ryambere ryegukanye Guma Guma kunshuro yayo ya 6 ibera hano mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2016
Patriots BBC yasubiriye GNBC imbere ya Perezida Kagame isoza irindi jonjora rya BAL idatsinzwe

Patriots BBC yasubiriye GNBC imbere ya Perezida Kagame isoza irindi jonjora rya BAL idatsinzwe

Ubwanditsi 23 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kicukiro: Polisi yafashe umumotari washakaga kugurisha moto yatwaraga itari iye
Mu Mahanga

Kicukiro: Polisi yafashe umumotari washakaga kugurisha moto yatwaraga itari iye

Ubwanditsi 27 Dec 2016
Uko Umunyamakuru Phocas Ndayizera,  yavuganaga na Ntamuhanga Cassien ibyo kugaba ibitero mu Rwanda
ITOHOZA

Uko Umunyamakuru Phocas Ndayizera, yavuganaga na Ntamuhanga Cassien ibyo kugaba ibitero mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Dec 2018
Polisi y’u Rwanda yashyizeho Umutoza mushya w’Ikipe yayo  y’umupira w’amaguru (Police FC)
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yashyizeho Umutoza mushya w’Ikipe yayo y’umupira w’amaguru (Police FC)

Ubwanditsi 15 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru