• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uko Umunyamakuru Phocas Ndayizera, yavuganaga na Ntamuhanga Cassien ibyo kugaba ibitero mu Rwanda

Uko Umunyamakuru Phocas Ndayizera, yavuganaga na Ntamuhanga Cassien ibyo kugaba ibitero mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Dec 2018 ITOHOZA

Umunyamakuru Phocas Ndayizera, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge nirwo rwabereyemo isomwa ry’urubanza ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo, uyu mugabo ngo akurikiranyweho ibyaha birimo iterabwoba.

Ndayizera Phocas yaburanye ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ku wa mbere w’iki cyumweru mu Rukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge.

Kuri uyu wa gatanu, bitunguranye batiye icyumba cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge i Nyamirambo, niho habereye isomwa ry’urubanza,  Umucamanza akaba yatangarije Itangazamakuru ko ari ku mpamvu z’umutekano.

We na bagenzi be 12, bakurikiranyweho ibyaha bibiri: Kugira nabi ubutegetsi buriho cyangwa Perezida wa Repubulika, no Kugambana no gushishikariza gukora ibikorwa by’Iterabwoba.

Mu isomwa ry’urubanza bavuze ko Ndayizera Phacas yagiranaga ibiganiro na Ntamuhanga Cassien watorotse Gereza ya Nyanza agahungira muri Mozambique, akifatanya n’umutwe urwanya Leta, wa RNC.

Ntamuhanga Cassien ngo yavuganaga na Ndayizera Phocas inshuro nibura eshatu mu cyumweru, kuri telefoni yahinduye izina akiyita Kazire.

Ngo Ndayizera ngo yahawe inshingano zo gutera ibisasu ahantu hatandukanye mu gihugu, akaba ngo yarafatanywe ibisasu bibiri.

Umunyamakuru Phocas Ndayizera n’abandi bantu bashinjwa ko bari mu mugambi umwe wo guturitsa ibisasu ku Rwanda

Umucamanza yagiye asoma umwe ku wundi akavuga n’impamvu zikomeye zatumye Umushishinjacyaha avuga ko bagomba gukomeza gukurikiranwa bafungiye muri Gereza bahereye ku munyamakuru Ndayizera Phocas wakoraga inkuru zigatambuka rimwe na rimwe kuri BBC/Ikinyarwanda.

Buri wese yari afite irindi zina yiyitaga kuri Telefoni ry’irihimbano, ngo ibikorwa byose bakoraga bari barabyise andi mazina.

Umucamanza ati “Nkiyo bashakaga gukora inama babyitaga ‘Mace’.”

Yavuze amazina yose bitwa adasanzwe, ari ayita ay’Akazi.

Ngo Ndayizera kuva yafatwa mu bugenzacyaha, mu ibazwa ntiyigeze agora inzego zose zamubajije, ngo yahise yemera icyaha asaba imbabazi.

Uyu Ndayizera kandi ngo yanditse inyandiko asaba imbabazi, avuga ko yashutswe.

Abaregwa bose bemera ibyaha bakekwaho kandi banabisabiye imbabazi bakavuga ko bashutswe nk’uko byatangajwe n’Umucamanza.

Urukikorusanga kuba abaregwa bose bemera icyaha bakekwaho, kubafunga by’agateganyobyemewe mu ngingo ya 95 na 96 ndetse na 97, bityo yanzuye ko bakomeza kuburana bafunzwe.

Ibyo ni ibiturika R.I.B yagaragaje ko byafatanywe Phocas ariko we avuga ko atabizi
Ibyo ni ibiturika R.I.B yagaragaje ko byafatanywe Phocas ariko we avuga ko atabizi

2018-12-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umutekano  w’Isi  ugerwa ku mashyi kubera Amabuye yo mukirere azwi nk’ ASTEROIDS

Umutekano w’Isi ugerwa ku mashyi kubera Amabuye yo mukirere azwi nk’ ASTEROIDS

Ubwanditsi 15 Nov 2016
Ubutumwa burimo ibisasu n’ubwicanyi bwaguyemo 13, iminsi itatu y’icuraburindi muri Amerika

Ubutumwa burimo ibisasu n’ubwicanyi bwaguyemo 13, iminsi itatu y’icuraburindi muri Amerika

Ubwanditsi 29 Oct 2018
Ese ni nde mu nzego z’igisirikare n’umutekano bya Uganda ushyigikiye RNC na FDLR mu guhungabanya URwanda?

Ese ni nde mu nzego z’igisirikare n’umutekano bya Uganda ushyigikiye RNC na FDLR mu guhungabanya URwanda?

Ubwanditsi 03 Apr 2019
Ibyihebe bya RNC ngo bigiye gutangira ibikorwa by’iterabwoba mu mahanga

Ibyihebe bya RNC ngo bigiye gutangira ibikorwa by’iterabwoba mu mahanga

Ubwanditsi 13 Jun 2024

11 Ibitekerezo

  1. nkotanyi
    December 22, 20185:46 am -

    Ariko aba banyamakuru bacu koko mwagiye muba abanyamwuga koko??!murandika ngo uregwa yemera ibyo are wa byose ngo ndetse yanditse asaba imbabazi warangiza uti ibiturikanwa yafatanywe ntabwo abyemera ngo ntabwo abizi????????!!! ibyo se ni ibiki???!

    Subiza
  2. Inkotanyi cyane
    December 23, 20184:38 am -

    @nkotanyi, niko sha ibyo utumva nibihe?

    Kera hali akararirimbo twaririmbaga,
    Jicho la chama , chama chetu ca RPF hauna pa kujificha….
    Hatukupiga magoti kushika Kigali, tulipambana, nabaga muli Charlie igihe twirukankanaga abiyitaga inzira bwoba. 17.07. 1994, bose bagiye kabuno mpa amaguru, mubacengezi nali muli 101, barayisenya mbivamo, sasa rero bashaka ko ngaruka bazambona. Nzahamagara abo twabanaga mu gakundi muliro. Amahe buriya yabyumvise.

    Subiza
    • Sunday
      December 23, 20184:28 pm -

      Ariko banyarwanda ndetse namwe nshuti zurwanda, Mwambwira ko kagame yabohoje abanyarwanda cyangwa yarababoshe? Igihugu aho abaturage batinya reta mumwanya wo reta yatinye abaturage ubwo twarabohojwe? Igihugu abaturage badashobora guchuruza bisanzuye ubwo twarabohojwe? Igihugu aho umuntu avuze ukuri akichwa nabandi bagatinya kuvuga ubwo twarabohojwe? Umuperezida uvangura ingabo zimwe nyine zimurinda dore ko aziha nakayabo kurusha izindi uwo yaratubohoye? Igihugu kitagira uburenganzira bwikiremwa muntu ubwo twarabohojwe cyangwa twaraboshwe? Nimba mugira ngo murwanda harimo freedom of speech rero tubiganireho. Mwakoze kandi Noheri nziza.

      Subiza
  3. Inkotanyi cyane
    December 24, 20188:11 am -

    Niko sunday we, mu Rwanda hatabaye freedom of speech rushyashya ntiyarikureka comment yawe ngwisomwe.
    Uzanenge mubinyamamakuru bya burundi wirebere. Bagihitishijeho cyarara gifunzwe.

    Subiza
    • Sunday
      December 24, 20186:48 pm -

      Icyatumye nshirayo icyogitekerezo, abanyarwanda benshi bafite agahinda kenshi bavuga ko biterwa nubutegetsi bubi. Mbese amaherezo azaba ayahe?

      Subiza
  4. Sacyega
    December 24, 20186:25 pm -

    Njye nsigaye numva ibyaha abantu bashinjwa ari bimwe, kugambanira Igihugu, ikibazo kiri mu Rwanda hari abantu bumvako bakunda igihugu kurusha abandi, bakiharira ibyacyo bagafunga uwo bashaka, umwanzuro mureke abantu bagire uburenganzira bungana kugihugu cyabo.

    Subiza
    • Sunday
      December 24, 20186:55 pm -

      Ese iki kimenyesha ko murwanda dufite abanyarwanda nabagaragu Nurwanda? Mwakoze

      Subiza
      • Sunday
        December 25, 20186:47 pm -

        Kugirango abanyarwanda bakire reta yigitugu bagomba gukora icyo twita civil disobedience (kwangira hamwe icyo reta ibabwira gikora cyanecyane guhinga ibyobabategetse cyangwa ibicyiro mumasoko). Merry Christmas

        Subiza
        • Nziza
          December 27, 20188:26 am -

          Ubwo rerongo nawe utanze igitekerezo! Kubera iki atari wowe uje ukava aho ngaho wibereyemu mahanga ukaza gukora iyo myigaragambyo uvuga? Erega mwigaramiye iyo ngiyo ngo muzashuka abanyarwanda bisenyere ibyo bamaze kugeraho hanyuma muze mubtegeka! Humura umunyarwanda w’iki gihe amaze guca akenge muzakomeza muvuge ariko ntacyo muzageraho.

          Subiza
  5. Manzi
    December 27, 20183:54 am -

    Wowe wiyita sunday uravuga ngo abanyarwanda bagomba kwanga gukora ibyo leta ibabwira hanyuma se urashaka bunvire wowe kuko uriki?
    Abo mwashutse mwarabashutse ubu umunyarwanda yarahumutse

    Subiza
    • Sunday
      December 27, 20187:01 pm -

      Hahahaha. Ubwo bemere bicwe ninzara, bicwe nagafuni mubakubitira murigereza? Igihe niki Banyarwanda muhaguruke twange amategeko yumwicyanyi nagatsiko ke

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibigo n’amashuri bya Polisi zo mu karere basuzumiye hamwe uko hatezwa imbere ireme ry’amasomo batanga
Mu Mahanga

Ibigo n’amashuri bya Polisi zo mu karere basuzumiye hamwe uko hatezwa imbere ireme ry’amasomo batanga

Ubwanditsi 26 Jan 2016
Kigali : Perezida Kagame yakiriye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia watangiye uruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda
Mu Rwanda

Kigali : Perezida Kagame yakiriye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia watangiye uruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda

Ubwanditsi 27 Apr 2017
Londres : Tshisekedi yeruriye abanyecongo ko nta na santimetero igihugu cye kizatakaza.
POLITIKI

Londres : Tshisekedi yeruriye abanyecongo ko nta na santimetero igihugu cye kizatakaza.

Ubwanditsi 20 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru