• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Jean Paul Ntagara yabwiye Kayumba Nyamwasa ko umuyaga w’impinduka nawe ugomba ku muhuha, RNC atari akarima ke

Jean Paul Ntagara yabwiye Kayumba Nyamwasa ko umuyaga w’impinduka nawe ugomba ku muhuha, RNC atari akarima ke

Ubwanditsi 11 Feb 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Jean Paul Ntagara wirukanwe muri RNC mu Kuboza 2019, mu biganiro n’ibinyamakuru bitadunye yavuze ko, Kayumba Nyamwasa umuyaga w’impinduka uri muri RNC nawe ugomba ku muhuhaho, RNC atari akarima ke.

Ati “Kayumba agomba kumenya neza ko RNC atari akarima ke, aho abyuka akirukana uwo ashatse ku nyungu ze bwite amaze kwirenza ibirahure bya DIVAYI”. yavuye mu bucuruzi bw’amaraso y’abana babanyarwanda yamenekeye muri Congo, aho izari ingabo ze zatikiriye zabuze ubufasha kandi Kayumba yarakiriye arenga miliyoni y’amadorali yo kubafasha, ahubwo we akayashora mu bucuruzi bwe muri Mozambike.

Jean Paul Ntagara wahoze ari umucungamutungo, akaba n’umuhuzabikorwa wungirije wa RNC mu Ntara ya Canada, yavuze ko intandaro yiyirukanwa ry’abayobozi ba RNC muri Canada ryaturutse ku kagatsiko kagizwe na Kayumba Nyamwasa, n’abambari be barimo, Jerome Nayigiziki, Gervais Condo, Corneille Minani na Patrick Uwariraye.

yakomeje avuga ko Kayumba n’abambari be aribo bagambanira RNC, kuko ibyo bakora binyuranije n’amategeko agenga RNC. Avuga ko intandaro nyamukuru y’ibibazo bafitanye ari uko yanze gusohora amafaranga yari yasabwe n’umubitsi wa RNC ku rwego rw’Isi bidakurikije amategeko avuga ko arayo gufasha Radio Itahuka, ibyo we yabonaga ko ari amacabiranya.

Jean Paul Ntagara yakomeje asobanura ko yabimenyesheje umuhuzabikorwa wa RNC mu Ntara ya Canada, yumva bidasobanutse kandi bidakurikije amategeko ahubwo ari gusesagura umutungo wa RNC ndetse no kuwukoresha muburyo budasobanutse mu nyungu z’abantu bamwe gusa.

Ntagara nyuma yo kunanirwa kumvikana n’uwari umuhuzabikorwa w’Intara ya Canada Bwana Patrick Uwariraye, hatumijwe inama y’igitaraganya igizwe na Komite ya RNC intara ya Canada.

Ati “Bwana Patrick Uwariraye bamubujije kuyobora Inama nk’umuyobozi cyane ko ariwe waregaga umubutsi ariko arabyanga, avuga ko nimba atariwe uri buyobore inama, itari bukorwe. Ibyo byatumye inama isubikwa”

Ibi ngo byatumye Jean Paul Ntagara nkuwari Umuhuzabikorwa wungirije yongera gutumiza inama ariko Patrick Uwariraye yanga kuyitabira, ahubwo ahita yumvikana na Kayumba Nyamwasa, Jerome Nayigiziki, Gervais Condo, Corneille, Serge Ndayizeye, kwirukana Jean Paul Ntagara ndetse bahita banabinyuza kuri Radio itahuka aho bari bahuriye muri Afrika y’epfo.

Jean Paul Ntagara ngo asanga ibibazo byose biri muri RNC, byarateguwe neza ndetse bigashyirwa mu bikorwa n’itsinda rito riyobowe na Kayumba Nyamwasa mu nyungu zo gushaka kwigarurira RNC, Kayumba agasigarana n’itsinda rito abasha kugaraguza agati uko yishikiye.

Jean Paul Ntagara mu izina rya Bagenzi be, ngo nubwo birukanwe, ntabwo bemera ko birukanwe mu gihe uburyo byakozwemo ntaho bihuriye n’amategeko agenga RNC. Bityo akaba asaba Kayumba ko mbere yo gusaba imishyishyikirana n’u Rwanda nawe yabanza akemera imishyikirana nabo yarenganyije. Yasoje avuga ko nyuma yo gukorana inama n’abanyamuryango ba RNC baturutse imihanda yose ku isi, bakumva uburyo barenganyemo ngo RNC ntibayisohokamo kuko ngo bayivunikiye imyaka 9 yose.

2020-02-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuki Umunyarwanda yava mu gihugu cye gitekanye, akajya gutuzwa mu muriro utazima wo mu Burasirazuba bwa Kongo?

Kuki Umunyarwanda yava mu gihugu cye gitekanye, akajya gutuzwa mu muriro utazima wo mu Burasirazuba bwa Kongo?

Ubwanditsi 14 Dec 2024
Tumenye abarwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 6)

Tumenye abarwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 6)

Ubwanditsi 19 Mar 2016
Ipfunwe n’ikimwaro ryo gushaka mu muryango mugari w’interahamwe  nibyo bituma Rwalinda Pierre Celestin aharanira guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ipfunwe n’ikimwaro ryo gushaka mu muryango mugari w’interahamwe  nibyo bituma Rwalinda Pierre Celestin aharanira guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 13 Aug 2020
“Urwego rw’ubutasi rw’u Bufaransa rwari ruzi ko Guverinoma bashyigikiye ari yo yakoraga Jenoside.”-Rtd Lt.Col. Guillaume Ancel

“Urwego rw’ubutasi rw’u Bufaransa rwari ruzi ko Guverinoma bashyigikiye ari yo yakoraga Jenoside.”-Rtd Lt.Col. Guillaume Ancel

Ubwanditsi 25 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ndayisenga Valens yahize abaterengeje imyaka 23 bo muri Afurika
IMIKINO

Ndayisenga Valens yahize abaterengeje imyaka 23 bo muri Afurika

Ubwanditsi 25 Feb 2016
Hagaragajwe  Inzira ndende y’uburyo inzego z’Iperereza ry’u Rwanda zatahuye umuzingo  w’Ibiganiro  bya Adeline Rwigara [ Diane Rwigara  yaburiye umuzigo  mu ndege , ajya kwa Kayumba Nyamwasa wa RNC ]
ITOHOZA

Hagaragajwe Inzira ndende y’uburyo inzego z’Iperereza ry’u Rwanda zatahuye umuzingo w’Ibiganiro bya Adeline Rwigara [ Diane Rwigara yaburiye umuzigo mu ndege , ajya kwa Kayumba Nyamwasa wa RNC ]

Ubwanditsi 25 Sep 2017
Burya umusazi ngo arasara akagwa ku ijambo, Serge Ndayizeye, umuzindaro w’ibigarasha, ati:”Uwaturoze ntiyakarabye’’.
Amakuru

Burya umusazi ngo arasara akagwa ku ijambo, Serge Ndayizeye, umuzindaro w’ibigarasha, ati:”Uwaturoze ntiyakarabye’’.

Ubwanditsi 28 Mar 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru