• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi barashinja inzego z’umutekano ubugambanyi mu bugome bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba wa FLN

Abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi barashinja inzego z’umutekano ubugambanyi mu bugome bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba wa FLN

Ubwanditsi 18 Jul 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Urubuga SOS Médias-Burundi dukesha aya makuru, ruravuga ko abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi, cyane cyane abaturiye ishyamba rya Kibira ryegereye u Rwanda, binubira cyane kuba inzego z’ umutekano ntacyo zikora ngo zibarinde ibikorwa by’ubwicanyi n’ ubusahuzi, bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba, FLN, ugizwe n’ inyeshyamba z’ Abanyarwanda.

Abo baturage bavuga ko aho kubatabara, igisirikari n’ Imbonerakure z’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi, usanga bakorana bya hafi na FLN, babaha ibyo kurya n’imiti.
Ikindi abaturage bavuga, ni uko abacuruzi bo mu duce twa Mukoma,Gacumbegeti, na Rutorero, nabo bagemurira FLN mu ishyamba rya Kibira, ariko ngo iyo batinze kubagezaho ingemu, izo ngegera zirara mu myaka n’ amatungo by’ abaturage, ugize ngo aravuga akahasiga ubuzima, inzego z’ umutekano zirebera.

Guverineri w’iyo ntara ya Cibitoke, BIZOZA Carême, we yabwiye SOS Médias-Burundi ko agiye kuvugana n’ inzego z’ umutekano ngo bakarebera hamwe uko bakoma imbere ubugizi bwa nabi bukorwa na FLN, ndetse anaburira abakorana nayo ko bazabihanirwa. Ese imvugo izaba ingiro?

FLN ni umutwe w’ iterabwoba washinzwe na Paul Rusesabagina n’ibindi byihebe, ukaba ufite indiri mu ishyamba rya Kibira mu Burundi, ariko ryegereye umupaka w’u Rwanda. Aho niho bava bakinjira mu Rwanda guhungabanya umutekano, nk’uko babigenje mu bihe bitandukanye mu turere twa Nyamasheke, Nyaruguru na Nyamagabe.

Abafatiwe muri ibyo bitero bagashyikirizwa ubucamanza, batanze ubuhamya bushimangira ko FLN ifashwa n’inzego z’ umutekano mu Burundi, haba mu kubona abarwanyi n’ intwaro, ndetse n’ inzira bakoresha bagaba udutero-shuma mu Rwanda.

Leta y’ icyo gihugu irabihakana, nyamara ntirashobora gusobanura impamvu ntacyo ikora ngo isenye ibirindiro bya FLN mu ishyamba rya Kibira. Muri Gicurasi 2021 hari amakuru yatangajwe na ”Burundi Daily” yavugaga ko icyo gihugu kigiye kohereza mu Rwanda abarwanyi 20 ba FLN, ariko icyo gikorwa cyaje guhera mu magambo.
Ku ruhande rwayo, Leta y’ u Rwanda ivuga ko yifuza kuvugurura umubano n’uBurundi umaze igihe warajemo igitotsi, ndetse muri Nyakanga 2021, uRwanda rwashyikirije uBurundi abarwanyi 19 b’ umutwe wa RED-Tabara, bafatiwe ku butaka bwarwo bari bikorwa bigamije guhungabanya umutekano w’ u Burundi.

Perezida w’ u Burundi, Evariste Ndayishimiye, amaze kumvikana kenshi avuga ko nta gikwiye kubangamira umubano mwiza w’ “ibihugu by’ibivukanyi”, ariko nta gikorwa kiraherekeza iyo mvugo nziza.

2022-07-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko CMI na RNC bajyanye abanyamakuru barimo aba New Vision na NTV gusura ibikorwa bya Rujugiro Arua mu Bugande.

Uko CMI na RNC bajyanye abanyamakuru barimo aba New Vision na NTV gusura ibikorwa bya Rujugiro Arua mu Bugande.

Ubwanditsi 29 Mar 2019
Munyampeta Jean Luc wamamaye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana akomeje kwifatanya n’ibigarasha

Munyampeta Jean Luc wamamaye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana akomeje kwifatanya n’ibigarasha

RUSHYASHYA 06 Nov 2025
FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26

FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26

Ubwanditsi 11 Sep 2025
Inkoramutima z’ Ikiryabarezi “Rwanda Bridge builders” bakomeje kugisohokamo bashinjanya amacakubiri ashingiye ku moko.

Inkoramutima z’ Ikiryabarezi “Rwanda Bridge builders” bakomeje kugisohokamo bashinjanya amacakubiri ashingiye ku moko.

Ubwanditsi 27 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Ibinyamakuru bikorera kuri internet bigiye gucana umubano n’igipolisi kubera ifungwa ry’abayobozi ba Redpepper
Mu Mahanga

Uganda: Ibinyamakuru bikorera kuri internet bigiye gucana umubano n’igipolisi kubera ifungwa ry’abayobozi ba Redpepper

Ubwanditsi 25 Nov 2017
Nyuma yo gutsindwa na APR FC, umutoza wa Rayon Sports Guy Bukasa yeguye ku mirimo ye.
Amakuru

Nyuma yo gutsindwa na APR FC, umutoza wa Rayon Sports Guy Bukasa yeguye ku mirimo ye.

Ubwanditsi 16 Jun 2021
7 Basezerewe, Jimmy Mulisa atangazwa nk’Umutoza uyobora Amavubi, Umutoza Yves asimburwa na Sosthène
Amakuru

7 Basezerewe, Jimmy Mulisa atangazwa nk’Umutoza uyobora Amavubi, Umutoza Yves asimburwa na Sosthène

Ubwanditsi 18 Dec 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru