• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi barashinja inzego z’umutekano ubugambanyi mu bugome bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba wa FLN

Abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi barashinja inzego z’umutekano ubugambanyi mu bugome bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba wa FLN

Ubwanditsi 18 Jul 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Urubuga SOS Médias-Burundi dukesha aya makuru, ruravuga ko abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi, cyane cyane abaturiye ishyamba rya Kibira ryegereye u Rwanda, binubira cyane kuba inzego z’ umutekano ntacyo zikora ngo zibarinde ibikorwa by’ubwicanyi n’ ubusahuzi, bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba, FLN, ugizwe n’ inyeshyamba z’ Abanyarwanda.

Abo baturage bavuga ko aho kubatabara, igisirikari n’ Imbonerakure z’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi, usanga bakorana bya hafi na FLN, babaha ibyo kurya n’imiti.
Ikindi abaturage bavuga, ni uko abacuruzi bo mu duce twa Mukoma,Gacumbegeti, na Rutorero, nabo bagemurira FLN mu ishyamba rya Kibira, ariko ngo iyo batinze kubagezaho ingemu, izo ngegera zirara mu myaka n’ amatungo by’ abaturage, ugize ngo aravuga akahasiga ubuzima, inzego z’ umutekano zirebera.

Guverineri w’iyo ntara ya Cibitoke, BIZOZA Carême, we yabwiye SOS Médias-Burundi ko agiye kuvugana n’ inzego z’ umutekano ngo bakarebera hamwe uko bakoma imbere ubugizi bwa nabi bukorwa na FLN, ndetse anaburira abakorana nayo ko bazabihanirwa. Ese imvugo izaba ingiro?

FLN ni umutwe w’ iterabwoba washinzwe na Paul Rusesabagina n’ibindi byihebe, ukaba ufite indiri mu ishyamba rya Kibira mu Burundi, ariko ryegereye umupaka w’u Rwanda. Aho niho bava bakinjira mu Rwanda guhungabanya umutekano, nk’uko babigenje mu bihe bitandukanye mu turere twa Nyamasheke, Nyaruguru na Nyamagabe.

Abafatiwe muri ibyo bitero bagashyikirizwa ubucamanza, batanze ubuhamya bushimangira ko FLN ifashwa n’inzego z’ umutekano mu Burundi, haba mu kubona abarwanyi n’ intwaro, ndetse n’ inzira bakoresha bagaba udutero-shuma mu Rwanda.

Leta y’ icyo gihugu irabihakana, nyamara ntirashobora gusobanura impamvu ntacyo ikora ngo isenye ibirindiro bya FLN mu ishyamba rya Kibira. Muri Gicurasi 2021 hari amakuru yatangajwe na ”Burundi Daily” yavugaga ko icyo gihugu kigiye kohereza mu Rwanda abarwanyi 20 ba FLN, ariko icyo gikorwa cyaje guhera mu magambo.
Ku ruhande rwayo, Leta y’ u Rwanda ivuga ko yifuza kuvugurura umubano n’uBurundi umaze igihe warajemo igitotsi, ndetse muri Nyakanga 2021, uRwanda rwashyikirije uBurundi abarwanyi 19 b’ umutwe wa RED-Tabara, bafatiwe ku butaka bwarwo bari bikorwa bigamije guhungabanya umutekano w’ u Burundi.

Perezida w’ u Burundi, Evariste Ndayishimiye, amaze kumvikana kenshi avuga ko nta gikwiye kubangamira umubano mwiza w’ “ibihugu by’ibivukanyi”, ariko nta gikorwa kiraherekeza iyo mvugo nziza.

2022-07-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC yisubije umwanya wa mbere, PSG academy Rwanda yatwaye igikombe cy’isi, Keny Gasana yahawe ubwenegihugu – ibyaranze umunsi wa mbere w’icyumweru muri siporo

APR FC yisubije umwanya wa mbere, PSG academy Rwanda yatwaye igikombe cy’isi, Keny Gasana yahawe ubwenegihugu – ibyaranze umunsi wa mbere w’icyumweru muri siporo

Ubwanditsi 24 May 2022
Perezida Kagame yagaragaje ko AU ikwiye umwanya mu bikorwa bya G20

Perezida Kagame yagaragaje ko AU ikwiye umwanya mu bikorwa bya G20

Ubwanditsi 01 Dec 2018
Rubavu: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bashyizeho amahuriro 17 yo gukumira ibyaha

Rubavu: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bashyizeho amahuriro 17 yo gukumira ibyaha

Ubwanditsi 12 Feb 2016
Abo kwa Rwigara banze igenagaciro bituma cyamunara y’imashini zikora itabi isubikwa

Abo kwa Rwigara banze igenagaciro bituma cyamunara y’imashini zikora itabi isubikwa

Ubwanditsi 11 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AS Muhanga ya nyuma ibujije Rayon Sports gusatira AS Kigali
IMIKINO

AS Muhanga ya nyuma ibujije Rayon Sports gusatira AS Kigali

Ubwanditsi 17 Feb 2016
Uganda : Amafaranga Obong yari  kuzashyinguranwa  akayaha Imana  nka Ruswa ageze mu Ijuru yaburiwe irengero
Mu Rwanda

Uganda : Amafaranga Obong yari kuzashyinguranwa akayaha Imana nka Ruswa ageze mu Ijuru yaburiwe irengero

Ubwanditsi 12 Jan 2017
U Rwanda ruzakira inama y’inteko rusange ya 2024 y’impuzamashirahamwe y’umukino w’amamodoka  ku Isi(FIA)
Amakuru

U Rwanda ruzakira inama y’inteko rusange ya 2024 y’impuzamashirahamwe y’umukino w’amamodoka ku Isi(FIA)

Ubwanditsi 09 Dec 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru