• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Aho bikomereye n’uko Afurika iboshywe n’ababoshywe

Aho bikomereye n’uko Afurika iboshywe n’ababoshywe

Ubwanditsi 03 Jun 2017 Mu Rwanda

Kugira ngo umuntu akire indwara neza abanza kumenya, akanemera, yuko koko arwaye, akamenya neza indwara arwaye, ingaruka za mubaho aramutse atayivuje kandi ngo ikire neza, hanyuma agafata imiti kandi akayinywa neza !

Ibi bikunze kuvugwa kuri uyu mugabane wacu wa Afurika, yuko kugira ngo abayituye bashobore kwibohora ari ngombwa kubanza kumenya neza yuko koko baboshywe, ikibaboshye n’uburyo baboshywemo.

Kuba ariko Abanyafurika baboshywe mbona atari ibintu byo gutindaho cyane. Abanyafurika baraboshywe koko, ariko n’abazungu cyangwa n’abandi bantu ku yindi migabane y’isi, hari uburyo nabo baboshywe. Hari ukuntu buri kiremwamuntu iboshywe, ikaba ari nayo mpamvu ubona buri wese ku isi abyuka ahangayika n’ubuzima.

Hari ukuntu umuntu aba aboshywe ku buryo bw’umwihariko ariko hari no mu buryo bwa rusange. Niba iwawe mutagishobora kubona uko murya (mufungura) cyangwa muryama (icumbi) neza muba mubonshywe nk’umuryango ariko ntabwo ari ngombwa ngo bibe ari nako bimeze ku baturanyi bawe, intara cyangwa ku gihugu cyose.

Ku bihugu no ku migabane y’isi nabyo ni uko. Ubukene n’ibibazo u Burundi burimo ntabwo bimeze nk’ibya DRC, Uganda, Angola, Nigeria, Ethiopia, Cameroon, Ghana cyangwa Gambia. Ubukene n’ibindi bibazo Afurika ifite ntabwo bimeze kimwe nibiri muri Europe, Asia, Amerika y’Epfo cyangwa iya ruguru. Buri gihugu cyangwa buri mugabane (continent) ugira umwihariko w’ibibazo byawo, nubwo rimwe na rimwe cyangwa kenshi hari ibishobora gusa.

Afurika ni umwe mu migabane y’iyi si utuwe, ukaba ari nawo ukennye cyane kurusha indi migabane. Nubwo Afurika ariko ikennye niyo irusha indi migabane ibintu bizana ubukire nk’ibicukurwa mu butaka, ibikomoka mu mashyamba nk’imbahu n’ibikoko by’ubwoko bunyuranye, ibikomoka mu mazi nk’amafi n’umuriro w’amashanyarazi, gaz , n’ibindi nko kuba ifite ikirere cyiza (climate/weather) n’amasaha asobanutse y’ijoro n’amanywa.

Birababaje rero kubona Afurika ikennye cyane kandi ifite ibintu ( resources/ raw matireals) byagatumye ikira ! Ariko ikibabaje kurushaho n’uko ibyo bintu byagatumye Afurika ikira bitwarwa gukiza indi migabane y’isi. Ibi uretse no kubabaza biteye isoni n’umujinya. Tekereza kubona DRC isabiriza Ububiligi kandi bwarakijijwe n’imitungo kamere bwakomeje gusahura Abanyekongo. Afurika isabiriza abayisahura ibikorwamo ibibyara ibyo isabiriza, kandi bakayiha bayicunaguza cyangwa bakanayima !

Afurika ifite ibihugu bitari bike bifite petrol nyinshi (lisansi, mazutu) n’ibiyikomokaho. Ibyo bihugu ni nka Nigeria, Angola, Algeria, Sudan (zombi), Gabon n’ibindi, harimo Congo Brazaville, DRC na Malawi.

Nyamara ibi bihugu nabyo biri mu bikennye cyane ku isi, nabyo bikaba ku rutonde rw’ibisabiriza. Tekereza igihugu gusabiriza kandi gicukurwamo petrol, kinagurisha amabuye y’agaciro.

Bidateye umujinya n’akababaro watekereza Nigeria isabiriza Ubwongereza, Angola isabiriza Ubufaransa cyangwa umuryango w’ubumwe bwa Afurika (AU), EAC, ECOWAS na SADC bibisika i Brussel gusabiriza mu muryango w’ibihugu by’i Bulayi (EU) ngo 70 % y’ingengo y’imari yabuze aho ituruka.

Uko iyo miryango nyafurika ijya gusabiriza ukwayo ni nako inabisikana na za leta z’ibihugu biyigize, nazo zagiye gusabiriza ukwazo.

Afurika rero igomba kuva mu mikino yo guhora iririmba kwibohora, imvugo ikaba ariyo ngiro. Bya bihugu twavuze bicukurwamo petrol ni ukuyicukurwamo koko, ntabwo biyicukura. Icukurwa na ya masosiyete ya ba mpatse ibihugu, igatwarwa ari ibyindo ijyanwa kuyungururirwa i Bulayi cyangwa muri Amerika. Biragoranye kwihanganira kumva ngo igihugu nka Nigeria nacyo gifite ikibazo cy’i gitoro (lisansi na mazutu) nk’u Burundi !
-6775.jpg
Muri ibi bihugu bya Afurika bicukurwamo petrol biyigurisha nk’uko hano mu Rwanda hari abaturage bagurishiriza mu mirima ikawa ikiri ibitumbwe. Abo banyarwanda ariko bo leta arabibabuza ibereka yuko kugurisha ibitumbwe baba bibwa n’abacuruzi. Izo za Nigeria, Ghabon, Angola n’ahandi bazabuzwa bate kugurisha petrol ikiri icyondo kuri abo bamamyi bo ku yindi migabane ?

Icyo ni ikibazo cy’ingorabahizi ariko kigomba kubonerwa igisubizo kuko Afurika isabiriza kandi ikize, ikennye kandi ikijije abandi ! Aha niho Afurika igomba kumenyera yuko iboshywe, kandi igomba kwibohora kugira ngo nayo ikire nk’indi migabane cyangwa ikayicaho.

Afurika kandi kugerageza kwibohora igomba kumenya neza yuko n’abayiboshye nabo baboshywe. Abo baboshye Afurika nabo bayiboheweho, kuko batabaho nk’uko babayeho neza batayisahura. Kugira ngo Afurika ibeho neza n’uko yakwizitura kuri abo bayizirikiyeho, bagakomeza bagundagurana n’ibyo bibazo byabo bituma kubaho neza kwabo ari ukubaho nabi kwa Afurika. Kugirango Afurika y’ibohore koko birakomeye, ariko birashoboka (BIRACYAZA)

Casmiry Kayumba

2017-06-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iya 14 Gicurasi 1994: Inkotanyi zafashe Umujyi wa Nyamata

Iya 14 Gicurasi 1994: Inkotanyi zafashe Umujyi wa Nyamata

Ubwanditsi 14 May 2018
Abacungagereza 36 birukanwe kubera guta akazi

Abacungagereza 36 birukanwe kubera guta akazi

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Kicukiro:Abayobozi b’amadini n’amatorero bihaye umukoro wo kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Kicukiro:Abayobozi b’amadini n’amatorero bihaye umukoro wo kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Ubwanditsi 23 Jun 2021
Tariki ya 6 Mata Ijoro rya nyuma ku Baperezida Babiri ryabaye Imbarutso rwitwazo rwa Jenoside yakorewe Abatutsi -Menya amatariki  Mabi ku Batutsi mu Rwanda 1994

Tariki ya 6 Mata Ijoro rya nyuma ku Baperezida Babiri ryabaye Imbarutso rwitwazo rwa Jenoside yakorewe Abatutsi -Menya amatariki Mabi ku Batutsi mu Rwanda 1994

Ubwanditsi 06 Apr 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Depite Mukayisenga Françoise yitabye Imana aguye mu bitaro bya Gisirikare i Kanombe
HIRYA NO HINO

Depite Mukayisenga Françoise yitabye Imana aguye mu bitaro bya Gisirikare i Kanombe

Ubwanditsi 12 Jun 2017
Uburyo ASP Kirumira yishwe
ITOHOZA

Uburyo ASP Kirumira yishwe

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Radiyo yo mu Bufaransa itanga urubuga ku bahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi nka Judi Rever
Amakuru

Radiyo yo mu Bufaransa itanga urubuga ku bahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi nka Judi Rever

Ubwanditsi 29 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru