• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Aho bikomereye n’uko Afurika iboshywe n’ababoshywe

Aho bikomereye n’uko Afurika iboshywe n’ababoshywe

Ubwanditsi 03 Jun 2017 Mu Rwanda

Kugira ngo umuntu akire indwara neza abanza kumenya, akanemera, yuko koko arwaye, akamenya neza indwara arwaye, ingaruka za mubaho aramutse atayivuje kandi ngo ikire neza, hanyuma agafata imiti kandi akayinywa neza !

Ibi bikunze kuvugwa kuri uyu mugabane wacu wa Afurika, yuko kugira ngo abayituye bashobore kwibohora ari ngombwa kubanza kumenya neza yuko koko baboshywe, ikibaboshye n’uburyo baboshywemo.

Kuba ariko Abanyafurika baboshywe mbona atari ibintu byo gutindaho cyane. Abanyafurika baraboshywe koko, ariko n’abazungu cyangwa n’abandi bantu ku yindi migabane y’isi, hari uburyo nabo baboshywe. Hari ukuntu buri kiremwamuntu iboshywe, ikaba ari nayo mpamvu ubona buri wese ku isi abyuka ahangayika n’ubuzima.

Hari ukuntu umuntu aba aboshywe ku buryo bw’umwihariko ariko hari no mu buryo bwa rusange. Niba iwawe mutagishobora kubona uko murya (mufungura) cyangwa muryama (icumbi) neza muba mubonshywe nk’umuryango ariko ntabwo ari ngombwa ngo bibe ari nako bimeze ku baturanyi bawe, intara cyangwa ku gihugu cyose.

Ku bihugu no ku migabane y’isi nabyo ni uko. Ubukene n’ibibazo u Burundi burimo ntabwo bimeze nk’ibya DRC, Uganda, Angola, Nigeria, Ethiopia, Cameroon, Ghana cyangwa Gambia. Ubukene n’ibindi bibazo Afurika ifite ntabwo bimeze kimwe nibiri muri Europe, Asia, Amerika y’Epfo cyangwa iya ruguru. Buri gihugu cyangwa buri mugabane (continent) ugira umwihariko w’ibibazo byawo, nubwo rimwe na rimwe cyangwa kenshi hari ibishobora gusa.

Afurika ni umwe mu migabane y’iyi si utuwe, ukaba ari nawo ukennye cyane kurusha indi migabane. Nubwo Afurika ariko ikennye niyo irusha indi migabane ibintu bizana ubukire nk’ibicukurwa mu butaka, ibikomoka mu mashyamba nk’imbahu n’ibikoko by’ubwoko bunyuranye, ibikomoka mu mazi nk’amafi n’umuriro w’amashanyarazi, gaz , n’ibindi nko kuba ifite ikirere cyiza (climate/weather) n’amasaha asobanutse y’ijoro n’amanywa.

Birababaje rero kubona Afurika ikennye cyane kandi ifite ibintu ( resources/ raw matireals) byagatumye ikira ! Ariko ikibabaje kurushaho n’uko ibyo bintu byagatumye Afurika ikira bitwarwa gukiza indi migabane y’isi. Ibi uretse no kubabaza biteye isoni n’umujinya. Tekereza kubona DRC isabiriza Ububiligi kandi bwarakijijwe n’imitungo kamere bwakomeje gusahura Abanyekongo. Afurika isabiriza abayisahura ibikorwamo ibibyara ibyo isabiriza, kandi bakayiha bayicunaguza cyangwa bakanayima !

Afurika ifite ibihugu bitari bike bifite petrol nyinshi (lisansi, mazutu) n’ibiyikomokaho. Ibyo bihugu ni nka Nigeria, Angola, Algeria, Sudan (zombi), Gabon n’ibindi, harimo Congo Brazaville, DRC na Malawi.

Nyamara ibi bihugu nabyo biri mu bikennye cyane ku isi, nabyo bikaba ku rutonde rw’ibisabiriza. Tekereza igihugu gusabiriza kandi gicukurwamo petrol, kinagurisha amabuye y’agaciro.

Bidateye umujinya n’akababaro watekereza Nigeria isabiriza Ubwongereza, Angola isabiriza Ubufaransa cyangwa umuryango w’ubumwe bwa Afurika (AU), EAC, ECOWAS na SADC bibisika i Brussel gusabiriza mu muryango w’ibihugu by’i Bulayi (EU) ngo 70 % y’ingengo y’imari yabuze aho ituruka.

Uko iyo miryango nyafurika ijya gusabiriza ukwayo ni nako inabisikana na za leta z’ibihugu biyigize, nazo zagiye gusabiriza ukwazo.

Afurika rero igomba kuva mu mikino yo guhora iririmba kwibohora, imvugo ikaba ariyo ngiro. Bya bihugu twavuze bicukurwamo petrol ni ukuyicukurwamo koko, ntabwo biyicukura. Icukurwa na ya masosiyete ya ba mpatse ibihugu, igatwarwa ari ibyindo ijyanwa kuyungururirwa i Bulayi cyangwa muri Amerika. Biragoranye kwihanganira kumva ngo igihugu nka Nigeria nacyo gifite ikibazo cy’i gitoro (lisansi na mazutu) nk’u Burundi !
-6775.jpg
Muri ibi bihugu bya Afurika bicukurwamo petrol biyigurisha nk’uko hano mu Rwanda hari abaturage bagurishiriza mu mirima ikawa ikiri ibitumbwe. Abo banyarwanda ariko bo leta arabibabuza ibereka yuko kugurisha ibitumbwe baba bibwa n’abacuruzi. Izo za Nigeria, Ghabon, Angola n’ahandi bazabuzwa bate kugurisha petrol ikiri icyondo kuri abo bamamyi bo ku yindi migabane ?

Icyo ni ikibazo cy’ingorabahizi ariko kigomba kubonerwa igisubizo kuko Afurika isabiriza kandi ikize, ikennye kandi ikijije abandi ! Aha niho Afurika igomba kumenyera yuko iboshywe, kandi igomba kwibohora kugira ngo nayo ikire nk’indi migabane cyangwa ikayicaho.

Afurika kandi kugerageza kwibohora igomba kumenya neza yuko n’abayiboshye nabo baboshywe. Abo baboshye Afurika nabo bayiboheweho, kuko batabaho nk’uko babayeho neza batayisahura. Kugira ngo Afurika ibeho neza n’uko yakwizitura kuri abo bayizirikiyeho, bagakomeza bagundagurana n’ibyo bibazo byabo bituma kubaho neza kwabo ari ukubaho nabi kwa Afurika. Kugirango Afurika y’ibohore koko birakomeye, ariko birashoboka (BIRACYAZA)

Casmiry Kayumba

2017-06-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Nyuma yaho Rayon Sports itsinze Musanze FC igitego 1-0 mu mikino wa gicuti, yasinyishije Ait Lahaissane uvuye muri Raja Cassablanca yo muri Maroc

Amafoto – Nyuma yaho Rayon Sports itsinze Musanze FC igitego 1-0 mu mikino wa gicuti, yasinyishije Ait Lahaissane uvuye muri Raja Cassablanca yo muri Maroc

Ubwanditsi 25 Sep 2021
Bitewe n’impamvu ze bwite, Lumumba Sosthene watozaga ikipe ya Etincelles FC yeguye kuri uyu mwanya habura amasaha 48 ngo akine na Gorilla FC

Bitewe n’impamvu ze bwite, Lumumba Sosthene watozaga ikipe ya Etincelles FC yeguye kuri uyu mwanya habura amasaha 48 ngo akine na Gorilla FC

Ubwanditsi 04 Dec 2021
Abayobozi , abakinnyi ndetse n’abafana b’ikipe ya Kiyovu Sports basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi.

Abayobozi , abakinnyi ndetse n’abafana b’ikipe ya Kiyovu Sports basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi.

Ubwanditsi 13 Apr 2021
Min. W’Intebe, Dr Ngirente Yakiriye Indahiro Z’abacamanza Mu Rukiko Rukuru Rwa Gisirikari

Min. W’Intebe, Dr Ngirente Yakiriye Indahiro Z’abacamanza Mu Rukiko Rukuru Rwa Gisirikari

Ubwanditsi 13 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bombori bombori hagati y’ abafana ba Kiyovu sport n’ ubuyobozi bwayo
IMIKINO

Bombori bombori hagati y’ abafana ba Kiyovu sport n’ ubuyobozi bwayo

Ubwanditsi 01 Nov 2016
Perezida Kagame yasabye imbaraga mu gukurikirana ibyaha bikoreshwa ikoranabuhanga
UBUKUNGU

Perezida Kagame yasabye imbaraga mu gukurikirana ibyaha bikoreshwa ikoranabuhanga

Ubwanditsi 30 Apr 2019
Gasabo: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho kwica umugore we akamushyingura mu rugo
Mu Rwanda

Gasabo: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho kwica umugore we akamushyingura mu rugo

Ubwanditsi 16 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru