• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Aho bikomereye n’uko Afurika iboshywe n’ababoshywe

Aho bikomereye n’uko Afurika iboshywe n’ababoshywe

Ubwanditsi 03 Jun 2017 Mu Rwanda

Kugira ngo umuntu akire indwara neza abanza kumenya, akanemera, yuko koko arwaye, akamenya neza indwara arwaye, ingaruka za mubaho aramutse atayivuje kandi ngo ikire neza, hanyuma agafata imiti kandi akayinywa neza !

Ibi bikunze kuvugwa kuri uyu mugabane wacu wa Afurika, yuko kugira ngo abayituye bashobore kwibohora ari ngombwa kubanza kumenya neza yuko koko baboshywe, ikibaboshye n’uburyo baboshywemo.

Kuba ariko Abanyafurika baboshywe mbona atari ibintu byo gutindaho cyane. Abanyafurika baraboshywe koko, ariko n’abazungu cyangwa n’abandi bantu ku yindi migabane y’isi, hari uburyo nabo baboshywe. Hari ukuntu buri kiremwamuntu iboshywe, ikaba ari nayo mpamvu ubona buri wese ku isi abyuka ahangayika n’ubuzima.

Hari ukuntu umuntu aba aboshywe ku buryo bw’umwihariko ariko hari no mu buryo bwa rusange. Niba iwawe mutagishobora kubona uko murya (mufungura) cyangwa muryama (icumbi) neza muba mubonshywe nk’umuryango ariko ntabwo ari ngombwa ngo bibe ari nako bimeze ku baturanyi bawe, intara cyangwa ku gihugu cyose.

Ku bihugu no ku migabane y’isi nabyo ni uko. Ubukene n’ibibazo u Burundi burimo ntabwo bimeze nk’ibya DRC, Uganda, Angola, Nigeria, Ethiopia, Cameroon, Ghana cyangwa Gambia. Ubukene n’ibindi bibazo Afurika ifite ntabwo bimeze kimwe nibiri muri Europe, Asia, Amerika y’Epfo cyangwa iya ruguru. Buri gihugu cyangwa buri mugabane (continent) ugira umwihariko w’ibibazo byawo, nubwo rimwe na rimwe cyangwa kenshi hari ibishobora gusa.

Afurika ni umwe mu migabane y’iyi si utuwe, ukaba ari nawo ukennye cyane kurusha indi migabane. Nubwo Afurika ariko ikennye niyo irusha indi migabane ibintu bizana ubukire nk’ibicukurwa mu butaka, ibikomoka mu mashyamba nk’imbahu n’ibikoko by’ubwoko bunyuranye, ibikomoka mu mazi nk’amafi n’umuriro w’amashanyarazi, gaz , n’ibindi nko kuba ifite ikirere cyiza (climate/weather) n’amasaha asobanutse y’ijoro n’amanywa.

Birababaje rero kubona Afurika ikennye cyane kandi ifite ibintu ( resources/ raw matireals) byagatumye ikira ! Ariko ikibabaje kurushaho n’uko ibyo bintu byagatumye Afurika ikira bitwarwa gukiza indi migabane y’isi. Ibi uretse no kubabaza biteye isoni n’umujinya. Tekereza kubona DRC isabiriza Ububiligi kandi bwarakijijwe n’imitungo kamere bwakomeje gusahura Abanyekongo. Afurika isabiriza abayisahura ibikorwamo ibibyara ibyo isabiriza, kandi bakayiha bayicunaguza cyangwa bakanayima !

Afurika ifite ibihugu bitari bike bifite petrol nyinshi (lisansi, mazutu) n’ibiyikomokaho. Ibyo bihugu ni nka Nigeria, Angola, Algeria, Sudan (zombi), Gabon n’ibindi, harimo Congo Brazaville, DRC na Malawi.

Nyamara ibi bihugu nabyo biri mu bikennye cyane ku isi, nabyo bikaba ku rutonde rw’ibisabiriza. Tekereza igihugu gusabiriza kandi gicukurwamo petrol, kinagurisha amabuye y’agaciro.

Bidateye umujinya n’akababaro watekereza Nigeria isabiriza Ubwongereza, Angola isabiriza Ubufaransa cyangwa umuryango w’ubumwe bwa Afurika (AU), EAC, ECOWAS na SADC bibisika i Brussel gusabiriza mu muryango w’ibihugu by’i Bulayi (EU) ngo 70 % y’ingengo y’imari yabuze aho ituruka.

Uko iyo miryango nyafurika ijya gusabiriza ukwayo ni nako inabisikana na za leta z’ibihugu biyigize, nazo zagiye gusabiriza ukwazo.

Afurika rero igomba kuva mu mikino yo guhora iririmba kwibohora, imvugo ikaba ariyo ngiro. Bya bihugu twavuze bicukurwamo petrol ni ukuyicukurwamo koko, ntabwo biyicukura. Icukurwa na ya masosiyete ya ba mpatse ibihugu, igatwarwa ari ibyindo ijyanwa kuyungururirwa i Bulayi cyangwa muri Amerika. Biragoranye kwihanganira kumva ngo igihugu nka Nigeria nacyo gifite ikibazo cy’i gitoro (lisansi na mazutu) nk’u Burundi !
-6775.jpg
Muri ibi bihugu bya Afurika bicukurwamo petrol biyigurisha nk’uko hano mu Rwanda hari abaturage bagurishiriza mu mirima ikawa ikiri ibitumbwe. Abo banyarwanda ariko bo leta arabibabuza ibereka yuko kugurisha ibitumbwe baba bibwa n’abacuruzi. Izo za Nigeria, Ghabon, Angola n’ahandi bazabuzwa bate kugurisha petrol ikiri icyondo kuri abo bamamyi bo ku yindi migabane ?

Icyo ni ikibazo cy’ingorabahizi ariko kigomba kubonerwa igisubizo kuko Afurika isabiriza kandi ikize, ikennye kandi ikijije abandi ! Aha niho Afurika igomba kumenyera yuko iboshywe, kandi igomba kwibohora kugira ngo nayo ikire nk’indi migabane cyangwa ikayicaho.

Afurika kandi kugerageza kwibohora igomba kumenya neza yuko n’abayiboshye nabo baboshywe. Abo baboshye Afurika nabo bayiboheweho, kuko batabaho nk’uko babayeho neza batayisahura. Kugira ngo Afurika ibeho neza n’uko yakwizitura kuri abo bayizirikiyeho, bagakomeza bagundagurana n’ibyo bibazo byabo bituma kubaho neza kwabo ari ukubaho nabi kwa Afurika. Kugirango Afurika y’ibohore koko birakomeye, ariko birashoboka (BIRACYAZA)

Casmiry Kayumba

2017-06-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Byari amarira menshi kuri Zari ndetse n’ Abana be mwishyingurwa ry’ uwahoze ari Umufasha we Ivan Ssemwanga

Byari amarira menshi kuri Zari ndetse n’ Abana be mwishyingurwa ry’ uwahoze ari Umufasha we Ivan Ssemwanga

Ubwanditsi 30 May 2017
Nishimwe Naomie ni we wabaye Miss Rwanda 2020

Nishimwe Naomie ni we wabaye Miss Rwanda 2020

Ubwanditsi 23 Feb 2020
Nyamirambo : Me Ntaganda  akomereje iwe mu rugo  imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara

Nyamirambo : Me Ntaganda akomereje iwe mu rugo imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara

Ubwanditsi 01 Mar 2017
RMC yasuye abanyamakuru babiri bafunze

RMC yasuye abanyamakuru babiri bafunze

Ubwanditsi 04 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abakekwaho kunyereza umutungo wa Leta bagiye kujya batabwa muri yombi bagikorerwa ubugenzuzi
POLITIKI

Abakekwaho kunyereza umutungo wa Leta bagiye kujya batabwa muri yombi bagikorerwa ubugenzuzi

Ubwanditsi 05 Apr 2018
Abanyarwandakazi batatu birukanywe muri Uganda nyuma y’umwaka batoterezwa muri gereza banakoreshwa imirmo y’agahato
HIRYA NO HINO

Abanyarwandakazi batatu birukanywe muri Uganda nyuma y’umwaka batoterezwa muri gereza banakoreshwa imirmo y’agahato

Ubwanditsi 03 Jun 2019
Namibia yatsembye, ngo nta musirikari wayo uzajya gusiga agatwe muri Kongo
Amakuru

Namibia yatsembye, ngo nta musirikari wayo uzajya gusiga agatwe muri Kongo

Ubwanditsi 30 Nov 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru