• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Aho bikomereye n’uko Afurika iboshywe n’ababoshywe

Aho bikomereye n’uko Afurika iboshywe n’ababoshywe

Ubwanditsi 03 Jun 2017 Mu Rwanda

Kugira ngo umuntu akire indwara neza abanza kumenya, akanemera, yuko koko arwaye, akamenya neza indwara arwaye, ingaruka za mubaho aramutse atayivuje kandi ngo ikire neza, hanyuma agafata imiti kandi akayinywa neza !

Ibi bikunze kuvugwa kuri uyu mugabane wacu wa Afurika, yuko kugira ngo abayituye bashobore kwibohora ari ngombwa kubanza kumenya neza yuko koko baboshywe, ikibaboshye n’uburyo baboshywemo.

Kuba ariko Abanyafurika baboshywe mbona atari ibintu byo gutindaho cyane. Abanyafurika baraboshywe koko, ariko n’abazungu cyangwa n’abandi bantu ku yindi migabane y’isi, hari uburyo nabo baboshywe. Hari ukuntu buri kiremwamuntu iboshywe, ikaba ari nayo mpamvu ubona buri wese ku isi abyuka ahangayika n’ubuzima.

Hari ukuntu umuntu aba aboshywe ku buryo bw’umwihariko ariko hari no mu buryo bwa rusange. Niba iwawe mutagishobora kubona uko murya (mufungura) cyangwa muryama (icumbi) neza muba mubonshywe nk’umuryango ariko ntabwo ari ngombwa ngo bibe ari nako bimeze ku baturanyi bawe, intara cyangwa ku gihugu cyose.

Ku bihugu no ku migabane y’isi nabyo ni uko. Ubukene n’ibibazo u Burundi burimo ntabwo bimeze nk’ibya DRC, Uganda, Angola, Nigeria, Ethiopia, Cameroon, Ghana cyangwa Gambia. Ubukene n’ibindi bibazo Afurika ifite ntabwo bimeze kimwe nibiri muri Europe, Asia, Amerika y’Epfo cyangwa iya ruguru. Buri gihugu cyangwa buri mugabane (continent) ugira umwihariko w’ibibazo byawo, nubwo rimwe na rimwe cyangwa kenshi hari ibishobora gusa.

Afurika ni umwe mu migabane y’iyi si utuwe, ukaba ari nawo ukennye cyane kurusha indi migabane. Nubwo Afurika ariko ikennye niyo irusha indi migabane ibintu bizana ubukire nk’ibicukurwa mu butaka, ibikomoka mu mashyamba nk’imbahu n’ibikoko by’ubwoko bunyuranye, ibikomoka mu mazi nk’amafi n’umuriro w’amashanyarazi, gaz , n’ibindi nko kuba ifite ikirere cyiza (climate/weather) n’amasaha asobanutse y’ijoro n’amanywa.

Birababaje rero kubona Afurika ikennye cyane kandi ifite ibintu ( resources/ raw matireals) byagatumye ikira ! Ariko ikibabaje kurushaho n’uko ibyo bintu byagatumye Afurika ikira bitwarwa gukiza indi migabane y’isi. Ibi uretse no kubabaza biteye isoni n’umujinya. Tekereza kubona DRC isabiriza Ububiligi kandi bwarakijijwe n’imitungo kamere bwakomeje gusahura Abanyekongo. Afurika isabiriza abayisahura ibikorwamo ibibyara ibyo isabiriza, kandi bakayiha bayicunaguza cyangwa bakanayima !

Afurika ifite ibihugu bitari bike bifite petrol nyinshi (lisansi, mazutu) n’ibiyikomokaho. Ibyo bihugu ni nka Nigeria, Angola, Algeria, Sudan (zombi), Gabon n’ibindi, harimo Congo Brazaville, DRC na Malawi.

Nyamara ibi bihugu nabyo biri mu bikennye cyane ku isi, nabyo bikaba ku rutonde rw’ibisabiriza. Tekereza igihugu gusabiriza kandi gicukurwamo petrol, kinagurisha amabuye y’agaciro.

Bidateye umujinya n’akababaro watekereza Nigeria isabiriza Ubwongereza, Angola isabiriza Ubufaransa cyangwa umuryango w’ubumwe bwa Afurika (AU), EAC, ECOWAS na SADC bibisika i Brussel gusabiriza mu muryango w’ibihugu by’i Bulayi (EU) ngo 70 % y’ingengo y’imari yabuze aho ituruka.

Uko iyo miryango nyafurika ijya gusabiriza ukwayo ni nako inabisikana na za leta z’ibihugu biyigize, nazo zagiye gusabiriza ukwazo.

Afurika rero igomba kuva mu mikino yo guhora iririmba kwibohora, imvugo ikaba ariyo ngiro. Bya bihugu twavuze bicukurwamo petrol ni ukuyicukurwamo koko, ntabwo biyicukura. Icukurwa na ya masosiyete ya ba mpatse ibihugu, igatwarwa ari ibyindo ijyanwa kuyungururirwa i Bulayi cyangwa muri Amerika. Biragoranye kwihanganira kumva ngo igihugu nka Nigeria nacyo gifite ikibazo cy’i gitoro (lisansi na mazutu) nk’u Burundi !
-6775.jpg
Muri ibi bihugu bya Afurika bicukurwamo petrol biyigurisha nk’uko hano mu Rwanda hari abaturage bagurishiriza mu mirima ikawa ikiri ibitumbwe. Abo banyarwanda ariko bo leta arabibabuza ibereka yuko kugurisha ibitumbwe baba bibwa n’abacuruzi. Izo za Nigeria, Ghabon, Angola n’ahandi bazabuzwa bate kugurisha petrol ikiri icyondo kuri abo bamamyi bo ku yindi migabane ?

Icyo ni ikibazo cy’ingorabahizi ariko kigomba kubonerwa igisubizo kuko Afurika isabiriza kandi ikize, ikennye kandi ikijije abandi ! Aha niho Afurika igomba kumenyera yuko iboshywe, kandi igomba kwibohora kugira ngo nayo ikire nk’indi migabane cyangwa ikayicaho.

Afurika kandi kugerageza kwibohora igomba kumenya neza yuko n’abayiboshye nabo baboshywe. Abo baboshye Afurika nabo bayiboheweho, kuko batabaho nk’uko babayeho neza batayisahura. Kugira ngo Afurika ibeho neza n’uko yakwizitura kuri abo bayizirikiyeho, bagakomeza bagundagurana n’ibyo bibazo byabo bituma kubaho neza kwabo ari ukubaho nabi kwa Afurika. Kugirango Afurika y’ibohore koko birakomeye, ariko birashoboka (BIRACYAZA)

Casmiry Kayumba

2017-06-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuyobozi wa Polisi ya MINUSCA yasabye abapolisi b’u Rwanda gukomeza kwesa imihigo

Umuyobozi wa Polisi ya MINUSCA yasabye abapolisi b’u Rwanda gukomeza kwesa imihigo

Ubwanditsi 01 Nov 2016
Meya Nyamurinda arasaba uruhare rwa buri wese mu kurwanya ibiyobyabwenge nyuma yo kwangiza ibifite agaciro ka hafi Miliyoni ijana

Meya Nyamurinda arasaba uruhare rwa buri wese mu kurwanya ibiyobyabwenge nyuma yo kwangiza ibifite agaciro ka hafi Miliyoni ijana

Ubwanditsi 27 Sep 2017
Rwamagana: Abayisiramu bashima Perezida Kagame wabahaye ijambo ntibongera kwitwa Abaswayire

Rwamagana: Abayisiramu bashima Perezida Kagame wabahaye ijambo ntibongera kwitwa Abaswayire

Ubwanditsi 10 Jun 2017
Afrika y’Epfo : Perezida Zuma yabujijwe kuvuga Ijambo ubwo bizihizaga Umunsi w’Abakozi

Afrika y’Epfo : Perezida Zuma yabujijwe kuvuga Ijambo ubwo bizihizaga Umunsi w’Abakozi

Ubwanditsi 01 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Agashya mu birori byo guhemba Abanyamakuru ’Anangwe yatunguranye yambika impeta umukunzi we
SHOWBIZ

Agashya mu birori byo guhemba Abanyamakuru ’Anangwe yatunguranye yambika impeta umukunzi we

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Diyasipora irikoma RNC na Himbara bashaka kuyisenya n’ubwo batabigeraho
INKURU NYAMUKURU

Diyasipora irikoma RNC na Himbara bashaka kuyisenya n’ubwo batabigeraho

Ubwanditsi 26 Dec 2019
‘ Gutegeka abantu demokarasi runaka, utabanje kumenya uko babayeho, umuco wabo n’amahame y’igihugu, ni ubujiji ‘.- Perezida Kagame  [ Igice cya 2 ]
POLITIKI

‘ Gutegeka abantu demokarasi runaka, utabanje kumenya uko babayeho, umuco wabo n’amahame y’igihugu, ni ubujiji ‘.- Perezida Kagame [ Igice cya 2 ]

Ubwanditsi 21 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru