• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Champions League: Real Madrid yakubise akanyafu PSG, Ronaldo ashyiraho uduhigo

Champions League: Real Madrid yakubise akanyafu PSG, Ronaldo ashyiraho uduhigo

Ubwanditsi 15 Feb 2018 IMIKINO

Mu mikino y’irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’u Burayi, ‘UEFA Champions League’ igeze muri 1/8 cy’irangiza, mu ijoro ryakeye ikipe ya Real Madrid yongeye kwerekana ko ari inararibonye muri iyi mikino itsinda Paris Saint Germain, yahabwaga amahirwe ibitego bitatu kuri kimwe.

Ni umukino wari ukomeye yaba mu itangazamakuru no mu bafana bitewe n’uko amakipe yombi yashoye amafaranga menshi mu bakinnyi bakomeye nka Neymar Jr wa PSG na Ronaldo wa Real Madrid wabaye umukinnyi wa mbere ugejeje ibitego 100 muri Champions League atsindiye mu ikipe imwe.

Mu minota 20 ya mbere y’umukino Real Madrid ifite ibikombe bibiri biheruka by’iri rushanwa yarushije PSG nubwo yaje kubatanga igitego cyatsinzwe na Adrien Rabiot, kikishyurwa igice cya mbere kigiye kurangira na Ronaldo kuri penaliti yaturutse ku ikosa ryakorewe Umudage Toni Kroos.

Impande zombi zakomeje kwerekana imbaraga n’imikinire ishaka gutsinda ibitego. Abasesenguzi bavuga ko ubunararibonye mu irushanwa bwakozeho PSG kuko yatsinzwe ibitego bibiri mu minota 10 ya nyuma, bituma Real Madrid itahukana intsinzi ku bitego bibiri bya Ronaldo na kimwe cya Marcelo.

Kapiteni wa Real Madrid, Sergio Ramos, yavuze ko berekanye ubuhanga budasanzwe kandi bakongera guhamya ko nubwo hari abavuga ko batameze neza atari ko bimeze kandi ‘ari amakosa kwibwira ko iyi kipe yapfuye’.

Rabiot watsindiye PSG, yavuze ko ntacyo bivuze gutsinda amakipe y’iwabo mu rugo bagera mu mikino ikomeye nk’iyi bagatsindwa byoroshye.

Umunya-Portugal, Ronaldo, yashyizeho agahigo muri uyu mukino kuko yabaye umukinnyi wa mbere utsinze ibitego 100 muri Champions League, akabitsindira ikipe imwe. Ibitego bibiri yatsinze byatumye agira 101 amaze gutsindira Real Madrid muri iri rushanwa.

Ronaldo w’imyaka 33 kandi yashyizeho agahigo ko kuba umukinnyi wa mbere utsinze ibitego nibura 10 muri Champions League, inshuro zirindwi yikurikiranya. Nta wundi urabasha kubikora izirenze ebyiri. Ni we kandi ufite ibitego byinshi muri iri rushanwa bingana na 116, akurikiwe na Lionel Messi ufite 97.

Undi mukino wahuzaga ikipe ya FC Porto yo muri Portugal na Liverpool yo mu Bwongereza warangiye usa n’ukuyeho amatsiko y’ikipe izakomeza mu cyiciro gikurikiyeho kuko Liverpool yatsinze ibitego bitanu ku busa. Umunya-Senegal, Sadio Mane, yakoze amateka yo gutsinda ibitego bitatu wenyine, ibindi bitsindwa na Mohamed Salah na Roberto Firmino.

Imikino yo kwishyura itegerejwe ku wa 6 Werurwe uyu mwaka, ubwo Real Madrid izerekeza mu Bufaransa naho FC Porto yandagarijwe iwayo ikerekeza mu Bwongereza.

2018-02-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunsi wa 6 wa shampiyona y’u Rwanda waranzwe no ku rumbuka kw’ibitego no guterwa mpaga kwa Etincelles FC iri mu rugo

Umunsi wa 6 wa shampiyona y’u Rwanda waranzwe no ku rumbuka kw’ibitego no guterwa mpaga kwa Etincelles FC iri mu rugo

Ubwanditsi 12 Oct 2023
AMAFOTO: Police Volleyball yafunguye irerero ryayo muri Lycée de Kigali

AMAFOTO: Police Volleyball yafunguye irerero ryayo muri Lycée de Kigali

Ubwanditsi 26 Jun 2025
Police FC yaguye miswi na Marines FC, muri shampiyona y’isi, u Rwanda muri Sitting Volleyball y’abagore batsinze umukino wa kabiri

Police FC yaguye miswi na Marines FC, muri shampiyona y’isi, u Rwanda muri Sitting Volleyball y’abagore batsinze umukino wa kabiri

Ubwanditsi 06 Nov 2022
Mu mikino nyafurika AS Kigali yatomboye Olympique De Missiri-Sima, APR FC itombora Mogadishu City Club yo muri Somalia inahabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo

Mu mikino nyafurika AS Kigali yatomboye Olympique De Missiri-Sima, APR FC itombora Mogadishu City Club yo muri Somalia inahabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo

Ubwanditsi 14 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ku busabe bwa APR FC na Rayon Sports, Imikino yo kwishyura ya 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro yashyizwe muri Sitade Amahoro
Amakuru

Ku busabe bwa APR FC na Rayon Sports, Imikino yo kwishyura ya 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro yashyizwe muri Sitade Amahoro

Ubwanditsi 29 Apr 2025
Ese Lt Gen Kayumba Nyamwasa ntiyaba amerewe nabi ahubwo ariwe ukeneye gutabarwa n’abanyarwanda kurusha uko yabatabara?
POLITIKI

Ese Lt Gen Kayumba Nyamwasa ntiyaba amerewe nabi ahubwo ariwe ukeneye gutabarwa n’abanyarwanda kurusha uko yabatabara?

Ubwanditsi 07 Feb 2016
Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda 2021-2022 kiratangwa kuri uyu wa Kane hagati ya APR FC na Kiyovu SC
Amakuru

Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda 2021-2022 kiratangwa kuri uyu wa Kane hagati ya APR FC na Kiyovu SC

Ubwanditsi 16 Jun 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru