• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Champions League: Real Madrid yakubise akanyafu PSG, Ronaldo ashyiraho uduhigo

Champions League: Real Madrid yakubise akanyafu PSG, Ronaldo ashyiraho uduhigo

Ubwanditsi 15 Feb 2018 IMIKINO

Mu mikino y’irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’u Burayi, ‘UEFA Champions League’ igeze muri 1/8 cy’irangiza, mu ijoro ryakeye ikipe ya Real Madrid yongeye kwerekana ko ari inararibonye muri iyi mikino itsinda Paris Saint Germain, yahabwaga amahirwe ibitego bitatu kuri kimwe.

Ni umukino wari ukomeye yaba mu itangazamakuru no mu bafana bitewe n’uko amakipe yombi yashoye amafaranga menshi mu bakinnyi bakomeye nka Neymar Jr wa PSG na Ronaldo wa Real Madrid wabaye umukinnyi wa mbere ugejeje ibitego 100 muri Champions League atsindiye mu ikipe imwe.

Mu minota 20 ya mbere y’umukino Real Madrid ifite ibikombe bibiri biheruka by’iri rushanwa yarushije PSG nubwo yaje kubatanga igitego cyatsinzwe na Adrien Rabiot, kikishyurwa igice cya mbere kigiye kurangira na Ronaldo kuri penaliti yaturutse ku ikosa ryakorewe Umudage Toni Kroos.

Impande zombi zakomeje kwerekana imbaraga n’imikinire ishaka gutsinda ibitego. Abasesenguzi bavuga ko ubunararibonye mu irushanwa bwakozeho PSG kuko yatsinzwe ibitego bibiri mu minota 10 ya nyuma, bituma Real Madrid itahukana intsinzi ku bitego bibiri bya Ronaldo na kimwe cya Marcelo.

Kapiteni wa Real Madrid, Sergio Ramos, yavuze ko berekanye ubuhanga budasanzwe kandi bakongera guhamya ko nubwo hari abavuga ko batameze neza atari ko bimeze kandi ‘ari amakosa kwibwira ko iyi kipe yapfuye’.

Rabiot watsindiye PSG, yavuze ko ntacyo bivuze gutsinda amakipe y’iwabo mu rugo bagera mu mikino ikomeye nk’iyi bagatsindwa byoroshye.

Umunya-Portugal, Ronaldo, yashyizeho agahigo muri uyu mukino kuko yabaye umukinnyi wa mbere utsinze ibitego 100 muri Champions League, akabitsindira ikipe imwe. Ibitego bibiri yatsinze byatumye agira 101 amaze gutsindira Real Madrid muri iri rushanwa.

Ronaldo w’imyaka 33 kandi yashyizeho agahigo ko kuba umukinnyi wa mbere utsinze ibitego nibura 10 muri Champions League, inshuro zirindwi yikurikiranya. Nta wundi urabasha kubikora izirenze ebyiri. Ni we kandi ufite ibitego byinshi muri iri rushanwa bingana na 116, akurikiwe na Lionel Messi ufite 97.

Undi mukino wahuzaga ikipe ya FC Porto yo muri Portugal na Liverpool yo mu Bwongereza warangiye usa n’ukuyeho amatsiko y’ikipe izakomeza mu cyiciro gikurikiyeho kuko Liverpool yatsinze ibitego bitanu ku busa. Umunya-Senegal, Sadio Mane, yakoze amateka yo gutsinda ibitego bitatu wenyine, ibindi bitsindwa na Mohamed Salah na Roberto Firmino.

Imikino yo kwishyura itegerejwe ku wa 6 Werurwe uyu mwaka, ubwo Real Madrid izerekeza mu Bufaransa naho FC Porto yandagarijwe iwayo ikerekeza mu Bwongereza.

2018-02-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yo gusezererwa muri CHAN2018, Antoine Hey yasezeye

Nyuma yo gusezererwa muri CHAN2018, Antoine Hey yasezeye

Ubwanditsi 25 Jan 2018
Umutoza Masudi Djuma watoje Rayon Sports ndetse na AS Kigali yagizwe umutoza wa Dodoma Jiji yo muri Tanzania

Umutoza Masudi Djuma watoje Rayon Sports ndetse na AS Kigali yagizwe umutoza wa Dodoma Jiji yo muri Tanzania

Ubwanditsi 25 Feb 2022
U Bubiligi bwatanze ubutumwa mu gikombe cy’Isi, u Bwongereza bwongera kubabaza Abanyafurika

U Bubiligi bwatanze ubutumwa mu gikombe cy’Isi, u Bwongereza bwongera kubabaza Abanyafurika

Ubwanditsi 19 Jun 2018
FERWAFA ndetse n’Ishyirahamwe ry’imikino yo mu mashuri basinye amasezerano y’ubufatanye agamije guteza imbere umupira w’amaguru 

FERWAFA ndetse n’Ishyirahamwe ry’imikino yo mu mashuri basinye amasezerano y’ubufatanye agamije guteza imbere umupira w’amaguru 

Ubwanditsi 11 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mugisha Emmanuel Clapton uzwi nka Kibonke yavuze ko ataretse ibikorwa byo gusetsa ajya imbere y’abantu bizwi nka Standup Comedy, asobanura ko kuri ubu ahubwo yahisemo kuyikora mu buryo bwa Filimi
Amakuru

Mugisha Emmanuel Clapton uzwi nka Kibonke yavuze ko ataretse ibikorwa byo gusetsa ajya imbere y’abantu bizwi nka Standup Comedy, asobanura ko kuri ubu ahubwo yahisemo kuyikora mu buryo bwa Filimi

Ubwanditsi 11 Mar 2021
Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umunsi wa gatandatu
Amakuru

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umunsi wa gatandatu

Ubwanditsi 01 Dec 2021
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 09 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru