• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»U Bubiligi bwatanze ubutumwa mu gikombe cy’Isi, u Bwongereza bwongera kubabaza Abanyafurika

U Bubiligi bwatanze ubutumwa mu gikombe cy’Isi, u Bwongereza bwongera kubabaza Abanyafurika

Ubwanditsi 19 Jun 2018 IMIKINO

U Bubiligi ni cyo gihugu mu bihabwa amahirwe cyatangiye neza igikombe cy’Isi gitsinda Panama ibitego bitatu ku busa kandi gikina neza naho u Bwongereza bwongera gutoneka inkovu z’abafana ibihugu byaserukiye Afurika, butsinda Tunisia mu minota ya nyuma.

Mbere y’Igikombe cy’Isi hakozwe ubusesenguzi bwinshi ku gihugu gifite ikipe ihagaze neza ndetse ifite amahirwe menshi ariko yaba u Budage, Argentine, Brazil, Espagne; nta na kimwe cyabonye amanota atatu y’umukino wa mbere ndetse n’u Bufaransa bwikuye imbere ya Australia bigoranye ku bitego 2-1 mu mpera z’icyumweru.

U Bubiligi bwa Kevin De Bruyne na Eden Hazard kuri uyu wa Mbere bwatangiye butanga ubutumwa ku bo bahanganiye igikombe, butsinda Panama ibitego bitatu ku busa bunakina umupira mwiza.

Kimwe na Iceland, Mexique, u Busuwisi; byagiye bihagarika amakipe akomeye, Panama nayo yatangiye umukino yihagazeho ndetse iminota 45 ya mbere irangira ari ubusa ku busa, benshi batangira kwibaza niba u Bubiligi nabwo bugiye kumera nk’ibindi bihugu bikomeye byose.

Nyuma yo kuva kuruhuka, Umutoza Roberto Martinez na Thierry Henry bamaze kuganiriza abakinnyi babo, bagarutse mu kibuga bariye karungu hashize iminota ibiri gusa Dries Mertens ahita afungura amazamu, bakomeza gukina neza ku munota wa 69 Romelu Lukaku atsinda icya kabiri ku wa 75 ashyiramo icya gatatu ari nako umukino warangiye.

Mu mukino wakurikiyeho wari uhanzwe amaso n’Abanyafurika benshi, u Bwongereza bwa Harry Kane bwatsinze Tunisia ibitego bibiri kuri kimwe. Ni umukino watangiye u Bwongereza burusha bikomeye Tunisia bunayitsinda igitego cya kare, ku munota wa 11 cya Harry Kane.

Tunisia yakomeje kugerageza amahirwe make ntabyare umusaruro gusa ku munota wa 33 myugariro w’u Bwongereza Kyle Walker aza gutera inkokora Fakhreddine Ben Youssef mu rubuga rw’amahina, umusifuzi atanga penaliti iterwa neza na Ferjani Sassi, biba 1-1.

Iki gitego cyateye akanyabugabo Tunisia ikomeza kurwana ishaka kunganya, gusa ku mahirwe make Harry Kane aza kuyitsinda igitego cya kabiri mu minota y’inyongera, umukino urangira ari 2-1.

Tunisia yabaye igihugu cya kane mu bihagarariye Afurika gitsinzwe nyuma ya Misiri, Maroc na Nigeria byo byanatsindiwe ku busa, bitabashije no kubona igitego, amahirwe ya nyuma yo kubona igihugu cyakura uyu mugabane mu isoni akaba ari kuri Sénégal igomba gukina na Pologne ya Robert Lewandowski kuri uyu wa Kabiri.

Imikino yabaye ku wa Mbere tariki 18 Kamena 2018

-  Suède 1 – 0 Korea y’Epfo
-  U Bubiligi 3 – 0 Panama
-  Tunisia 1 – 2 u Bwongereza

Imikino iteganyijwe kuri uyu wa Kabiri

-  Saa 14 :00 : Colombia vs u Buyapani
-  Saa 17 :00 : Pologne vs Sénégal
-  Saa 20 :00 U Burusiya vs Misiri

Dries Mertens ni we wafunguye amazamu mu mukino wahuje u Bubiligi na Panama

Romelu Lukaku atsinda igitego cya kabiri ku ruhande rw’u Bubiligi

Uyu musore nawe yinjiye ku rutonde rw’abakinnyi bamaze gutsinda ibitego bibiri muri iri rushanwa bakurikiye Cristiano Ronaldo ufite bitatu

Harry Kane yongeye kwerekana ko ari rutahizamu ukomeye muri iri rushanwa

Ikosa ryavuyemo Penaliti ya Tunisia ni uku ryakozwe…

Kapiteni w’u Bwongereza, Harry Kane, niwe wahesheje igihugu cye intsinzi mu minota ya nyuma

Umutoza w’u Bwongereza, Gareth Southgate , yari yasazwe n’ibyishimo ubwo ikipe ye yatahukanaga amanota atatu

2018-06-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Manizabayo Eric na Nirere Xaverine begukanye isiganwa ry’umunsi w’intwari “Heroes Cycling Cup”

Manizabayo Eric na Nirere Xaverine begukanye isiganwa ry’umunsi w’intwari “Heroes Cycling Cup”

Ubwanditsi 21 Jan 2024
Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 24 Sep 2021
Amafoto – Kwerekanwa kw’abakinnyi bahabwa nimero nshya, umukino wa Gicuti na Kiyovu SC, kuririmba kw’abahanzi no kwakira abafana kuri Sitade mu byaranze Rayon Sports Day

Amafoto – Kwerekanwa kw’abakinnyi bahabwa nimero nshya, umukino wa Gicuti na Kiyovu SC, kuririmba kw’abahanzi no kwakira abafana kuri Sitade mu byaranze Rayon Sports Day

Ubwanditsi 25 Oct 2021
CHAN 2018: U Rwanda rwatsinze Guinée Equatoriale

CHAN 2018: U Rwanda rwatsinze Guinée Equatoriale

Ubwanditsi 20 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Prof. Dr Rwigamba Balinda yamuritse agatabo “UMUKRISTO W’UKURI”
Mu Mahanga

Prof. Dr Rwigamba Balinda yamuritse agatabo “UMUKRISTO W’UKURI”

Ubwanditsi 15 Dec 2016
Mu mukino wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda utarabereye igihe, Kiyovu SC itsinze AS Kigali 2-1
Amakuru

Mu mukino wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda utarabereye igihe, Kiyovu SC itsinze AS Kigali 2-1

Ubwanditsi 21 Aug 2024
Ibinyamakuru bikorera mu kwaha k’urwego rw’ubutasi rwa Uganda bikomeje gusebya u Rwanda, mu buswa n’ubusazi butangaje
Amakuru

Ibinyamakuru bikorera mu kwaha k’urwego rw’ubutasi rwa Uganda bikomeje gusebya u Rwanda, mu buswa n’ubusazi butangaje

Ubwanditsi 18 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru