• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»U Bubiligi bwatanze ubutumwa mu gikombe cy’Isi, u Bwongereza bwongera kubabaza Abanyafurika

U Bubiligi bwatanze ubutumwa mu gikombe cy’Isi, u Bwongereza bwongera kubabaza Abanyafurika

Editorial 19 Jun 2018 IMIKINO

U Bubiligi ni cyo gihugu mu bihabwa amahirwe cyatangiye neza igikombe cy’Isi gitsinda Panama ibitego bitatu ku busa kandi gikina neza naho u Bwongereza bwongera gutoneka inkovu z’abafana ibihugu byaserukiye Afurika, butsinda Tunisia mu minota ya nyuma.

Mbere y’Igikombe cy’Isi hakozwe ubusesenguzi bwinshi ku gihugu gifite ikipe ihagaze neza ndetse ifite amahirwe menshi ariko yaba u Budage, Argentine, Brazil, Espagne; nta na kimwe cyabonye amanota atatu y’umukino wa mbere ndetse n’u Bufaransa bwikuye imbere ya Australia bigoranye ku bitego 2-1 mu mpera z’icyumweru.

U Bubiligi bwa Kevin De Bruyne na Eden Hazard kuri uyu wa Mbere bwatangiye butanga ubutumwa ku bo bahanganiye igikombe, butsinda Panama ibitego bitatu ku busa bunakina umupira mwiza.

Kimwe na Iceland, Mexique, u Busuwisi; byagiye bihagarika amakipe akomeye, Panama nayo yatangiye umukino yihagazeho ndetse iminota 45 ya mbere irangira ari ubusa ku busa, benshi batangira kwibaza niba u Bubiligi nabwo bugiye kumera nk’ibindi bihugu bikomeye byose.

Nyuma yo kuva kuruhuka, Umutoza Roberto Martinez na Thierry Henry bamaze kuganiriza abakinnyi babo, bagarutse mu kibuga bariye karungu hashize iminota ibiri gusa Dries Mertens ahita afungura amazamu, bakomeza gukina neza ku munota wa 69 Romelu Lukaku atsinda icya kabiri ku wa 75 ashyiramo icya gatatu ari nako umukino warangiye.

Mu mukino wakurikiyeho wari uhanzwe amaso n’Abanyafurika benshi, u Bwongereza bwa Harry Kane bwatsinze Tunisia ibitego bibiri kuri kimwe. Ni umukino watangiye u Bwongereza burusha bikomeye Tunisia bunayitsinda igitego cya kare, ku munota wa 11 cya Harry Kane.

Tunisia yakomeje kugerageza amahirwe make ntabyare umusaruro gusa ku munota wa 33 myugariro w’u Bwongereza Kyle Walker aza gutera inkokora Fakhreddine Ben Youssef mu rubuga rw’amahina, umusifuzi atanga penaliti iterwa neza na Ferjani Sassi, biba 1-1.

Iki gitego cyateye akanyabugabo Tunisia ikomeza kurwana ishaka kunganya, gusa ku mahirwe make Harry Kane aza kuyitsinda igitego cya kabiri mu minota y’inyongera, umukino urangira ari 2-1.

Tunisia yabaye igihugu cya kane mu bihagarariye Afurika gitsinzwe nyuma ya Misiri, Maroc na Nigeria byo byanatsindiwe ku busa, bitabashije no kubona igitego, amahirwe ya nyuma yo kubona igihugu cyakura uyu mugabane mu isoni akaba ari kuri Sénégal igomba gukina na Pologne ya Robert Lewandowski kuri uyu wa Kabiri.

Imikino yabaye ku wa Mbere tariki 18 Kamena 2018

-  Suède 1 – 0 Korea y’Epfo
-  U Bubiligi 3 – 0 Panama
-  Tunisia 1 – 2 u Bwongereza

Imikino iteganyijwe kuri uyu wa Kabiri

-  Saa 14 :00 : Colombia vs u Buyapani
-  Saa 17 :00 : Pologne vs Sénégal
-  Saa 20 :00 U Burusiya vs Misiri

Dries Mertens ni we wafunguye amazamu mu mukino wahuje u Bubiligi na Panama

Romelu Lukaku atsinda igitego cya kabiri ku ruhande rw’u Bubiligi

Uyu musore nawe yinjiye ku rutonde rw’abakinnyi bamaze gutsinda ibitego bibiri muri iri rushanwa bakurikiye Cristiano Ronaldo ufite bitatu

Harry Kane yongeye kwerekana ko ari rutahizamu ukomeye muri iri rushanwa

Ikosa ryavuyemo Penaliti ya Tunisia ni uku ryakozwe…

Kapiteni w’u Bwongereza, Harry Kane, niwe wahesheje igihugu cye intsinzi mu minota ya nyuma

Umutoza w’u Bwongereza, Gareth Southgate , yari yasazwe n’ibyishimo ubwo ikipe ye yatahukanaga amanota atatu

2018-06-19
Editorial

IZINDI NKURU

Byemejwe ko Umuherwe wa Leicester City yaguye mu mpanuka y’indege

Byemejwe ko Umuherwe wa Leicester City yaguye mu mpanuka y’indege

Editorial 29 Oct 2018
Mu mukino w’ikirarane, APR FC yatsinze Bugesera FC 2-0 ifata umwanya wa Gatandatu wa shampiyona y’u Rwanda

Mu mukino w’ikirarane, APR FC yatsinze Bugesera FC 2-0 ifata umwanya wa Gatandatu wa shampiyona y’u Rwanda

Editorial 27 Nov 2024
AMAFOTO – Nk’umutoza mukuru, Haringingo Francis yatangije imyitozo mu ikipe ya Rayon Sports yitegura umwaka w’imikino wa 2022-2023

AMAFOTO – Nk’umutoza mukuru, Haringingo Francis yatangije imyitozo mu ikipe ya Rayon Sports yitegura umwaka w’imikino wa 2022-2023

Editorial 23 Jul 2022
Enyimba FC irimo  yageze i Kigali itari kumwe na kapiteni wayo

Enyimba FC irimo yageze i Kigali itari kumwe na kapiteni wayo

Editorial 15 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru