• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Micho na Uganda basezeye irushanwa batageze i Kigali

Micho na Uganda basezeye irushanwa batageze i Kigali

Ubwanditsi 28 Jan 2016 IMIKINO

kipe y’igihugu ya Uganda isezerewe mu mikino ya CHAN ya 2016 itarenze umutaru, nyuma yo kunanirwa gutsinda umukino n’ umwe mu itsinda rya 4, yarimwo n’ikipe ya Zambia, Zimbabwe na Mali, ryakiniraga mu karere ka Rubavu.

-67.png

Joseph Nsubuga ahanganye nnumwe mu bakinnyi ba Zimbabwe

Igitego cya Manondo William ku munota wa 48, cyaje kwishyurwa ku munota wa nyuma w’umukino na Geoffrey Sserunkuma, amakipe arangiza anganyije igitego 1-1.

Mu mukino wa nyuma muri iri tsinda ikipe ya Milutin Milutin Micho yakinnye muri iri rushanwa, yahuraga na Zimbabwe kuri sitade Umuganda, mu gihe ikipe ya Zambia yakinaga na Mali kuri sitade ya Kigali I Nyamirambo.

Igice cya mbere cy’umukino, ikipe ya Zimbabwe na Uganda zagerageje gukina umukino mwiza, ariko kureba mu izamu birananirana.

Zimbabwe yakinaga uyu mukino iharanira ishema ku gihugu cyayo gusa, kuko gusezererwa iyi kipe yari yaramaze gusezererwa.

Uganda mu gice cya mbere cy’umukino yahushije uburyo bwinshi bwo kuba yabona igitego, hari nk’aho Rutahizamu Miya, yisanze ahagararanye wenyine n’umuzamu, ateye ishoti, Tatenda Marshall arikuramo.

Igice cya 2 cy’umukino kigitangira, ku mupira watakajwe na Joseph Ochaya, rutahizamu wa Zimbabwe William Manonda yafunguye amazamu, igitego cya mbere cya Zimbabwe muri aya marushanwa.

Zimbabwe yakomeje gusatira bikomeye ikipe ya Uganda, igenda ihusha ibitego byari byabazwe imbere y’izamu.

Rutahizamu wa Uganda Elissa Sekissambu yaje kubona amahirwe yo kuba yakwishyura ku ruhande rwa Uganda, ariko ananirwa gutera mu izamu.

Umutoza wa Zimbabwe Kalisto Pasuwa yagiye akora impinduka aza kwinjiza umusore Ronald Kitiyo mu kibuga, wagoye bigaragara abakina inyuma ba Uganda, ariko umuzamu Alitho James, amubera ibamba.

Ku munota wa 3 w’inyongera ku minota 90 y’umukino, ni bwo rutahizamu wa Uganda wari winjiye mu kibuga asimbuye Geoffrey Sserunkuma, yaje kwishyura igitego n’umutwe, amakipe arangiza anganyije igitego 1-1.

Undi mukino muri iri tsinda warangiye Zambia na Mali banganyije 0-0.

Bikaba bivuga ko Zambia izamutse ku mwanya wa mbere n’amanota 7, ikurikiwe na Mali ifite amanota 5, Uganda ku mwanya wa 3 n’amanota 2, Zimbabwe icyuye inota 1.
Imikino ya 1/4:

Ku wa gatandatu (30/1/2016)

• Rwanda vs DRC (Stade Amahoro)
• Cameroun v Cote d’Ivoire (Huye)

Ku cyumweru:

• Tunisia vs Mali (Stade ya Kigali)
• Zambia vs Guinea (Stade Umuganda)

Ababanjemo 11 ku mpande zombi:

Zimbabwe:

Mukuruva,Mhlanga,Kangwa,Ngodzo,Zvirekwi,Masuku,Makatuka,Manuvire, Manondo, Chirambadare,Mutuma.

Uganda :

Alitho James (GK), Joseph Nsubuga,Richard Kassaga,Muwanga Bernard, Kezironi Kizito, Joseph Ochaya, Farouk Miya (Capt), Erisa Sekisambu, Ivan Ntege, Isaac Muleme and Timothy Awany.

M.Fils

2016-01-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gisagara VC na Police Women VC begukanye BK Arena Volleyball cup 2025 yakinwaga ku ncuro ya mbere

Gisagara VC na Police Women VC begukanye BK Arena Volleyball cup 2025 yakinwaga ku ncuro ya mbere

Ubwanditsi 14 Dec 2025
AMAFOTO:  Amavubi U23 yitegura gukina na Mali yasuye Mukanemeye , umufana w’akadasohoka w’Amavubi ndetse na Mukura VS

AMAFOTO: Amavubi U23 yitegura gukina na Mali yasuye Mukanemeye , umufana w’akadasohoka w’Amavubi ndetse na Mukura VS

Ubwanditsi 19 Oct 2022
AMAFOTO: APR FC yapimishije abakinnyi n’abakozi bayo mbere yo kujya mu mwiherero aho bitegura isubukurwa rya shampiyona izatangira muri Gicurasi.

AMAFOTO: APR FC yapimishije abakinnyi n’abakozi bayo mbere yo kujya mu mwiherero aho bitegura isubukurwa rya shampiyona izatangira muri Gicurasi.

Ubwanditsi 15 Apr 2021
Umurundi Ndayiragije Etienne watoje ikipe y’igihugu ya Tanzania yasimbuye Karekezi Olivier gutoza ikipe ya Kiyovu SC.

Umurundi Ndayiragije Etienne watoje ikipe y’igihugu ya Tanzania yasimbuye Karekezi Olivier gutoza ikipe ya Kiyovu SC.

Ubwanditsi 05 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gicumbi: Bane bafatiwe mu mukwabu wa Polisi bari mu bikorwa by’ubujura n’ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Gicumbi: Bane bafatiwe mu mukwabu wa Polisi bari mu bikorwa by’ubujura n’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 10 Dec 2016
Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro
Amakuru

Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 28 Apr 2022
Ikoranabuhanga rishya mu kugenzura umutekano wo mu muhanda ryafashije gufata impushya z’impimbano
Mu Mahanga

Ikoranabuhanga rishya mu kugenzura umutekano wo mu muhanda ryafashije gufata impushya z’impimbano

Ubwanditsi 15 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru