• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»AMAFOTO: Amavubi U23 yitegura gukina na Mali yasuye Mukanemeye , umufana w’akadasohoka w’Amavubi ndetse na Mukura VS

AMAFOTO: Amavubi U23 yitegura gukina na Mali yasuye Mukanemeye , umufana w’akadasohoka w’Amavubi ndetse na Mukura VS

Ubwanditsi 19 Oct 2022 Amakuru, IMIKINO

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 18 Ukwakira 2022, nibwo abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu , Amavubi U23 basuye Mukanemeye Madeleine wo mu Karere ka Huye, uzwiho gushyigikira  Mukura Victory Sports n’Amavubi.

Ni igikorwa cyabaye mumasaha y’amanywa ubwo aba bakinnyi basanzwe babarizwa mumujyi wa Huye bagiye gusura uyu mubyeyi wakunze kugaragaza gukunda umupira w’amaguru cyane cyane kuri Sitade ya Huye.

Nubwo Mukanemeye Madeleine asanzwe afana Mukura VS, yagiye agaragara ku kimino yabereye kuri sidate y’akarere ashyigikira amakipe atandukanye arimo AS Kigali yahakiniraga imikino Nyafurika ndetse n’ikipe y’igihugu Amavubi makuru ndetse n’abato.

Amavubi y’abari munsi y’imyaka 23 yitegura gukina na Mali kuwa gatandatu w’iki cyumweru, mu ijonjora rya kabiri ryo guhatanira gukina igikombe cya Afurika amaze iminsi i Huye aho ari kwitegurira uyu mukino bazanahakinira.

Usibye iyo myitozo barimo kuhakorera, bayobowe n’umutoza mukuru Yves Rwasamanzi ndetse n’abandi babarizwa muri iyi kipe y’igihugu bahisemo gusura Madeile wagaragaje  gushyigikira iyi kipe ubwo bakinaga na Libye mu mukino bayitsinzemo 3-0.

Muri urwo rugendo rwo kumusura, bamugeneye impano zitandukanye zirimo umwambaro w’Ikipe y’Igihugu, ikoti ry’imvura, ibasha n’ibiribwa.

Mukanemeye Madeleine wasuwe n’abakinnyi b’Amavubi U23 basanze avuye mu murima yashimiye iki gikorwa cyo ku musura aboneraho no kubabwira ko aho abifuriza itsinzi.

Yagize ati  “Baragahora batsinda. Yezu arahari, Bikira Mariya Mutagatifu ni we utegeka byose, n’Imana mugendana imbere n’inyuma.”

Yongeyeho ati “Ubutumwa nabaha, imbere y’Imana ishobora byose, nabaha kujya duhamiriza, tugahamiriza neza ntitujye mu murimo utazima. Ariko iyo mwatsinze, bana banjye mugatsinda, nanjye ndaza nkasinzira, umwana yangaburira nkarya, ariko iyo mwatsinzwe, na Mukura yatsinzwe, ntabwo ndya, nguyu [umwana] mumubaze. N’amazi sinyanywa.”

Umukino w’u Rwanda U23 bazakina na Mali nabo bo muri icyo kiciro uteganyijwe tariki ya 22 Ukwakira i Huye mu gihe uwo kwishyura uzabera i Bamako ku wa 29 Ukwakira 2022.


2022-10-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Uretse muzika Eddy Kenzo arabarizwa no mu mupira w’amaguru

Uganda: Uretse muzika Eddy Kenzo arabarizwa no mu mupira w’amaguru

Ubwanditsi 25 Jan 2016
Kuki u Burundi bukomeje kwiheza mu ruhando rw’amahanga?

Kuki u Burundi bukomeje kwiheza mu ruhando rw’amahanga?

Ubwanditsi 08 Oct 2020
Amafoto – Abakinnyi 11 bashobora kubanzamo ku mukino wa gicuti uzahuza U Rwanda ruzakiramo ikipe y’igihugu ya Guinea

Amafoto – Abakinnyi 11 bashobora kubanzamo ku mukino wa gicuti uzahuza U Rwanda ruzakiramo ikipe y’igihugu ya Guinea

Ubwanditsi 02 Jan 2022
Ibyiza n’Akamaro ko Kunywa Amazi Ukibyuka

Ibyiza n’Akamaro ko Kunywa Amazi Ukibyuka

Ubwanditsi 20 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Museveni yategetse ihagarikwa ry’Umuryango SWI wa  Prossy Bonabaana na Sulah Nuwamanya, ibikoresho bya RNC ya Kayumba Nyamwasa
INKURU NYAMUKURU

Museveni yategetse ihagarikwa ry’Umuryango SWI wa  Prossy Bonabaana na Sulah Nuwamanya, ibikoresho bya RNC ya Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 02 Mar 2020
Uwububa abonwa n’uhagaze : Isano iri hagati ya Kayumba Nyamwasa na Kampala
INKURU NYAMUKURU

Uwububa abonwa n’uhagaze : Isano iri hagati ya Kayumba Nyamwasa na Kampala

Ubwanditsi 01 Oct 2019
Abakobwa b’u Rwanda muri Cricket batarengeje imyaka 19 berekanye igikombe cya Afurika batwaye kikabahesha itike y’igikombe cy’Isi
Amakuru

Abakobwa b’u Rwanda muri Cricket batarengeje imyaka 19 berekanye igikombe cya Afurika batwaye kikabahesha itike y’igikombe cy’Isi

Ubwanditsi 14 Sep 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru