• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»AMAFOTO: Amavubi U23 yitegura gukina na Mali yasuye Mukanemeye , umufana w’akadasohoka w’Amavubi ndetse na Mukura VS

AMAFOTO: Amavubi U23 yitegura gukina na Mali yasuye Mukanemeye , umufana w’akadasohoka w’Amavubi ndetse na Mukura VS

Ubwanditsi 19 Oct 2022 Amakuru, IMIKINO

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 18 Ukwakira 2022, nibwo abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu , Amavubi U23 basuye Mukanemeye Madeleine wo mu Karere ka Huye, uzwiho gushyigikira  Mukura Victory Sports n’Amavubi.

Ni igikorwa cyabaye mumasaha y’amanywa ubwo aba bakinnyi basanzwe babarizwa mumujyi wa Huye bagiye gusura uyu mubyeyi wakunze kugaragaza gukunda umupira w’amaguru cyane cyane kuri Sitade ya Huye.

Nubwo Mukanemeye Madeleine asanzwe afana Mukura VS, yagiye agaragara ku kimino yabereye kuri sidate y’akarere ashyigikira amakipe atandukanye arimo AS Kigali yahakiniraga imikino Nyafurika ndetse n’ikipe y’igihugu Amavubi makuru ndetse n’abato.

Amavubi y’abari munsi y’imyaka 23 yitegura gukina na Mali kuwa gatandatu w’iki cyumweru, mu ijonjora rya kabiri ryo guhatanira gukina igikombe cya Afurika amaze iminsi i Huye aho ari kwitegurira uyu mukino bazanahakinira.

Usibye iyo myitozo barimo kuhakorera, bayobowe n’umutoza mukuru Yves Rwasamanzi ndetse n’abandi babarizwa muri iyi kipe y’igihugu bahisemo gusura Madeile wagaragaje  gushyigikira iyi kipe ubwo bakinaga na Libye mu mukino bayitsinzemo 3-0.

Muri urwo rugendo rwo kumusura, bamugeneye impano zitandukanye zirimo umwambaro w’Ikipe y’Igihugu, ikoti ry’imvura, ibasha n’ibiribwa.

Mukanemeye Madeleine wasuwe n’abakinnyi b’Amavubi U23 basanze avuye mu murima yashimiye iki gikorwa cyo ku musura aboneraho no kubabwira ko aho abifuriza itsinzi.

Yagize ati  “Baragahora batsinda. Yezu arahari, Bikira Mariya Mutagatifu ni we utegeka byose, n’Imana mugendana imbere n’inyuma.”

Yongeyeho ati “Ubutumwa nabaha, imbere y’Imana ishobora byose, nabaha kujya duhamiriza, tugahamiriza neza ntitujye mu murimo utazima. Ariko iyo mwatsinze, bana banjye mugatsinda, nanjye ndaza nkasinzira, umwana yangaburira nkarya, ariko iyo mwatsinzwe, na Mukura yatsinzwe, ntabwo ndya, nguyu [umwana] mumubaze. N’amazi sinyanywa.”

Umukino w’u Rwanda U23 bazakina na Mali nabo bo muri icyo kiciro uteganyijwe tariki ya 22 Ukwakira i Huye mu gihe uwo kwishyura uzabera i Bamako ku wa 29 Ukwakira 2022.


2022-10-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwanda Mukansanga Salima yashyizwe ku rutonde rw’abazasifura imikino Olempiki izabera mu Buyapani.

Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwanda Mukansanga Salima yashyizwe ku rutonde rw’abazasifura imikino Olempiki izabera mu Buyapani.

Ubwanditsi 21 Apr 2021
Abanyarwanda bayobowe na Muhitira Felicien uzwi nka Magare begukanye igice cya Marato ya Fort-de-France yakinwaga ku nshuro ya 37

Abanyarwanda bayobowe na Muhitira Felicien uzwi nka Magare begukanye igice cya Marato ya Fort-de-France yakinwaga ku nshuro ya 37

Ubwanditsi 27 Nov 2023
The Ben aratangaza  ko we na Meddy bahisemo gusigara muri Amerika ku mpamvu zabo bwite

The Ben aratangaza ko we na Meddy bahisemo gusigara muri Amerika ku mpamvu zabo bwite

Ubwanditsi 25 Dec 2016
Ibinyamakuru byo muri Uganda bikorera mu kwaha kwa CMI bikomeje guhindanya isura y’u Rwanda ku bwicanyi bwabereye muri Kongo

Ibinyamakuru byo muri Uganda bikorera mu kwaha kwa CMI bikomeje guhindanya isura y’u Rwanda ku bwicanyi bwabereye muri Kongo

Ubwanditsi 11 Nov 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubushinjacyaha bwerekanye amashusho y’aho Ntaganzwa akekwaho gukorera ibyaha bya Jenoside
Mu Rwanda

Ubushinjacyaha bwerekanye amashusho y’aho Ntaganzwa akekwaho gukorera ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 27 Oct 2017
FDLR ikomeje gucura inkumbi, yerekana ko ari umutwe w’iterabwoba udatinya n’ abadipolomate!!
Amakuru

FDLR ikomeje gucura inkumbi, yerekana ko ari umutwe w’iterabwoba udatinya n’ abadipolomate!!

Ubwanditsi 23 Feb 2021
Turaburira umukobwa wa Rashid uri hagati y’ibirura bibiri, Nahimana na Ntwali Williams
Amakuru

Turaburira umukobwa wa Rashid uri hagati y’ibirura bibiri, Nahimana na Ntwali Williams

Ubwanditsi 07 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru