• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»FDLR ikomeje gucura inkumbi, yerekana ko ari umutwe w’iterabwoba udatinya n’ abadipolomate!!

FDLR ikomeje gucura inkumbi, yerekana ko ari umutwe w’iterabwoba udatinya n’ abadipolomate!!

Ubwanditsi 23 Feb 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Wa mutwe ugizwe ahanini n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ukaba ukora amarorerwa mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ukomeje gushimangira ko ari agatsiko k’iterabwoba. Twari tumenyereye ko FDLR yibasira abaturage b’Abanyekongo, ubica, ubasahura, usambanya abagore ku ngufu, ariko  wasanze bidahagije ngo urusheho kwamamara, iti reka nirare no mu bahagarariye ibihugu byabo muri RDC.

Nguko uko kuri uyu wa mbere tariki 22 Gashyantare 2021, ahashyira saa tatu za mu gitondo(09:00), inyeshyamba za FDLR zagabye igitero ku modoka z’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Biribwa, WFP, maze  3 mu bari bazirimo bahasiga ubuzima. Mu itangazo  ryasohowe na Ministeri y’Umutekano n’Ubutegetsi bw’igihugu, Leta ya Congo yavuze ko  ubwo bugizi bwa nabi bwabereye mu bilometero  nk’icumi, mu majyaruguru y’umujyi wa Goma.

Umwe muri batatu bishwe ni LUCA ATTANASIO, wari uhagarariye Ubutaliyani muri RDC, akaba yazize amasasu y’urufaya abo bagizi ba nabi bamurashe mu nda. Uretse abishwe, inyeshyamba za FDLR zanashimuse abandi bantu 4, ariko amakuru atugezeho aravuga ko umwe muri bo yashoboye kubohozwa n’ingabo za Kongo ubwo zageragezaga gutatanya abo bicanyi.

Kugeza ubu FDLR ntirahakana uruhare rwayo mu bwicanyi, ariko niyo yabeshya ko ntaho ihuriye nabwo ntibyafata, kuko atari ubwa mbere ifatiwe mu bikorwa nk’ibi, doreko idasiba kwica abasura n’abarinda Pariki y’Ibirunga, igice kigenzurwa na RDC, hafi y’aho ubwicanyi bw’ejo bwabereye. Mu kwezi gushize abantu 6 barishwe, nabwo FDLR ishyirwa mu majwi, kandi ntiyabihakanye.

Mu mwaka wa 2018 nabwo FDLR yagabye igitero ku bari basuye iyo pariki y’ibirunga, umwe aricwa, Abataliyani 2 barashimutwa. FDLR isanzwe ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba rwashyizweho na Loni, ariko abasesenguzi bagasanga urwo rutonde ari amagambo gusa kuko bitabujije FDLR ibikorwa by’ubugome ndengakamere, kandi Loni ifite ingabo muri RDC. Uhishira umurozi akakumara ku rubyaro!!

Nyakwigendera  Luca Attanasio w’imyaka 43 y’amavuko yari Ambasaderi w’ Ubutaliyani muri RDC kuva mu mwaka wa 2019. Yari umudipolomate ubimazemo imyaka 18, kuko yanahagarariye Ubutaliyani muri Busuwisi, Maroc na Nigeria.

Yiciwe muri Kivu y’Amajyarugu aho yateganyaga guhura n’imiryango y’Abataliyani   igoboka Abanyekongo bari mu kaga kubera FDLR n’indi mitwe yitwaje intwaro. FDLR rero iracura inkumbi yica  abahisi n’abagenzi. Irasa n’iyihimura kubera ibitero ingabo za Kongo zikomeje kuyigabaho. Ibonye itakibashije guhungabanya umutekano w’u Rwanda ngo isubukure umugambi wa Jenoside, ihitamo kwibasira inzirakarengane zitayirwanya. Niko bigenda ku mugizi wa nabi urimo gusamba.

 

 

2021-02-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Malawi yambuye ubwenegihugu ababarirwa muri 400, biganjemo Abanyarwanda

Malawi yambuye ubwenegihugu ababarirwa muri 400, biganjemo Abanyarwanda

Ubwanditsi 02 Jun 2023
Abayobozi b’amadini n’amatorero basabwe ubufasha mu gukemura burundu ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa mu muryango, by’umwihariko iryibasira abagore n’abana, i Musanze

Abayobozi b’amadini n’amatorero basabwe ubufasha mu gukemura burundu ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa mu muryango, by’umwihariko iryibasira abagore n’abana, i Musanze

Ubwanditsi 02 May 2021
Moïse Katumbi yagize icyo avuga ku mpapuro yashyiriweho zo kumuta muri yombi.

Moïse Katumbi yagize icyo avuga ku mpapuro yashyiriweho zo kumuta muri yombi.

Ubwanditsi 21 Aug 2018
FERWAFA na Perezida wayo Olivier Nizeyimana bahaye ikaze Gicumbi FC na Etoile de l’Est zabonye itike yo gukina imikino y’ikiciro cya mbere 2021-2022

FERWAFA na Perezida wayo Olivier Nizeyimana bahaye ikaze Gicumbi FC na Etoile de l’Est zabonye itike yo gukina imikino y’ikiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 13 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rusizi: Polisi yafatanye umugabo kashe  z’impimbano
Mu Mahanga

Rusizi: Polisi yafatanye umugabo kashe z’impimbano

Ubwanditsi 20 Feb 2016
Basore namwe Bakobwa mwakundaga Itabi rya Shisha mwakuwe amata kumunywa 
Mu Rwanda

Basore namwe Bakobwa mwakundaga Itabi rya Shisha mwakuwe amata kumunywa 

Ubwanditsi 15 Dec 2017
Mu rwego rwo kwitegura umukino wa CAF Confederation Cup na Shampiyona , APR FC igiye gukina imikino ibiri ya Gicuti na Gasogi United ndetse na Gorilla FC
Amakuru

Mu rwego rwo kwitegura umukino wa CAF Confederation Cup na Shampiyona , APR FC igiye gukina imikino ibiri ya Gicuti na Gasogi United ndetse na Gorilla FC

Ubwanditsi 10 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru